• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Byinshi utari uzi k’Umukuru w’Igihugu cya Benin, Patrice Talon, uri mu ruzinduko mu Rwanda

Byinshi utari uzi k’Umukuru w’Igihugu cya Benin, Patrice Talon, uri mu ruzinduko mu Rwanda

Ubwanditsi 30 Aug 2016 ITOHOZA

Umukuru w’igihugu cya Benin, Patrice Talon, yatangiye uruzinduko rw’akazi rw’iminsi itatu hano mu Rwanda rukaba ruri mu ngendo ze za mbere akoreye hanze y’igihugu nk’uko ataramara igihe kinini ayobora icyo gihugu kiri mu burengerazuba bwa Afurika.

Perezida Patrice Talon wenda kungana na Perezida Paul Kagame mu myaka (1957) uzwi nk’umwami w’ipamba mu gihugu cye kimwe no mu bindi bihugu byo mu burengerazuba bwa Afurika, yabaye Perezida wa Benin muri Mata uyu mwaka nyuma yo gutsinda amatora yari ateye amatsiko cyane !

Talon ni umuntu w’umukire cyane kandi ubwo bukire bukaba ahanini bukomoka ku gihingwa cy’ipapamba ari nayo ruti rw’umugongo rw’ubukungu bwa Benin.

Amakampuni ya Patrice Talon niyo afite imirima mini y’ipamba mu gihugu no mu bihugu bituranye kimwe n’inganda zikora imyenda n’ibindi bikomoka ku ipamba. Ayo makampuni ye ashimwa cyane kuba afata neza abakozi bayo birimo no kubahemba imishahara myiza ugereranyije n’ahandi. Kuba ariwe wiganje mu ipamba n’ibiyikomokaho ikaba ariyo mpamvu yitwa umwami w’ipamba.

Talon yagiye ku butegetsi asimbuye Perezida Thomas Boni Yayi wari urangije manda ye ya kabiri ari nayo yari iya nyuma. Ni ikinti cyizwi na buri wese muri Benin yuko Patrice Talon yari incuti magara na Boni Yayi akaba yaratanze amafaranga menshi muri kampanye zafashije uwo Thomas Boni Yayi gutsinda amatora ya Perezida muri 2006 na 2011.

-3887.jpg

Aha Patrice Talon yari mu matora

-3888.jpg

Nyuma ariko haje kubaho urwikekwe rw’uko hari abantu bashatse kwica Perezida Boni Yayi hakoreshejwe amalozi, Talon ashyirwa mu majwi yuko ariwe wari gushyira uwo mugambi mu bikorwa ahungira mu Bufaransa muri 2012. Muri 2014 Perezida Yayi aza gutanga imbabazi kuri abo bantu bavugwagaho umugambi wo kumwivugana, Talon agaruka mu gihugu, afite umugambi wo kuziyamamariza umwanya wa Perezida wa Repubulika muri 2016.

Muri ayo matora ariko yabaye Werurwe uyu mwaka Perezida Boni Yayi yari ashyigikiye uwari Minisitiri w’intebe we, Lionel Zinsou, w’ishyaka Cowry Forces for Emerging Benin. Talon we yiyamamaje nk’umukandida wigenga aza akurikiye Zinsou mu majwi. Amatora asubiwemo, Talon atsinda n’amajwi 66 % naho Zinsou abona amajwi 35 % gusa.

Nyuma y’amatora Talon yavuze yuko icya mbere agiye guharanira n’uko itegeko nshinga ryahindurwa, Perezida utowe ntarenze manda imwe, y’imyaka itanu, ku butegetsi.

-3882.jpg

Perezida Talon yunamiwe inzirakarengane za Jenoside yakorewe Abatsi

-3881.jpg

Patrice Talon yarahiriye kuba Perezida wa Repubulika wa Benin tariki 6 Mata 2016, akuraho umwanya wa Minisitiri w’intebe. Muri guverinoma ye yashyizemo babiri mubo bahataniraga umwanya wa Perezida wa Repubulika ariko bakaba baramushyigikiye ubwo yahatanaga mu cyiciro cya kabiri. Abo ni Pascal Koupaki wagizwe umunyamabanga mukuru muri Prezidansi, na Abdoulaye Bio-Tchane wagizwe Umunyamabanga wa Leta ushinzwe igenamigambi n’iterambere.

-3885.jpg

-3886.jpg

-3884.jpg

-3883.jpg

Aha hose Perezida Patrice Talon yari mu gihugu cye

Umugore wa Patrice Talon yitwa Claudine ukomoka Porto Novo, bakaba bafitanye abana babiri. Talon akomoka mu bwoko bw’ba Fona, bumwe mu bwoko bunini cyane muri Benin. Bamwe bakavuga yuko nabyo byaba byaramufashije mu butunzi no muri politike. Ibyo ariko ntabwo ari bose babiha agaciro kuko Atari bose muri ubwo bwoko batunganiwe nkawe !

Kayumba Casmiry

2016-08-30
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nyamasheke : Umuyobozi w’ikigo nderabuzima cya Gisakura yaburiwe irengero

Nyamasheke : Umuyobozi w’ikigo nderabuzima cya Gisakura yaburiwe irengero

Ubwanditsi 13 May 2017
Trump agiye gushyira ahagaragra iby’iraswa rya John Kennedy wayoboye USA

Trump agiye gushyira ahagaragra iby’iraswa rya John Kennedy wayoboye USA

Ubwanditsi 23 Oct 2017
Ikiganiro Umwami Kigeli aheruka bwanyuma guha itangazamakuru

Ikiganiro Umwami Kigeli aheruka bwanyuma guha itangazamakuru

Ubwanditsi 19 Oct 2016
Uganda : Umuherwe w’umunyarwanda Kanyamunyu yoherejwe muri gereza ya  Luzira kubera kurasa umugabo bapfa umukobwa w’Umurundikazi

Uganda : Umuherwe w’umunyarwanda Kanyamunyu yoherejwe muri gereza ya Luzira kubera kurasa umugabo bapfa umukobwa w’Umurundikazi

Ubwanditsi 03 Dec 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Burundi: Umukobwa w’imyaka 20 yatemaguwe bikabije, haracyekwa umwarimu waba waramuteye inda
Mu Mahanga

Burundi: Umukobwa w’imyaka 20 yatemaguwe bikabije, haracyekwa umwarimu waba waramuteye inda

Ubwanditsi 20 Jun 2018
Azarias Ruberwa Manywa wigeze kuba Visi-Perezida wa Kongo ari mu mazi abira, azira gusa ko ari Umunyamulenge.
Amakuru

Azarias Ruberwa Manywa wigeze kuba Visi-Perezida wa Kongo ari mu mazi abira, azira gusa ko ari Umunyamulenge.

Ubwanditsi 21 Jan 2023
Uganda yijeje gukurikirana urupfu rw’Umunyarwanda witabye Imana kubera iyicarubozo
Mu Mahanga

Uganda yijeje gukurikirana urupfu rw’Umunyarwanda witabye Imana kubera iyicarubozo

Ubwanditsi 19 Sep 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru