• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Loni itewe impungenge n’igicu cy’ubwicanyi gikomeje kubudika mu Burundi.

Loni itewe impungenge n’igicu cy’ubwicanyi gikomeje kubudika mu Burundi.

Ubwanditsi 20 Sep 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Komisiyo ya Loni ishinzwe uburenganzira bwa muntu, imaze gusohora icyegeranyo giteye ubwoba, aho kigaragaza ko amatora y’abadepite ateganyijwe mu mwaka utaha mu Burundi, ashobora kuzarangwa n’ubwicanyi buruta ubwabaye mu mwaka wa 2015, ubwo Perezida Petero Nkurunziza yiyamamarizaga manda ya gatatu, bigakurura ubugizi bwa nabi bwaguyemo abantu benshi, abarokotse bagafungwa, abandi bakaboneza iy’ubuhunzi.

Bwana Fortuné Gaëtan Zongo uhagarariye impuguke zateguye icyo cyegeranyo, avuga ko intandaro y’icyuka kibi kiri mu Burundi, ari ubutegetsi budatanga ubutabera ku Barundi bose, ahubwo ngo bugatonesha abayoboke b’ishyaka CNDD-FDD, bamunzwe na ruswa n’ibindi byaha bigejeje uBurundi aharindimuka.

Bwana Gaëtan Zongo kandi yagarutse ku bitero byinshi umutwe wa RED-TABARA wagabye mu Burundi, bigahitana abasirikari n’abasivili benahi. Mu guhangana n’ibyo bitero, Leta ngo yahutaje abaturage, cyane cyane abo mu mashyaka ya opozisiyo, bikurura umwuka mubi n’umutima wo kwihorera.

Mu rwego rwo gucecekesha uwazamura ijwi ryamagana iyi mitegekere, Loni iravuga ko mu gihugu hose kakwijwe “Imbonerakure”, urubyiruko rwa CNDD-FDD rwitwara gisirikari, rukaba ari narwo rushobora kuzakora amahano, mu gihe abaturage bazaba banze gutora abakandida b’iryo shyaka.

Aka karengane ngo kaza kiyongera ku bukene butigeze bubaho mu Burundi, kuko hejuru ya 1/2 cy’abaturage badashobora kurya kabiri ku munsi. Imibare itangwa muri icyo cyegeranyo yerekana ko mu gihe cy’umwaka umwe gusa, igiciro cy’ibiribwa cyazamutseho hejuru ya 26%, ku buryo igice kinini kitabasha kwigondera ibyo biciro.

Ubukungu bw’uBurundi muri rusange ngo buri ahantu habi cyane. Ibintu nkenerwa nk’ibikomoka kuri peteroli imiti, isukari, amazi meza, amashanyarazi, n’ibindi by’ingenzi mu buzima bwa buri munsi, ngo bibona gusa abatoni b’ingoma ya Perezida Evariste Ndayishimiye.

Ubwo busumbane buherekejwe n’uburakari abaturage bafitiye Leta rero, buragereranywa n’ikirunga gishobora kuruka igihe icyo aricyo cyose, Abarundi bakamarana, bamwe bashinja abandi kwikubira ibyiza byose by’igihugu.

Kugeza ubu Leta y’u Burundi ntacyo iravuga kuri iki cyegeranyo cya Loni. Icyakora mu myaka yashize, ubwo hasohokaga ibyegeranyo
binenga ubutegetsi bwa CNDD-FDD, buri gihe bwasubizaga ko ari “inyakaburundi” zikoreshwa n’ “ibihugu by’abaturanyi”.

2024-09-20
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Turebere hamwe imyanzuro yafatiwe mu Nama y’Umushyikirano yateranye ku nshuro ya 20

Turebere hamwe imyanzuro yafatiwe mu Nama y’Umushyikirano yateranye ku nshuro ya 20

RUSHYASHYA 18 Feb 2026
Abangavu b’u Rwanda bari munsi y’imyaka 20 mu mukino wa Cricket bakomeje guhesha ishema urwababyaye muri Afurika y’Epfo

Abangavu b’u Rwanda bari munsi y’imyaka 20 mu mukino wa Cricket bakomeje guhesha ishema urwababyaye muri Afurika y’Epfo

Ubwanditsi 17 Jan 2023
Bobi Wine yarekuwe atanze ingwate

Bobi Wine yarekuwe atanze ingwate

Ubwanditsi 27 Aug 2018
DR.Congo yanze ikemezo cya AU cyo ‘kuba iretse gutangaza’ ibyavuye mu matora

DR.Congo yanze ikemezo cya AU cyo ‘kuba iretse gutangaza’ ibyavuye mu matora

Ubwanditsi 18 Jan 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Hatahuwe uko Rujugiro Tribert, akoresha Itangazamakuru mu rwego rwo gusigiriza isura ye arimo kunyereza imisoro mu bihugu by’Afurika
ITOHOZA

Hatahuwe uko Rujugiro Tribert, akoresha Itangazamakuru mu rwego rwo gusigiriza isura ye arimo kunyereza imisoro mu bihugu by’Afurika

Ubwanditsi 17 Jan 2019
Rusesabagina afite uburiganya muri kamere ye.
Amakuru

Rusesabagina afite uburiganya muri kamere ye.

Ubwanditsi 21 Jun 2023
Amateka ya Perezida Abdel Fattah el-Sisi  wasuye  u Rwanda
Mu Rwanda

Amateka ya Perezida Abdel Fattah el-Sisi wasuye u Rwanda

Ubwanditsi 15 Aug 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru