• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Kayumba Nyamwasa yahiritswe ku butegetsi bwa RNC

Kayumba Nyamwasa yahiritswe ku butegetsi bwa RNC

Ubwanditsi 16 Oct 2023 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Umwiryane umaze igihe uvugwa muri wa mutwe w’Iterabwoba RNC, ndetse mu ntangiriro z’icyumweru gishize akaba yari yaviriyemo ibigarasha 6 gusezererwa muri uwo mutwe ngo kubera kwigomeka ku butegetsi, ubu noneho anahitanye abari abategetsi ba RNC, barimo Kayumba Nyamwasa nyamara ari we washinze uwo mutwe w’iterabwoba.

Mu itangazo dufiyiye kopi, abayoboke ba RNC baravuga ko inama y’igitaraganya yabahuje muri izi mpera z’icyumweru, yanzuye ko abari bagize komite-nyobozi ya RNC bose birukanywe “kubera imikorere itagira icyerekezo”.
Abo ni:
1.Jérôme Nayigiziki wari Umuhuzabikorwa Mukuru.
2.Kayumba Nyamwasa wari Umuhuzabikorwa wungirije
3. Emmanuel Hakizimana wari Umuhuzabikorwa wa 2 akaba n’Umunyamabanga Mukuru.
4.Ali Abdul Karim wari umuhuzabikorwa wa 3

Ingoma ya Kayumba Nyamwasa rero isimbuwe na:
1. Ntwari Frank, chairman wa RNC. (Uyu ni muramu wa Nyamwasa, akaba yari aherutse kwirukanwa ku buyobozi bw’urubyiruko muri uwo mutwe)
2. Faustin Rukundo , umwungiriza wa mbere.
3. Jennifer Twamugira, umwungiriza wa 2.
4. Jean Paul Mushimye, umubitsi.
5. Abanditsi bakaba n’abavugizi: Denis Serugendo na Robert Mukombozi.
Ikindi, radio nsakazabinyoma bitaga “ITAHUKA” nayo yahindutse” Radio IHURIRO”, bivuze ko Serge Ndayizeye, umumotsi wa Nyamwasa, ahirimanye n’ITAHUKA yomonganiragaho, cyangwa se akemera kuyoboka agatsiko ka Frank Ntwari niba ashaka kuramira igifu cye.

Ntibiramenyekana niba Kayumba Nyamwasa n’abambari be bemera guhara ubutegetsi, akaba umuyoboke basanzwe, gusa abasesenguzi barasanga ahubwo amacakubiri na bombori bombori muri RNC ari bwo bitangiye.

Umwiryane muri iri tsinda ry’ibisahiranda nawo wagirango uri mu mahame-shingiro yaryo, kuko ubwa mbere Théogène Rudasingwa, Gahima Gerald, Ngarambe na Musonera batangiranye na Nyamwsa bamuteye umugongo, bashinga icyo bise” New RNC” .
Bidateye Kabiri hagenda Jean Paul Turayishimye, Thabita Gwiza na Bénoit Umuhoze, bashinze ikiryabarezi bise” ARC-Urunana”.

Yaba iyo RNC, byaba n’ibyo bitakaragasi biyikomokaho, byose nta murongo wa politiki uhamye wabibaza. Icyo bashyira imbere ni ugutuka u Rwanda n’Abayobozi barwo, bagamije kwibonera imisanzu ngo bisunikire iminsi.

Umunyarwanda yagize ati:”Ikinyoma ntikirara bushyitsi”.

Ntushobora kubeshya abantu bose, igihe cyose, amaherezo ukuri kuragutamaza.

2023-10-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uko ibitaro byo muri Uganda byanze kwakira Umunyarwanda bimuviramo urupfu

Uko ibitaro byo muri Uganda byanze kwakira Umunyarwanda bimuviramo urupfu

Ubwanditsi 21 Feb 2020
Amafoto – Rayon Sports Day yaranzwe no kwerekana abakinnyi 27 na nimero bazambara, Vipers yari umutumirwa itsinda mu mukino wa gishuti 1-0

Amafoto – Rayon Sports Day yaranzwe no kwerekana abakinnyi 27 na nimero bazambara, Vipers yari umutumirwa itsinda mu mukino wa gishuti 1-0

Ubwanditsi 16 Aug 2022
Bitewe n’imvune yagiriye mu myitozo umunyezamu w’ikipe y’igihugu Amavubi, Kimenyi Yves yasimbujwe Rwabugiri Umar wanahise atangira imyitozo

Bitewe n’imvune yagiriye mu myitozo umunyezamu w’ikipe y’igihugu Amavubi, Kimenyi Yves yasimbujwe Rwabugiri Umar wanahise atangira imyitozo

Ubwanditsi 13 Mar 2021
Umunyarwanda CP Christophe BIZIMUNGU yasimbuye Umufaransa Maj. Pascal CHAMPION ku buyobozi bukuru bw’abapolisi bari mu butumwa bwa Loni muri Santrafrika.

Umunyarwanda CP Christophe BIZIMUNGU yasimbuye Umufaransa Maj. Pascal CHAMPION ku buyobozi bukuru bw’abapolisi bari mu butumwa bwa Loni muri Santrafrika.

Ubwanditsi 29 Jun 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amakipe 10 arimo atanu y’Abagabo n’atanu y’Abagore niyo azitabira irushanwa ryateguwe na Rwanda Revenue Authority
Amakuru

Amakipe 10 arimo atanu y’Abagabo n’atanu y’Abagore niyo azitabira irushanwa ryateguwe na Rwanda Revenue Authority

Ubwanditsi 08 Nov 2023
Polisi y’u Rwanda yafatiye ku mupaka  abarundikazi 3 bari bajyanywe gucuruzwa mu mahanga
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda yafatiye ku mupaka abarundikazi 3 bari bajyanywe gucuruzwa mu mahanga

Ubwanditsi 24 Jul 2016
Abantu batanu basanganywe Coronavirus mu bipimo 1036 byafashwe, abanduye mu Rwanda bagera ku 118, abandi bantu 11 bakize COVID-19 basezererwa
HIRYA NO HINO

Abantu batanu basanganywe Coronavirus mu bipimo 1036 byafashwe, abanduye mu Rwanda bagera ku 118, abandi bantu 11 bakize COVID-19 basezererwa

Ubwanditsi 11 Apr 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru