• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Rayon Sports ikomeje kugorwa no kubona intsinzi, ni nyuma yo kunanirwa kugera ku ntego yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino mpuzamahanga.

Rayon Sports ikomeje kugorwa no kubona intsinzi, ni nyuma yo kunanirwa kugera ku ntego yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino mpuzamahanga.

Ubwanditsi 23 Jun 2021 Amakuru, IMIKINO, Mu Rwanda

Ikipe ya Rayon Sports izwi nka Gikundiro ntabwo umwaka w’imikino wa 2020-2021 ukomeje kuyibera ingorabahizi bitewe n’uko uyu mwaka urimo gusozwa mu kiciro cy’amakipe umunani ya mbere udakomeje kuyibera mwiza.

Umusaruro utari mwiza kuri iyi kipe ikomoka i Nyanza uragaragarira mu mikino imaze gukina ubwo hari hamaze kwemezwa ko shampiyona ya 2020-2021 izakinwa mu buryo bw’amatsinda, nk’uko bigaragara Rayon Sports imaze gukina imikino 12 ikaba yaratsinze imikino itatu, itsindwa imikino 4 ndetse ikaba imaze kunganya incuro 5.

Ubwo uyu mwaka w’imikino wari watangijwe mu kwezi k’Ukwakira 2020 nyuma ikaza gusubikwa kubera icyorezo cya koronavirusi ikaza kongera gusubukurwa muri Mata 2021 igasubukurwa mu buryo bw’amatsinda, ikipe ya Rayon Sports yaje kwisanga mu itsinda rimwe n’ikipe ya Gasogi United, Kiyovu Sports ndetse na Rutsiro FC.
Muri iyi nkuru reka turebere hamwe bimwe mu byatumye ikipe ya Rayon Sports itagera ku musaruro mwiza yifuzaga muri uyu mwaka w’imikino wa 2020-2021.

Ubwo iyi kipe y’iyubakaga ntiyahiriwe na bamwe mu bakinnyi yari yizeye.

Iby’umusaruro muke ku ikipe ya Rayon Sports byatewe n’impamvu nyinshi, harimo kuba yatakaje abakinnyi benshi hanyuma yo ntiyiyubake, aha twavuga nko kugenda kwa bamwe mu bakinnyi barimo Kimenyi Yves, Rutanga Eirc, Nizeyimana Mirafa, Iranzi Jean Claude,Iradukunda Eric uzwi nka Radu,…

Mu kwiyubaka yo ntabwo yabashije kujya ku isoko ngo ikureyo intwaro zagombaga kuyifasha bigendanye no kubura kw’amikoro yayo kuko yazanye bamwe mu bakinnyi bakiri bato batari bamenyera amarushanwa, aha twavuga nka Rudasingwa Prince, Mujyanama, Clement, Nishimwe Blaise aha kandi iyi kipe yongeye gutira rutahizamu Sugira Ernest yakuye muri APR FC ndetse n’abandi.

Bijya kuba bibi iyi kipe ntiyabashije kubona Omar Sidibe ngo ayikinire kubera ibibazo by’amafaranga, muri iyi minsi yasinyishije Muhire Kevin nyuma agira ikibazo cy’imvune cyatumye umwaka we w’imikino urangira, aha twakongeraho kandi Mugisha Gilbert nawe wagize imvune itaramwemereye gukomezanya na bagenzi be.

Aha ntawakwibagirwa ibura rya Kwizera Olivier uherutse gufatwa n’abashinzwe umutekano akekwaho gukoresha ibiyobyabwenge, hari n’ikindi cyiciro cy’abakinnyi Rayon Sports yari yizeye ko bazatanga umusaruro ariko nabo birangira bagaragaje urwego rutari hejuru cyane ku buryo baheka Gikundiro.

Guhinduka kw’abayobozi muri Rayon Sport:

Ubuyobozi bwa Rayon Sports warahindaguritse mu gihe gito, mu mwaka wa 2020 iyi kipe yayoborwaga na Munyakazi Sadate wari uje kuri uyu mwanya asimbuye Paul Muvunyi, benshi bari bamwitezeho kuba umucunguzi ariko siko byake kugenda benshi murabyibuka.

Nyuma yaje gusimbura na Jean Fidele Uwayezu nawe utarahiriwe n’isoko tyo kugura abakinnyi ku buryo iyi kipe yari bwiyubake nk’uko bamwe babikekaga.

Ibura ry’amafaranga mu baterankunga:

Gikundiro ikipe ikunzwe kurusha izindi mu gihugu yahuye n’ibibazo by’amikoro cyane cyane uhereye ku mutenkunga wayo w’imena SKOL, uruganda rukora ibinyobwa bisembuye ndetse n’ibidasembuye.

Habayeho kutumvikana kwa hato na hato hagati yabo bombi byatumye Rayon Sports itaboner ku gihe amafaranga yo kwiyubaka mu gihe abafana bo batabonekaga ku kibuga aha twavuga nko muri ibi bihe bya Koronavirusi.

Guy Bukasa yasezeye Rayon Sport abura iminsi 13 ngo asoze amasezerano ye muri Gikundiro:

Umunyekongo Bukasa Guy yasezeye ku ikipe ya Rayon Sports ku mugoroba wo kuri uyu wa gatatu tariki ya 16 Kamena 2021, ni nyuma yaho uyu mutoza yari amaze gutsindwa na APR FC igitego kimwe ku busa mu mukino wa gatanu wa shampiyona ku makipe ahatanira gutwara igikombe.

Gutsindwa uyu mukino byahise bishyira akadomo ku cyifuzo ikipe ya Rayon Sports yari ifite cyo kuba yazasohokera u Rwanda mu mikino nyafurika y’umwaka wa 2020-2021, aho kugeza ubu iyi kipe ikaba irimo gutozwa na Kayiranga Babptitse wagombaga gutoza iyi kipe mu mikino ibiri isoza shampiyona.

Umukino we wa mbere muri Rayon Sports nk’umutoza mukuru yaraye awutsinzwe n’ikipe ya Rutsiro FC ibitego 2-0, ni umukino wabereye kuri Sitade ya Bugesera aho iyi kipe yakinnye uyu mukino idafite umunyekongo Luvumbu umwe mubafashije iyi kipe kwitwara neza mu mikino iheruka.

Kugeza ubwo habura umunsi umwe ngo shampiyona irangire, ikipe ya Rayon Sport iri ku mwanya wa 6 mu makipe umunani ahatanira igikombe cya Shampiyona aho ifite amanota 5.

2021-06-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira

Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira

RUSHYASHYA 03 Dec 2025
APR FC yerekeje mu Misiri gukina umukino wo kwishyura na Pyramid mu irushanwa rya CAF Champions League

APR FC yerekeje mu Misiri gukina umukino wo kwishyura na Pyramid mu irushanwa rya CAF Champions League

Ubwanditsi 26 Sep 2023
Ongera Umenye Abana b’Interahamwe mu Ihuriro ry’urwango JAMBO ASBL

Ongera Umenye Abana b’Interahamwe mu Ihuriro ry’urwango JAMBO ASBL

Ubwanditsi 21 Aug 2025
Umwiherero: Abayobozi bakuru bazindukiye mu myitozo ngorora-mubiri

Umwiherero: Abayobozi bakuru bazindukiye mu myitozo ngorora-mubiri

Ubwanditsi 09 Mar 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Hussein Shaban yujuje ibitego 9 akomeza kuyobora ba rutahizamu bamaze gutsinda byinshi, Twizerimana Onesme aba umunyarwanda utsinze 3 mu mukino umwe
Amakuru

Hussein Shaban yujuje ibitego 9 akomeza kuyobora ba rutahizamu bamaze gutsinda byinshi, Twizerimana Onesme aba umunyarwanda utsinze 3 mu mukino umwe

Ubwanditsi 14 Feb 2022
Kigali yemerewe kwakira inama ikomeye y’ubukungu muri Afurika yaberaga i Genève mu Busuwisi
UBUKUNGU

Kigali yemerewe kwakira inama ikomeye y’ubukungu muri Afurika yaberaga i Genève mu Busuwisi

Ubwanditsi 17 Aug 2018
Perezida Kagame yagarutse ku kamaro ko guha abaturage ijambo mu bibakorerwa
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yagarutse ku kamaro ko guha abaturage ijambo mu bibakorerwa

Ubwanditsi 18 Jun 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru