• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Omar Artan witegura gusifura UEFA Super Cup izahuza PSG na Aston Villa, azasifura umumukino wa nyuma wa CECAFA KAGAME Cup 2026   |   03 Aug 2026

  • Rayon Sports, Gor Mahia, Jamus na Al Hilal zageze muri ½ cy’Imikino ya CECAFA Kagame Cup 2026   |   02 Aug 2026

  • Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana   |   01 Aug 2026

  • APR FC, Rayon Sports, Police FC na Kiyovu SC zizakina FERWAFA Super Cup 2026 yari isanzwe ikinwa n’amakipe abiri   |   01 Aug 2026

  • Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC   |   31 Jul 2026

  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Miss Kundwa Doriane yanenzwe kwipfumuza izuru

Miss Kundwa Doriane yanenzwe kwipfumuza izuru

Ubwanditsi 16 May 2017 Mu Rwanda

Nyuma y’amezi umunani Kundwa Doriane wabaye Nyampinga w’u Rwanda mu mwaka wa 2015 yerekeje mu mahanga, yanenzwe n’umwe mu bayobozi b’Inteko y’Ururimi n’Umuco kwipfumuza izuru agashyiraho iherena.

Uyu mukobwa yavuye mu Rwanda ku wa 6 Nzeri 2016, byavugwaga ko agiye kwiga muri Kaminuza ya Laval iri i Québec muri Canada ariko amakuru IGIHE, dukesha iyi nkuru iheruka guhamirizwa n’umwe mu bahiga ni uko uyu mukobwa atiga ndetse ataba mu Mujyi wa Québec nk’uko yabitangaje, ahubwo ngo ‘aba mu Mujyi wa Toronto mu Ntara ya Ontario muri gahunda zitandukanye n’amasomo’.

Umuyobozi w’Ishami rishinzwe Umuco mu Nteko Nyarwanda y’Ururimi n’Umuco (RALC), Dr Nzabonimpa Jacques, yavuze ko bidakwiye ko umunyarwandakazi yipfumuza izuru kuko bitari mu muco Nyarwanda. Ibi yabitangarije mu kiganiro na Isango Star abajijwe ku bijyanye n’amashusho yagaragaye ku mbuga nkoranyambaga agaragaza Miss Kundwa Doriane afite iherena ku zuru.

Dr. Nzabonimpa abwirwa n’umunyamakuru ibijyanye no kwipfumuza kwa Kundwa Doriane, yabanje kubaza niba yaba yarabikoze mbere y’uko yiyamamariza kuba Nyampinga w’u Rwanda, avuga ko ubusanzwe nta mukobwa ufite uwo muco wemererwa kwinjira mu irushanwa rya Miss Rwanda kuko binarebwaho mu marushanwa mpuzamahanga.

Yagize ati “Mu muco w’u Rwanda ibyo bintu ntibibamo, biriya ni ibintu byo mu muco wo hanze […] Byavugwaga ko umuntu upfumuye amazuru ari ingaruzwamuheto y’uwamupfumuriraga amazuru. Ibyo rero mu muco wacu ntabwo bibamo.”

-6611.jpg

Miss Kundwa Doriane

-6610.jpg
Yakomeje asobanura ko kwipfumuza amazuru, umunwa cyangwa ikindi gice runaka cy’umubiri kuri nyampinga watowe, ari kimwe mu bitemewe mu marushanwa y’ubwiza aba agomba kwitabira ahuza abakobwa baturuka mu bihugu bitandukanye ku Isi.

Ati “Icyo umuntu yakora ni ukubakangurira bakabereka uko umunyarwandakazi cyangwa umunyarwanda yitwara, burya ibintu bipfuye kuza gutya by’inzaduka abantu si ngombwa kujya bapfa kubifata kuko akenshi babifata bakabihubukira, babijyamo batazi impamvu abandi babikora n’icyo baba bifuza kubwira ababareba. Icyo twababwira ni ukujya babanza bagashungura bakareba icyo bagiye kwikoraho, bakanumva icyo bashaka kubwira ababareba.”

Miss Kundwa Doriane wanenzwe ’kwipfumuza amazuru’, yaherukaga kuba Umuyobozi wungirije w’ihuriro ry’urubyiruko nyarwanda ruba muri Canada ryitwa International Rwanda Youth for Development [IRYD].

Miss Kundwa Doriane ntaragira icyo atangaza ku mpamvu yamuteye kwipfumura ku mazuru. Nubwo ashinjwa gukora ibihabanye n’umuco, Kundwa asanzwe ari umunyamasengesho ukomeye ndetse ubwo yabaga mu Rwanda ntiyasibaga mu rusengero no mu bitaramo by’indirimbo zihimbaza Imana.

Mbere y’uko ajya kuba muri Canada yasengeraga mu rusengero rwa Women Foundation Ministries , mu byo azwiho na we ahamya ko biyobora ubuzima bwe ni ukubaha Imana no gukunda isengesho.

2017-05-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amavubi y’abagore bari munsi y’imyaka 20 basezerewe na Ethiopie mu guhatanira itike yo gukina igikombe cy’isi itsinzwe ibitego 4-0

Amavubi y’abagore bari munsi y’imyaka 20 basezerewe na Ethiopie mu guhatanira itike yo gukina igikombe cy’isi itsinzwe ibitego 4-0

Ubwanditsi 07 Oct 2021
Imyaka 6 muri 7 ya Manda ya Perezida Kagame Paul irirenze, Ibyagezweho ni Byinshi

Imyaka 6 muri 7 ya Manda ya Perezida Kagame Paul irirenze, Ibyagezweho ni Byinshi

Ubwanditsi 19 Aug 2023
APR FC yashyikirijwe igikombe cya 2019-2020 yatwaye idatsinzwe, ikomereza muya 2020-2021 itsinda Gorilla FC, Rayon Sports yo yatsinze Gasogi United.

APR FC yashyikirijwe igikombe cya 2019-2020 yatwaye idatsinzwe, ikomereza muya 2020-2021 itsinda Gorilla FC, Rayon Sports yo yatsinze Gasogi United.

Ubwanditsi 03 May 2021
Rutsiro na Karongi  : Abanyamuryango ba FPR basaga  ibihumbi 600,  bakiriye  Umukandida wabo Paul Kagame

Rutsiro na Karongi : Abanyamuryango ba FPR basaga ibihumbi 600, bakiriye Umukandida wabo Paul Kagame

Ubwanditsi 27 Jul 2017

Igitekerezo kimwe

  1. lily minaj
    August 27, 201811:37 am -

    nabasiramukazi ntacyo mwabavuzeko none mwituniye kuri doriane? nabandi baraje shn

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Niba abimukira bishimiye uko babayeho mu Rwanda, kuki hari Abanyarwanda bahisemo guhera ishyanga?
Amakuru

Niba abimukira bishimiye uko babayeho mu Rwanda, kuki hari Abanyarwanda bahisemo guhera ishyanga?

Ubwanditsi 21 Mar 2023
Amerika : Congo yahejwe mu nama yigaga ku bibazo byayo, menya impamvu zabyo
Uncategorized

Amerika : Congo yahejwe mu nama yigaga ku bibazo byayo, menya impamvu zabyo

Ubwanditsi 19 Nov 2017
Inzego z’ubutabera z’Amerika zohereje mu Rwanda Interahamwe ruharwa Oswald Rurangwa
Amakuru

Inzego z’ubutabera z’Amerika zohereje mu Rwanda Interahamwe ruharwa Oswald Rurangwa

Ubwanditsi 07 Oct 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru