• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

  • Rayon Sports izabanza kwakira APR FC muri shampiyona y’u Rwanda, Ingengabihe ya BK Pro League 2026/27   |   17 Aug 2026

  • Kwihambira kuri FDLR ni Umwaku mu yindi   |   17 Aug 2026

  • Amakipe ya AS Kigali mu Bagabo n’Abagore yahinduriwe izina yitwa Kigali FC na Kigali WFC    |   16 Aug 2026

  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»ONOMO Hotel yatangaje ibiciro byo kunezeza abakiriya mu minsi mikuru

ONOMO Hotel yatangaje ibiciro byo kunezeza abakiriya mu minsi mikuru

Ubwanditsi 18 Dec 2019 UBUKUNGU

ONOMO Kigali Hotel imenyerewe nk’ahantu heza ho gukorera ibikorwa bitandukanye no kuruhukira mu mujyi wa Kigali, kubera amabara ya Kinyarwanda ayitatse, yatangaje ibiciro bigabanyije mu rwego rwo kwifatanya n’abakiriya bayigana mu minsi mikuru isoza umwaka wa 2019 no kwinjira mu wa 2020.

Ibiciro iyi Hotel y’inyenyeri eshatu yashyize ahagaragara bikubiyemo ibyo kurya no kunywa ndetse n’iby’ibyumba byo kuraramo.

Umuyobozi wa ONOMO Kigali Hotel, Emile Nizey, yabwiye Itangazamakuru ko ubwasisi ku byumba byo kuraramo, buzatangirana na tariki 20 Ukuboza 2019 bikazarangirana na tariki 10 Mutarama 2019.

Icyumba cy’umuntu umwe cyashyizwe ku $ 65 mu gihe icya babiri cyashyizwe kuri $ 75 ijoro rimwe harimo n’ifunguro rya mu gitondo.

Ku munsi wa Noheli, Onomo izabategurira ifunguro ry’akataraboneka (Christmas Brunch) riherekejwe n’ibyo kunywa guhera saa yine z’amanywa kugera saa kumi z’umugoroba (10:00 am-4:00 pm).

Ibyo kurya no kunywa, birimo ibyashyizwe; ku 27,000 Frw, 30,000 Frw, 36,000 Frw no ku 42,000 Frw ku muntu. Ariko abana bari munsi y’imyaka 12 y’amavuko bakazajya bishyura ½ cy’ibyo biciro.

Uko niko kandi bijyana no kwidagadura bumva umuziki w’umwimerere (Live Band) no koga muri Piscine.

Hotel ONOMO yafunguye imiryango mu Mujyi wa Kigali muri Gicurasi mu 2018. Ifite umwihariko wo kugira inyubako nziza zitatse mu buryo bujyanye n’umuco Nyarwanda.

Iherereye mu Karere ka Nyarugenge ugisohoka mu mujyi rwagati ahazwi nka Sopetrade, ikaba mu birometero 10 uvuye ku Kibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Kigali i Kanombe.

Ni hotel ya sosiyete yitwa ONOMO Hotels. Iyi sosiyete ifite izindi hoteli hirya no hino mu mijyi ikomeye ya Afurika nka Dakar, Abidjan, Libreville, Bamako,Doula, Lome, Conakry, Cape Town, Johannesburg na Durban.

Ubu imaze gufungura Hotel i Maputo ndetse initegura gufungura indi Dar es Salaam na Kampala mu mwaka utaha wa 2020.

Icyumba cyo kuryamamo cy’umuntu umwe cyashyizwe ku $ 65 naho icya babiri gishyirwa ku $ 75 ijoro rimwe kuva ku wa 20 Ukuboza 2019 kugeza ku 10 Mutarama 2020

Umuyobozi wa Onomo Hotel, Nizey Emile, yatangaje ko biteguye kunezeza abakiriya muri iyi minsi mikuru isoza umwaka wa 2019 no kubinjiza mu mwaka mushya wa 2020 baryohewe

Ibyo kurya n’ibyo Kunywa byashyizwe ku biciro byihariye ku munsi wa Noheri

Icyumba cyo kuryamamo cy’umuntu umwe cyashyizwe ku $ 65 naho icya babiri gishyirwa ku $ 75 ijoro rimwe kuva ku wa 20 Ukuboza 2019 kugeza ku 10 Mutarama 2020

2019-12-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

RRA yongereye ukwezi ku gihe cyo kwishyura imisoro

RRA yongereye ukwezi ku gihe cyo kwishyura imisoro

Ubwanditsi 31 Jan 2020
Ibintu bitatu nibyo shingiro ry’ibyo tumaze kugeraho- Perezida Kagame

Ibintu bitatu nibyo shingiro ry’ibyo tumaze kugeraho- Perezida Kagame

Ubwanditsi 22 Jan 2020
CIMERWA yungutse miliyari 16.7 Frw mu mezi 12 ashize

CIMERWA yungutse miliyari 16.7 Frw mu mezi 12 ashize

Ubwanditsi 05 Dec 2019
Abadepite basabye ko inzego zirindwi zakoresheje amafaranga mu buryo budasobanutse zikurikiranwa

Abadepite basabye ko inzego zirindwi zakoresheje amafaranga mu buryo budasobanutse zikurikiranwa

RUSHYASHYA 05 Aug 2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

I BOSTON : RNC YIRIWE MU IKINAMICO YO GUSENGERA COL. PATRICK KAREGEYA
ITOHOZA

I BOSTON : RNC YIRIWE MU IKINAMICO YO GUSENGERA COL. PATRICK KAREGEYA

Ubwanditsi 20 Jan 2016
INGINGO Z’INGENZI Z’IGUSABA GUHINDUZA AMAZINA
KWAMAMAZA

INGINGO Z’INGENZI Z’IGUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Ubwanditsi 02 Mar 2023
Amavubi y’abagore ntakitabiriye amajonjora yo gushaka itike y’igikombe cy’Afurika
Amakuru

Amavubi y’abagore ntakitabiriye amajonjora yo gushaka itike y’igikombe cy’Afurika

Ubwanditsi 13 Oct 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru