• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Isengesho ryavuzwe na Nyampinga wo muri Kenya mbere y’uko apfa, ryashenguye benshi

Isengesho ryavuzwe na Nyampinga wo muri Kenya mbere y’uko apfa, ryashenguye benshi

Ubwanditsi 03 Feb 2017 Mu Rwanda

Mercy Mokeira wabaye Miss World Kenya muri Nyamira ahahoze ari Intara ya Nyanza muri Kenya yitabye Imana mu mpera z’icyumweru, kuri ubu inkuru iri kugarukwaho cyane mu bitangazamakuru n’isengesho uyu mukobwa yavuze ko ubwo yagiranaga isezerano n’Imana ngo imukize.

Uyu mukobwa yari amaze iminsi icumi mu bitaro.Yamenyekanye cyane muri Kenya mu mwaka ushize ubwo yifotoje ari kumwe n’abakobwa b’uburanga muri Gereza ya Lang’ata nyuma amafoto agakwirakwizwa ku mbuga nkoranyambaga.

Uwo mukobwa wahize abandi muri Kenya mu buranga mu irushanwa Nyamoinga w’icyo gihugu mu mwaka wa 2016, yitabye Imana ku myaka 23 y’ubukure, aguye mu bitaro byo mu Majyaruguru ya Kinangop (North Kinangop Hospital) aho yavurirwaga gusa indwara yari arwaye na nubu ntiramenyekana.

Ubwo yari aryamye mu bitaro, Miss Mokeira wari mu banyeshuri biteguraga guhabwa impamyabumenyi muri Kamena 2017 muri Kenyatta University (Bachelor of Laws Degree), yateye isengesho ry’amagambo macye asaba Imana ngo imukize. Yanditse agira ati: “Mana ndakwinginze ngo unkize.”

-5610.jpg

Abantu benshi bakoranye ndetse n’abari bamuzi, ubu butumwa bwabashenguye imitima nk’uko bigaragara mu magambo yavuzwe na se, abayobozi n’abandi bantu b’ingeri zitandukanye. Josphat Momanyi Se wa nyakwigendera Miss Mery Mokeira, yatangarije KenyaMoja muri aya magambo:

Yagize ati “Mu gitondo cyo ku wa 6, nari ntarakira igisubizo. Murumuna we yambwiye ko Mercy yabyutse ameze neza ariko yari ari gutaka ubushyuhe bwinshi mu mubiri. Ahagana mu ma saa kumi z’umugoroba, murumuna we yarampamagaye ambwira ko Mokeira atagishoboye no kuvuga maze saa tanu n’igice (11:30) z’amanywa umwuka wari umaze kumushiramo. Nahamagaye Dogiteri wo kuri ibyo bitaro bya North Kinangop ni we wemeje iyo nkuru y’incamugongo.

Se w’uwo mukobwa, Josphat Momanyi akomeza agira ati, “Yatakaga avuga ko ababara mu mitsi ariko ibipimo ntibyashoboraga kugaragaza indwara arwaye. Twamukoreye irindi suzuma gusa yitabye Imana tutarabona igisubizo.”

Inshuti n’abavandimwe ndetse na bamwe bakoranaga mu kazi ka buri munsi bavuze ko Kenya ihombye umukobwa w’umuhanga w’umunyembaraga wagaragaza kwitangira abandi.

Umwe mu bayobozi ba Nyamira County, Jones Omwenga, yagize ati “Iki ni igihombo gikomeye mu gace k’iwacu. Ntitwabona uko tugaragaza agahinda dufite mu magambo.’’ Nyampinga, Mokeira yateganyaga gusoza icyiciro cya 2 cya kaminuza mu mategeko muri Kamena uyu mwaka.

-5609.jpg

Muri Kamena 2016 Mercy Mokeira yamamaye cyane muri Kenya ubwo yifotoje ari umwe n’abagore b’uburanga bambitse ikamba ry’ubwiza muri Gereza ya Langata. Icyo gihe amafoto yasabagiye hose kubera uburyo itangazamakuru ryagereranyaga uyu mukobwa na Nyampinga watowe muri iyi gereza, byari nk’igitangaza kuri bamwe kubona Nyampinga arushwa ubwiza n’umugororwa.

Mu mwaka ushize Mokeira yanagizwe umunyamideli w’umwaka mu bagore [Female Model of the Year] mu bihembo bya Pwani Awards.

2017-02-03
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ikipe ya APR FC yatangaje ko umukinnyi wayo Niyonzima Olivier uzwi nka Sefu atirukanywe.

Ikipe ya APR FC yatangaje ko umukinnyi wayo Niyonzima Olivier uzwi nka Sefu atirukanywe.

Ubwanditsi 13 Jun 2021
Uwigeze gutoza ikipe ya Arsenal yo mu Bwongereza, Arsène Wenger yiyongereye ku byamamare biri mu Rwanda.

Uwigeze gutoza ikipe ya Arsenal yo mu Bwongereza, Arsène Wenger yiyongereye ku byamamare biri mu Rwanda.

Ubwanditsi 16 May 2021
Asinah yatangaje umukunzi mushya yasimbuje Riderman wamubenze

Asinah yatangaje umukunzi mushya yasimbuje Riderman wamubenze

Ubwanditsi 23 Aug 2017
Abantu 54 bamaze gukira Coronavirus mu Rwanda, abanduye biyongereyeho 2 baba 136

Abantu 54 bamaze gukira Coronavirus mu Rwanda, abanduye biyongereyeho 2 baba 136

Ubwanditsi 16 Apr 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda : Umunyarwanda ufungiweyo  adafite amafaranga abyishyura gukubitwa
HIRYA NO HINO

Uganda : Umunyarwanda ufungiweyo  adafite amafaranga abyishyura gukubitwa

Ubwanditsi 19 Aug 2019
‘Imana y’ I Rwanda mu Buhinde’-Prof. MALONGA Pacifique
Amakuru

‘Imana y’ I Rwanda mu Buhinde’-Prof. MALONGA Pacifique

Ubwanditsi 26 Oct 2016
Ituri: Haravugwa umutwe mushya w’inyeshyamba urimo kwisuganya urimo Abagande n’Abanyarwanda
INKURU NYAMUKURU

Ituri: Haravugwa umutwe mushya w’inyeshyamba urimo kwisuganya urimo Abagande n’Abanyarwanda

Ubwanditsi 17 Oct 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru