• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

  • Mozambique izatanga amafaranga yo gufasha Ingabo z’u Rwanda mu butumwa bw’i Cabo Delgado   |   02 Jun 2026

  • Urwibutso rwa Paris ruzarinda ukuri kwa Jenoside kwibagirana no kubungabunga amateka, kurinda ukuri kutazimira uko imyaka izagenda ishira   |   02 Jun 2026

  • Umujyi wa Kigali wahagaritse inkunga ya Miliyoni 250FRW yahaga amakipe ya Kiyovu Sports na Gasogi United   |   02 Jun 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Abari abayobozi ba ADEPR bitabye Urukiko Rukuru bajuririra gufungwa by’agateganyo

Abari abayobozi ba ADEPR bitabye Urukiko Rukuru bajuririra gufungwa by’agateganyo

Ubwanditsi 01 Jun 2017 ITOHOZA

Abari abayobozi b’Umuryango w’amatorera ya Pentekositi mu Rwanda, ADEPR, kuri uyu wa Kane bitabye Urukiko Rukuru, aho ruri kumva ubujurire bwabo ku mwanzuro baheruka gufatirwa wo gufungwa by’agateganyo iminsi 30, kubera ibyaha bakurikiranyweho birimo kunyereza umutungo ungana na miliyari zisaga 3.2 z’amafaranga y’u Rwanda.

Ni umwanzuro wafashwe ku wa 25 Gicurasi n’Urukiko rwisumbuye rwa Gasabo bisabwe n’Ubushinjacyaha, bwabisabye kubera ipamvu zikomeye zagaragajwe mu iperereza ry’ibanze zituma bikekwa ko ibyaha bakurikiranweho babikoze.

Ubushinjacyaha bwavugaga ko ubuyobozi bwa ADEPR bwatse inguzanyo y’amafaranga miliyari 3.2 Frw buvuga ko azishyurwa mu myaka 10, ariko bwotsa igitutu abayoboke haboneka 3 592 465 324 Frw mu mwaka umwe, ariko ntiyishyurwa ahubwo ngo abo bayobozi bayarya mu byiciro.

Abayobozi ba ADEPR baheruka gufatirwa umwanzuro wo gufungwa iminsi 30 ni uwari Umuvugizi wungirije, Bishop Tom Rwagasana; Ushinzwe ubuzima bw’itorero rya ADEPR; Mutuyemariya Christine ushinzwe ubutegetsi n’imari; Sebagabo Bernard; Sindayigaya Théophile; Niyitanga Straton na Gasana Valens bakatiwe gufungwa by’agateganyo iminsi 30.

Aba bariyongeraho Bishop Sibomana Jean wari umuvugizi w’itorero watawe muri yombi mu cyumweru gishize, we utarafatirwa umwanzuro niba azaburana afunzwe cyangwa ari hanze.

Aba bayobozi bose baheruka gusimbuzwa ku myanya bariho, mu itora ryabaye ku wa Kabiri tariki ya 30 Gicurasi 2017.

-6760.jpg

Bishop Tom Rwagasana ni umwe mu bayobozi ba ADEPR bafunzwe/ Ifoto: Izuba Rirashe

2017-06-01
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Burundi: Uwasimbuye Ndadaye nyuma y’iyicwa rye yahaswe ibibazo n’abari mu iperereza

Burundi: Uwasimbuye Ndadaye nyuma y’iyicwa rye yahaswe ibibazo n’abari mu iperereza

Ubwanditsi 28 Nov 2018
NEW RNC yahinduye umuvuno ishaka kwiyegereza abo yitaga ko bayinukira

NEW RNC yahinduye umuvuno ishaka kwiyegereza abo yitaga ko bayinukira

Ubwanditsi 09 Mar 2017
Ingoma ya Museveni kurangaza abaturage yibanda ku Rwanda kubera ikibazo cy’ishimutwa rya Kabuleta

Ingoma ya Museveni kurangaza abaturage yibanda ku Rwanda kubera ikibazo cy’ishimutwa rya Kabuleta

Ubwanditsi 16 Jul 2019
Bujumbura : Nkomeza Christine umurundikazi wari washimuswe ashinjwa ubutasi, afungiye muri Gereza ya Mpimba, nyuma yo kwanga kujyanwa mu Rwanda kungufu

Bujumbura : Nkomeza Christine umurundikazi wari washimuswe ashinjwa ubutasi, afungiye muri Gereza ya Mpimba, nyuma yo kwanga kujyanwa mu Rwanda kungufu

Ubwanditsi 30 Apr 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rubavu : Ni nde uri hejuru y’amategeko utambamira ibyemezo by’Urukiko ku rubanza rwa Kopertive KO.A.DU
INKURU NYAMUKURU

Rubavu : Ni nde uri hejuru y’amategeko utambamira ibyemezo by’Urukiko ku rubanza rwa Kopertive KO.A.DU

Ubwanditsi 15 Jul 2019
Umwiryane n’amakimbirane muri CNRD- Ubwiyunge
INKURU NYAMUKURU

Umwiryane n’amakimbirane muri CNRD- Ubwiyunge

Ubwanditsi 29 Jan 2020
Uganda igiye gukora iperereza kuri bitugukwaha ivugwa kuri Minisitiri w’Ububanyinamahanga- Museveni
INKURU NYAMUKURU

Uganda igiye gukora iperereza kuri bitugukwaha ivugwa kuri Minisitiri w’Ububanyinamahanga- Museveni

Ubwanditsi 12 Dec 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru