• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

  • Bwa mbere mu mateka u Rwanda rwabonye umudali mu Mikino ya Commonwealth   |   29 Jul 2026

  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

  • Igikombe kirajya mu bindi twibitseho, ubutumwa bwa Gen. MK Mubarakh yageneye abafana ba APR FC yitegura gukina CECAFA Kagame Cup 2026   |   22 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Uganda: Ikinyamakuru cyashinje Gen. Kayihura kwica Andrew Kaweesi kiri mu mazi abira

Uganda: Ikinyamakuru cyashinje Gen. Kayihura kwica Andrew Kaweesi kiri mu mazi abira

Ubwanditsi 05 Nov 2018 Mu Mahanga

Ikinyamakuru ‘New Vision’ cyo muri Uganda kigiye gukurikiranwa mu mategeko nyuma y’uruhererekane rw’inkuru cyagiye cyandika kuri Gen. kale Kayihura zimushinja kugira uruhare mu rupfu rw’uwari umuvigizi w’Igipolisi cya Uganda, Andrew Felix Kaweesi.

Muri Werurwe 2017, nibwo Assistant Inspector General of Police (AIGP) Andrew Felix Kaweesi, wari Umuvugizi wa Polisi muri Uganda yicanwe n’umushoferi we ndetse n’uwari ushinzwe kumurinda. Nyuma y’urupfu rwe, Gen Kayihura wayoboraga Polisi, yagiye ashinjwa urupfu rwe ndetse anasabwa ibisobanuro kuri rwo.

Mu mwaka ushize ubwo yashinjjwaga kubigiramo uruhare, aganira na Chimpreports Kayihura yagize ati “Kuki nari kwica Kaweesi? Kubera iki?, njyewe? Gen Kale? Nubwo muntera (itangazamakuru) ibyondo ntibizamfataho. Kubera ko ndi inzirakarengane cyane”.

Ikinyamakuru ‘New Vision’ cya Leta ya Uganda cyagiye gisohora inkuru zishinja Kayihura urupfu rwa Kaweesi, ariko umunsi yagezwaga mu rukiko mu byaha yashinjwe iki ntabwo kigeze kigaragaramo.

Kayihura utemerewe kurenga umujyi wa Kampala atabiherewe uburenganzira, kubera ibyaha bitatu ashinjwa ‘kunanirwa kurinda ibikoresho by’intambara(imbunda), kunanirwa kugenzura imbunda zahawe umutwe wa Flying Squad w’igipolisi n’umutwe w’ubugenzacyaha wa polisi hagati ya 2010 na 2018 no kugira uruhare mu ishimuta no gucyura ku ngufu impunzi z’Abanyarwanda hagati ya 2012 na 2016’; ubwo yagezwaga mu rukiko ntabwo yigeze ashinjwa icyo kwica Kaweesi.

Abamwunganira mu by’amategeko bibumbiye mu rugaga rw’Abavoka KAA (Kampala Associated Advocates), batangaza ko Kayihura yifuza ko iki kinyamakuru cyamushinje ubwicanyi kimusaba imbabazi, kikanyomoza inkuru cyagiye kimwandikaho by’umwihariko kikanamwishyura ibihumbi 300 by’amashilingi ya Uganda kuri buri nkuru y’indishyi z’akababaro.

Nk’uko Chimpreports ibitangaza, ngo mu cyumweru gishize New Vision yasohoye inkuru mu bice bitatu zigaruka ku rupfu rwa Kaweesi, by’ubwihariko kikarugereka kuri Kayihura. Abunganizi be bakaba bavuga ko kimwe n’izindi cyatangaje mbere atari iz’ukuri.

Abatangaga ubuhamya mu nkuru cyasohoye bavuga ko bashinja Kayihura, ngo bitangarije ubwabo ko babikoreshejwe ku gahato ndetse ngo banacurirwa ibimenyetso byo kumushinja.

Ibiganiro byo kuri Telefoni ngo New Vision yatangaje ko aribyo kayihura yagiye agirana n’abishe Kaweesi ubwo bari basoje misiyo, byagaragaye ko nabyo ari ibicurano, mu gihe bigaragara ko Kayihura atigeze yakira izo telefoni zivugwa.

Aba banyamategeko bavuga ko inkuru zose iki kinyamakuru cyagiye cyandika kuri Kayihura zamugizeho ingaruka mu gihe hari ibindi binyamakuru byagiye bizikoresha nka Sunday Vision, Bukedde, Saturday Vision,… zikwirwakwizwa ku mbuga nkoranyambaga n’abantu benshi, bityo ngo abantu ibihumbi bakaba baragiye bazisoma.

Bagira bati “urukuta rwanyu rwa Twitter ubwarwo rukurikirwa n’abasaga ibihumbi 462, ibyo birego byasomwe n’ibihumbi amajana y’abaturage”.

Ibi byaha byashinjwe Kayihura, ngo byateje akababaro n’ ihungabana ku muryango, inshuti n’abavandimwe, bityo bakaba bategeka iki kinyamakuru ko mu minsi itarenze irindwi kigomba kuba cyarangije kunyomoza inkuru zose cyamwanditseho kimusiga icyasha, kumusaba imbabazi ndetse no kumwishyura ibihumbi 300 by’amashilingi ya Uganda kuri buri nkuru y’indishyi y’akababaro, bitaba ibyo kikagezwa imbere y’ubutabera. Ku ruhande rwa ‘New Vision’ nta kintu bari batangaza kuri ibi bavugwaho.

Gen Kale Kayihura w’imyaka 62 y’amavuko, yahoze ari umuyobozi w’igipolisi cya Uganda, muri Werurwe uyu mwaka nibwo Perezida Museveni yamuvanye kuri uyu mwanya amusimbuza Okoth Ochola. Ku buyobozi bwe hakaba haragiye habaho ubwicanyi bwakorewe abayobozi mu nzego zitandukanye barimo n’uyu AIGP Andrew Kaweesi.

Andrew Kaweesi yishwe ku mwanywa y’ihangu

 

2018-11-05
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umuyobozi wa Polisi muNtara y’Iburengerazuba yakanguriye abaturage gukumira ibyaha

Umuyobozi wa Polisi muNtara y’Iburengerazuba yakanguriye abaturage gukumira ibyaha

Ubwanditsi 21 Feb 2017
Abajenerali mu gisirikari cya Kongo bagiye gushirira mu buroko bashinjwa ubugwari mu ntambara icyo gisirikari kirbarwana na M23

Abajenerali mu gisirikari cya Kongo bagiye gushirira mu buroko bashinjwa ubugwari mu ntambara icyo gisirikari kirbarwana na M23

Ubwanditsi 16 Feb 2023
Bombori bombori muri RNC yageze no mu muryango bwite wa Kayumba Nyamwasa

Bombori bombori muri RNC yageze no mu muryango bwite wa Kayumba Nyamwasa

RUSHYASHYA 17 Jul 2026
Gen Abel Kandiho ukuriye ubutasi mu gisirikari cya Uganda abimburiye ibyegera bya Perezida Museveni mu gufatirwa ibihano bikarishye kubera urugomo bakorera inzirakarengane

Gen Abel Kandiho ukuriye ubutasi mu gisirikari cya Uganda abimburiye ibyegera bya Perezida Museveni mu gufatirwa ibihano bikarishye kubera urugomo bakorera inzirakarengane

Ubwanditsi 08 Dec 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ko kwirarira bibaye kwirahuriraho umuriro! Ese ”Mana mfasha” ya  Eric Nshimiyimana n’abasore be  izongera ibatabare bahigike CS Sfaxien?
Amakuru

Ko kwirarira bibaye kwirahuriraho umuriro! Ese ”Mana mfasha” ya  Eric Nshimiyimana n’abasore be  izongera ibatabare bahigike CS Sfaxien?

Ubwanditsi 11 Jan 2021
The Ben agiye gukora ibitaramo bidasanzwe mu Rwanda, aho kwinjira bizaba ari ubuntu
SHOWBIZ

The Ben agiye gukora ibitaramo bidasanzwe mu Rwanda, aho kwinjira bizaba ari ubuntu

Ubwanditsi 27 Jan 2017
Kepler WBBC yanditse amateka yo kugera ku mukino wa nyuma bwa mbere muri shampiyona ya Basketball isezereye APR WBBC
Amakuru

Kepler WBBC yanditse amateka yo kugera ku mukino wa nyuma bwa mbere muri shampiyona ya Basketball isezereye APR WBBC

Ubwanditsi 18 Aug 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru