• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Nyuma y’aho Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’Ububiligi, Sophie Wilmès, atangarije ko yakiriye umuryango w’umugizi wa nabi Paul Rusesabagina, abantu bakomeje kumubaza igihe azakirira abo Rusesabagina yagize imfubyi.

Nyuma y’aho Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’Ububiligi, Sophie Wilmès, atangarije ko yakiriye umuryango w’umugizi wa nabi Paul Rusesabagina, abantu bakomeje kumubaza igihe azakirira abo Rusesabagina yagize imfubyi.

Ubwanditsi 15 Jun 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Inkuru zirimo gukwirakwizwa n’ibigarasha, abajenosideri n’ababashyigikiye, ni uko Sophie WILMES, Ministri w’Ububanyi n’amahanga w’Ububiligi, kuri uyu wa mbere yakiririye umugore wa Paul Rusesabagina n’umukobwa we, abizeza ko ngo azakomeza kubakorera ubuvugizi.

Iyi nkuru ikigera ku mbuga nkoranyambaga, abantu banyuranye barimo Abanyarwanda n’abanyamahanga, babajije Uyu mugore Wilmè niba ateganya no kwakira abo Rusesabagina yagize imfubyi, abo yamugaje, nabo yasahuye abinyujije mu mutwe we w’iterabwoba wa FLN. Bamubajije niba iyo ministeri ategeka ishobora kwakira umuryango wa Bin Laden, Abedsalam, n’abandi bayobozi b’imitwe y’iterabwoba iyogoza isi hirya no hino, cyangwa niba iterabwoba rikorewe Abanyafrika, by’umwihariko Abanyarwanda, atariha agaciro.
Abasesenguzi benshi bakomeje kwibaza byinshi ku myitwarire y’abategetsi bo mu Bubiligi, bakomeje kugaragaza kuvogera bikabije ubusugire bw’ubutabera bw’uRwanda n’ubw’uRwanda muri rusange.

Inteko ishinga amategeko muri icyo gihugu iherutse “gutegeka” uRwanda guhita ifungura Paul Rusesabagina, yirengagije uburemere bw’ibyaha akurikiranyweho. Ababonye ibyanditswe n’abo badepite basanga iyo myumvire ari iya gikoloni n’irondakoko, aho bamwe mu bategetsi b’Ububiligi bakibwira ko bafite ububasha bwo gutegeka uRwanda icyo rukora, nk’uko byari bimeze Ububiligi bukirukolonije.

Mu mafuti bamwe mu Babiligi barimo gukora mu kibazo cya Rusesabagina, harimo no kwivuguruza cyane. Ni gute basaba ko Rusesabagina arekurwa agasubira “iwabo” mu Bubiligi, kandi bimwe mu bimenyetso urukiko rushingiraho rumuburanisha byaratanzwe n’inzego zo mu Bubiligi, zimaze gusaka urugo rwa Rusesabagina

Ese aho kohereza ibyo bimenyetso mu Rwanda, kuki batabigumanye akaburanishirizwa “iwabo” mu Bubiligi?
Abazi neza amateka y’uRwanda n’Ububiligi, basanga amatiku ya benshi mu banyapolitiki b’Ababiligi atari aya none. Ntawe utibuka ikitwa” IDC”(International Democrate Chrétien), ishyaka ryakunze guhembera ingengabitekerezo ya jenoside n’umwiryane mu Banyarwanda, dore ko IDC ari umufatanyabikorwa ukomeye wa Parmehutu, Interahamwe n’Impuzamugambi. Abagize IDC ni nabo bakomeje gukingira ikibaba abajenosideri batsembye Abatutsi, none nyuma y’imyaka isaga 27 ababarirwa mu magana baridegembya mu Bubiligi nta kwikanga ubutabera.

Muri Mata 1994 hari abasirikari b’Ababiligi 10 biciwe mu Rwanda, ariko aho guharanira ko nibura abishe bene wabo bahanwa, abenshi mu banyapolitiki b’Ababiligi barajwe ishinga no gushyigikira abajenosideri, abahakana bakanapfobya Jenosideri yakorewe Abatutsi, cyane cyane abibumbiye mu cyitwa “Jambo asbl”.

Abanyarwanda basobanuye kenshi ko igihe cyo gutinya igitutu cy’abanyamahanga cyarangiye, ariko ababwirwa bigize ingumba z’amatwi.

Gukomeza “gusakuza”, nk’uko Rusesabagina abatelefona abibasaba, ntibizabuza umunyabyaha nka Rusesabagina guhanwa, kabone n’iyo bitashimisha Ababiligi n’abandi batekereza nkabo.

2021-06-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Urunturuntu mu ishyaka rya Depite Frank Habineza uri mu nzira zo kwivuguruza kumagambo asabira ibiganiro imitwe y’iterabwoba

Urunturuntu mu ishyaka rya Depite Frank Habineza uri mu nzira zo kwivuguruza kumagambo asabira ibiganiro imitwe y’iterabwoba

Ubwanditsi 07 Sep 2022
Leta Zunze Ubumwe z’Amerika zanyomoje umuryango wa Paul Rusesabagina, uvuga ko afashwe nabi muri gereza ya Mageragere.

Leta Zunze Ubumwe z’Amerika zanyomoje umuryango wa Paul Rusesabagina, uvuga ko afashwe nabi muri gereza ya Mageragere.

Ubwanditsi 10 Jun 2021
REG VC yerekeje muri Tunisia gukina imikino ya Champions League ihuza amakipe amakipe yabaye aya mbere mu bihugu byayo

REG VC yerekeje muri Tunisia gukina imikino ya Champions League ihuza amakipe amakipe yabaye aya mbere mu bihugu byayo

Ubwanditsi 09 May 2023
Inama nyunguranabitekerezo yahuje ubuyobozi bwa FERWAFA n’abanyamuryango bo mu kiciro ya Kabiri yanzuye ko imikino ya 2020-2021 izakinwa hagati muri Nzeri

Inama nyunguranabitekerezo yahuje ubuyobozi bwa FERWAFA n’abanyamuryango bo mu kiciro ya Kabiri yanzuye ko imikino ya 2020-2021 izakinwa hagati muri Nzeri

Ubwanditsi 20 Aug 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umuyobozi Muri RSSB Arahamya Ko Yibwe N’abana B’abakobwa Nyuma Yo Gushaka Kubafasha
INKURU ZAKUNZWE CYANE

Umuyobozi Muri RSSB Arahamya Ko Yibwe N’abana B’abakobwa Nyuma Yo Gushaka Kubafasha

Ubwanditsi 10 Apr 2018
Uganda: Mwesigye aragaragaza ukuntu Museveni ari kugana aha Kaddafi
INKURU NYAMUKURU

Uganda: Mwesigye aragaragaza ukuntu Museveni ari kugana aha Kaddafi

Ubwanditsi 08 Jan 2018
Ngoga Shema Fabrice yemejwe nk’umukandida rukumbi wemerewe kwiyamamariza umwanya w’Umuyobozi wa FERWAFA
Amakuru

Ngoga Shema Fabrice yemejwe nk’umukandida rukumbi wemerewe kwiyamamariza umwanya w’Umuyobozi wa FERWAFA

Ubwanditsi 12 Aug 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru