• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Kayumba Nyamwasa Mu Mugambi Wimbitse Wo Kwikiza Uwo Batavuga Rumwe

Kayumba Nyamwasa Mu Mugambi Wimbitse Wo Kwikiza Uwo Batavuga Rumwe

Ubwanditsi 22 Mar 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Amakuru yizewe agera kuri Rushyashya aravuga umugambi mubisha wa Kayumba Nyamwasa ko akoresha muramu we Frank Ntwari na Mugisha Sande Charles mu gushaka abicanyi Babafasha Kwica cyangwa kugirira nabi abanyarwanda badashyigikiye ubugome n’ubujura bwe; ubu noneho abatuye muri Mozambike no mu bihugu byo muri Afrika y’amajyepfo bakaba bari ku isonga.

Ku ikubitiro, uwitwa Mugisha Sande Charles (ariko wiyise Mugisha Rashid), umujura akaba n’ umwicanyi kabuhariwe uherutse kwica Bamporiki Seif wari uhagarariye wa mutwe w’iterabwoba, RNC muri Afrika y’Epfo, maze uwitwa Emile Rutagengwa ararusimbuka, uyu we akaba yari azize kunyereza imisanzu birirwa basahura mu mpunzi. Aba baje bakurikira Ben Rutabana waburiwe irengero, ku kagambane ka Kayumba Nyamwasa. Nyuma ya Rutabana rero hari urutonde rurerure rugomba kumukurikira. Amabwiriza y’ubu bwicanyi aturuka kwa Kayumba Nyamwasa, akibasira cyane cyane abanze kujya mu mutwe we w’iterabwoba, cyangwa abitandukanyije nawo. Amakuru yizewe aremeza ko abibasiwe bakaba ari abari mu gatsiko ka Thabita Gwiza (mushiki wa Rutabana) hamwe na Jean Paul Turayishimiye wiyomoye kuri RNC ya Kayumba.

Mu gihe twateguraga iyi nkuru, twamaze kumenya ko Mugisha Rashid na Frank Ntwari (muramu wa Kayumba) bavuye mu gihugu cya South Africa, banyura Mozambike ubu bakaba bari muri Uganda hamwe na Gen Maj Kandiho ushinzwe iperereza (CMI) bikemezwa ko bari kunononsora umugambi mubisha wo kwivugana abitandukanije na Kayumba bari muri Uganda, Mozambike n’ibindi bice byo muri Africa y’amajyepfo.

Mugisha Rashid, akaba afite urutonde rw’abo agomba kwica no kwiba, kuko ibyo byombi abizobereyemo. Agapfa kaburiwe ni impongo rero. Banyarwanda mutuye mu bihugu bya Afrika y’amajyepfo, cyane cyane mwe muba muri Uganda na Mozambike, nimumenye ko ababisha ba RNC babagera amajanja. Nimwirinde uko mushoboye, mwirinde kujya aho mwahurira n’abicanyi ba Kayumba Nyamwasa aho ariho hose. Abo munuganuga mwihutire kubimenyesha ambasade y’uRwanda ihari ku nyungu zanyu. Mu bo mugomba kugendera kure, harimo Kazigaba André wabaye igikoresho cya Kayumba Nyamwasa, ubu ngo nawe akaba arimubashinzwe gutegura urutonde rw’abatari muri RNC.

Mugisha Sande Rashid yabaye mu Ngabo z’uRwanda (RDF), aza kuvanwamo n’imyitwarire igayitse kimwe n’iya shebuja Nyamwasa. Yakatiwe n’inkiko igifungo cy’imyaka 23 no kwamburwa impeta zose za gisirikari, amaze guhamwa n’ibyaha bikomeye, birimo ubwicanyi no kugambanira Igihugu. Nk’ibindi bigarasha byose yahise ahungira muri Uganda, anakomeza ibikorwa by’iterabwoba nk’uko n’abagiye bafatirwa muri ibyo bikorwa bakomeje kubimushinja.

Twababwiye kenshi ko Kayumba Nyamwasa ari umugome, umunyoni wishakira kuzuza igifu, atitaye ku banyarwanda bagwa mu mutego w’ikinyoma cye. Muribuka imvugo za Callixte Nsabimana Sankara babanye igihe kinini, umushinja gusahura imisanzu y’abo yashoboye gushuka.

Nyuma y’abo Kayumba yohereza gutikirira mu mashyamba ya Kongo asanze badahagije, yahisemo kongeraho n’abitandukanije nawe.

2021-03-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Cristiano yongeye kwandika amateka mu mikino ya Euro ubwo yafashaga Portugal kugera muri 1/8, uko amakipe azahura.

Cristiano yongeye kwandika amateka mu mikino ya Euro ubwo yafashaga Portugal kugera muri 1/8, uko amakipe azahura.

Ubwanditsi 24 Jun 2021
Abo muri”opozisiyo” basobanura bate ko bafitiye Abanyarwanda imigambi mizima, kandi nabo ubwabo basubiranamo buri munsi?

Abo muri”opozisiyo” basobanura bate ko bafitiye Abanyarwanda imigambi mizima, kandi nabo ubwabo basubiranamo buri munsi?

Ubwanditsi 07 Oct 2021
Tshisekedi ntazavuge ko atagiriwe inama.Dore Perezida wa Sudani y’Epfo, Salva Kiir, asubiye i Kinshasa kumukura ku izima.

Tshisekedi ntazavuge ko atagiriwe inama.Dore Perezida wa Sudani y’Epfo, Salva Kiir, asubiye i Kinshasa kumukura ku izima.

Ubwanditsi 24 Mar 2024
Abaturage ba Ruheru muri Nyaruguru bati: Nibyo koko Imvugo ni yo ngiro

Abaturage ba Ruheru muri Nyaruguru bati: Nibyo koko Imvugo ni yo ngiro

Ubwanditsi 06 Aug 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Bruxelles : Imyiteguro ya Rwanda Day irarimbanije [ AMAFOTO ]
ITOHOZA

Bruxelles : Imyiteguro ya Rwanda Day irarimbanije [ AMAFOTO ]

Ubwanditsi 12 Jun 2017
Burundi : Imbonerakure N’Interahamwe Nyinshi Zambaye Gisilikare Zashyizwe Ku Mipaka Y’u Burundi N’u Rwanda
INKURU ZAKUNZWE CYANE

Burundi : Imbonerakure N’Interahamwe Nyinshi Zambaye Gisilikare Zashyizwe Ku Mipaka Y’u Burundi N’u Rwanda

Ubwanditsi 16 Mar 2018
‘Ntabwo tuzakomeza kwihanganira umuco wo gutanga Serivisi mbi’ – Minisitiri Murekezi
Mu Mahanga

‘Ntabwo tuzakomeza kwihanganira umuco wo gutanga Serivisi mbi’ – Minisitiri Murekezi

Ubwanditsi 01 Feb 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru