• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Perezida Kagame arasezera Sheikh Hamad wagize Qatar igihangange   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Miss Kundwa Doriane yanenzwe kwipfumuza izuru

Miss Kundwa Doriane yanenzwe kwipfumuza izuru

Ubwanditsi 16 May 2017 Mu Rwanda

Nyuma y’amezi umunani Kundwa Doriane wabaye Nyampinga w’u Rwanda mu mwaka wa 2015 yerekeje mu mahanga, yanenzwe n’umwe mu bayobozi b’Inteko y’Ururimi n’Umuco kwipfumuza izuru agashyiraho iherena.

Uyu mukobwa yavuye mu Rwanda ku wa 6 Nzeri 2016, byavugwaga ko agiye kwiga muri Kaminuza ya Laval iri i Québec muri Canada ariko amakuru IGIHE, dukesha iyi nkuru iheruka guhamirizwa n’umwe mu bahiga ni uko uyu mukobwa atiga ndetse ataba mu Mujyi wa Québec nk’uko yabitangaje, ahubwo ngo ‘aba mu Mujyi wa Toronto mu Ntara ya Ontario muri gahunda zitandukanye n’amasomo’.

Umuyobozi w’Ishami rishinzwe Umuco mu Nteko Nyarwanda y’Ururimi n’Umuco (RALC), Dr Nzabonimpa Jacques, yavuze ko bidakwiye ko umunyarwandakazi yipfumuza izuru kuko bitari mu muco Nyarwanda. Ibi yabitangarije mu kiganiro na Isango Star abajijwe ku bijyanye n’amashusho yagaragaye ku mbuga nkoranyambaga agaragaza Miss Kundwa Doriane afite iherena ku zuru.

Dr. Nzabonimpa abwirwa n’umunyamakuru ibijyanye no kwipfumuza kwa Kundwa Doriane, yabanje kubaza niba yaba yarabikoze mbere y’uko yiyamamariza kuba Nyampinga w’u Rwanda, avuga ko ubusanzwe nta mukobwa ufite uwo muco wemererwa kwinjira mu irushanwa rya Miss Rwanda kuko binarebwaho mu marushanwa mpuzamahanga.

Yagize ati “Mu muco w’u Rwanda ibyo bintu ntibibamo, biriya ni ibintu byo mu muco wo hanze […] Byavugwaga ko umuntu upfumuye amazuru ari ingaruzwamuheto y’uwamupfumuriraga amazuru. Ibyo rero mu muco wacu ntabwo bibamo.”

-6611.jpg

Miss Kundwa Doriane

-6610.jpg
Yakomeje asobanura ko kwipfumuza amazuru, umunwa cyangwa ikindi gice runaka cy’umubiri kuri nyampinga watowe, ari kimwe mu bitemewe mu marushanwa y’ubwiza aba agomba kwitabira ahuza abakobwa baturuka mu bihugu bitandukanye ku Isi.

Ati “Icyo umuntu yakora ni ukubakangurira bakabereka uko umunyarwandakazi cyangwa umunyarwanda yitwara, burya ibintu bipfuye kuza gutya by’inzaduka abantu si ngombwa kujya bapfa kubifata kuko akenshi babifata bakabihubukira, babijyamo batazi impamvu abandi babikora n’icyo baba bifuza kubwira ababareba. Icyo twababwira ni ukujya babanza bagashungura bakareba icyo bagiye kwikoraho, bakanumva icyo bashaka kubwira ababareba.”

Miss Kundwa Doriane wanenzwe ’kwipfumuza amazuru’, yaherukaga kuba Umuyobozi wungirije w’ihuriro ry’urubyiruko nyarwanda ruba muri Canada ryitwa International Rwanda Youth for Development [IRYD].

Miss Kundwa Doriane ntaragira icyo atangaza ku mpamvu yamuteye kwipfumura ku mazuru. Nubwo ashinjwa gukora ibihabanye n’umuco, Kundwa asanzwe ari umunyamasengesho ukomeye ndetse ubwo yabaga mu Rwanda ntiyasibaga mu rusengero no mu bitaramo by’indirimbo zihimbaza Imana.

Mbere y’uko ajya kuba muri Canada yasengeraga mu rusengero rwa Women Foundation Ministries , mu byo azwiho na we ahamya ko biyobora ubuzima bwe ni ukubaha Imana no gukunda isengesho.

2017-05-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Polisi y’u Rwanda irashimangira ingamba zo kurwanya ruswa

Polisi y’u Rwanda irashimangira ingamba zo kurwanya ruswa

Ubwanditsi 17 Mar 2017
Hafashwe ngamba zikaze  ku baturage bavoma Nyabarongo mu kwirinda Ingona zibatwara abantu

Hafashwe ngamba zikaze ku baturage bavoma Nyabarongo mu kwirinda Ingona zibatwara abantu

Ubwanditsi 22 Aug 2017
APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah

APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah

RUSHYASHYA 03 Jun 2026
Iya 11 Gicurasi 1994: Akanama k’umutekano ka Loni kasabye Umunyamabanga Mukuru kohereza ingabo mu Rwanda

Iya 11 Gicurasi 1994: Akanama k’umutekano ka Loni kasabye Umunyamabanga Mukuru kohereza ingabo mu Rwanda

Ubwanditsi 11 May 2018

Igitekerezo kimwe

  1. lily minaj
    August 27, 201811:37 am -

    nabasiramukazi ntacyo mwabavuzeko none mwituniye kuri doriane? nabandi baraje shn

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze
Amakuru

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

RUSHYASHYA 03 Jun 2026
Minisitiri Biruta yibukije inzego z’Ububiligi ko gukoloneza u Rwanda byarangiranye n’umwaka w’1962, Anagaruka kuri Paul Rusesabagina wiyita imfubyi Mbiligi
Amakuru

Minisitiri Biruta yibukije inzego z’Ububiligi ko gukoloneza u Rwanda byarangiranye n’umwaka w’1962, Anagaruka kuri Paul Rusesabagina wiyita imfubyi Mbiligi

Ubwanditsi 08 May 2021
Uko u Rwanda rwahishuye  Umugambi  w’Ubugambanyi rukikura  mu Rukiko nyafurika rw’Uburenganzira bwa Muntu  [ Yavuguruwe ]
Mu Mahanga

Uko u Rwanda rwahishuye Umugambi w’Ubugambanyi rukikura mu Rukiko nyafurika rw’Uburenganzira bwa Muntu [ Yavuguruwe ]

Ubwanditsi 11 Oct 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru