• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Rayon Spotrs yasinyanye amasezerayo y’ubufatanye na Bank of Kigali y’igihe cy’imyaka 5, ikazabona arenga Miliyari 1 ku mwaka   |   18 Jul 2026

  • Dr Eugène Rwamucyo yahamijwe ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi, akatirwa imyaka 27 y’igifungo mu Bufaransa   |   18 Jul 2026

  • Bombori bombori muri RNC yageze no mu muryango bwite wa Kayumba Nyamwasa   |   17 Jul 2026

  • Visit Rwanda n’ikipe ya Aston Villa yo mu gihugu cy’u Bwongereza basinyanye amasezerano y’ubufatanye   |   14 Jul 2026

  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Rayon Sports ikomeje kugorwa no kubona intsinzi, ni nyuma yo kunanirwa kugera ku ntego yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino mpuzamahanga.

Rayon Sports ikomeje kugorwa no kubona intsinzi, ni nyuma yo kunanirwa kugera ku ntego yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino mpuzamahanga.

Ubwanditsi 23 Jun 2021 Amakuru, IMIKINO, Mu Rwanda

Ikipe ya Rayon Sports izwi nka Gikundiro ntabwo umwaka w’imikino wa 2020-2021 ukomeje kuyibera ingorabahizi bitewe n’uko uyu mwaka urimo gusozwa mu kiciro cy’amakipe umunani ya mbere udakomeje kuyibera mwiza.

Umusaruro utari mwiza kuri iyi kipe ikomoka i Nyanza uragaragarira mu mikino imaze gukina ubwo hari hamaze kwemezwa ko shampiyona ya 2020-2021 izakinwa mu buryo bw’amatsinda, nk’uko bigaragara Rayon Sports imaze gukina imikino 12 ikaba yaratsinze imikino itatu, itsindwa imikino 4 ndetse ikaba imaze kunganya incuro 5.

Ubwo uyu mwaka w’imikino wari watangijwe mu kwezi k’Ukwakira 2020 nyuma ikaza gusubikwa kubera icyorezo cya koronavirusi ikaza kongera gusubukurwa muri Mata 2021 igasubukurwa mu buryo bw’amatsinda, ikipe ya Rayon Sports yaje kwisanga mu itsinda rimwe n’ikipe ya Gasogi United, Kiyovu Sports ndetse na Rutsiro FC.
Muri iyi nkuru reka turebere hamwe bimwe mu byatumye ikipe ya Rayon Sports itagera ku musaruro mwiza yifuzaga muri uyu mwaka w’imikino wa 2020-2021.

Ubwo iyi kipe y’iyubakaga ntiyahiriwe na bamwe mu bakinnyi yari yizeye.

Iby’umusaruro muke ku ikipe ya Rayon Sports byatewe n’impamvu nyinshi, harimo kuba yatakaje abakinnyi benshi hanyuma yo ntiyiyubake, aha twavuga nko kugenda kwa bamwe mu bakinnyi barimo Kimenyi Yves, Rutanga Eirc, Nizeyimana Mirafa, Iranzi Jean Claude,Iradukunda Eric uzwi nka Radu,…

Mu kwiyubaka yo ntabwo yabashije kujya ku isoko ngo ikureyo intwaro zagombaga kuyifasha bigendanye no kubura kw’amikoro yayo kuko yazanye bamwe mu bakinnyi bakiri bato batari bamenyera amarushanwa, aha twavuga nka Rudasingwa Prince, Mujyanama, Clement, Nishimwe Blaise aha kandi iyi kipe yongeye gutira rutahizamu Sugira Ernest yakuye muri APR FC ndetse n’abandi.

Bijya kuba bibi iyi kipe ntiyabashije kubona Omar Sidibe ngo ayikinire kubera ibibazo by’amafaranga, muri iyi minsi yasinyishije Muhire Kevin nyuma agira ikibazo cy’imvune cyatumye umwaka we w’imikino urangira, aha twakongeraho kandi Mugisha Gilbert nawe wagize imvune itaramwemereye gukomezanya na bagenzi be.

Aha ntawakwibagirwa ibura rya Kwizera Olivier uherutse gufatwa n’abashinzwe umutekano akekwaho gukoresha ibiyobyabwenge, hari n’ikindi cyiciro cy’abakinnyi Rayon Sports yari yizeye ko bazatanga umusaruro ariko nabo birangira bagaragaje urwego rutari hejuru cyane ku buryo baheka Gikundiro.

Guhinduka kw’abayobozi muri Rayon Sport:

Ubuyobozi bwa Rayon Sports warahindaguritse mu gihe gito, mu mwaka wa 2020 iyi kipe yayoborwaga na Munyakazi Sadate wari uje kuri uyu mwanya asimbuye Paul Muvunyi, benshi bari bamwitezeho kuba umucunguzi ariko siko byake kugenda benshi murabyibuka.

Nyuma yaje gusimbura na Jean Fidele Uwayezu nawe utarahiriwe n’isoko tyo kugura abakinnyi ku buryo iyi kipe yari bwiyubake nk’uko bamwe babikekaga.

Ibura ry’amafaranga mu baterankunga:

Gikundiro ikipe ikunzwe kurusha izindi mu gihugu yahuye n’ibibazo by’amikoro cyane cyane uhereye ku mutenkunga wayo w’imena SKOL, uruganda rukora ibinyobwa bisembuye ndetse n’ibidasembuye.

Habayeho kutumvikana kwa hato na hato hagati yabo bombi byatumye Rayon Sports itaboner ku gihe amafaranga yo kwiyubaka mu gihe abafana bo batabonekaga ku kibuga aha twavuga nko muri ibi bihe bya Koronavirusi.

Guy Bukasa yasezeye Rayon Sport abura iminsi 13 ngo asoze amasezerano ye muri Gikundiro:

Umunyekongo Bukasa Guy yasezeye ku ikipe ya Rayon Sports ku mugoroba wo kuri uyu wa gatatu tariki ya 16 Kamena 2021, ni nyuma yaho uyu mutoza yari amaze gutsindwa na APR FC igitego kimwe ku busa mu mukino wa gatanu wa shampiyona ku makipe ahatanira gutwara igikombe.

Gutsindwa uyu mukino byahise bishyira akadomo ku cyifuzo ikipe ya Rayon Sports yari ifite cyo kuba yazasohokera u Rwanda mu mikino nyafurika y’umwaka wa 2020-2021, aho kugeza ubu iyi kipe ikaba irimo gutozwa na Kayiranga Babptitse wagombaga gutoza iyi kipe mu mikino ibiri isoza shampiyona.

Umukino we wa mbere muri Rayon Sports nk’umutoza mukuru yaraye awutsinzwe n’ikipe ya Rutsiro FC ibitego 2-0, ni umukino wabereye kuri Sitade ya Bugesera aho iyi kipe yakinnye uyu mukino idafite umunyekongo Luvumbu umwe mubafashije iyi kipe kwitwara neza mu mikino iheruka.

Kugeza ubwo habura umunsi umwe ngo shampiyona irangire, ikipe ya Rayon Sport iri ku mwanya wa 6 mu makipe umunani ahatanira igikombe cya Shampiyona aho ifite amanota 5.

2021-06-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ibishibuka bya Parmehutu birashaka gusahurira mu nduru   

Ibishibuka bya Parmehutu birashaka gusahurira mu nduru  

Ubwanditsi 28 Sep 2022
APR FC yitegura gukina na Étoile Sportive du Sahel muri CAF Champions League yanganyije na Etincelles mu mukino wa gicuti, iritegura kandi gukina na Kiyovu SC

APR FC yitegura gukina na Étoile Sportive du Sahel muri CAF Champions League yanganyije na Etincelles mu mukino wa gicuti, iritegura kandi gukina na Kiyovu SC

Ubwanditsi 06 Oct 2021
AMAFOTO – Umuhanzikazi Clarisse Karasira yasezeranye imbere y’Imana na Ifashabayo Dejoie

AMAFOTO – Umuhanzikazi Clarisse Karasira yasezeranye imbere y’Imana na Ifashabayo Dejoie

Ubwanditsi 03 May 2021
Amafoto – Rayon Sports yatangaje ko yongereye amasezerano Muhire Kevin inasinyisha rutahizamu w’umunya-Brazil Chrismar Malta Soares

Amafoto – Rayon Sports yatangaje ko yongereye amasezerano Muhire Kevin inasinyisha rutahizamu w’umunya-Brazil Chrismar Malta Soares

Ubwanditsi 17 Oct 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ikinamico : Burundi uwavuze ko bazaroha ‘abakeba’ yakatiwe gufungwa imyaka itatu
INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ikinamico : Burundi uwavuze ko bazaroha ‘abakeba’ yakatiwe gufungwa imyaka itatu

Ubwanditsi 02 May 2018
Menya uburyo Marie Bamutese n’umugabo we Peter Verlinden bagoreka amateka n’umwirondoro wabo mu rwego rwo guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi
INKURU NYAMUKURU

Menya uburyo Marie Bamutese n’umugabo we Peter Verlinden bagoreka amateka n’umwirondoro wabo mu rwego rwo guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 21 Apr 2020
Leta iraburira abanyarwanda kwirinda gukorera ingendo Uganda k’ubw’umutekano wabo (Yavuguruwe)
INKURU NYAMUKURU

Leta iraburira abanyarwanda kwirinda gukorera ingendo Uganda k’ubw’umutekano wabo (Yavuguruwe)

Ubwanditsi 01 Mar 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru