• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Abagore ba FPR Inkotanyi baravuga imyato Perezida Kagame wabahaye ijambo

Abagore ba FPR Inkotanyi baravuga imyato Perezida Kagame wabahaye ijambo

Ubwanditsi 02 Dec 2017 INKURU NYAMUKURU

Abagize urugaga rw’abagore bashamikiye ku muryango FPR Inkotanyi bashimiye byimazeyo Perezida Kagame wahaye ijambo umugore ndetse n’umuryango wa FPR Inkotanyi utarigeze na rimwe usubiza inyuma ibitekerezo by’umugore kuva mu rugamba rwo kubohora igihugu kugeza uyu munsi wa none aho abagore baza imbere mu kubaka igihugu abanyarwanda bifuza.

Ibi ni ibyagarutsweho na Perezidante w’urugaga rw’abagore bashamikiye ku muryango FPR Inkotanyi, Madamu Mukantabana Maria, ubwo yafunguraga Inama nkuru y’urugaga rw’abagore bashamikiye ku muryango FPR Inkotanyi yabaye kuri uyu wa Gatandatu tariki 02 Ukuboza 2017, I Rusororo ku kicaro gikuru cy’ Umuryango RPF Inkotanyi.

Iyi nama yahuje abayobozi b’Urugaga rw’abagore kuva ku rwego rw’Igihugu kugeza ku rwego rw’Umurenge, abahagarariye abagore muri Komite Nyobozi z’Umuryango kuva ku rwego rw’Igihugu kugera ku Karere, abahagarariye Inama y’Igihugu y’abagore, abakora mu miryango itari iya Leta, ba rwiyemezamirimo b’abagore n’abagore bakora mu nzego zitandukanye b’abanyamuryango.

Perezidante Mukantabana yavuze ko inama iheruka kubahuza yari yabaye muri Mata uyu mwaka aho umwe mu mihigo bari barahize yari ukuzategura amatora no kuzagiramo uruhare kugirango agende neza kandi bakaba barahiguye uwo muhigo aho umukandida wa FPR Inkotanyi yanabashije gutsinda aya matora.

Agaruka ku nkomoko y’uru rugaga rw’abagore Madamu Mukantabana yavuze ko hashyizweho uru rugagaga nk’urubuga abagore bari mu muryango FPR Inkotanyi bahuriraho bagatanga ibitekerezo byubaka umuryango ndetse n’igihugu muri rusange. Avuga kandi ko mu nshingano z’uru rugaga harimo gufasha abanyamuryango n’abanyarwandakazi bose kwigirira icyizere.

Mu zindi nshingano z’uru rugaga rw’abagore bashamikiye ku muryango FPR yavuze ko harimo guharanira uburinganire aho abagore bahuriza hamwe imbaraga mu rwego rwo gusesengura ibibazo bibangamira iterambere ryabo abayobozi bakabikirera ubuvugizi kugira ngo bibonerwe umuti.

Madamu Mukantabana yavuze kandi ko abagore bishimira imyaka 30 umuryango uvutse, bakishimira ko abagize urugagaga rw’abagore bagaragaje ubushake n’ubwitange mu bikorwa byose byo kubohora igihugu ndetse kuri ubu bakaba banakomeje gufata iya mbere mu kubaka igihugu.

Muri uku kwezi abanyamuryango ba FPR Inkotanyi bizihizamo imyaka 30 y’isabukuru Madamu Mukantabana yavuze ko hari ibikorwa abagore bagizemo uruhare ati “Ibikorwa abagore bagizemo uruhare ni byinshi haba mu rugamba rwo kubohora igihugu ndetse no kugeza uyu munsi aho mu bikorwa twishimira uyu munsi by’iterambere harimo, gusiza ibibanza ahazubakwa amarerero, kuremera bagenzi babo batishoboye, banatanze ibiganiro babiha abana b’abakobwa ndetse banaganirije abandi bagore ku ruhare rw’umugore mu rugamba rwo kubohora igihugu”

Muri iyi nama kandi herekanwe amashusho agaragaza urugendo rw’umugore kuva mu rugamba rwo kubohora igihugu ndetse n’aho umugore ageze ubu aho hagaragajwe iterambere n’agaciro yahawe aho kugeza ubu abagore mu nteko Ishinga Amategeko bageze kuri 64% byose bakesha ubuyobozi bwiza buyobowe na Perezida Paul Kagame

Iyi nama nkuru kandi yitabiriwe n’abahagarariye abagore bo mu mitwe ya politiki ikorera mu Rwanda, n’abahagarariye abagore mu mitwe ya politiki y’inshuti z’Umuryango mu bihugu bitandukanye birimo: MPLA riri ku butegetsi muri Angola, EPRDF riri ku butegetsi muri Ethiopia, SWAPO ryo muri Namibie, CCM muri Tanzania, ndetse na SPLM riri ku butegetsi mu gihugu cya Sudan y’Epfo. Madamu wa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Jeannette Kagame nawe yitabiriye iyi nama 

2017-12-02
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kuki u Burundi bukomeje kwiheza mu ruhando rw’amahanga?

Kuki u Burundi bukomeje kwiheza mu ruhando rw’amahanga?

Ubwanditsi 08 Oct 2020
Perezida Kagame yatowe nk’Umunyafurika w’umwaka wa 2017

Perezida Kagame yatowe nk’Umunyafurika w’umwaka wa 2017

Ubwanditsi 07 Jan 2018
Twagiramungu kwihandagaza akabeshya, agatanga amakuru y’ibyabereye muri Nyungwe ari mu Bubiligi nyamara abaturiye iryo shyamba n’abarigendamo ntabyo babonye.

Twagiramungu kwihandagaza akabeshya, agatanga amakuru y’ibyabereye muri Nyungwe ari mu Bubiligi nyamara abaturiye iryo shyamba n’abarigendamo ntabyo babonye.

Ubwanditsi 09 May 2019
RDF yasabye iperereza ku mirwano yayishyamiranyije n’ingabo za RDC

RDF yasabye iperereza ku mirwano yayishyamiranyije n’ingabo za RDC

Ubwanditsi 16 Feb 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Gasabo: Paul Kagame yatorewe kuzahagararira FPR mu matora yegereje
Mu Rwanda

Gasabo: Paul Kagame yatorewe kuzahagararira FPR mu matora yegereje

Ubwanditsi 04 Jun 2017
Gatsibo  : Umuyobozi w’Intara y’I Burasirazuba n’uwa Polisi y’u Rwanda batashye ku mugaragaro sitasiyo za Polisi 10
Mu Mahanga

Gatsibo : Umuyobozi w’Intara y’I Burasirazuba n’uwa Polisi y’u Rwanda batashye ku mugaragaro sitasiyo za Polisi 10

Ubwanditsi 03 Feb 2017
ABAYOBOZI B’IGISIRIKARE CYA AMERIKA BACYEJE URUHARE RW’INGABO Z’U RWANDA MURI SUDANI Y’EPFO.
Mu Rwanda

ABAYOBOZI B’IGISIRIKARE CYA AMERIKA BACYEJE URUHARE RW’INGABO Z’U RWANDA MURI SUDANI Y’EPFO.

Ubwanditsi 12 Feb 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru