• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Hon. Havugimana Emmanuel yatwibukije Inkomoko ya Masudi na Giraso yiturwa indi Ikinani cyamugereyemo   |   11 Sep 2026

  • Abana b’abagize uruhare muri Jenoside bongeye kwibutsa imigambi yapfubye y’ababyeyi babo   |   11 Sep 2026

  • Abakinnyi 19 muri 28 bahamagawe n’umutoza Stephen Constantine witegura gukina na Liberia na Cap-Vert, bakina hanze y’u Rwanda   |   09 Sep 2026

  • Irabu: Ibigarahamwe mwitege iyi nkota ya menge ivuye muri Oman nimukoronge ariko nimurenga wa murongo izabarya   |   09 Sep 2026

  • Cricket: U Rwanda rwitwaye neza mu mukino ufungura irushanwa rya ILT20 Continent Cup 2026   |   08 Sep 2026

  • Byatsi Baker yongeye kwikirigita araseka, mu mugambi we wa mpemuke ndamuke akomeje wo kwambara urubwa rwo gusebya u Rwanda rwabyaye Nyina   |   08 Sep 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Perezida Kagame yakiriye abasenateri babiri bakomeye ba Amerika [ AMAFOTO ]

Perezida Kagame yakiriye abasenateri babiri bakomeye ba Amerika [ AMAFOTO ]

Ubwanditsi 12 Oct 2017 Mu Rwanda

Perezida Paul Kagame yagiranye ibiganiro n’abasenateri babiri bo muri Leta Zunze ubumwe za Amerika, barimo Senateri Jim Inhofe wo mu ishyaka ry’aba-Républicains uhagarariye Leta ya Oklahoma na Senateri Mike Enzi bahuje ishyaka, we uhagarariye leta ya Wyoming.

Perezida Kagame wari kumwe na madamu, bakiriye izi ntumwa za rubanda ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu, zageze mu gihugu ziturutse muri Tanzania. Zaje mu Rwanda zimaze kugirana ibiganiro byihariye na Perezida John Pombe Magufuli.

Senateri James ‘Jim’ Mountain Inhofe w’imyaka 82 ni umuntu ukomeye muri Komisiyo ya Sena Ishinzwe ibidukikije n’ibikorwa remezo no muri komisiyo ishinzwe igisirikare. Ahagarariye Leta ya Oklahoma muri Sena guhera mu 1994.

Senateri Michael ‘Mike’ Bradley Enzi w’imyaka 73, we ni Perezida wa Komisiyo ishinzwe ingengo y’imari, akaba ahagarariye Leta ya Wyoming guhera mu 1997. Iyo Komisiyo ayihuriramo na Bernie Sanders wahatanye na Hillary Clinton ashaka guserukira ishyaka ry’aba- Démocrate mu matora ya Perezida aheruka.

Aba basenateri bombi baheruka mu Rwanda muri Gashyantare umwaka ushize, nabwo bakaba barakiriwe na Perezida Kagame. Bari mu itsinda ry’abasenateri batandatu b’aba- Républicains ryari mu ruzinduko rw’iminsi ibiri, bayobowe na Senateri Jim Inhofe ubwe.

Mu 2009 nabwo baje mu Rwanda, baganira na Minisiteri y’Ingabo ku bufatanye mu bya gisirikare, haba mu birebana n’amahugurwa, ibikoresho bya gisirikare no gushyiraho Ishuri rya Gisirikare (Rwanda Defence Academy). Icyo gihe banashimye umusanzu u Rwanda rukomeje gutanga mu butumwa bwo kugarura amahoro.

Senateri Enzi, ahuje imyumvire na Perezida Donald Trump ku ngingo zimwe na zimwe zirimo imihindagurikire y’ibihe, nk’aho yashyigikiye umwanzuro wo kwivana mu masezerano ya Paris, agena uburyo bwo gukumira izamuka ry’igipimo mpuzandengo cy’ubushyuhe bw’Isi, kikaguma hasi ya 2°C ariko intego ikaba ko iki gipimo kigera hasi ya 1.5°C muri iki kinyejana.

Ayo masezerano ateganya uburyo amahanga afatanya mu guhangana n’ingaruka ziterwa n’imihindagurikire y’ibihe, n’inkunga ya miliyari 100 z’amadolari ya Amerika yo gutera inkunga imishinga igamije kurengera ikirere, guteza imbere ikoranabuhanga ritangiza ikirere no gushyigikira urugendo rugana ku bukungu butangiza ibidukikije.

Ba Senateri Enzi na Inhofe bashyigikiye cyane Perezida Trump mu kwivana muri ayo masezerano bafataga nk’ashobora kuba umuzigo ku banyamerika. U Rwanda rwo rwayemeje burundu, ndetse Ministiri w’Umutungo Kamere, Dr. Vincent Biruta aheruka gutangaza ko ruzayubahiriza nta kabuza.

Muri Kamena uyu mwaka, Senateri Enzi yasohoye itangazo ashima Perezida Trump, avuga ko ubuyobozi bwari bwaremeje ko Amerika ijya muri ayo masezerano butagishije inama Inteko Ishinga Amategeko kandi ari ko ariko Itegeko Nshinga ribiteganya.

Yakomeje agira ati “Amasezerano ya Paris ateganya byinshi bizaduturukaho, ahubwo akarekera ibindi bihugu nk’u Bushinwa, u Buhinde, hanze y’ikibazo mu myaka myinshi. Yari amasezerano mabi kuri Amerika.”

Senateri Enzi yanasinye ku ibaruwa yari irangajwe imbere na ba Senateri James Inhofe, bandikiye Perezida Trump bamusaba kwivana mu masezerano ya Paris.

Bavugaga ko kutivanamo byabangamira umugambi bafite wo kuvanaho burundu gahunda ubutegetsi bwa Obama bwari bwaratangije, igamije kwimakaza ikoreshwa ry’ingufu zitangiza ibidukikije (Clean Power Plan).

Aba basenateri banyuze mu bihugu byinshi

Senateri Inhofe na Enzi baje mu Rwanda baturutse muri Tanzania, igihugu bajyanyemo n’itsinda sena gukurikirana ibibazo birebana n’ibidukikije cyane cyane ibyanya bibungabunzwe, amashyamba n’urusobe rw’ibinyabuzima.

Nyuma y’ibiganiro byitabiriwe na Ambasaderi wa Amerika muri Tanzania, Dr Inmi Patterson, ba Senateri Inhofe na Enzi bashimiye Perezida Magufuli kuba yaremereye Abanyamerika ngo bashore imari muri icyo gihugu gikungahaye ku mitungo kamere.

Abo basenateri kandi kuwa Mbere bari mu Burundi, aho kuri uwo wa 9 Ukwakira bagiranye ikiganiro na Perezida Pierre Nkurunziza, cyibanze ku mbaraga zikomeje gushyirwa mu kugarura amahoro mu gihugu.

Ku cyumweru ho bari muri Jordanie muri Aziya, aho babonanye n’umwami Abdullah II bakaganira ku bufatanye bukwiye hagati y’ibihugu byombi no kurushaho kwagura ubutwererane, baganira no ku kibazo cy’impunzi zo muri Syria n’ingaruka zigira ku bukungu bw’icyo gihugu.

-8316.jpg

Senateri James ‘Jim’ Mountain Inhofe w’imyaka 82 na Senateri Michael ‘Mike’ Bradley Enzi w’imyaka 73

-8321.jpg

-8318.jpg

-8319.jpg

-8320.jpg

Photo : Village Urugwiro

2017-10-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kenya : Umunyamerika n’Umunyacanada bagiye guhambirizwa kubera amatora

Kenya : Umunyamerika n’Umunyacanada bagiye guhambirizwa kubera amatora

Ubwanditsi 06 Aug 2017
Igihugu cy’Ubwongereza gishishikajwe no gukomeza gufatanya n’u Rwanda guhangana n’icyorezo cya Coronavirus

Igihugu cy’Ubwongereza gishishikajwe no gukomeza gufatanya n’u Rwanda guhangana n’icyorezo cya Coronavirus

Ubwanditsi 10 Dec 2020
Umubare w’abamaze kwicwa mu Burundi ugomba kuba koko usaga 1000

Umubare w’abamaze kwicwa mu Burundi ugomba kuba koko usaga 1000

Ubwanditsi 05 May 2016
Byari amarira menshi kuri Zari ndetse n’ Abana be mwishyingurwa ry’ uwahoze ari Umufasha we Ivan Ssemwanga

Byari amarira menshi kuri Zari ndetse n’ Abana be mwishyingurwa ry’ uwahoze ari Umufasha we Ivan Ssemwanga

Ubwanditsi 30 May 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Impamvu Uganda yugarijwe n’ubwicanyi butagira gikurikirana
INKURU NYAMUKURU

Impamvu Uganda yugarijwe n’ubwicanyi butagira gikurikirana

Ubwanditsi 16 Sep 2018
Polisi y’u Rwanda n’Umujyi wa Kigali batangije icyiciro cya 7 cy’ubukangurambaga ku isuku n’umutekano
Mu Rwanda

Polisi y’u Rwanda n’Umujyi wa Kigali batangije icyiciro cya 7 cy’ubukangurambaga ku isuku n’umutekano

Ubwanditsi 01 Nov 2017
Umubonano wa Kayumba na Nkurunziza i Ngozi uhatse iki ?
ITOHOZA

Umubonano wa Kayumba na Nkurunziza i Ngozi uhatse iki ?

Ubwanditsi 25 Aug 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

31 Aug 2026
Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru