• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»DR Congo: Ingabo za FARDC zatangaje “ibitero bikomeye” ku mutwe wa ADF

DR Congo: Ingabo za FARDC zatangaje “ibitero bikomeye” ku mutwe wa ADF

Ubwanditsi 31 Oct 2019 HIRYA NO HINO, Mu Mahanga, POLITIKI

Ingabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo,FARDC, zatangaje ko kuva uyu munsi kuwa kane zatangije “ibitero bikomeye” ku mutwe wa ADF mu gace ka Beni.

Bibaye nyuma y’inama yahuje abahagarariye ingabo z’ibihugu bya DR Congo, Burundi, Rwanda, Uganda na Tanzania mu cyumweru gishize yemeje ubufatanye mu kurwanya inyeshyamba muri DR Congo.

Nyuma y’iyi nama, umuvugizi wa FARDC General Léon Kasonga yabwiye abanyamakuru ko ubu bufatanye buzakorwa ariko “nta ngabo z’ibi bihugu zije kurwanira ku butaka bwa DR Congo”.

Itangazo ry’uyu munsi naryo, rivuga ko “Ibi bitero[kuri ADF] bizagabwa n’ingabo zacu nta bufasha bw’amahanga”.

Allied Democratic Forces (ADF) ni inyeshyamba zirwanya ubutegetsi bwa Uganda kuva mu 1996, zikorera muri Kivu ya ruguru muri DR Congo, zishinjwa guhungabanya amahoro y’ako gace.

Mu kwezi kwa gatanu umutwe wa Islamic State watangaje ko [wageze muri DR Congo kuko uri gufatanya ibikorwa na ADF.]

Ingabo za DR Congo mu kwezi kwa karindwi zatangaje ko zitangiye ibitero byo guhashya imitwe yose yitwaje intwaro mu burasirazuba bwa DR Congo.

Aha hari imitwe ya Red-Tabara, Forebu, FNL irwanya ubutegetsi bw’u Burundi. FDLR, RUD-urunana, FLN irwanya ubw’u Rwanda, na ADF irwanya ubutegetsi bwa Uganda.

Ubufatanye buzashoboka?

Hashize igihe hari amakimbirane ya politiki hagati y’ubutegetsi bw’u Rwanda n’u Burundi, n’ubutegetsi bw’u Rwanda na Uganda, ubutegetsi bwose bufite imitwe iburwanya muri Congo.

Abantu benshi bibaza uburyo ubutegetsi bw’ibi bihugu buzafatanya n’ingabo za DR Congo kandi nabwo bitumvikana.

Mwarimu muri kaminuza zo mu karere Gérard Barantamije avuga ko nubwo abategeka ibi bihugu batumvikana ariko bidasobanuye ko badashobora gukorera hamwe.

Ati: “Muri politi hari ibivugwa hari n’ibikorwa, kuba babanye nabi ntibivuga ko batafatanya muri icyo gikorwa kuko umwe wese ashobora kuba agifitemo inyungu ku mutekano w’igihugu cye”.

Bwana Barantamije avuga ko igiteye amakenga ari uburyo ubu bufatanye busobanurwa n’ingabo za Congo.

Umuvigizi wazo avuga ko nta ngabo z’amahanga zizajyayo, ariko akongera akavuga ko hazakorwa ‘mutualisation’.

Bwana Barantamije ati: “‘Mutualisation’, iyo ivugwa iyo ingabo z’ibihugu zagiye hamwe zikareba ubuhanga n’ibikoresho zifite ku gikorwa runaka. Urabona ko leta ya Congo iterekana neza igikorwa kizakorwa”.

Inkuru ya BBC

2019-10-31
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Impamvu  Oda GASINZIGWA yirukanywe muri Guverinoma

Impamvu Oda GASINZIGWA yirukanywe muri Guverinoma

Ubwanditsi 24 Mar 2016
Kirehe: Abantu babiri barimo umumotari bafatanwe ibiro 80 by’urumogi

Kirehe: Abantu babiri barimo umumotari bafatanwe ibiro 80 by’urumogi

Ubwanditsi 25 Apr 2016
“Aho bagejeje batwangisha Inkotanyi niho ngeze nigisha ibyiza byazo” Rachel Mugorewase wakuwe mu mashyamba ya Kongo

“Aho bagejeje batwangisha Inkotanyi niho ngeze nigisha ibyiza byazo” Rachel Mugorewase wakuwe mu mashyamba ya Kongo

Ubwanditsi 03 Oct 2022
Burera: Abayobozi b’inzego z’ibanze basabwe gushyira imbaraga mu kurwanya ihohoterwa rikorerwa abana

Burera: Abayobozi b’inzego z’ibanze basabwe gushyira imbaraga mu kurwanya ihohoterwa rikorerwa abana

Ubwanditsi 12 Sep 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga
Amakuru

FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga

RUSHYASHYA 24 Apr 2026
Imyanzuro ikakaye yafashwe nyuma y’IMVURURU zashyamiranyije ubuyobozi  muri Rayon Sports
IMIKINO

Imyanzuro ikakaye yafashwe nyuma y’IMVURURU zashyamiranyije ubuyobozi muri Rayon Sports

Ubwanditsi 11 May 2018
Tabitha Gwiza yemeje uruhare rwa Kayumba Nyamwasa mu kurigisa Ben Rutabana asaba abagize RNC kureka gushinyagurira umuryango we
INKURU NYAMUKURU

Tabitha Gwiza yemeje uruhare rwa Kayumba Nyamwasa mu kurigisa Ben Rutabana asaba abagize RNC kureka gushinyagurira umuryango we

Ubwanditsi 04 Aug 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru