• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

  • Prudence Nsengumukiza akomeje kuba umuyoboro w’interahamwe mu gushaka amaronko   |   20 Apr 2026

  • Perezida Kagame yashimiye amakipe afitanye ubufatanye na Visit Rwanda kubwo kugera muri 1/2 cya Champions League   |   16 Apr 2026

  • Diamond aritegura gutaramira i Kigali mu mpeshyi, mu gitaramo yise ‘Retro Tour’   |   15 Apr 2026

  • Amaherezo y’urubanza rwa Agathe Kanziga azaba ayahe? Azapfa adashyikirijwe ubutabera nk’umugabo we?   |   15 Apr 2026

  • Umutindi ku mutima aba arogoye ijambo rya Perezida Kagame mu Kwibuka, ati “Muribuka ibiki harya?”   |   11 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Miss Kundwa Doriane yanenzwe kwipfumuza izuru

Miss Kundwa Doriane yanenzwe kwipfumuza izuru

Ubwanditsi 16 May 2017 Mu Rwanda

Nyuma y’amezi umunani Kundwa Doriane wabaye Nyampinga w’u Rwanda mu mwaka wa 2015 yerekeje mu mahanga, yanenzwe n’umwe mu bayobozi b’Inteko y’Ururimi n’Umuco kwipfumuza izuru agashyiraho iherena.

Uyu mukobwa yavuye mu Rwanda ku wa 6 Nzeri 2016, byavugwaga ko agiye kwiga muri Kaminuza ya Laval iri i Québec muri Canada ariko amakuru IGIHE, dukesha iyi nkuru iheruka guhamirizwa n’umwe mu bahiga ni uko uyu mukobwa atiga ndetse ataba mu Mujyi wa Québec nk’uko yabitangaje, ahubwo ngo ‘aba mu Mujyi wa Toronto mu Ntara ya Ontario muri gahunda zitandukanye n’amasomo’.

Umuyobozi w’Ishami rishinzwe Umuco mu Nteko Nyarwanda y’Ururimi n’Umuco (RALC), Dr Nzabonimpa Jacques, yavuze ko bidakwiye ko umunyarwandakazi yipfumuza izuru kuko bitari mu muco Nyarwanda. Ibi yabitangarije mu kiganiro na Isango Star abajijwe ku bijyanye n’amashusho yagaragaye ku mbuga nkoranyambaga agaragaza Miss Kundwa Doriane afite iherena ku zuru.

Dr. Nzabonimpa abwirwa n’umunyamakuru ibijyanye no kwipfumuza kwa Kundwa Doriane, yabanje kubaza niba yaba yarabikoze mbere y’uko yiyamamariza kuba Nyampinga w’u Rwanda, avuga ko ubusanzwe nta mukobwa ufite uwo muco wemererwa kwinjira mu irushanwa rya Miss Rwanda kuko binarebwaho mu marushanwa mpuzamahanga.

Yagize ati “Mu muco w’u Rwanda ibyo bintu ntibibamo, biriya ni ibintu byo mu muco wo hanze […] Byavugwaga ko umuntu upfumuye amazuru ari ingaruzwamuheto y’uwamupfumuriraga amazuru. Ibyo rero mu muco wacu ntabwo bibamo.”

-6611.jpg

Miss Kundwa Doriane

-6610.jpg
Yakomeje asobanura ko kwipfumuza amazuru, umunwa cyangwa ikindi gice runaka cy’umubiri kuri nyampinga watowe, ari kimwe mu bitemewe mu marushanwa y’ubwiza aba agomba kwitabira ahuza abakobwa baturuka mu bihugu bitandukanye ku Isi.

Ati “Icyo umuntu yakora ni ukubakangurira bakabereka uko umunyarwandakazi cyangwa umunyarwanda yitwara, burya ibintu bipfuye kuza gutya by’inzaduka abantu si ngombwa kujya bapfa kubifata kuko akenshi babifata bakabihubukira, babijyamo batazi impamvu abandi babikora n’icyo baba bifuza kubwira ababareba. Icyo twababwira ni ukujya babanza bagashungura bakareba icyo bagiye kwikoraho, bakanumva icyo bashaka kubwira ababareba.”

Miss Kundwa Doriane wanenzwe ’kwipfumuza amazuru’, yaherukaga kuba Umuyobozi wungirije w’ihuriro ry’urubyiruko nyarwanda ruba muri Canada ryitwa International Rwanda Youth for Development [IRYD].

Miss Kundwa Doriane ntaragira icyo atangaza ku mpamvu yamuteye kwipfumura ku mazuru. Nubwo ashinjwa gukora ibihabanye n’umuco, Kundwa asanzwe ari umunyamasengesho ukomeye ndetse ubwo yabaga mu Rwanda ntiyasibaga mu rusengero no mu bitaramo by’indirimbo zihimbaza Imana.

Mbere y’uko ajya kuba muri Canada yasengeraga mu rusengero rwa Women Foundation Ministries , mu byo azwiho na we ahamya ko biyobora ubuzima bwe ni ukubaha Imana no gukunda isengesho.

2017-05-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Bisi ya RITCO yari itwaye abagenzi yahiye irakongoka

Bisi ya RITCO yari itwaye abagenzi yahiye irakongoka

Ubwanditsi 27 Apr 2018
Mu irushanwa ryateguwe na FERWABA, UR, Ecole Secondaire St Bernadette Kamonyi ndetse zatwaye imidali muri 3×3 Challenge

Mu irushanwa ryateguwe na FERWABA, UR, Ecole Secondaire St Bernadette Kamonyi ndetse zatwaye imidali muri 3×3 Challenge

Ubwanditsi 26 Oct 2021
Padiri Mudahinyuka waririmbye “u Rwanda rw’ejo” yatabarutse

Padiri Mudahinyuka waririmbye “u Rwanda rw’ejo” yatabarutse

Ubwanditsi 27 Jan 2018
“Nta gihe ntabwiye Perezida Tshisekedi ko gushinja u Rwanda ibinyoma ari uguhunga inshingano ze nk’Umukuru w’Igihugu”. – Perezida Paul Kagame.

“Nta gihe ntabwiye Perezida Tshisekedi ko gushinja u Rwanda ibinyoma ari uguhunga inshingano ze nk’Umukuru w’Igihugu”. – Perezida Paul Kagame.

Ubwanditsi 23 Jun 2022

Igitekerezo kimwe

  1. lily minaj
    August 27, 201811:37 am -

    nabasiramukazi ntacyo mwabavuzeko none mwituniye kuri doriane? nabandi baraje shn

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Gen (Rtd) Kabarebe yagizwe Umunyamabanga wa Leta muri Minaffet, Francis Gatare asubira muri RDB
Amakuru

Gen (Rtd) Kabarebe yagizwe Umunyamabanga wa Leta muri Minaffet, Francis Gatare asubira muri RDB

Ubwanditsi 28 Sep 2023
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa by’indashyikirwa mu mukino wo gusiganwa ku magare
Amakuru

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa by’indashyikirwa mu mukino wo gusiganwa ku magare

Ubwanditsi 28 Sep 2025
Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri
Amakuru

Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri

RUSHYASHYA 01 Dec 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru