• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Musabyimana na Mukarugomwa bahuriye mu ngengabitekerezo imwe ya CDR, ubu bari murukundo kandi bashaje   |   27 Jan 2021

  • Bwana André Kazigaba, jya uvuga uziga, kuko ubwibone no  gushyanuka bizagushyira  mu kaga karenze ako wishoyemo   |   26 Jan 2021

  • Bamwe mu bapolisi ba Uganda mu myigaragambyo yo kwinubira umushahara muto kandi utazira igihe.   |   26 Jan 2021

  • Andre Kazigaba wahoze muri RNC ubu akaba ari muri RRM ya Callixte Nsabimana yigambye kuri Ambasaderi Nikobisanzwe urupfu rw’Umunyarwanda Baziga Louis   |   25 Jan 2021

  • Leta ya Uganda irarye iri menge, dore abakorana n’inyeshyamba muri Santrafrika batangiye gutabwa muri yombi.   |   25 Jan 2021

  • Urukiko rw’i Kampala muri Uganda rwategetse abasirikari b’icyo gihugu  guha amahoro umunyapolitiki Bobi Wine, bakava mu rugo rwe bari bamaze igihe bagose.   |   25 Jan 2021

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Abayobozi b’Umujyi wa Kigali bibukijwe indangagaciro zikwiye mu kubaka ubukungu butajegajega

Abayobozi b’Umujyi wa Kigali bibukijwe indangagaciro zikwiye mu kubaka ubukungu butajegajega

Editorial 30 Jan 2020 UBUKUNGU

Abayobozi n’abakozi bo mu Mujyi wa Kigali n’inzego z’uturere tuwushamikiyeho ndetse n’abagize inzego z’umutekano baganirijwe ku ndangagaciro zikwiye kubaranga mu gukomeza kubaka igihugu gihamye no kukiganisha ku iterambere ryifuzwa na buri wese.

Ubu butumwa bwabuherewe mu kiganiro cyatanzwe n’Umujyanama wa Perezida wa Repubulika mu by’Umutekano, Gen James Kabarebe, kuri uyu wa 29 Mutarama 2020.

Icyo kiganiro cyagarutse ku ndangagaciro zo gukunda igihugu no gusigasira ibyagezweho cyateguwe mu rwego rwo kwitegura ibirori byo kwizihiza Umunsi w’Intwari z’Igihugu.

Umunsi w’Intwari ugiye kwizihizwa ku nshuro ya 26 ufite insanganyamatsiko igira iti “Ubutwari mu Banyarwanda, agaciro kacu.”

Gen Kabarebe yavuze ko u Rwanda ari igihugu gifite imiterere idasanzwe isaba abagituye gukora mu buryo bwihariye ngo bagere ku ntego biyemeje.

Yagize ati “Iyo urebye mu mateka yacyo nabwo bisaba ko dukora bidasanzwe. Iyo ugiye mu ho Isi igana, igihugu kizayibamo neza kizaba kimeze gite? Igihugu cyacu ni gito mu Karere dutuyemo, ni gito mu bugari, kizengurutswe n’ibihugu bikiruta. Kuba igihugu gito mu gace dutuyemo bifite imbaraga bidusaba birenze iz’ibindi bihugu binini cyane biba bifite aho bikora hanini cyane.’’

Yavuze ko mu gihe udafite icyo wakoze utakwigereranya n’ibyo bihugu cyane ko byo usanga binafite umutungo uhagije byubakiyeho ubukungu bwabyo.

Ati “Niba turi igihugu gito, twabaho dute, tutabayeho mu buryo bushakisha kandi neza, igihugu kigatera imbere.’’

Mu kubaka igihugu gihamye, Gen Kabarebe yavuze ko amateka y’u Rwanda ari mabi ku buryo kuyobora igihugu bisaba ko atazasubira no kwirinda icyatuma abaho.

Ati “U Rwanda rwaba neza ari uko rwubatse ubukungu butajegajega kandi bikenera amaboko y’abantu benshi. Iyo abakire babaye benshi mu gihugu baba bafite inyungu zo kurinda politiki idashobora guhungabanya ababashorera imari. Umutekano w’igihugu cyacu uzashingira ku iterambere ryacu.’’

Yavuze ko iterambere u Rwanda rumaze kugeraho rishingiye ku cyerekezo cy’igihugu.

Yakomeje ati ‘‘Hari abantu bibeshya ko ari inkuru gusa ariko si byo. Abenshi bakora amakosa, abatabifashe neza bikabahitana.’’

Yatanze ingero z’abagera mu biro, ibintu byose akabyishyiraho, agaha akazi abo ashaka ndetse akanakora igenamigambi yishyira.

Ati ‘‘Ugiye mu kazi, akabanza akamara igice cya manda asenya iby’uwo yasimbuye, ari byo yibandaho gusa. Ni utuntu duto ariko tujyana no kudasobanukirwa n’ibikeneye gukorwa no kutareba kure. Iyo umuntu ashaka kugera kure yikura mu wo ari we akarema ibintu mu bundi buryo. Iterambere ry’u Rwanda, nta muntu uzarihagarika, biragoye kurihagarika. Jenoside kuba itararuhagaritse, nta muntu uzabigeraho.’’

Yavuze ko Jenoside ari yo yashoboraga gutanisha icyerekezo cyo kubaka igihugu ariko ko bitakunze.

Nyuma y’urugamba rwo kubohora igihugu ubu abagituye barakataje mu rw’iterambere. Ati ‘‘Nta rugamba rutagira inkomere, niba ugiye kurwana hari abari bupfe n’abari bukomereke. No gukurirwaho icyizere ni igikomere. Indangangaciro yo gukunda igihugu no gusigasira ibyagezweho bisaba kwiyoroshya.’’

Yasabye abayobozi kutiremereza kuko aribyo bizabafasha mu nshingano zabo.

Ati “Niba uri meya, uraremereye, ubundi buremere ushaka ni ubw’iki? Koroha ni byo byagufasha guhabwa ibitekerezo na bagenzi bawe. Ni byo bizatuma ukomera. Iyo ukomeye abantu baraguhunga, usigara ukomeranye na nde? Iyo woroshye abantu barakugana kandi ukaba ushagawe na benshi baguha ibitekerezo.’’

Abayobozi b’Umujyi wa Kigali bibukijwe ko indangagaciro zikwiye mu kubaka igihugu kigatera imbere ari ukubyaza byinshi mu bintu bike.

Gen Kabarebe yakomeje abwira abayobozi ati “No ku rugamba ni ko byari bimeze. Hari aho watwaraga amasasu mu nkweto urwana n’igihugu, ufite amasasu 15 kandi ugatsinda. Ni uwo mujyo tugomba kugenderamo. Icyabura gusa ni umutima. Twawuhindura dute? Buri wese hano yaba abifitemo inyungu mu gihe igihugu cyatera imbere.’’

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali Wungirije Ushinzwe Ubukungu n’Imibereho Myiza, Umutoni Gatsinzi Nadine, yavuze ko ari byiza ko abayobozi bongera kwibukiranya ku ndangagaciro zibaranga.

Yagize ati “Turi ku rugamba ariko ntitwifuza kuba inkomere, ntidukorera hano ngo tuzabe tugawa, dufatirwe mu byaha bitandukanye bya za ruswa n’ibindi. Ni ingenzi guharanira ko atari byo byatuzanye hano. Dukwiye kwiyoroshya.”

Intwari z’Igihugu zigabanyijwemo ibyiciro bitatu birimo Imanzi, Imena n’Ingenzi.

Mu cyiciro cy’Imanzi harimo Umusirikare utazwi ari yo ingabo ihagarariye izindi ngabo zitangiye igihugu zikagwa ku rugamba mu bihe byashize, iby’ubu n’ibizaza ndetse na Gen. Maj Fred Gisa Rwigema.

Mu cyiciro cy’Imena harimo Umwami Mutara wa III Rudahigwa, Rwagasana Michel, Uwilingiyimana Agathe, Niyitegeka Felicité n’abanyeshuri b’i Nyange.

Kugeza ubu mu cyiciro cy’Ingenzi nta ntwari zari zashyirwamo, aho ngo hagikorwa ubushakashatsi.

2020-01-30
Editorial

IZINDI NKURU

Perezida Kagame na Nyusi batanze icyizere ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano atanu yasinywe

Perezida Kagame na Nyusi batanze icyizere ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano atanu yasinywe

Editorial 20 Jul 2018
OFID yagurije u Rwanda miliyari 17 Frw zo kugeza amazi ku baturage

OFID yagurije u Rwanda miliyari 17 Frw zo kugeza amazi ku baturage

Editorial 12 Mar 2018
Perezida Kagame yakiriye Emir wa Qatar mu buryo bwihariye

Perezida Kagame yakiriye Emir wa Qatar mu buryo bwihariye

Editorial 22 Apr 2019
2019/2020: Ingengo y’Imari y’igihugu yiyongereyeho miliyari 291.7 Frw

2019/2020: Ingengo y’Imari y’igihugu yiyongereyeho miliyari 291.7 Frw

Editorial 01 May 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Hashinzwe Fondasiyo yigenga ikora ubushakashatsi kuri Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse no kurwanya abayihakana

Hashinzwe Fondasiyo yigenga ikora ubushakashatsi kuri Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse no kurwanya abayihakana

12 Jan 2021
Abapolisi benshi cyane muri Washington DC bambariye urugamba, Abantu Bane bamaze gupfa nyuma yuko abashyigikiye Trump binjiye ku ngufu muri Kongere

Abapolisi benshi cyane muri Washington DC bambariye urugamba, Abantu Bane bamaze gupfa nyuma yuko abashyigikiye Trump binjiye ku ngufu muri Kongere

07 Jan 2021
U Rwanda rwahawe igihembo kubera ingamba zihamye zo kurwanya COVID-19 , abirirwaga bakoronga ngo amabwiriza yo kwirinda icyo cyorezo abangamiye uburenganzira bwa muntu bakorwa n’ikimwaro!!

U Rwanda rwahawe igihembo kubera ingamba zihamye zo kurwanya COVID-19 , abirirwaga bakoronga ngo amabwiriza yo kwirinda icyo cyorezo abangamiye uburenganzira bwa muntu bakorwa n’ikimwaro!!

16 Oct 2020
Judi Rever Umunya Canada wahagurukiye guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, yahawe akato, ahezwa mu ruhando rw’abanyamakuru b’ibihangange!!

Judi Rever Umunya Canada wahagurukiye guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, yahawe akato, ahezwa mu ruhando rw’abanyamakuru b’ibihangange!!

07 Oct 2020
Ibihe by’Ingenzi byaranze Inkotanyi/RPA ku rugamba intambwe ku yindi

Ibihe by’Ingenzi byaranze Inkotanyi/RPA ku rugamba intambwe ku yindi

02 Oct 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Inzego z’Ubutabazi zo muri Indoneziya zakuye ibice by’imibiri, imyenda ndetse n’ibisigazwa by’ibyuma mu nyanja ya Java, nyuma y’umunsi umwe Boeing 737 ikoze impanuka muri iki gihugu

Inzego z’Ubutabazi zo muri Indoneziya zakuye ibice by’imibiri, imyenda ndetse n’ibisigazwa by’ibyuma mu nyanja ya Java, nyuma y’umunsi umwe Boeing 737 ikoze impanuka muri iki gihugu

10 Jan 2021
Ikigo nderabuzima cya Mbuye muri Ruhango cyahawe ingobyi itwara abarwayi (Ambulance) bemerewe na Ministiri Shyaka Anastase, Abaturage barishimira ko umubare w’ababuraga ubuzima ugiye kugabanuka by’Umwihariko Abana n’Ababyeyi

Ikigo nderabuzima cya Mbuye muri Ruhango cyahawe ingobyi itwara abarwayi (Ambulance) bemerewe na Ministiri Shyaka Anastase, Abaturage barishimira ko umubare w’ababuraga ubuzima ugiye kugabanuka by’Umwihariko Abana n’Ababyeyi

06 Jan 2021
Minisitiri w’intebe w’Ubwongereza yatangaje Ingamba zirimo Guma mu rugo kubera ko icyorezo cya Covid-19 kimaze gufata indi ntera

Minisitiri w’intebe w’Ubwongereza yatangaje Ingamba zirimo Guma mu rugo kubera ko icyorezo cya Covid-19 kimaze gufata indi ntera

05 Jan 2021
Urwego rushinzwe imfungwa n’abagororwa(RCS) rwashyizeho umuvugizi mushya

Urwego rushinzwe imfungwa n’abagororwa(RCS) rwashyizeho umuvugizi mushya

22 Jul 2020
Indwara y’uburenge yongeye kugaragara mu Ntara y’Uburasirazuba

Indwara y’uburenge yongeye kugaragara mu Ntara y’Uburasirazuba

02 Jul 2020
Nyuma yo gukubitirwa muri Kongo, Paul Rusesabagina yacuditse na Manyinya kugirango arebe ko bwacya kabiri

Nyuma yo gukubitirwa muri Kongo, Paul Rusesabagina yacuditse na Manyinya kugirango arebe ko bwacya kabiri

25 Jun 2020
Abatavuga rumwe n’ubutegetsi muri Uganda barabaza Perezida Museveni inyungu afite mu gushotora Rwanda

Abatavuga rumwe n’ubutegetsi muri Uganda barabaza Perezida Museveni inyungu afite mu gushotora Rwanda

16 Jun 2020

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru