• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

  • Bombori bombori hagati ya Kayumba Placide na Pierre Celestin Rwalinda wamusimbuye ku buyobozi bwa FDU Inkingi   |   15 May 2026

  • APR FC na Rayon Sports zageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2026, zizahatanira miliyoni 12 z’Amafaranga y’u Rwanda   |   14 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Perezida Kagame yakiriye abasenateri babiri bakomeye ba Amerika [ AMAFOTO ]

Perezida Kagame yakiriye abasenateri babiri bakomeye ba Amerika [ AMAFOTO ]

Ubwanditsi 12 Oct 2017 Mu Rwanda

Perezida Paul Kagame yagiranye ibiganiro n’abasenateri babiri bo muri Leta Zunze ubumwe za Amerika, barimo Senateri Jim Inhofe wo mu ishyaka ry’aba-Républicains uhagarariye Leta ya Oklahoma na Senateri Mike Enzi bahuje ishyaka, we uhagarariye leta ya Wyoming.

Perezida Kagame wari kumwe na madamu, bakiriye izi ntumwa za rubanda ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu, zageze mu gihugu ziturutse muri Tanzania. Zaje mu Rwanda zimaze kugirana ibiganiro byihariye na Perezida John Pombe Magufuli.

Senateri James ‘Jim’ Mountain Inhofe w’imyaka 82 ni umuntu ukomeye muri Komisiyo ya Sena Ishinzwe ibidukikije n’ibikorwa remezo no muri komisiyo ishinzwe igisirikare. Ahagarariye Leta ya Oklahoma muri Sena guhera mu 1994.

Senateri Michael ‘Mike’ Bradley Enzi w’imyaka 73, we ni Perezida wa Komisiyo ishinzwe ingengo y’imari, akaba ahagarariye Leta ya Wyoming guhera mu 1997. Iyo Komisiyo ayihuriramo na Bernie Sanders wahatanye na Hillary Clinton ashaka guserukira ishyaka ry’aba- Démocrate mu matora ya Perezida aheruka.

Aba basenateri bombi baheruka mu Rwanda muri Gashyantare umwaka ushize, nabwo bakaba barakiriwe na Perezida Kagame. Bari mu itsinda ry’abasenateri batandatu b’aba- Républicains ryari mu ruzinduko rw’iminsi ibiri, bayobowe na Senateri Jim Inhofe ubwe.

Mu 2009 nabwo baje mu Rwanda, baganira na Minisiteri y’Ingabo ku bufatanye mu bya gisirikare, haba mu birebana n’amahugurwa, ibikoresho bya gisirikare no gushyiraho Ishuri rya Gisirikare (Rwanda Defence Academy). Icyo gihe banashimye umusanzu u Rwanda rukomeje gutanga mu butumwa bwo kugarura amahoro.

Senateri Enzi, ahuje imyumvire na Perezida Donald Trump ku ngingo zimwe na zimwe zirimo imihindagurikire y’ibihe, nk’aho yashyigikiye umwanzuro wo kwivana mu masezerano ya Paris, agena uburyo bwo gukumira izamuka ry’igipimo mpuzandengo cy’ubushyuhe bw’Isi, kikaguma hasi ya 2°C ariko intego ikaba ko iki gipimo kigera hasi ya 1.5°C muri iki kinyejana.

Ayo masezerano ateganya uburyo amahanga afatanya mu guhangana n’ingaruka ziterwa n’imihindagurikire y’ibihe, n’inkunga ya miliyari 100 z’amadolari ya Amerika yo gutera inkunga imishinga igamije kurengera ikirere, guteza imbere ikoranabuhanga ritangiza ikirere no gushyigikira urugendo rugana ku bukungu butangiza ibidukikije.

Ba Senateri Enzi na Inhofe bashyigikiye cyane Perezida Trump mu kwivana muri ayo masezerano bafataga nk’ashobora kuba umuzigo ku banyamerika. U Rwanda rwo rwayemeje burundu, ndetse Ministiri w’Umutungo Kamere, Dr. Vincent Biruta aheruka gutangaza ko ruzayubahiriza nta kabuza.

Muri Kamena uyu mwaka, Senateri Enzi yasohoye itangazo ashima Perezida Trump, avuga ko ubuyobozi bwari bwaremeje ko Amerika ijya muri ayo masezerano butagishije inama Inteko Ishinga Amategeko kandi ari ko ariko Itegeko Nshinga ribiteganya.

Yakomeje agira ati “Amasezerano ya Paris ateganya byinshi bizaduturukaho, ahubwo akarekera ibindi bihugu nk’u Bushinwa, u Buhinde, hanze y’ikibazo mu myaka myinshi. Yari amasezerano mabi kuri Amerika.”

Senateri Enzi yanasinye ku ibaruwa yari irangajwe imbere na ba Senateri James Inhofe, bandikiye Perezida Trump bamusaba kwivana mu masezerano ya Paris.

Bavugaga ko kutivanamo byabangamira umugambi bafite wo kuvanaho burundu gahunda ubutegetsi bwa Obama bwari bwaratangije, igamije kwimakaza ikoreshwa ry’ingufu zitangiza ibidukikije (Clean Power Plan).

Aba basenateri banyuze mu bihugu byinshi

Senateri Inhofe na Enzi baje mu Rwanda baturutse muri Tanzania, igihugu bajyanyemo n’itsinda sena gukurikirana ibibazo birebana n’ibidukikije cyane cyane ibyanya bibungabunzwe, amashyamba n’urusobe rw’ibinyabuzima.

Nyuma y’ibiganiro byitabiriwe na Ambasaderi wa Amerika muri Tanzania, Dr Inmi Patterson, ba Senateri Inhofe na Enzi bashimiye Perezida Magufuli kuba yaremereye Abanyamerika ngo bashore imari muri icyo gihugu gikungahaye ku mitungo kamere.

Abo basenateri kandi kuwa Mbere bari mu Burundi, aho kuri uwo wa 9 Ukwakira bagiranye ikiganiro na Perezida Pierre Nkurunziza, cyibanze ku mbaraga zikomeje gushyirwa mu kugarura amahoro mu gihugu.

Ku cyumweru ho bari muri Jordanie muri Aziya, aho babonanye n’umwami Abdullah II bakaganira ku bufatanye bukwiye hagati y’ibihugu byombi no kurushaho kwagura ubutwererane, baganira no ku kibazo cy’impunzi zo muri Syria n’ingaruka zigira ku bukungu bw’icyo gihugu.

-8316.jpg

Senateri James ‘Jim’ Mountain Inhofe w’imyaka 82 na Senateri Michael ‘Mike’ Bradley Enzi w’imyaka 73

-8321.jpg

-8318.jpg

-8319.jpg

-8320.jpg

Photo : Village Urugwiro

2017-10-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ibihugu 7 byahuriye mu Rwanda aho bigiye gutangira guhatana mu mikino y’ irushanwa ryo gushaka itike y’igikombe cy’Isi mu mukino wa Cricket

Ibihugu 7 byahuriye mu Rwanda aho bigiye gutangira guhatana mu mikino y’ irushanwa ryo gushaka itike y’igikombe cy’Isi mu mukino wa Cricket

Ubwanditsi 16 Oct 2021
Ibikorwa by’Icyumweru cya Polisi : Hatangijwe icyumweru cyo kurwanya ruswa

Ibikorwa by’Icyumweru cya Polisi : Hatangijwe icyumweru cyo kurwanya ruswa

Ubwanditsi 31 May 2017
Perezida Kagame  yasesekaye  mu mujyi wa Ndjamena wakajijwe  umutekano hirindwa imyigaragambyo

Perezida Kagame yasesekaye mu mujyi wa Ndjamena wakajijwe umutekano hirindwa imyigaragambyo

Ubwanditsi 08 Aug 2016
Gakenke: Urubyiruko rwa ADEPR rwakoze urugendo rwo gukangurira abandi kwirinda ibiyobyabwenge

Gakenke: Urubyiruko rwa ADEPR rwakoze urugendo rwo gukangurira abandi kwirinda ibiyobyabwenge

Ubwanditsi 10 Jul 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abapolisi b’u Rwanda muri Haiti bambitswe imidali
Mu Mahanga

Abapolisi b’u Rwanda muri Haiti bambitswe imidali

Ubwanditsi 18 Jun 2016
Perezida Nyusi wa Mozambique aratangira uruzinduko rw’iminsi itatu mu Rwanda
POLITIKI

Perezida Nyusi wa Mozambique aratangira uruzinduko rw’iminsi itatu mu Rwanda

Ubwanditsi 19 Jul 2018
ShaddyBoo yinjiye mu bantu 5 bagizwe ibimenyabose n’amagambo bavuze agatizwa umurindi n’imbuga nkoranyambaga kubera ijambo  ‘Odeur ya Ocean’
SHOWBIZ

ShaddyBoo yinjiye mu bantu 5 bagizwe ibimenyabose n’amagambo bavuze agatizwa umurindi n’imbuga nkoranyambaga kubera ijambo ‘Odeur ya Ocean’

Ubwanditsi 31 Aug 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru