• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

  • Mozambique izatanga amafaranga yo gufasha Ingabo z’u Rwanda mu butumwa bw’i Cabo Delgado   |   02 Jun 2026

  • Urwibutso rwa Paris ruzarinda ukuri kwa Jenoside kwibagirana no kubungabunga amateka, kurinda ukuri kutazimira uko imyaka izagenda ishira   |   02 Jun 2026

  • Umujyi wa Kigali wahagaritse inkunga ya Miliyoni 250FRW yahaga amakipe ya Kiyovu Sports na Gasogi United   |   02 Jun 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Minisitiri Mushikiwabo yanenze itangazamakuru rya Afurika kwima amaso ibibera iwabo

Minisitiri Mushikiwabo yanenze itangazamakuru rya Afurika kwima amaso ibibera iwabo

Ubwanditsi 12 Mar 2018 HIRYA NO HINO

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, ubutwererane n’ibikorwa by’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, Louise Mushikwabo, yanenze itangazamakuru rya Afurika kudatangaza ibibera kuri uyu mugabane ahubwo ugasanga ritangaza ibibera ku yindi bidafitiye inyungu nini ababikurikira.

Yabigarutseho kuri uyu wa Mbere ubwo yatangizaga inama ya 11 y’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe (AU), ku itangazamakuru rikoresha amajwi n’amashusho ibera i Kigali, ikaba yitabiriwe n’abagera ku 150 barimo abayobora ibigo by’itangazamakuru baturutse mu bihugu 46 bya Afurika.

Minisitiri Mushikiwabo, yavuze ko ikoranabuhanga ari umuyoboro mwiza wafasha Afurika gutangaza amakuru yayo ariko igitangaje ari uko kugeza ubu ibihugu 10 ari byo byavuye ku buryo bwa kera buzwi nka ‘analogue’ bikajya ku buryo bugezweho bwa ‘digital’.

Yakomeje atanga urugero rw’uko u Rwanda rwabikoze mu 2014 bigatanga umusaruro, aho televiziyo zavuye kuri imwe zikaba zigeze kuri 12. Icyakora yanenze ko ibitangazwa ku mugabane wose usanga bitibanda ku makuru meza Afurika ifite, bigatuma abanyamahanga babona urwaho rwo kuyatangaza uko bishakiye.

Yagize ati “Urugero nka hano mu Rwanda nubwo umubare wa televiziyo wiyongereye, haracyari ikibazo mu byo ziha abazireba, usanga twirebera ibyo muri Amerika y’Amajyepfo, Telemundo, filimi zo muri Amerika y’Amajyaruguru, iby’i Burayi nk’aho muri Afurika nta makuru dufite yo gutangaza.”

Mushikiwabo yasabye abafite ibitangazamakuru kubyaza umusaruro ikoranabuhanga bagatangaza ibibera muri Afurika, kuko hari byinshi cyane babwira abayituye ndetse n’abatuye Isi muri rusange.

Yagize ati “Hari amakuru menshi kuri uyu mugabane adatangazwa uko bikwiye. Afurika ntabwo ari indwara, kutagira icyizere n’ibyorezo gusa, ni n’iterambere irimo kugeraho binyuze kwishyira hamwe, politiki nziza z’iterambere, kurwanya ubukene, ni urubyiruko rwacu rukeneye gushyigikirwa, ni ukwihangira imirimo, abagore ba Afurika b’ibitangaza bakora ijoro n’amanywa ngo bafashe imiryango yabo n’ibindi.”

“Ni ishoramari turimo gukora mu ikoranabuhanga, ahantu nyaburanga habereye ubukerarugendo dufite mu bihugu byacu ariko tutavuga. Ni ahacu ho guhindura ibyo dutangaza uyu munsi tudategereje ejo.”

Umuyobozi w’Inama Nkuru y’Itangazamakuru, Peacemaker Mbungiramihigo, yavuze ko kuba ibitangazamakuru bya Afurika bidatangaza ibihabera biterwa n’impamvu zirimo; kudafatanya, kudakoresha amahirwe ikoranabuhanga ritanga ngo bisangire amakuru n’ubushobozi buke bw’abanyamakuru.

Yagize ati “Ikibazo mbona giterwa n’uko ibitangazamakuru bitaramenya agaciro ko gukorera hamwe, ubufatanye bw’ibitangazamakuru biciye mu mashyirahamwe yabyo ku mugabane wa Afurika, bwarushaho gutuma ibyo bitangazamakuru bisangira amakuru atandukanye bihitisha.”

Yongeraho ko hagomba kubaho guteza imbere ibitangazamakuru, bikubakirwa ubushobozi kugira ngo bigere ku makuru n’ibiganiro bikozwe mu buryo bw’ubunyamwuga butuma bitangaza ibyo Abanyafurika bakeneye kandi ba nyir’ibitangazamakuru bagakorera hamwe.

Kuki ibitangazamakuru byima amaso Afurika?

Umuyobozi Mukuru wa Radio 1 na TV1, Kakooza Nkuliza Charles (KNC), asobanura ko ubushobozi mu bijyanye n’ubukungu n’imyumvire ari bimwe mu bituma ibitangazamakuru byo muri Afurika bidatangaza ibyo mu bihugu byabyo.

Yagize ati “Ikibazo ni ubushobozi kuko iby’imbere mu gihugu birahenda. Nk’urugero agace kamwe k’ikinamico gakoze neza hano mu Rwanda ushobora gusanga gahagaze amadolari 1500, mu gihe wayigura kuri Novela igahagarara amadolari 100 cyangwa 70 ndetse na 20 igihe yakoreshejwe.”

Yongeyeho abanyafurika batizera umuco wabo kuko iyo ukoze ibintu biri mu muco wabo batekereza ko bitagezweho. Ibi ngo bituma habaho igitutu ku isoko kuko abatishimira iby’iwabo ari bo bafite ubushobozi bwo kugura.

KNC asanga hakwiye kubaho umurongo ndengerwaho nk’abashinzwe ubugenzuzi bakavuga ko mu bitangazwa mu bitangazamakuru hagomba kubamo ijanisha runaka ry’ibyo mu gihugu.

Ati “Isoko dufite ntabwo ryemera ko twatangaza 100% iby’imbere mu gihugu, rikeneye ko dufata ibyo hanze bihendutse kugira ngo ugire icyo wereka abantu.”

Avuga kandi ko hakenewe ubushake bwa politiki kuko usanga abasabwa gutangaza iby’imbere mu gihugu bahendwa mu gukoresha ibikorwa remezo leta iba yashyizeho. Atanga urugero rw’aho bahendwa cyane n’uburyo bwa Digital bwashyizweho nyamara bakabaye boroherezwa bityo bakabona n’ubushobozi bwo gushaka iby’imbere mu gihugu batangaza.

2018-03-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Afurika ni yo izavumbura umuti wa SIDA, Imana izaduha guhishurirwa tumenye umuti ukiza SIDA -Apôtre Dr Gitwaza

Afurika ni yo izavumbura umuti wa SIDA, Imana izaduha guhishurirwa tumenye umuti ukiza SIDA -Apôtre Dr Gitwaza

Ubwanditsi 09 Jul 2018
Abayobozi b’amadini n’amatorero basabwe ubufasha mu gukemura burundu ikibazo cy’ihohoterwa rikorerwa mu muryango, by’umwihariko iryibasira abagore n’abana, i Musanze

Abayobozi b’amadini n’amatorero basabwe ubufasha mu gukemura burundu ikibazo cy’ihohoterwa rikorerwa mu muryango, by’umwihariko iryibasira abagore n’abana, i Musanze

Ubwanditsi 02 May 2021
Perezida Museveni yagaragaje impamvu avuga ko akunda Donald Trump

Perezida Museveni yagaragaje impamvu avuga ko akunda Donald Trump

Ubwanditsi 24 Jan 2018
Kigali: Impunzi z’Abarundi zibutse ubwicanyi bwabereye I Bujumbura kuwa 11 na 12 Ukuboza 2015

Kigali: Impunzi z’Abarundi zibutse ubwicanyi bwabereye I Bujumbura kuwa 11 na 12 Ukuboza 2015

Ubwanditsi 12 Dec 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Jammeh wayoboye Gambia yarezwe mu rukiko n’abarwayi ba Sida yabeshyaga ko ayibavura
POLITIKI

Jammeh wayoboye Gambia yarezwe mu rukiko n’abarwayi ba Sida yabeshyaga ko ayibavura

Ubwanditsi 02 Jun 2018
Urubuga rwa Twitter rwasibye konti 418 muri Uganda zishinzwe gutegura Muhoozi Kainerugaba kuzasimbura Museveni nka Perezida wa Uganda
Amakuru

Urubuga rwa Twitter rwasibye konti 418 muri Uganda zishinzwe gutegura Muhoozi Kainerugaba kuzasimbura Museveni nka Perezida wa Uganda

Ubwanditsi 03 Dec 2021
Amagare: Ikipe y’igihugu  ya magare iritabira  amarushanwa nyafrika muri  Maroc
IMIKINO

Amagare: Ikipe y’igihugu ya magare iritabira amarushanwa nyafrika muri Maroc

Ubwanditsi 19 Feb 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru