• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu rwego rwo kwitegura igikombe cya Afurika 2022, ikipe y’igihugu ya Senegal na Guinée Conakry bazakorera umwiherero mu Rwanda

Mu rwego rwo kwitegura igikombe cya Afurika 2022, ikipe y’igihugu ya Senegal na Guinée Conakry bazakorera umwiherero mu Rwanda

Ubwanditsi 14 Dec 2021 Amakuru, IMIKINO, Mu Mahanga, Mu Rwanda

Mu gihe habura iminsi 26 ngo imikino y’igikombe cya Afurika CAN2022 itangire mu gihugu cya Cameroon, kugeza ubu ibihugu bibiri muri 16 byabonye itike yo gukina iyi mikino byamaze gutangaza ko bizakorera umwiherero mu rw’imisozi igihumbi.

 

Ikipe y’igihugu ya Senegal niyo yabanje gutangaza ko izakorera umwiherero hano mu Rwanda bitangajwe n’umutoza wayo Aliou Cisse, nyuma yaho kuri uyu wa mbere nibwo umutoza mushya wa Guinée Conakry Kaba Diawara nawe yemeje ko nabo bazakorera umwiherero mu Rwanda.

 

Nk’uko ibinyamakuru bitandukanye byabyanditse birimo na Depeche Afrique, yatangaje ko impamvu ikipe ya Senegal izaza gukorera umwiherero mu Rwanda baje gusanga imiterere y’umujyi wa Bafoussam bazakiniramo imikino y’amatsinda ijya kumera nk’iyo mu Rwanda. Ni Intara y’imisozi miremire n’ubutumburuke nk’ubwo mu Rwanda.

 

Muri iyi nkuru bagize bati “Witegereje umujyi wa Bafoussam umujyi Senegal izakiniramo imikino y’igikombe cya Afurika uteye kimwe n’igihugu cy’u Rwanda harimo imisozi nk’iyaho, bityo umutoza Aliou Cissé ndetse n’abo bafatanya bahisemo gukorera umwiherero mu gihugu kimeze nk’umujyi bazakiniramo.”

Ku rundi ruhande rw’ikipe y’igihugu ya Guinée Conakry, ku mugoroba wo kuri uyu wa mbere ubwo umutoza mukuru w’iyi kipe y’igihugu Kaba Diawara yari mu Kiganiro Talents d’Afrique kinyura kuri Canal+ yemeje ko nabo bazaza mu Rwanda kuhakorera umwiherero bitegura igikombe cya Afurika kizaba muri Mutarama 2022.

Aya makipe yombi agiye kuza gukorera umwiherero mu Rwanda mu gihe yitegura iki gikombe cya Afurika kizakinwa guhera tariki ya 9 Mutarama 2022 kugeza ku ya 6 Gashyantare 2022.

Aya makipe kandi aherereye mu itsinda rimwe rya B aho Senegal, Guinée Conakry barikumwe n’andi makipe abiri ariyo Malawi na Zimbabwe.

Ku bijyanye niba aya makipe azakina imikino n’ikipe y’igihugu y’u Rwanda, twagerageje kubaza mu buyobozi bw’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru FERWAFA ntibatwitaba ku murongo wa telefone ngendanwa.

Gusa hari amakuru avuga ko ikipe y’igihugu ya Guinée Conakry ishobora kuzakina n’Amavubi imikino ibiri mbere yo kwerekeza muri Cameroon.

Kugeza ubu kandi ntuharamenyakana itariki nyayo aya makipe azagerera mu Rwanda, gusa bitewe n’igihe irushanwa rizatangirira aya makipe azagera mu gihugu hakiri kare kugirango itariki ya 9 Mutarama 2022 izasange yaramaze kugera muri icyo gihugu.

2021-12-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abaturage ba RDC baburiye Perezida wabo kutarenza igihe ntarengwa

Abaturage ba RDC baburiye Perezida wabo kutarenza igihe ntarengwa

Ubwanditsi 20 Oct 2016
Umutoza Nshimiyimana agiye gufasha Sugira ugiye kwerekeza muri Vita Club

Umutoza Nshimiyimana agiye gufasha Sugira ugiye kwerekeza muri Vita Club

Ubwanditsi 04 Jul 2016
Rayon Sports, APR FC na Police FC mu makipe yitwaye neza mu mikino ibanza ya 1/4 y’igikombe cy’Amahoro

Rayon Sports, APR FC na Police FC mu makipe yitwaye neza mu mikino ibanza ya 1/4 y’igikombe cy’Amahoro

Ubwanditsi 28 Apr 2022
Rayon Sports ikomeje kugorwa no kubona intsinzi, ni nyuma yo kunanirwa kugera ku ntego yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino mpuzamahanga.

Rayon Sports ikomeje kugorwa no kubona intsinzi, ni nyuma yo kunanirwa kugera ku ntego yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino mpuzamahanga.

Ubwanditsi 23 Jun 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Byinshi utari uzi k’Umukuru w’Igihugu cya Benin, Patrice Talon,  uri mu ruzinduko mu Rwanda
ITOHOZA

Byinshi utari uzi k’Umukuru w’Igihugu cya Benin, Patrice Talon, uri mu ruzinduko mu Rwanda

Ubwanditsi 30 Aug 2016
DRC: Ifuni iravuza ubuhuha muri RUDI URUNANA kubagerageza kuyamanika
INKURU NYAMUKURU

DRC: Ifuni iravuza ubuhuha muri RUDI URUNANA kubagerageza kuyamanika

Ubwanditsi 22 Oct 2019
Harahigishwa uruhindu abarashe abaturage babiri i Rusizi bagahungira i Burundi
ITOHOZA

Harahigishwa uruhindu abarashe abaturage babiri i Rusizi bagahungira i Burundi

Ubwanditsi 12 Mar 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru