• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Kepler WBBC yanditse amateka yo kugera ku mukino wa nyuma bwa mbere muri shampiyona ya Basketball isezereye APR WBBC

Kepler WBBC yanditse amateka yo kugera ku mukino wa nyuma bwa mbere muri shampiyona ya Basketball isezereye APR WBBC

Ubwanditsi 18 Aug 2025 Amakuru, IMIKINO

Kepler Women’s Basketball Club yabonye itike y’umukino wa nyuma bwa mbere mu mateka yayo muri Rwanda Basketball League (RBL).

Ni nyuma yo gutsinda APR WBBC amanota 72–47 mu mukino wa kane wa 1/2 cy’irangiza, kuri iki Cyumweru tariki ya 17 Kanama, kuri Petit Stade.

Ni umukino wagiye kuba ikipe ya Kepler WBBC isabwa gutsinda uyu mukino kuko yari imaze gutsinda imikino 2 kuri 1, aha APR WBBC yo yasabwaga byibuze gutsinda imikino ibiri yari isigaye ngo igere ku mukino wa nyuma.

Muri uyu mukino, agace ka mbere karangiye Kepler iyoboye ku manota 16–15, ariko mu gace ka kabiri APR yarushikwe bigaragara kuko yakozemo amanota atatu gusa, bituma Kepler ijya kuruhuka iyoboye ku manota 29–18.

Mu gace ka gatatu, Kepler yongereye ikinyuranyo ku manota 16–13, hanyuma mu gace ka nyuma itsinda 27–16, isoza umukino mu buryo butayigoye cyane ku manota 72–47.

Ku ruhande rwa APR, Destiney Philoxy yatsinze amanota 18 naho Kamba Diakite atsinda 14.

Ku ruhande rwa Kepler, abakinnyi batanu batangiranye umukino bose bageze mu manota menshi ni, Desi-Rae Yvonne wakoze 23, Henriette Uwimpuhwe yakoze 12, Nelly Akariza: 12 , Aichata Traore: 11 na Sandra Nelly Nsanzabaganwa wakozemo amanota 10.

Ku mukino wa nyuma ikipe ya Kepler WBBC izahura na REG WBBC, imaze kwegukana igikombe inshuro ebyiri zikurikiranye. REG yageze ku mukino wa nyuma isezereye muri 1/2 ikipe ya The Hoops.

Biteganyijwe ko umukino wa nyuma uzakinwa mu mikino irindwi (best-of-seven) kugira ngo hamenyekane izegukana igikombe cya shampiyona y’u Rwanda ya 2025.

2025-08-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umuhanzi The BEN i Buruseli mu Bubiligi aho agiye gutaramira abanyarwanda

Umuhanzi The BEN i Buruseli mu Bubiligi aho agiye gutaramira abanyarwanda

Ubwanditsi 29 Feb 2016
Agathe Kanziga imbere y’urukiko rwa Paris mu iperereza ku ruhare rwa Paul Barril, bafitanye amabanga adasanzwe

Agathe Kanziga imbere y’urukiko rwa Paris mu iperereza ku ruhare rwa Paul Barril, bafitanye amabanga adasanzwe

Ubwanditsi 03 Nov 2020
Amarozi aravuza ubuhuha muri CNDD-FDD: Ndikuriyo mu bitaro by’indembe i Dubai azira kwifuza intebe ya Ndayishimiye

Amarozi aravuza ubuhuha muri CNDD-FDD: Ndikuriyo mu bitaro by’indembe i Dubai azira kwifuza intebe ya Ndayishimiye

Ubwanditsi 18 Feb 2025
Iyo inda yasumbye indagu, Minisitiri Alexis Gisaro Muvunyi agambaniye Abanyamulenge akomokamo.

Iyo inda yasumbye indagu, Minisitiri Alexis Gisaro Muvunyi agambaniye Abanyamulenge akomokamo.

Ubwanditsi 15 Feb 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umuyobozi wa Autrichia, Sebastian Kurz, ategerejwe mu Rwanda
POLITIKI

Umuyobozi wa Autrichia, Sebastian Kurz, ategerejwe mu Rwanda

Ubwanditsi 06 Dec 2018
Uko umugabo yigize impumyi ashaka gusumira Malia Obama
ITOHOZA

Uko umugabo yigize impumyi ashaka gusumira Malia Obama

Ubwanditsi 18 Apr 2017
Rulindo:Abanyeshuri ba APAPEC-Murambi bigishijwe ububi bw’ibiyobyabwenge
Mu Mahanga

Rulindo:Abanyeshuri ba APAPEC-Murambi bigishijwe ububi bw’ibiyobyabwenge

Ubwanditsi 09 Feb 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru