• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Perezida Kagame yabwiye urubyiruko rurangije Itorero Indangamirwa ko rukwiye kwiga Ikinyarwanda kandi rukagikoresha neza

Perezida Kagame yabwiye urubyiruko rurangije Itorero Indangamirwa ko rukwiye kwiga Ikinyarwanda kandi rukagikoresha neza

Ubwanditsi 08 Aug 2019 INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yabwiye urubyiruko rurangije Itorero Indangamirwa ko rukwiye kwiga Ikinyarwanda kandi rukagikoresha neza, kuko ari ururimi rubumbatiye umuco Nyarwanda.

Iri torero ryatangiye ku wa 24 Kamena mu Kigo cy’Imyitozo ya Gisirikare cya Gabiro mu Karere ka Gatsibo, ryitabirwa n’urubyiruko rw’Abanyarwanda baba mu mahanga n’ababa imbere mu gihugu biganjemo abanyeshuri babaye indashyikirwa.

Abitabiriye ni Abanyarwanda bafite imyaka iri hagati ya 18 na 35 kandi bafite ubuzima buzira umuze.

Umukuru w’Igihugu yavuze ko kumenya ururimi rwawe ari intambwe imwe mu muco iba ikwiye gusigasirwa na buri wese kandi agaterwa ishema narwo.

Aha niho yahereye ahwitura urubyiruko kimwe n’abandi bose bakoresha Ikinyarwanda nabi kuko mu gihe badahindutse kizahinduka urundi rurimi.

Ati “Kenshi nkunze kubivuga, njya numva Ikinyarwanda tuvuga twese, nitutareba neza tuzagihindura kibe urundi rurimi rutari Ikinyarwanda.”

Yasabye ko mu bumenyi urubyiruko ruba rwahawe mu itorero, hakwiye no kongerwamo no kumenya neza Ikinyarwanda. Ati “Bamporiki hari abasaza wavuze, abantu bakuru baje gutanga amasomo, bigisha aba bana, ntabwo ari ukwigisha amateka gusa bajye bigisha n’Ikinyarwanda.”

Yatanze ingero z’amagambo amwe n’amwe akoreshwa nabi, mu mivugire cyane y’urubyiruko. Ati “Iyo umuntu avuga ngo yampaye, yampaye mu Kinyarwanda yampaye inka, yampaye iki, mwabihinduye ngo ni uguhereza, guhereza ni ibyo mu kiliziya, guhereza ni ugufata ikintu ukagihereza … ariko guha, yampaye, namuhaye, mwabihinduye guhereza byose.”

Urundi rugero yatanze ni ku bantu usanga bavuga nabi nk’ijambo ‘umuntu’ bakarivuga nabi rikaba ‘umunu’.

Ati “Icya kabiri mu Kinyarwanda, mu ndimi za Afurika tuzi birashoboka kuba ari Ikinyarwanda cyonyine uvuga ntu’ , ‘umuntu’, ntabwo ari ‘umunu’, bavuga ‘umuntu’, ntabwo ari ‘umunu’. Abanyarwanda bafite umwihariko wo kuvuga ‘ntu’, ntabwo ari ‘umunu’.”

Yakomeje agira ati “Hakaba gushya, ikintu gishya, shya. Ikintu gishya, ntabwo ari ikintu gisha. Iyo ushaka kuvuga ikinyuranyo cya Oya, ni Yego. Ntabwo ari ‘Ego’. Oya, Yego, ugakomeza. Mujye mwumva ko ari inshingano yanyu gukosora ibyo, mukavuga uko ibintu bikwiye kuvugwa.”

Yasabye abashinzwe umuco gufata iya mbere bagasigasira ururimi rw’Ikinyarwanda birinda ko gikomeza gukoreshwa nabi mu buryo busa n’ubugezweho.

Ati “Ndabirekera abantu b’itorero n’abandi bashinzwe umuco, urabyumva no ku maradiyo. Ikibi cyabyo ni uko babihinduye ikintu gihanze. Ni ibigezweho, ni imvugo y’abahanzi, ibyo nimubishaka mujye mubikorera aho bikwiye ariko tuvuge Ikinyarwanda.”

Perezida Kagame yabwiye urubyiruko ko rukwiye kurangwa n’umuco wa Kinyarwanda kuko n’ibindi bihugu nabyo bifite uwabyo ubiranga kandi bakarangwa n’indangagaciro yo kumvira.

Ati “Iyo umuntu arerwa, mu burere, habamo kumva. Urumva, barakubwira ukumva. Uburere, iyo wigishwa, iyo ubwirwa, urumva, wumva icyo bakubwiye, ukagitekereza, ugashakisha icyo kivuze, cyangwa akamaro gifite.”

“Uko kumva kujyana no kumvira, urumvira. Ariko muri uko kumva no kumvira, ntabwo ibintu byose upfa kubifata uko ubyumvise ngo ubitware uko kuko uri umuntu, ufite ubwenge, uratekereza. Urabyumva, ugasesengura, ukumva niba aribyo ndetse ukaba wagira n’igitekerezo gitandukanye ukakivuga. Ntabwo umuntu wese ibyo akubwiye, muri ubwo burere, bitewe n’ubikubwiye ibyo akubwira, ibyinshi biba ari bizima, haba hari n’ibitari byo.”

Ikinyarwanda gikoreshwa n’abantu bari hagati ya miliyoni 35-40 babarizwa mu Rwanda, Tanzania, Uganda, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’ahandi hirya no hino ku Isi.

Giherutse gushyirwa mu ndimi zirenga ibihumbi bitandatu zivugwa ku Isi zishobora gukendera mu gihe haba nta gikozwe. Gusa ku rundi ruhande, Guverinoma y’u Rwanda yashyizeho ingamba zitandukanye zigamije kugikundisha Abanyarwanda no gutuma gikoreshwa uko bikwiye.

UNESCO ivuga ko ururimi rufatwa nk’ururi mu marembera igihe rukoreshwa n’abana ariko hakagira aho babuzwa kurukoresha, iyo rutigishwamo, iyo rukoreshwa n’abakuze gusa cyangwa nta baruvuga bakiriho.

Inama y’Umushyikirano ya 13 yari yasabye ko mu mashuri yose yaba amato n’amakuru na za kaminuza hashyirwaho ingamba zo guteza imbere ururimi rw’Ikinyarwanda no kwimakaza indangagaciro z’umuco Nyarwanda.

Src: IGIHE

2019-08-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amatakirangoyi y’abanyabyaha iyo bageze imbere y’ubutabera; Rusesabagina arunga murya Mugesera n’abandi bajenosideri

Amatakirangoyi y’abanyabyaha iyo bageze imbere y’ubutabera; Rusesabagina arunga murya Mugesera n’abandi bajenosideri

Ubwanditsi 22 Oct 2020
Aba FDLR baba bayoboye u Burundi cyangwa ni abacancuro

Aba FDLR baba bayoboye u Burundi cyangwa ni abacancuro

Ubwanditsi 15 Sep 2019
Zuma yashyize ava kw’izima aregura nyuma yo gushyirwaho igitutu n’ishyaka ANC

Zuma yashyize ava kw’izima aregura nyuma yo gushyirwaho igitutu n’ishyaka ANC

Ubwanditsi 15 Feb 2018
Abasenateri ba Amerika barasabira ibihano leta ya Uganda kubera kutubahiriza uburenganzira bwa muntu no kwica amasezerano mpuzamahanga

Abasenateri ba Amerika barasabira ibihano leta ya Uganda kubera kutubahiriza uburenganzira bwa muntu no kwica amasezerano mpuzamahanga

Ubwanditsi 17 Dec 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kigali: Bamwe mu bakobwa barifuza ko igiciro cy’impapuro z’isuku (Pads) cyashyirwa kuri 300 Frw
Amakuru

Kigali: Bamwe mu bakobwa barifuza ko igiciro cy’impapuro z’isuku (Pads) cyashyirwa kuri 300 Frw

Ubwanditsi 29 May 2021
Perezida Kagame arasaba ubufatanye na bagenzi be kugira ngo intego za SDG Center for a Africa zigerweho
POLITIKI

Perezida Kagame arasaba ubufatanye na bagenzi be kugira ngo intego za SDG Center for a Africa zigerweho

Ubwanditsi 20 Sep 2016
Amarembera y’abicanyi  ba FDLR na RNC ya Kayumba Nyamwasa- FLN n’ababashyigikiye
INKURU NYAMUKURU

Amarembera y’abicanyi  ba FDLR na RNC ya Kayumba Nyamwasa- FLN n’ababashyigikiye

Ubwanditsi 19 Sep 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru