• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Apôtre Paul Gitwaza yatinye gukandagiza ikirenge mu muhango wo gushyingura umuvandimwe we washyinguwe n’Abapasiteri barenga 100.

Apôtre Paul Gitwaza yatinye gukandagiza ikirenge mu muhango wo gushyingura umuvandimwe we washyinguwe n’Abapasiteri barenga 100.

Ubwanditsi 25 Mar 2016 Mu Rwanda

Umuhango wo gusezera umurambo wa nyakwigendera Bishop Kajabika Ruben wabereye mu gihugu cy’u Burundi , witabirwa n’abavugabutumwa batandukanye bavuye imihanda yose kuri uyu wa kane tariki 24 Werurwe 2016.

Mu gahinda kenshi kanagaragaraga ku maso , abantu bitabiriye umuhango wo gushyingura umukozi w’Imana Bishop Ruben bagize umwanya uhagije wo kumusezeraho no kumusabira ku mana mu masengesho yayobowe na Rev Mudagiri Nowa , kuva ku isaha ya saa moya n’igice za mu gitondo kugeza saa sita z’amanywa ( 7h00 – 12h00 ).

Umwe mu bantu bitabiriye uyu muhango wo gushyingura Bishop Kajabika Ruben yatangaje ko umuhango wo gushyingura wakozwe mu isaha imwe kandi ugenda neza.

Uyu mugabo yanashimangiye ko umuryango wa nyakwigendera waruhari ugizwe n’umufasha we n’abana be.

Mu ijambo rye ati :” Twagiye gushingura saa 12h00 z’amanywa , dusoza saa 13h00 . Aba representant legaux bari bahari n’Abiburundi , harimo Bishop Manassin wa Geurison des ames , Bishop Mutokambari wa Minivame , n’abandi benshi cyane ntazi . Haraba Pasteurs barenga 100 , naho abari bavuye mu Rwanda nabonye Umu Pasteur witwa Jonathan sinzi Itorero ayobora , natwe twari twavuye muri Zion hamwe Representant legal supleant wa Zion muri RDC Bishop Timothe .”

Apôtre Paul Gitwaza ntiyabonetse mu muhango wo gushyingura mukuru we.

Apôtre Paul Gitwaza ari nawe muyobozi mukuru w’Itorero Zion Temple Celebration Center ku isi , hari abatari bacye bari baziko ashobora kwitabira umuhango wo gusezera no gushyingura umuvandimwe we Bishop Ruben Kajabika, ariko siko byaje kugenda kuko batunguwe no kutamubona muri uwo muhango ? Ariko hari amakuru avuga ko ari m’urugendo rutagatifu mu gihugu cya Israheli.

Umwe mu bitabiriye umuhango wo gushyingura abajijwe niba yabonye Apôtre Paul Gitwaza muri uyu muhango wo gusezera nyakwigendera , yacubije ati :” Nta wari waje kuko ari muri Israheli , yari mu murimo w’Imana . Ntawundi yarikuwusigira , yasanze atasiga ataye Intama ntawe azisigiye , bituma rero atabona uko aza. Uwaruyoboye umuhango ni Umushumba bakoranaga Bishop Mukwiza Laurent. ”

Bishop Ruben Kajabika yari nawe mwana w’imfura kuri se Nyakwigendera Reverand Pasiteri Kajabika André , mu muryango w’abana barindwi . Yabaye cyane mu Bijombo muri Congo , aza kuba mu mujyi wa Kinshasa igihe kirekire ari naho yigiye amashuri ye .

-2552.jpg

-2553.jpg

-2555.jpg

-2554.jpg

2016-03-25
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ubutabera ni inkingi ya mwamba y’amahoro n’umutekano birambye – Minisitiri Busingye

Ubutabera ni inkingi ya mwamba y’amahoro n’umutekano birambye – Minisitiri Busingye

Ubwanditsi 09 May 2017
Kimironko:Udafite Umwuka Wera nta rukundo agira-Col Ndakebuka

Kimironko:Udafite Umwuka Wera nta rukundo agira-Col Ndakebuka

Ubwanditsi 27 Jun 2017
Kevin Monnet Paque na Ngwabije Bryan bakina mu Bufaransa bisanze ku rutonde rw’abakinnyi Mashami Vincent yahamagaye.

Kevin Monnet Paque na Ngwabije Bryan bakina mu Bufaransa bisanze ku rutonde rw’abakinnyi Mashami Vincent yahamagaye.

Ubwanditsi 28 May 2021
Kansiime James wari ‘gitifu’ wa Gakenke yeguye ku mirimo

Kansiime James wari ‘gitifu’ wa Gakenke yeguye ku mirimo

Ubwanditsi 28 Jun 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: Bobi Wine yacitse polisi yashakaga kumuta muri yombi
ITOHOZA

Uganda: Bobi Wine yacitse polisi yashakaga kumuta muri yombi

Ubwanditsi 17 Dec 2018
Mu rwego rwo gukomeza gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, ibigarasha n’interahamwe barategura guha “icyubahiro” abicanyi baguye mu ntambara yo guhagarika iyo Jenoside
Amakuru

Mu rwego rwo gukomeza gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, ibigarasha n’interahamwe barategura guha “icyubahiro” abicanyi baguye mu ntambara yo guhagarika iyo Jenoside

Ubwanditsi 28 Mar 2022
Polisi y’u Rwanda irashima uko abaturage bitwaye mu minsi mikuru
HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda irashima uko abaturage bitwaye mu minsi mikuru

Ubwanditsi 03 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru