• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Polisi y’u Rwanda yatangije ibikorwa by’ Isabukuru yayo ya 17

Polisi y’u Rwanda yatangije ibikorwa by’ Isabukuru yayo ya 17

Ubwanditsi 17 May 2017 Mu Rwanda

Polisi y’u Rwanda yatangiye ku mugaragaro mu gihugu hose, ibikorwa by’iterambere ry’abaturage n’ubukangurambaga bwo kurwanya ibyaha bizamara ukwezi mu rwego rwo kwizihiza isabukuru yayo ya 17.

Ibi bikorwa biri mu murongo w’icyumweru ngarukamwaka cyahariwe Polisi( Police Week) , byatangiriye mu karere ka Kirehe mu Ntara y’Iburasirazuba no mu karere ka Gicumbi mu Ntara y’Amajyaruguru.

Uyu mwaka , iki cyumweru gifite insanganyamatsiko igira iti:” Twizihize imyaka 17 y’ubufatanye n’abaturage twimakaza umutekano urambye.”

Mu bayobozi bitabiriye uyu muhango harimo abayobozi bakuru muri Leta n’ab’inzego z’umutekano , ibihumbi by’abaturage , aho babanzaga gukora umuganda udasanzwe mu turere twombi , aho bavuguruye banahanga kilometer 10 z’imihanda ndetse no banahererekanya amashanyarazi akomoka ku mirasire y’izuba, amasoko y’amazi meza ndetse n’ubwiherero bugezweho.

Nibura ingo 155 mu karere ka Kirehe, umurenge wa Kigarama, akagari ka Cyanya, umudugudu wa Nyamikori n’ingo 117 mu karere ka Gicumbi, umurenge wa Giti, akagari ka Gatobotobo, umudugudu wa Rugarama, zimaze guhabwa amashanyarazi akomoka ku mirasire y’izuba mu gihe biteganyijwe kuzahabwa ingo zigera ku 3000 n’ibigo nderabuzima 30 mu gihugu hose.

Hanatashywe kandi amavomo 4 y’amazi meza mu karere ka Kirehe, azajya akoreshwa n’ingo 500 zari ziyakeneye.

Ibikorwa byo mu turere twa Kirehe na Gicumbi byibanze kandi ku gukora ubukangurambaga burwanya ibiyobyabwenge, bifitanye isano n’uko utu turere twombi dufatwa nk’inzira zikoreshwa cyane n’ababicuruza babivana hakurya y’imipaka ihana imbibe natwo.

Mu karere ka Kirehe, Minisitiri w’Ubutegetsi bw’igihugu Francis Kaboneka wayoboye uyu muhango akaba n’umushyitsi mukuru, yasabye abaturage gufata naza ibikorwa remezo bahawe.

Yagize ati:” Turabasaba rero kwirinda ibintu byose byatuma ibi bikorwa remezo muhawe bitaramba. Mubifate neza kandi muzabibyaze umusaruro , mugire uruhare mu kubibungabunga.”

Minisitiri Kaboneka yakomeje asaba abatuye akarere ka Kirehe kugira uruhare mu gukumira no kurwanya ibiyobyabwenge cyane cyane urumogi rukunze kugaragara no gufatirwa muri aka gace.

Yashije asaba kandi ababyeyi n’abafite utubari kurinda abana inzoga no kujyanwa mu tubari aho yagize ati:” Murinde abana utubari, mubajyane mu ishuri kandi mubarinde ikibi cyose turerere igihugu cyacu.”

IGP Gasana we, yashimye ubufatanye n’abaturage mu kwicungira umutekano aho yavuze ko ari inkingi y’iterambere , avuga ko muri iki cyumweru hazakomeza ubukangurambaga bwo gukumira no kurwanya ibyaha bitandukanye.

Mu karere ka Gicumbi, Polisi yifatanyije n’ibihumbi by’abaturage bahuriye mu murenge wa Giti , aho bahanze umuhanda uturuka mu mudugudu wa Rugarama, akagari ka Gatobotobo, uhuza umurenge wa Giti n’uwa Rutare.

Minisitiri wa Leta muri Minisiteri y’Ibikorwa remezo, Germaine Kamayirese wayoboye uyu muhango mu Ntara y’Amajyaruguru we, yakomoje ku ruhare rw’abaturage mu guca itundwa n’icuruzwa rya kanyanga , ikomeje kugaragara muri aka karere.

Kamayirese yagize ati:” Amashanyarazi y’izuba yahawe uriya mudugudu , imihanda, amazi meza Polisi y’u Rwanda yatanze byse ni ibigamije kuzamura imibereho yanyu , kubaha umutekano n’iterambere ; ariko turacyafite imbogamizi ya kanyanga n’izindi nzoga zitemewe, tukaba tugomba gutanga amakuru ku bazicuruza kandi icyo kibazo kikabonerwa umuti.”

Yavuze ko mu mezi abiri ashize, mu karere a Gicumbi honyine hangijwe izi nzoga zifite agaciro kagera kuri mliyoni 38,8 z’amafaranga y’u Rwanda, aho yaboneyeho gusaba abaturage kwitandukanya nazo bagaharanira ikiza n’ikibateza imbere.

Mu bandi bayobozi bari bitabiriye iyi mihango yombi, harimo ba Guverineri, abayobozi b’ingabo mu Ntara n’abayobozi b’uturere byabereyemo.

Hagati aho kandi, abahanzi bibumbiye mu itsinda ryatwa ba”Ambasaderi bo kurwanya ibyaha” baremeye uwacitse ku icumu rya jenoside witwa Mukarukaka Madeleine wo mu murenge wa Kirehe, aho bamuhaye inkunga y’ibiribwa n’ibikoresho byo kubakisha.

Mu rwego rwo gukumira ibyaha, icyumweru cyahariwe Polisi 2017 kizibanda ku bukangurambaga bwo kurwanya ibiyobyabwenge, gukumira no kurwanya ruswa, ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’irikorerwa abana, impanuka zo mu muhanda , kwirinda inkongi z’imiriro, kurengera ibidukikije n’ibindi,..

-6625.jpg

IGP Emmanuel Gasana

Source : RNP

2017-05-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mu mukino w’ikirarane wa shampiyona y’u Rwanda, Marines FC yatsinze Rutsiro FC igitego kimwe ku busa.

Mu mukino w’ikirarane wa shampiyona y’u Rwanda, Marines FC yatsinze Rutsiro FC igitego kimwe ku busa.

Ubwanditsi 06 Jun 2021
Ikigo Inovos Ltd gikora impapuro z’isuku zifashishwa mu Mihango y’abari n’abategarugori (Tamu Sanitary Pads) cyahize ibindi mu Marushanwa yo gutanga Serivisi inoze

Ikigo Inovos Ltd gikora impapuro z’isuku zifashishwa mu Mihango y’abari n’abategarugori (Tamu Sanitary Pads) cyahize ibindi mu Marushanwa yo gutanga Serivisi inoze

Ubwanditsi 28 Feb 2022
Therese wari umugore wa Evangeliste KWIZERA Emmanuel yitabye Imana. Ni urupfu rwashenguye benshi

Therese wari umugore wa Evangeliste KWIZERA Emmanuel yitabye Imana. Ni urupfu rwashenguye benshi

Ubwanditsi 07 Aug 2017
Ally Bizimungu wahawe gutoza Etincelles yatsinzwe umukino we wa mbere na As Kigali , Police yatsindiye Musanze iwayo – Uko imwe mu mikino y’umunsi wa gatatu yagenze.

Ally Bizimungu wahawe gutoza Etincelles yatsinzwe umukino we wa mbere na As Kigali , Police yatsindiye Musanze iwayo – Uko imwe mu mikino y’umunsi wa gatatu yagenze.

Ubwanditsi 08 May 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka
Amakuru

FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka

Ubwanditsi 22 Dec 2025
Mushikiwabo yitabiriye Inama ya AU izashakirwamo amajwi amuganisha muri OIF
POLITIKI

Mushikiwabo yitabiriye Inama ya AU izashakirwamo amajwi amuganisha muri OIF

Ubwanditsi 28 Jun 2018
Abanyapolitike 45 muri EAC  bagiye kuva mu ‘bushomiri’
Mu Mahanga

Abanyapolitike 45 muri EAC  bagiye kuva mu ‘bushomiri’

Ubwanditsi 30 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru