• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Mupende wihishe urugamba yitwaza ko yarashwe ubugabo niwe wigize umuvuzi w’amacumu ku mbuga nkoranyambaga   |   30 Jun 2026

  • Ibimenyetso by’uko umubano w’umuhanzi Bruce Melodie na Coach Gael umufasha udahagaze neza   |   29 Jun 2026

  • PAC: Ikibazo cy’ibitabo bitagezwa mu mashuri cyabaye ingorabahizi   |   29 Jun 2026

  • Gen Ibingira yatanze ubuhamya bw’ibyabaye umunsi wa mbere ahura na Perezida Kagame ku rugamba   |   28 Jun 2026

  • Umukiliya w’ibanze w’ibisahurano byibwa na FDLR ni MONUSCO; Col. BORA   |   28 Jun 2026

  • Abantu 53,426 bari bakatiwe igihano cyo kwicwa kubera guhamwa n’ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi   |   28 Jun 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Minisitiri Mushikiwabo yanenze itangazamakuru rya Afurika kwima amaso ibibera iwabo

Minisitiri Mushikiwabo yanenze itangazamakuru rya Afurika kwima amaso ibibera iwabo

Ubwanditsi 12 Mar 2018 HIRYA NO HINO

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, ubutwererane n’ibikorwa by’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, Louise Mushikwabo, yanenze itangazamakuru rya Afurika kudatangaza ibibera kuri uyu mugabane ahubwo ugasanga ritangaza ibibera ku yindi bidafitiye inyungu nini ababikurikira.

Yabigarutseho kuri uyu wa Mbere ubwo yatangizaga inama ya 11 y’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe (AU), ku itangazamakuru rikoresha amajwi n’amashusho ibera i Kigali, ikaba yitabiriwe n’abagera ku 150 barimo abayobora ibigo by’itangazamakuru baturutse mu bihugu 46 bya Afurika.

Minisitiri Mushikiwabo, yavuze ko ikoranabuhanga ari umuyoboro mwiza wafasha Afurika gutangaza amakuru yayo ariko igitangaje ari uko kugeza ubu ibihugu 10 ari byo byavuye ku buryo bwa kera buzwi nka ‘analogue’ bikajya ku buryo bugezweho bwa ‘digital’.

Yakomeje atanga urugero rw’uko u Rwanda rwabikoze mu 2014 bigatanga umusaruro, aho televiziyo zavuye kuri imwe zikaba zigeze kuri 12. Icyakora yanenze ko ibitangazwa ku mugabane wose usanga bitibanda ku makuru meza Afurika ifite, bigatuma abanyamahanga babona urwaho rwo kuyatangaza uko bishakiye.

Yagize ati “Urugero nka hano mu Rwanda nubwo umubare wa televiziyo wiyongereye, haracyari ikibazo mu byo ziha abazireba, usanga twirebera ibyo muri Amerika y’Amajyepfo, Telemundo, filimi zo muri Amerika y’Amajyaruguru, iby’i Burayi nk’aho muri Afurika nta makuru dufite yo gutangaza.”

Mushikiwabo yasabye abafite ibitangazamakuru kubyaza umusaruro ikoranabuhanga bagatangaza ibibera muri Afurika, kuko hari byinshi cyane babwira abayituye ndetse n’abatuye Isi muri rusange.

Yagize ati “Hari amakuru menshi kuri uyu mugabane adatangazwa uko bikwiye. Afurika ntabwo ari indwara, kutagira icyizere n’ibyorezo gusa, ni n’iterambere irimo kugeraho binyuze kwishyira hamwe, politiki nziza z’iterambere, kurwanya ubukene, ni urubyiruko rwacu rukeneye gushyigikirwa, ni ukwihangira imirimo, abagore ba Afurika b’ibitangaza bakora ijoro n’amanywa ngo bafashe imiryango yabo n’ibindi.”

“Ni ishoramari turimo gukora mu ikoranabuhanga, ahantu nyaburanga habereye ubukerarugendo dufite mu bihugu byacu ariko tutavuga. Ni ahacu ho guhindura ibyo dutangaza uyu munsi tudategereje ejo.”

Umuyobozi w’Inama Nkuru y’Itangazamakuru, Peacemaker Mbungiramihigo, yavuze ko kuba ibitangazamakuru bya Afurika bidatangaza ibihabera biterwa n’impamvu zirimo; kudafatanya, kudakoresha amahirwe ikoranabuhanga ritanga ngo bisangire amakuru n’ubushobozi buke bw’abanyamakuru.

Yagize ati “Ikibazo mbona giterwa n’uko ibitangazamakuru bitaramenya agaciro ko gukorera hamwe, ubufatanye bw’ibitangazamakuru biciye mu mashyirahamwe yabyo ku mugabane wa Afurika, bwarushaho gutuma ibyo bitangazamakuru bisangira amakuru atandukanye bihitisha.”

Yongeraho ko hagomba kubaho guteza imbere ibitangazamakuru, bikubakirwa ubushobozi kugira ngo bigere ku makuru n’ibiganiro bikozwe mu buryo bw’ubunyamwuga butuma bitangaza ibyo Abanyafurika bakeneye kandi ba nyir’ibitangazamakuru bagakorera hamwe.

Kuki ibitangazamakuru byima amaso Afurika?

Umuyobozi Mukuru wa Radio 1 na TV1, Kakooza Nkuliza Charles (KNC), asobanura ko ubushobozi mu bijyanye n’ubukungu n’imyumvire ari bimwe mu bituma ibitangazamakuru byo muri Afurika bidatangaza ibyo mu bihugu byabyo.

Yagize ati “Ikibazo ni ubushobozi kuko iby’imbere mu gihugu birahenda. Nk’urugero agace kamwe k’ikinamico gakoze neza hano mu Rwanda ushobora gusanga gahagaze amadolari 1500, mu gihe wayigura kuri Novela igahagarara amadolari 100 cyangwa 70 ndetse na 20 igihe yakoreshejwe.”

Yongeyeho abanyafurika batizera umuco wabo kuko iyo ukoze ibintu biri mu muco wabo batekereza ko bitagezweho. Ibi ngo bituma habaho igitutu ku isoko kuko abatishimira iby’iwabo ari bo bafite ubushobozi bwo kugura.

KNC asanga hakwiye kubaho umurongo ndengerwaho nk’abashinzwe ubugenzuzi bakavuga ko mu bitangazwa mu bitangazamakuru hagomba kubamo ijanisha runaka ry’ibyo mu gihugu.

Ati “Isoko dufite ntabwo ryemera ko twatangaza 100% iby’imbere mu gihugu, rikeneye ko dufata ibyo hanze bihendutse kugira ngo ugire icyo wereka abantu.”

Avuga kandi ko hakenewe ubushake bwa politiki kuko usanga abasabwa gutangaza iby’imbere mu gihugu bahendwa mu gukoresha ibikorwa remezo leta iba yashyizeho. Atanga urugero rw’aho bahendwa cyane n’uburyo bwa Digital bwashyizweho nyamara bakabaye boroherezwa bityo bakabona n’ubushobozi bwo gushaka iby’imbere mu gihugu batangaza.

2018-03-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amabanga 10  akomeye mu gushinga Urugo

Amabanga 10 akomeye mu gushinga Urugo

Ubwanditsi 25 Feb 2017
RDC: FDLR Irabonwa Nk’ishobora Guhungabanya Amatora

RDC: FDLR Irabonwa Nk’ishobora Guhungabanya Amatora

Ubwanditsi 11 Sep 2018
Urukiko Mpuzamahanga rwasabwe gukurikirana Perezida Nkurunziza

Urukiko Mpuzamahanga rwasabwe gukurikirana Perezida Nkurunziza

Ubwanditsi 31 Oct 2019
Oprah Uwoya n’umusore bakundana bakajije umurego mu gutera kabariro bashakisha umwana

Oprah Uwoya n’umusore bakundana bakajije umurego mu gutera kabariro bashakisha umwana

Ubwanditsi 07 May 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

” gucururiza imbunda mu Rwanda ni nko gufata ingamiya ukinjiza mu izuru ry’urushinge” -Busingye
Mu Rwanda

” gucururiza imbunda mu Rwanda ni nko gufata ingamiya ukinjiza mu izuru ry’urushinge” -Busingye

Ubwanditsi 29 May 2018
Guhura kwa Perezida Trump na Perezida Kim Jong-Un biraca amarenga yo kurangira kw’isi -Apôtre Dr Gitwaza
HIRYA NO HINO

Guhura kwa Perezida Trump na Perezida Kim Jong-Un biraca amarenga yo kurangira kw’isi -Apôtre Dr Gitwaza

Ubwanditsi 28 Jun 2018
Nyuma ya Iyanya na Timaya, itsinda rya Urban Boyz rigiye gukorana indirimbo na Patoranking
IMIKINO

Nyuma ya Iyanya na Timaya, itsinda rya Urban Boyz rigiye gukorana indirimbo na Patoranking

Ubwanditsi 07 Mar 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru