Kuva tariki 16-17 Gicurasi 2026, mu bibuga bya Zaria Court, biherereye i Remera, habereye imikino y’irushanwa ryo kwibuka rizwi nka ‘GMT”, mu mukiino wa Basketball, rikinwa n’amakipe y’abakina ari 3 kuri 3.
Iri rushanwa ryo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ryateguwe n’ishyirahamwe Nyarwanda ry’umukino wa Basketball “FERWABA”, ku bufatanye na Minisiteri ya Siporo ‘MINISPORTS’ ndetse na Komite Olempike y’u Rwanda.
Ryitabiriwe n’amakipe ari mu byiciro bitandukanye; aribyo amakipe akina muri shampiyona y’icyiciro cya mbere (abagabo n’abagore) ndetse n’amakipe asanzwe ahuza amashuri ya Kaminuza (abagabo n’abagore).
Muri rusange, iri rushanwa rutabiriwe n’amakipe 23, arimo 13 asanzwe akina muri shampiyona y’icyiciro cya mbere (7 y’abagabo, 6 y ‘abagore) n’amakipe 10 y’amashuri ya Kaminuza (5 y’abagabo n’andi 5 y’abagore).
Mu cyiciro cy’abagabo, ku makipe akina muri shampiyona y’icyiciro cya mbere, igikombe cyatwawe na Patriots BBC itsinze UGB ku mu kino wa nyuma amanota 21-20. Umwanya wa 3 watwawe na APR BBC itsinze EAUR amanota 21-17.
Mu bagore igikombe cyatwawe n’ikipe y’APR W BBC itsinze REG W BBC amanota 21-20. The Hoops Rwa yegukanye umwanya wa 3 itsinze Kepler W BBC 21-16.
Mu cyiciro cy’amakipe ya Kaminuza, mu bagabo, Alu yatwaye igikombe itsinze UR Huye amanota 21-16, naho umwanya wa 3 utwarwa na Keplerian itsinze UR Nyarugenge amanota 21-10.
Mu bagore; UR Nyarugenge yatwaye igikombe itsinze UR Busogo amanota 14-11 naho umwanya wa 3 wegukanywe na Alu itsinze EACC amanota 11-10.























