• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Gahanga na Nyamata: PL yaserukanye ubunararibonye ifite mu Nteko isaba icyizere

Gahanga na Nyamata: PL yaserukanye ubunararibonye ifite mu Nteko isaba icyizere

Ubwanditsi 30 Aug 2018 POLITIKI

Ishyaka riharanira ukwishyira ukizana kwa buri wese (PL), ryasabye abaturage bo mu Murenge wa Gahanga muri Kicukiro n’aba Nyamata mu Bugesera, kongera kurigirira icyizere mu matora y’Abadepite ateganyijwe mu minsi mike iri imbere.

PL ikomeje ibikorwa byo kwiyamamariza kujya mu Nteko Ishinga Amategeko, Umutwe w’Abadepite, mu matora azaba kuwa 2 no kuwa 3 Nzeri 2018.

Iri shyaka rimaze imyaka 27, ntabwo ari rishya mu Nteko kuko mu matora ya 2003, ryatsindiye intebe esheshatu; mu 2008 ribona enye naho mu ya 2013 ritsindira eshanu. Mu matora ya Perezida wa Repubulika mu 2010, ryanatanze umukandida.

Ubu bunararibonye nibwo Perezida wa PL, Mukabalisa Donatille, yahereyeho abwira ab’I Gahanga na Nyamata, ko amajwi babasaba batazayapfusha ubusa kuko kuyabyaza umusaruro mu Nteko atari ibyo biga.

Akurikije igihe PL imaze itanga umusanzu wayo mu kubaka igihugu, yagaragaje imwe mu mishinga ikomeye yagezweho iri shyaka riyigizemo uruhare.

Mukabalisa yavuze ko muri manda iherutse y’abadepite, abarwanashyaka ba PL nk’abandi banyarwanda hafi ya bose, bari mu basabye ko Itegeko Nshinga rihinduka, banasaba Perezida wa Repubulika ko yakwemera kongera kwiyamamaza.

Ati “Twanakiriye ubusabe bw’abanyarwanda hafi ya bose bwo guhindura ingingo ya 101 y’Itegeko Nshinga yazitiraga Perezida wa Repubulika kongera kwiyamamaza, turabibakorera na we murabimusaba arabakundira, kandi muzi ko ishyaka PL twamutanzeho umukandida”.

Yakomeje avuga ko ari ingenzi gukomeza gusigasira ibyagezweho, mu rwego rwo kugera ku ntego PL yiyemeje.

Mukabalisa yavuze ko PL izakomeza gushyira imbaraga mu nshingano zireba Inteko, yaba mu gushyiraho amategeko, kugenzura ibikorwa bya Guverinoma kandi byose bikazakorwa habanza gutega amatwi ibitekerezo by’abaturage.

Umwe mu baturage bitabiriye igikorwa cya PL cyo kwiyamamaza, Nyirahabineza Adelphine wo mu Murenge wa Mareba, yavuze ko azatora iri shyaka kuko aryitezeho byinshi.

Ati “PL tuzayitora itugeze ku iterambere, turwanye bwaki tuzamure imibereho yacu. Nk’abakobwa twari twarahejejwe inyuma, kandi nizeye ko nitsinda nzakomeza kuzamura ubucuruzi bwanjye.”

Mu matora y’Abadepite PL ifite abakandida 80.

Banyuzagamo bagacinya akadiho ari nako basobanurirwa icyo PL izabagezaho nibabatora

2018-08-30
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Menya neza uwiyita Intumwa “Isidore Mbayahaga” wimuriye ubwonko mu gifu!

Menya neza uwiyita Intumwa “Isidore Mbayahaga” wimuriye ubwonko mu gifu!

Ubwanditsi 03 Jul 2025
Sudani: Perezida Bashir yirukanye abagize Guverinoma bose

Sudani: Perezida Bashir yirukanye abagize Guverinoma bose

Ubwanditsi 10 Sep 2018
Abakandida Frank Habineza na Philippe Mpayimana  bakiriwe n’abaturage mbarwa aho bagiye kwiyamamariza

Abakandida Frank Habineza na Philippe Mpayimana bakiriwe n’abaturage mbarwa aho bagiye kwiyamamariza

Ubwanditsi 14 Jul 2017
Igisambo Mbayahaga cyahawe akazi ko gucamo amacakubiri abanyamulenge

Igisambo Mbayahaga cyahawe akazi ko gucamo amacakubiri abanyamulenge

Ubwanditsi 15 Jul 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA
KWAMAMAZA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Ubwanditsi 28 Aug 2024
Uganda ikomeje kuvunira Ibiti mu matwi ibyo gucyura mu Rwanda umurambo wa Mageza wiciwe muri icyo gihugu
Amakuru

Uganda ikomeje kuvunira Ibiti mu matwi ibyo gucyura mu Rwanda umurambo wa Mageza wiciwe muri icyo gihugu

Ubwanditsi 03 Sep 2020
Inama yahuje abanyamuryango ba FERWAFA bemeje uko amakipe azahura ubwo shampiyona y’u Rwanda 2020-2021 izaba isubukuwe muri Gicurasi 2021, ndetse hamejwe uko amakipe azakina
Amakuru

Inama yahuje abanyamuryango ba FERWAFA bemeje uko amakipe azahura ubwo shampiyona y’u Rwanda 2020-2021 izaba isubukuwe muri Gicurasi 2021, ndetse hamejwe uko amakipe azakina

Ubwanditsi 06 Apr 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru