• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

  • Rayon Sports izabanza kwakira APR FC muri shampiyona y’u Rwanda, Ingengabihe ya BK Pro League 2026/27   |   17 Aug 2026

  • Kwihambira kuri FDLR ni Umwaku mu yindi   |   17 Aug 2026

  • Amakipe ya AS Kigali mu Bagabo n’Abagore yahinduriwe izina yitwa Kigali FC na Kigali WFC    |   16 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Ubufatanye burakenewe mu gutanga amakuru nyayo ku buzima bw’imyororokere

Ubufatanye burakenewe mu gutanga amakuru nyayo ku buzima bw’imyororokere

Ubwanditsi 02 May 2024 Amakuru, Mu Rwanda, UBUZIMA

Ihuriro ry’Imiryango Nyarwanda itari iya Leta ishinzwe kurwanya Virusi Itera SIDA, Guteza imbere Ubuzima no Guharanira Uburenganzira bwa Muntu ku buzima mu Rwanda, risanga hakwiye kubaho ubufatanye bwa buri wese mu guha urubyiruko amakuru nyayoku buzima bw’imyororokere hagamijwe gukumira inda ziterwa abangavu ndetse no kwirinda ibyorezo bitandukanye birimo na virusi itera Sida.

Mu butumwa bwatanzwe ku byiciro bitandukanye birimo abanyamadini, Abanyamakuru, abakoresha imbuga nkoranyambaga n’urubyiruko, hagarutswe ku cyakorwa mu gukumira ikibazo cy’inda ziterwa abangavu ndetse no kwirinda ubwandu bwa virusi itera Sida n’izindi ndwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina.

Umwe mu rubyiruko Mukandayishimiye Sabine yagaragaje ko zimwe mu mbogamizi bahura nazo ari uko rimwe na rimwe bagira isoni zo kuganira ku bijyanye n’ubuzima bw’imyororokere agasaba ko hakomeza ubukangurambaga.

Yagize ati: “Iyo tugiye mu cyumba cy’urubyiruko dusangamo abantu baturuta tugatinya kubibabwira, ugatinya ko yaba ari uwo muri karitsiye ukaba wamubwira ibintu akabibwira ababyeyi bawe mbere y’uko ubibabwira.

Ku kijyanye n’abanyamadini, na bo bafite imbogamizi yo kuvuga ubuzima bw’imyororokere mu rusengero, nibakangurire urubyiruko kujya mu makarabu kuko tuhungukira ubumenyi kandi tukanatinyuka.”

Umuyobozi ku rwego rw’Igihugu ushinzwe ibwirizabutumwa n’imigenzo y’idini mu idini ya kisilamu mu Rwanda, Sheikh Imaniriho Ismael, ashimangira ko nubwo inyigisho zitangwa zigomba gushingira ku ijambo ry’Imana ariko hakwiye no kuzamura imyumvire.

Ati: “Impamvu nyamukuru ishingira ku kuba twe tuyoborwa n’igitabo cy’Imana kuko ni yo konsititusiyo ya mbere y’umuyisilamu cyangwa umwemera Mana nyakuri. Aha rero habanza kwifata mbere ya byose kuko iyo utifashe uba waguye mu cyaha.”

Yongeyeho ati: “Impamvu yindi nanone ishingira ku muco cyane cyane umuco utatwemerera kuvuga ibintu mu mazina yabyo, ariko aho Isi igeze ibintu tugomba kubihindura tukegera urubyiruko, ibyiciro byose birimo abanyamakuru n’abandi batandukanye kugira ngo dukosore Isi yacu kuko ni cyo tubereyeho.”

Impuguke mu bijyanye n’amategeko ndetse n’ubuzima bw’imyororokere, watanze ikiganiro ku bufatanye n’Ihuriro ry’Imiryango Nyarwanda itari iya Leta ishinzwe kurwanya Virusi Itera SIDA, guteza imbere Ubuzima no Guharanira Uburenganzira bwa Muntu ku buzima mu Rwanda, Sengoga Chris, asanga hakwiye kubaho ubufatanye bwa buri wese mu gutanga amakuru nyayo ku rubyiruko mu rwego rwo gukumira bimwe mu bibazo bishingiye ku buzima bw’imyororokere.

 

Ati: “Ababyeyi ubundi ni bo bafite inshingano za mbere kuko umwana avukira mu muryango akanawukuriramo. Ugasanga akenshi n’abarezi na bo bafite uruhare. Ariko nanone abanyamadini kubera ko usanga sosiyete yose ari ho ibarizwa na bo bakagira uruhare.”

 

Yakomeje avuga ko abanyamadini usanga rero kenshi abanyamadini bigisha sinavuga ko ari ukugoreka amakuru ariko ugasanga badakomoza ku kintu cyo kwirinda ngo bakivuge cyose uko cya bikwiye, bigatuma rwa rubyiruko za ngimbi n’abangavu bari mu madini atandukanye ugasanga ntabwo bafite amakuru y’ibanze ku buzima bw’imyororokere.

 

Amakuru rero kudahuza ngo nibura ayo akuye mu rugo cyangwa atayabonye mu rugo ngo ayabone mu muryango abarizwamo w’amadini n’ahandi ayo yose habayeho gushyira hamwe imbaraga no gufatanya ibikorwa twese tugasenyera umugozi umwe nk’Abanyarwanda mu byiciro bitandukanye, byatuma ba bangavu n’ingimbi babona amakuru ku buzima bw’imyororokere bikanagabanya ibibazo sosiyete nyarwanda irimo ihura nabyo byinshi bijyanye no kutabona amakuru.”

 

Imibare ya Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango (Migeprof) yo ku ya 2 Gashyantare 2023 igaragaza ko kuva muri Nyakanga kugera mu Ukuboza 2022, abakobwa ibihumbi 13 bari munsi y’imyaka 19 ari bo batewe inda imburagihe mu Rwanda.

Intara y’Iburasirazuba ni yo iyoboye izindi mu kugira umubare munini w’abangavu baterwa inda aho Uturere tuza ku isonga ari Nyagatare, Gatsibo na Bugesera.

2024-05-02
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

CAF yemeje ko sitade Amahoro ifite ubushobozi bwo kwakira imikino mpuzamahanga

CAF yemeje ko sitade Amahoro ifite ubushobozi bwo kwakira imikino mpuzamahanga

Ubwanditsi 14 Jun 2024
Ku munsi wa Kabiri wa Shampiyona 2021-2022, ikipe ya AS Kigali yatsinze Kiyovu SC 4-0, yuzuza ibitego bitandatu itsinze itaratsindwa na kimwe

Ku munsi wa Kabiri wa Shampiyona 2021-2022, ikipe ya AS Kigali yatsinze Kiyovu SC 4-0, yuzuza ibitego bitandatu itsinze itaratsindwa na kimwe

Ubwanditsi 03 Nov 2021
Perezida Kagame  mubihe byiza ku mazi y ‘i Kivu atwaye ‘Jet Ski’

Perezida Kagame mubihe byiza ku mazi y ‘i Kivu atwaye ‘Jet Ski’

Ubwanditsi 08 Sep 2017
Ben Rutabana yongeye kuvugisha amangambure Jean Paul Turayishimye na Serge Ndayizeye

Ben Rutabana yongeye kuvugisha amangambure Jean Paul Turayishimye na Serge Ndayizeye

RUSHYASHYA 01 Jun 2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ku bufatanye bwa FERWACY n’urwego rushinzwe intwari z’igihugu, imidali n’impeta by’ishimwe hateguwe isiganwa ryo kwizihiza umunsi w’intwali
Amakuru

Ku bufatanye bwa FERWACY n’urwego rushinzwe intwari z’igihugu, imidali n’impeta by’ishimwe hateguwe isiganwa ryo kwizihiza umunsi w’intwali

Ubwanditsi 28 Jan 2022
Nyuma y’u Bubiligi, Charly & Nina na Makanyaga bagiye gutaramira i Lille
SHOWBIZ

Nyuma y’u Bubiligi, Charly & Nina na Makanyaga bagiye gutaramira i Lille

Ubwanditsi 10 May 2018
Polisi yafashe  abantu 2 bakekwaho gucuruza ibiyobyabwenge
Mu Rwanda

Polisi yafashe abantu 2 bakekwaho gucuruza ibiyobyabwenge

Ubwanditsi 18 Apr 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru