• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bombori bombori hagati ya Kayumba Placide na Pierre Celestin Rwalinda wamusimbuye ku buyobozi bwa FDU Inkingi   |   15 May 2026

  • APR FC na Rayon Sports zageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2026, zizahatanira miliyoni 12 z’Amafaranga y’u Rwanda   |   14 May 2026

  • Habura iminsi 3 ngo shampiyona irangire, Al Hilal yegukanye igikombe cy’icyubahiro cya BK Pro League 2025-2026   |   13 May 2026

  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Minisitiri Mushikiwabo yanenze itangazamakuru rya Afurika kwima amaso ibibera iwabo

Minisitiri Mushikiwabo yanenze itangazamakuru rya Afurika kwima amaso ibibera iwabo

Ubwanditsi 12 Mar 2018 HIRYA NO HINO

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, ubutwererane n’ibikorwa by’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, Louise Mushikwabo, yanenze itangazamakuru rya Afurika kudatangaza ibibera kuri uyu mugabane ahubwo ugasanga ritangaza ibibera ku yindi bidafitiye inyungu nini ababikurikira.

Yabigarutseho kuri uyu wa Mbere ubwo yatangizaga inama ya 11 y’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe (AU), ku itangazamakuru rikoresha amajwi n’amashusho ibera i Kigali, ikaba yitabiriwe n’abagera ku 150 barimo abayobora ibigo by’itangazamakuru baturutse mu bihugu 46 bya Afurika.

Minisitiri Mushikiwabo, yavuze ko ikoranabuhanga ari umuyoboro mwiza wafasha Afurika gutangaza amakuru yayo ariko igitangaje ari uko kugeza ubu ibihugu 10 ari byo byavuye ku buryo bwa kera buzwi nka ‘analogue’ bikajya ku buryo bugezweho bwa ‘digital’.

Yakomeje atanga urugero rw’uko u Rwanda rwabikoze mu 2014 bigatanga umusaruro, aho televiziyo zavuye kuri imwe zikaba zigeze kuri 12. Icyakora yanenze ko ibitangazwa ku mugabane wose usanga bitibanda ku makuru meza Afurika ifite, bigatuma abanyamahanga babona urwaho rwo kuyatangaza uko bishakiye.

Yagize ati “Urugero nka hano mu Rwanda nubwo umubare wa televiziyo wiyongereye, haracyari ikibazo mu byo ziha abazireba, usanga twirebera ibyo muri Amerika y’Amajyepfo, Telemundo, filimi zo muri Amerika y’Amajyaruguru, iby’i Burayi nk’aho muri Afurika nta makuru dufite yo gutangaza.”

Mushikiwabo yasabye abafite ibitangazamakuru kubyaza umusaruro ikoranabuhanga bagatangaza ibibera muri Afurika, kuko hari byinshi cyane babwira abayituye ndetse n’abatuye Isi muri rusange.

Yagize ati “Hari amakuru menshi kuri uyu mugabane adatangazwa uko bikwiye. Afurika ntabwo ari indwara, kutagira icyizere n’ibyorezo gusa, ni n’iterambere irimo kugeraho binyuze kwishyira hamwe, politiki nziza z’iterambere, kurwanya ubukene, ni urubyiruko rwacu rukeneye gushyigikirwa, ni ukwihangira imirimo, abagore ba Afurika b’ibitangaza bakora ijoro n’amanywa ngo bafashe imiryango yabo n’ibindi.”

“Ni ishoramari turimo gukora mu ikoranabuhanga, ahantu nyaburanga habereye ubukerarugendo dufite mu bihugu byacu ariko tutavuga. Ni ahacu ho guhindura ibyo dutangaza uyu munsi tudategereje ejo.”

Umuyobozi w’Inama Nkuru y’Itangazamakuru, Peacemaker Mbungiramihigo, yavuze ko kuba ibitangazamakuru bya Afurika bidatangaza ibihabera biterwa n’impamvu zirimo; kudafatanya, kudakoresha amahirwe ikoranabuhanga ritanga ngo bisangire amakuru n’ubushobozi buke bw’abanyamakuru.

Yagize ati “Ikibazo mbona giterwa n’uko ibitangazamakuru bitaramenya agaciro ko gukorera hamwe, ubufatanye bw’ibitangazamakuru biciye mu mashyirahamwe yabyo ku mugabane wa Afurika, bwarushaho gutuma ibyo bitangazamakuru bisangira amakuru atandukanye bihitisha.”

Yongeraho ko hagomba kubaho guteza imbere ibitangazamakuru, bikubakirwa ubushobozi kugira ngo bigere ku makuru n’ibiganiro bikozwe mu buryo bw’ubunyamwuga butuma bitangaza ibyo Abanyafurika bakeneye kandi ba nyir’ibitangazamakuru bagakorera hamwe.

Kuki ibitangazamakuru byima amaso Afurika?

Umuyobozi Mukuru wa Radio 1 na TV1, Kakooza Nkuliza Charles (KNC), asobanura ko ubushobozi mu bijyanye n’ubukungu n’imyumvire ari bimwe mu bituma ibitangazamakuru byo muri Afurika bidatangaza ibyo mu bihugu byabyo.

Yagize ati “Ikibazo ni ubushobozi kuko iby’imbere mu gihugu birahenda. Nk’urugero agace kamwe k’ikinamico gakoze neza hano mu Rwanda ushobora gusanga gahagaze amadolari 1500, mu gihe wayigura kuri Novela igahagarara amadolari 100 cyangwa 70 ndetse na 20 igihe yakoreshejwe.”

Yongeyeho abanyafurika batizera umuco wabo kuko iyo ukoze ibintu biri mu muco wabo batekereza ko bitagezweho. Ibi ngo bituma habaho igitutu ku isoko kuko abatishimira iby’iwabo ari bo bafite ubushobozi bwo kugura.

KNC asanga hakwiye kubaho umurongo ndengerwaho nk’abashinzwe ubugenzuzi bakavuga ko mu bitangazwa mu bitangazamakuru hagomba kubamo ijanisha runaka ry’ibyo mu gihugu.

Ati “Isoko dufite ntabwo ryemera ko twatangaza 100% iby’imbere mu gihugu, rikeneye ko dufata ibyo hanze bihendutse kugira ngo ugire icyo wereka abantu.”

Avuga kandi ko hakenewe ubushake bwa politiki kuko usanga abasabwa gutangaza iby’imbere mu gihugu bahendwa mu gukoresha ibikorwa remezo leta iba yashyizeho. Atanga urugero rw’aho bahendwa cyane n’uburyo bwa Digital bwashyizweho nyamara bakabaye boroherezwa bityo bakabona n’ubushobozi bwo gushaka iby’imbere mu gihugu batangaza.

2018-03-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Imodoka yari itwaye abasirikare ba Uganda yamaze iminsi ibiri mu ishyamba yabuze lisansi

Imodoka yari itwaye abasirikare ba Uganda yamaze iminsi ibiri mu ishyamba yabuze lisansi

Ubwanditsi 06 Jul 2019
Umwami wa Maroc, Mohammed VI, yabazwe umutima

Umwami wa Maroc, Mohammed VI, yabazwe umutima

Ubwanditsi 27 Feb 2018
Umunyamerika w’umutinganyi wari warakoze ubukwe n’umunyarwanda yapfuye

Umunyamerika w’umutinganyi wari warakoze ubukwe n’umunyarwanda yapfuye

Ubwanditsi 06 Jun 2017
USA: Umunyarwanda yasanzwe muri hotel yapfuye

USA: Umunyarwanda yasanzwe muri hotel yapfuye

Ubwanditsi 22 Jun 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abapolisi b’u Rwanda bambitswe imidari muri Sudani y’Epfo
Mu Mahanga

Abapolisi b’u Rwanda bambitswe imidari muri Sudani y’Epfo

Ubwanditsi 17 Aug 2016
Umuntu umwe yarasiwe mu myigaragambyo y’abari kwamagana ifungwa rya Bobi Wine
ITOHOZA

Umuntu umwe yarasiwe mu myigaragambyo y’abari kwamagana ifungwa rya Bobi Wine

Ubwanditsi 20 Aug 2018
Philemon Mateke yahamagajwe mu rubanza rwa Bazeye Laforges na Nsekanabo ba FDLR
INKURU NYAMUKURU

Philemon Mateke yahamagajwe mu rubanza rwa Bazeye Laforges na Nsekanabo ba FDLR

Ubwanditsi 12 Mar 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru