• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Ninde Diane Rutabana Akwiye Kuryoza Ibura Ry’umugabo We? RNC Na Kayumba CyangwaUganda Na Abel Kandiho?

Ninde Diane Rutabana Akwiye Kuryoza Ibura Ry’umugabo We? RNC Na Kayumba CyangwaUganda Na Abel Kandiho?

Ubwanditsi 21 Oct 2019 ITOHOZA

Iminsi 41 irirenze Benjamin Rutabana (Ben Rutabana) komiseri muri RNC ushinzwe kongera ubushobozi (Capacity development) aburiwe irengero ubwo yari ari muruzinduko rw’akazi mu gihugu cya Uganda ubusanzwe gisanzwe gifitanye umubano w’akadasohoka n’uyu mutwe w’iterabwoba wa RNC.

Igitangaje ariko, nuko ubwo umugore we, Diane Rutabana yandikaga ibaruwa asaba ubuyobozi bwa RNC bwari bwamwohereje mukazi kumubwira aho umugabo we ari, bwaruciye bukarumira, ndetse na Condo Gervain wagerageje kuvuga akamutera utwatsi avuga ko batazi aho ari kandi ko nta n’akazi bari bamwoherejemo.

Nkuko byagiye bitangazwa n’ibinyamakuru bitandukanye byo mukarere ku rugendo rwa Ben Rutabana, amakuru mashya  avuga ko ubwo Rutabana yageraga muri Uganda yakiriwe na Dr. Sam Ruvuma, umunyamuryango ukomeye muri RNC, n’abofisiye bo mu rwego rw’ubutasi rwa gisirikare muri Uganda, CMI. Gusa ku wa 8 Nzeri 2018, umuryango wa Rutabana uvuga ko utongeye kumenya irengero rye.

Nibyinshi umuntu wese yakwibaza ku ibura ry’uyu muyobozi muri RNC. Umugore we Diane Rutabana yemezako mbere yo guhaguruka I Burayi aza muri Uganda yamubwiye ko afitanye ikibazo na Frank Ntwali, uyu akaba ari muramu wa Kayumba Nyamwasa akaba ari na komiseri ushinzwe urubyiruko muri RNC, akaba mugihe Rutabana yazaga muri Uganda undi nawe yari ahari, amakuru yizewe akaba ahamya ko yari ahari kuva tariki ya 24 Kanama kugeza 10 Nzeri. Ibi ngo bikaba byari biteye impungenge Rutabana cyane cyane kumutekano we, nkuko yabibwiye umuryango we n’inshuti ze za bugufi mbere yo guhaguruka.

Kayumba Nyamwasa akomeje kwica amatwi.

Ibivugwa byose ku ibura ry’uyu muyobozi, bisa naho byatesheje umutwe abayobozi ba RNC n’abinzego z’ubutasi za Uganda kuko bigaruka k’uruhare rwabo mu ibura rye. Cyangwase ibaruwa ya Diane Rutabana ikaba idasobanura neza ukwiye kuryozwa ibura rya Ben Rutabana. Abanyarwanda baciye umugani ngo “Zitukwamo nkuru”, None kuki Kayumba Nyamwasa adafata umwanya ngo asobanurire Diane Rutabana n’umuryango we aho ari? Niba akiri no mukazi umuryango ukabimenya. Ikindi kandi Diane yifuza ko Kayumba asobanura, ni icyari cyazanye Frank Ntwali muri Uganda bigahurirana nuko na Ben agiyeyo kandi badacana uwaka, nkuko yasize abimubwiye.

Undi muntu ukwiye kubazwa iby’ibura rya Rutabana ni Uganda biciye munzego z’ubutasi zayo. Ntibyunvikana ukuntu Rutabana yageze Entebe akajya kwakirwa na bamwe mubagize inzego z’ubutasi za Gisirikare bakamujyana, none ubu bakaba baricecekeye kubijyanye n’ibura rye.

Amakuru yizewe ahamya ko Dr. Sam Ruvuma ariwe uzi neza aho  yaba ari kuko niwe wajyanye na CMI kumwakira ku kibuga cy’indege ndetse banatemberana ahantu henshi harimo  na Mbarara guhura na Bamwe mubayobozi ba RNC muri ako gace. Bityo rero Diane Rutabana akwiye gufata telephone agahamagara Dr. Sam Ruvuma akamubwira aho bamushyize.

Uyu Dr Ruvuma wakiriye Ben, asanzwe amenyereye Uganda ndetse akaba ari mubantu b’inararibonye mukwinjiza abayoboke n’abarwanyi muri RNC afatanyije na CMI, bityo rero yakabaye aba mubambere babazwa ibijyanye n’ibura rya Ben Rutabana.

Dr. Sam Ruvuma

Ibinyamakuru bitandukanye byasesenguye ko kimwe mu bintu Rutabana yaba ngo yarazize aruko yagiye yikoma Kayumba Nyamwasa kubera itonesha akoresha mubikorwa by’ishyaka aho Sande Mugisha na muramu we Frank Ntwali aribo bazaga imbere, mugihe Rutabana we yabonaga ari abana mu kazi.

Burya ngo “akajya gupfa ntikumva ihoni koko”, Rutabana ngo yaba yaraburiwe ko ashobora gufungwa aramutse agarutse Uganda akabihinyura, agakomeza kugendera ku cyizere cyo kuba yari amenyereye muri Uganda, kandi yafatwaga neza na Guverinoma y’icyo gihugu kimwe n’inzego z’umutekano zacyo, yibwira ko ibintu birakomeza kuba nk’ibisanzwe.

Nta gushidikanya  rero ko ubuyobozi bwa RNC burangajwe imbere na Jerome Nayigiziki ndestse na Kayumba Nyamwasa bazi neza aho Ben Rutabana aherereye, hashingiwe: kuburyo asanzwe aza Uganda, ubuhamya bw’umugore we bwemeza ko abayobi ba RNC bari bamutumye mukazi nubwo Gervain Condo akomeje kujijisha ariko akanivuguruza avuga ko atazi aho ari kandi nanone akemeza ko ngo bamubonye mukarere. Uburyo Yakiriwe kandi na bamwe mubagize  RNC barimo Sam Ruvuma n’abakozi ba CMI ku kibuga cy’indege n’i Mbarara, bigaragaza ko Uganda ubwayo izi aho ari.

2019-10-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Museveni aremeza ko igipolisi cye kimaze gucengerwamo n’abanyabyaha benshi

Museveni aremeza ko igipolisi cye kimaze gucengerwamo n’abanyabyaha benshi

Ubwanditsi 21 Mar 2017
Uganda: uko bamwe mu bashinzwe umutekano bari inyuma y’icuruzwa ry’abana b’abakobwa mu bihugu by’abarabu

Uganda: uko bamwe mu bashinzwe umutekano bari inyuma y’icuruzwa ry’abana b’abakobwa mu bihugu by’abarabu

Ubwanditsi 07 Jul 2019
Perezida Trump na Perezida Bashir batumiwe mu nama izabera muri Arabia Soudite

Perezida Trump na Perezida Bashir batumiwe mu nama izabera muri Arabia Soudite

Ubwanditsi 18 May 2017
Ibyo Urubyiruko Rugomba Kumenya kuri Ingabire Victoire

Ibyo Urubyiruko Rugomba Kumenya kuri Ingabire Victoire

Ubwanditsi 04 Jun 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Bufaransa bwegukanye Igikombe cy’Isi cya kabiri nyuma y’imyaka 20
IMIKINO

U Bufaransa bwegukanye Igikombe cy’Isi cya kabiri nyuma y’imyaka 20

Ubwanditsi 16 Jul 2018
Ibitaravuzwe ku ndunduro y’ubutegetsi bwa Perezida Mugabe
POLITIKI

Ibitaravuzwe ku ndunduro y’ubutegetsi bwa Perezida Mugabe

Ubwanditsi 29 Nov 2017
Hazitabazwa Ambasade ya Kenya mu guca abazunguzayi b’abamasayi bakorera muduce dutandukanye twa Kigali
Mu Mahanga

Hazitabazwa Ambasade ya Kenya mu guca abazunguzayi b’abamasayi bakorera muduce dutandukanye twa Kigali

Ubwanditsi 19 Jan 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru