• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Nyuma y’aho Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’Ububiligi, Sophie Wilmès, atangarije ko yakiriye umuryango w’umugizi wa nabi Paul Rusesabagina, abantu bakomeje kumubaza igihe azakirira abo Rusesabagina yagize imfubyi.

Nyuma y’aho Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’Ububiligi, Sophie Wilmès, atangarije ko yakiriye umuryango w’umugizi wa nabi Paul Rusesabagina, abantu bakomeje kumubaza igihe azakirira abo Rusesabagina yagize imfubyi.

Ubwanditsi 15 Jun 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Inkuru zirimo gukwirakwizwa n’ibigarasha, abajenosideri n’ababashyigikiye, ni uko Sophie WILMES, Ministri w’Ububanyi n’amahanga w’Ububiligi, kuri uyu wa mbere yakiririye umugore wa Paul Rusesabagina n’umukobwa we, abizeza ko ngo azakomeza kubakorera ubuvugizi.

Iyi nkuru ikigera ku mbuga nkoranyambaga, abantu banyuranye barimo Abanyarwanda n’abanyamahanga, babajije Uyu mugore Wilmè niba ateganya no kwakira abo Rusesabagina yagize imfubyi, abo yamugaje, nabo yasahuye abinyujije mu mutwe we w’iterabwoba wa FLN. Bamubajije niba iyo ministeri ategeka ishobora kwakira umuryango wa Bin Laden, Abedsalam, n’abandi bayobozi b’imitwe y’iterabwoba iyogoza isi hirya no hino, cyangwa niba iterabwoba rikorewe Abanyafrika, by’umwihariko Abanyarwanda, atariha agaciro.
Abasesenguzi benshi bakomeje kwibaza byinshi ku myitwarire y’abategetsi bo mu Bubiligi, bakomeje kugaragaza kuvogera bikabije ubusugire bw’ubutabera bw’uRwanda n’ubw’uRwanda muri rusange.

Inteko ishinga amategeko muri icyo gihugu iherutse “gutegeka” uRwanda guhita ifungura Paul Rusesabagina, yirengagije uburemere bw’ibyaha akurikiranyweho. Ababonye ibyanditswe n’abo badepite basanga iyo myumvire ari iya gikoloni n’irondakoko, aho bamwe mu bategetsi b’Ububiligi bakibwira ko bafite ububasha bwo gutegeka uRwanda icyo rukora, nk’uko byari bimeze Ububiligi bukirukolonije.

Mu mafuti bamwe mu Babiligi barimo gukora mu kibazo cya Rusesabagina, harimo no kwivuguruza cyane. Ni gute basaba ko Rusesabagina arekurwa agasubira “iwabo” mu Bubiligi, kandi bimwe mu bimenyetso urukiko rushingiraho rumuburanisha byaratanzwe n’inzego zo mu Bubiligi, zimaze gusaka urugo rwa Rusesabagina

Ese aho kohereza ibyo bimenyetso mu Rwanda, kuki batabigumanye akaburanishirizwa “iwabo” mu Bubiligi?
Abazi neza amateka y’uRwanda n’Ububiligi, basanga amatiku ya benshi mu banyapolitiki b’Ababiligi atari aya none. Ntawe utibuka ikitwa” IDC”(International Democrate Chrétien), ishyaka ryakunze guhembera ingengabitekerezo ya jenoside n’umwiryane mu Banyarwanda, dore ko IDC ari umufatanyabikorwa ukomeye wa Parmehutu, Interahamwe n’Impuzamugambi. Abagize IDC ni nabo bakomeje gukingira ikibaba abajenosideri batsembye Abatutsi, none nyuma y’imyaka isaga 27 ababarirwa mu magana baridegembya mu Bubiligi nta kwikanga ubutabera.

Muri Mata 1994 hari abasirikari b’Ababiligi 10 biciwe mu Rwanda, ariko aho guharanira ko nibura abishe bene wabo bahanwa, abenshi mu banyapolitiki b’Ababiligi barajwe ishinga no gushyigikira abajenosideri, abahakana bakanapfobya Jenosideri yakorewe Abatutsi, cyane cyane abibumbiye mu cyitwa “Jambo asbl”.

Abanyarwanda basobanuye kenshi ko igihe cyo gutinya igitutu cy’abanyamahanga cyarangiye, ariko ababwirwa bigize ingumba z’amatwi.

Gukomeza “gusakuza”, nk’uko Rusesabagina abatelefona abibasaba, ntibizabuza umunyabyaha nka Rusesabagina guhanwa, kabone n’iyo bitashimisha Ababiligi n’abandi batekereza nkabo.

2021-06-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amafoto – Jimmy Gatete yahuriye i Kinshasa n’abakinnyi ndetse n’abayobozi ba AS Kigali abona n’umwanya wo kuganira nabo bitegura guhura n’ikipe ya DCMP

Amafoto – Jimmy Gatete yahuriye i Kinshasa n’abakinnyi ndetse n’abayobozi ba AS Kigali abona n’umwanya wo kuganira nabo bitegura guhura n’ikipe ya DCMP

Ubwanditsi 21 Oct 2021
FDLR yiyemereye ku mugaragaro ko yapfushije  Petero Nkurunziza nk’ umuterankunga wayo ukomeye

FDLR yiyemereye ku mugaragaro ko yapfushije  Petero Nkurunziza nk’ umuterankunga wayo ukomeye

Ubwanditsi 11 Jun 2020
Police FC itsinze Rayon Sports 4-2, Marines irwana no kuva mu myanya mibi yihererana Musanze FC – Uko imikino y’umunsi wa 25 yagenze

Police FC itsinze Rayon Sports 4-2, Marines irwana no kuva mu myanya mibi yihererana Musanze FC – Uko imikino y’umunsi wa 25 yagenze

Ubwanditsi 01 Apr 2023
Ni iki cyihishe inyuma y’igitero cya  FDLR  mu karere ka  Rubavu

Ni iki cyihishe inyuma y’igitero cya FDLR mu karere ka Rubavu

Ubwanditsi 20 Apr 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ubucamanza bwo mu Bufaransa bwatonetse inkovu z’abarokotse Jenoside yakorewe abatutsi.
Amakuru

Ubucamanza bwo mu Bufaransa bwatonetse inkovu z’abarokotse Jenoside yakorewe abatutsi.

Ubwanditsi 16 Sep 2022
Ikinyoma cya The New Vision  “Nyamwasa: Impamvu nashwanye na Kagame.’’
INKURU NYAMUKURU

Ikinyoma cya The New Vision  “Nyamwasa: Impamvu nashwanye na Kagame.’’

Ubwanditsi 06 May 2019
Amashanyarazi y’imirasire y’izuba yagejejwe mu mudugudu wa Buhara ho mu Bugesera
UBUKUNGU

Amashanyarazi y’imirasire y’izuba yagejejwe mu mudugudu wa Buhara ho mu Bugesera

Ubwanditsi 25 May 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru