• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Abayobozi b’Umujyi wa Kigali bibukijwe indangagaciro zikwiye mu kubaka ubukungu butajegajega

Abayobozi b’Umujyi wa Kigali bibukijwe indangagaciro zikwiye mu kubaka ubukungu butajegajega

Ubwanditsi 30 Jan 2020 UBUKUNGU

Abayobozi n’abakozi bo mu Mujyi wa Kigali n’inzego z’uturere tuwushamikiyeho ndetse n’abagize inzego z’umutekano baganirijwe ku ndangagaciro zikwiye kubaranga mu gukomeza kubaka igihugu gihamye no kukiganisha ku iterambere ryifuzwa na buri wese.

Ubu butumwa bwabuherewe mu kiganiro cyatanzwe n’Umujyanama wa Perezida wa Repubulika mu by’Umutekano, Gen James Kabarebe, kuri uyu wa 29 Mutarama 2020.

Icyo kiganiro cyagarutse ku ndangagaciro zo gukunda igihugu no gusigasira ibyagezweho cyateguwe mu rwego rwo kwitegura ibirori byo kwizihiza Umunsi w’Intwari z’Igihugu.

Umunsi w’Intwari ugiye kwizihizwa ku nshuro ya 26 ufite insanganyamatsiko igira iti “Ubutwari mu Banyarwanda, agaciro kacu.”

Gen Kabarebe yavuze ko u Rwanda ari igihugu gifite imiterere idasanzwe isaba abagituye gukora mu buryo bwihariye ngo bagere ku ntego biyemeje.

Yagize ati “Iyo urebye mu mateka yacyo nabwo bisaba ko dukora bidasanzwe. Iyo ugiye mu ho Isi igana, igihugu kizayibamo neza kizaba kimeze gite? Igihugu cyacu ni gito mu Karere dutuyemo, ni gito mu bugari, kizengurutswe n’ibihugu bikiruta. Kuba igihugu gito mu gace dutuyemo bifite imbaraga bidusaba birenze iz’ibindi bihugu binini cyane biba bifite aho bikora hanini cyane.’’

Yavuze ko mu gihe udafite icyo wakoze utakwigereranya n’ibyo bihugu cyane ko byo usanga binafite umutungo uhagije byubakiyeho ubukungu bwabyo.

Ati “Niba turi igihugu gito, twabaho dute, tutabayeho mu buryo bushakisha kandi neza, igihugu kigatera imbere.’’

Mu kubaka igihugu gihamye, Gen Kabarebe yavuze ko amateka y’u Rwanda ari mabi ku buryo kuyobora igihugu bisaba ko atazasubira no kwirinda icyatuma abaho.

Ati “U Rwanda rwaba neza ari uko rwubatse ubukungu butajegajega kandi bikenera amaboko y’abantu benshi. Iyo abakire babaye benshi mu gihugu baba bafite inyungu zo kurinda politiki idashobora guhungabanya ababashorera imari. Umutekano w’igihugu cyacu uzashingira ku iterambere ryacu.’’

Yavuze ko iterambere u Rwanda rumaze kugeraho rishingiye ku cyerekezo cy’igihugu.

Yakomeje ati ‘‘Hari abantu bibeshya ko ari inkuru gusa ariko si byo. Abenshi bakora amakosa, abatabifashe neza bikabahitana.’’

Yatanze ingero z’abagera mu biro, ibintu byose akabyishyiraho, agaha akazi abo ashaka ndetse akanakora igenamigambi yishyira.

Ati ‘‘Ugiye mu kazi, akabanza akamara igice cya manda asenya iby’uwo yasimbuye, ari byo yibandaho gusa. Ni utuntu duto ariko tujyana no kudasobanukirwa n’ibikeneye gukorwa no kutareba kure. Iyo umuntu ashaka kugera kure yikura mu wo ari we akarema ibintu mu bundi buryo. Iterambere ry’u Rwanda, nta muntu uzarihagarika, biragoye kurihagarika. Jenoside kuba itararuhagaritse, nta muntu uzabigeraho.’’

Yavuze ko Jenoside ari yo yashoboraga gutanisha icyerekezo cyo kubaka igihugu ariko ko bitakunze.

Nyuma y’urugamba rwo kubohora igihugu ubu abagituye barakataje mu rw’iterambere. Ati ‘‘Nta rugamba rutagira inkomere, niba ugiye kurwana hari abari bupfe n’abari bukomereke. No gukurirwaho icyizere ni igikomere. Indangangaciro yo gukunda igihugu no gusigasira ibyagezweho bisaba kwiyoroshya.’’

Yasabye abayobozi kutiremereza kuko aribyo bizabafasha mu nshingano zabo.

Ati “Niba uri meya, uraremereye, ubundi buremere ushaka ni ubw’iki? Koroha ni byo byagufasha guhabwa ibitekerezo na bagenzi bawe. Ni byo bizatuma ukomera. Iyo ukomeye abantu baraguhunga, usigara ukomeranye na nde? Iyo woroshye abantu barakugana kandi ukaba ushagawe na benshi baguha ibitekerezo.’’

Abayobozi b’Umujyi wa Kigali bibukijwe ko indangagaciro zikwiye mu kubaka igihugu kigatera imbere ari ukubyaza byinshi mu bintu bike.

Gen Kabarebe yakomeje abwira abayobozi ati “No ku rugamba ni ko byari bimeze. Hari aho watwaraga amasasu mu nkweto urwana n’igihugu, ufite amasasu 15 kandi ugatsinda. Ni uwo mujyo tugomba kugenderamo. Icyabura gusa ni umutima. Twawuhindura dute? Buri wese hano yaba abifitemo inyungu mu gihe igihugu cyatera imbere.’’

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali Wungirije Ushinzwe Ubukungu n’Imibereho Myiza, Umutoni Gatsinzi Nadine, yavuze ko ari byiza ko abayobozi bongera kwibukiranya ku ndangagaciro zibaranga.

Yagize ati “Turi ku rugamba ariko ntitwifuza kuba inkomere, ntidukorera hano ngo tuzabe tugawa, dufatirwe mu byaha bitandukanye bya za ruswa n’ibindi. Ni ingenzi guharanira ko atari byo byatuzanye hano. Dukwiye kwiyoroshya.”

Intwari z’Igihugu zigabanyijwemo ibyiciro bitatu birimo Imanzi, Imena n’Ingenzi.

Mu cyiciro cy’Imanzi harimo Umusirikare utazwi ari yo ingabo ihagarariye izindi ngabo zitangiye igihugu zikagwa ku rugamba mu bihe byashize, iby’ubu n’ibizaza ndetse na Gen. Maj Fred Gisa Rwigema.

Mu cyiciro cy’Imena harimo Umwami Mutara wa III Rudahigwa, Rwagasana Michel, Uwilingiyimana Agathe, Niyitegeka Felicité n’abanyeshuri b’i Nyange.

Kugeza ubu mu cyiciro cy’Ingenzi nta ntwari zari zashyirwamo, aho ngo hagikorwa ubushakashatsi.

2020-01-30
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

MINICOM iraburira Abacuruzi bazamura ibiciro by’ibicuruzwa, bitwaje icyorezo cya Coronavirus

MINICOM iraburira Abacuruzi bazamura ibiciro by’ibicuruzwa, bitwaje icyorezo cya Coronavirus

Ubwanditsi 17 Mar 2020
Uruganda  “Master Steel ” rwabaye umushoramari w’umwaka mu bihembo bya RDB Business Excellence Awards 2019

Uruganda “Master Steel ” rwabaye umushoramari w’umwaka mu bihembo bya RDB Business Excellence Awards 2019

Ubwanditsi 01 Feb 2020
Ubujura bukoresheje ikoranabuhanga… Icyaha gishya cyo kumenya

Ubujura bukoresheje ikoranabuhanga… Icyaha gishya cyo kumenya

Ubwanditsi 14 May 2018
Perezida Kagame yitabiriye inama ku ishoramari hagati ya Afurika n’u Bwongereza

Perezida Kagame yitabiriye inama ku ishoramari hagati ya Afurika n’u Bwongereza

Ubwanditsi 20 Jan 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Impamvu yatumye mfata ikemezo cyo kuva mu ishyaka  Ishema Party rya Tomas Nahimana
ITOHOZA

Impamvu yatumye mfata ikemezo cyo kuva mu ishyaka Ishema Party rya Tomas Nahimana

Ubwanditsi 16 Jun 2016
UGANDA: Besigye yanenze bikomeye Museveni kumwanzuro yafashe wo kugurira ibifaru abadepite mugukaza umutekano wabo.
INKURU NYAMUKURU

UGANDA: Besigye yanenze bikomeye Museveni kumwanzuro yafashe wo kugurira ibifaru abadepite mugukaza umutekano wabo.

Ubwanditsi 15 Jul 2018
Burundi: Inyeshyamba zivuga Ikinyarwanda zagaragaye mu ishyamba rya Kibira
INKURU NYAMUKURU

Burundi: Inyeshyamba zivuga Ikinyarwanda zagaragaye mu ishyamba rya Kibira

Ubwanditsi 11 Apr 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru