• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abakinnyi 19 muri 28 bahamagawe n’umutoza Stephen Constantine witegura gukina na Liberia na Cap-Vert, bakina hanze y’u Rwanda   |   09 Sep 2026

  • Irabu: Ibigarahamwe mwitege iyi nkota ya menge ivuye muri Oman nimukoronge ariko nimurenga wa murongo izabarya   |   09 Sep 2026

  • Cricket: U Rwanda rwitwaye neza mu mukino ufungura irushanwa rya ILT20 Continent Cup 2026   |   08 Sep 2026

  • Byatsi Baker yongeye kwikirigita araseka, mu mugambi we wa mpemuke ndamuke akomeje wo kwambara urubwa rwo gusebya u Rwanda rwabyaye Nyina   |   08 Sep 2026

  • Cassa Mbungo yahamagaye ikipe y’igihugu y’u Rwanda U20, banatangira imyitozo yitegura imikino ya CECAFA izabera muri Tanzania   |   08 Sep 2026

  • Patrice Evra wakiniye Manchester United n’ikipe y’igihugu y’u Bufaransa, uri mu Rwanda yashimye intambwe y’u Rwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi   |   03 Sep 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Perezida Kagame yabwiye abayobozi b’ibigo by’ubucuruzi icyatumye u Rwanda rushora imari mu ikoranabuhanga

Perezida Kagame yabwiye abayobozi b’ibigo by’ubucuruzi icyatumye u Rwanda rushora imari mu ikoranabuhanga

Ubwanditsi 12 Jul 2018 UBUKUNGU

Perezida Kagame kuri uyu wa Kane yakiriye itsinda ry’Umuryango w’abayobozi b’ibigo mpuzamahanga by’ubucuruzi bakiri bato (Young Presidents Association), abasobanurira ko u Rwanda rwahisemo gushora imari mu ikoranabuhanga kuko ari igisubizo cy’ibibazo rwari rufite.

Iri tsinda ry’abantu 80 baturuka mu bihugu 17, bari mu ruzinduko rw’icyumweru mu Rwanda rugamije kureba aho igihugu kigeze mu iterambere.

Mu biganiro bagiranye n’Umukuru w’Igihugu ku cyerekezo cy’igihugu, yababwiye ko u Rwanda rwakoze impinduka rukava mu gihe rwageragezaga gushaka amaramuko none rukaba ruri mu gihe cyo kubaho. Yavuze ko igihugu cyahereye mu gushora imari mu baturage, mu buzima, uburezi n’umutekano, none kikaba kigeze mu gihe cyo gusigasira iryo terambere.

Perezida Kagame yatanze urugero rw’uko mu myaka 24 ishize, icyizere cyo kubaho ku Munyarwanda cyari imyaka 41, ubu kikaba ari 67, avuga ko ishoramari ryose rishingiye ku gusigasira iyi ntambwe kugira ngo idasubira inyuma.

U Rwanda rwihaye gahunda yo gushora imari mu ikoranabuhanga nk’ikivumbikisho gikomeye cy’ubukungu. Perezida Kagame yabwiye abayobozi b’ibigo by’ubucuruzi ko iyi gahunda hari abatekerezaga ko itashoboka, bakajya inama yo kuyisimbuza ibiryo.

Yagize ati “Benshi bibwiraga ko igitekerezo cyacu twibeshye. Twabajijwe uko ushobora gutekereza ku ikoranabuhanga mu gihe abaturage bawe badafite ibiryo. Ntabwo twabonye ikoranabuhanga nk’inzitizi ahubwo twaribonye nk’igisubizo cy’ibibazo twari dufite”.

U Rwanda rumaze gushora mu ikoranabuhanga miliyari y’amadolari mu mishinga inyuranye. Mu gihugu hose hamaze kugezwa umuyoboro mugari wa Internet (Fibre Optique) ureshya n’ibirometero 4 500, ukaba unahura n’ibihugu bituranye n’u Rwanda. Internet ya 4G yagejwejwe mu gihugu hose.

Abatunze telefoni ngendanwa mu Rwanda bageze kuri 76.2% aho abarenga miliyoni 8.5 bazitunze, naho abagerwaho na Internet bakaba ari 33%.

U Rwanda rumaze imyaka irenga 10 rukorana n’aba bayobozi ndetse bamwe muri bo bahashoye imari. Kugeza ubu hari amasosiyete 10 yabo akorera mu Rwanda ku bufatanye n’abandi banyarwanda, ku buryo bitezweho gukomeza kurufasha guteza imbere ishoramari.

Perezida Kagame yavuze kandi ko abashoramari bakwiye kuyishora mu Rwanda kuko rubikora, rwiteguye kwigira ku bunararibonye bw’abandi kandi ntirugire ubwoba bwo kugerageza ibintu bidasanzwe.

Yagarutse ku kurwanya ruswa avuga ko u Rwanda rutayemera kuko ifite ingaruka rudashobora gukemura.

Umuyobozi ushinzwe ibikorwa mu Kigo cy’Igihugu cy’Iterambere (RDB), Emmanuel Hategeka, yavuze ko icyo u Rwanda rwifuza kuri aba bayobozi ari ubufatanye mu iterambere yaba mu ishoramari no mu bindi bikorwa by’iterambere nk’uburezi, ubuvuzi n’ibindi bihitiyemo.

Yagize ati “Icyo tubashakaho cyane icya mbere ni ubuvugizi, kugaragaza igihugu mu mahanga n’ibyo tumaze kugeraho, icya kabiri ni ugufatanya natwe mu iterambere mu buryo bwose bihitiyemo, yaba ishoramari, mu bikorwa by’iterambere binyuranye”.

Umuhuzabikorwa w’iri tsinda, Tom Krulis, washoye imari mu Rwanda mu bijyanye n’ingufu, avuga ko nk’uko Umukuru w’Igihugu yabibashishikarije biteguye gukomeza gutanga umusanzu mu iterambere ry’u Rwanda.

Yagize ati “Turi hano turifuza kugira uruhare mu iterambere ry’u Rwanda, twazanye imiryango, abana kugira ngo dutange umusanzu hano nk’uko tubikora n’ahandi ku Isi, dutewe ishema no gutuma byinshi byakoreka”.

Umuryango w’abayobozi b’ibigo by’ubucuruzi bakiri bato ugizwe n’abanyamuryango barenga 24 000 bo mu bihugu 130. Mu gihe bazamara bazatembera u Rwanda ku buryo bazajyana impamba ihagije y’icyo bakora kugira ngo nabo binjire mu rugendo rurimo rwo kwiteza imbere.

Perezida Kagame yasobanuye ko ikoranabuhanga rizafasha u Rwanda gukemura ibibazo rufite

Perezida Kagame na Tom Krulis nyuma y’ibiganiro

Iri tsinda rizamara icyumweru mu Rwanda

2018-07-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Hatangajwe imiterere y’ingengo y’imari y’u Rwanda ya 2019/2020

Hatangajwe imiterere y’ingengo y’imari y’u Rwanda ya 2019/2020

Ubwanditsi 13 Jun 2019
RWANDA DAY : Perezida Kagame yabwiye abanyarwanda ko muri raporo zitandukanye u Rwanda rukomeje kuza ku isonga

RWANDA DAY : Perezida Kagame yabwiye abanyarwanda ko muri raporo zitandukanye u Rwanda rukomeje kuza ku isonga

Ubwanditsi 12 Jun 2017
Sinigeze mbona igihugu cya Afurika kiyobowe neza nk’u Rwanda- Mo Ibrahim

Sinigeze mbona igihugu cya Afurika kiyobowe neza nk’u Rwanda- Mo Ibrahim

Ubwanditsi 03 May 2018
U Buyapani bwahaye u Rwanda inguzanyo ya miliyoni 90 $ yo kurwanya igwingira mu bana

U Buyapani bwahaye u Rwanda inguzanyo ya miliyoni 90 $ yo kurwanya igwingira mu bana

Ubwanditsi 16 Aug 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Virginia  : Byatahuwe ko Boniface Bensinge ataracyumvikana n’Umwami  Kigeli
ITOHOZA

Virginia : Byatahuwe ko Boniface Bensinge ataracyumvikana n’Umwami Kigeli

Ubwanditsi 04 Jan 2017
MINICOM iraburira Abacuruzi bazamura ibiciro by’ibicuruzwa, bitwaje icyorezo cya Coronavirus
UBUKUNGU

MINICOM iraburira Abacuruzi bazamura ibiciro by’ibicuruzwa, bitwaje icyorezo cya Coronavirus

Ubwanditsi 17 Mar 2020
Tuyisenge Jacques wifuzwaga na Police FC yerekeje muri AS Kigali, Shaban Shabalala yongereye amasezerano , APR FC yihariye ibikombe by’abakinnyi bitwaye neza
Amakuru

Tuyisenge Jacques wifuzwaga na Police FC yerekeje muri AS Kigali, Shaban Shabalala yongereye amasezerano , APR FC yihariye ibikombe by’abakinnyi bitwaye neza

Ubwanditsi 01 Aug 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

31 Aug 2026
Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru