• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Umujyi wa Kigali wahagaritse inkunga ya Miliyoni 250FRW yahaga amakipe ya Kiyovu Sports na Gasogi United   |   02 Jun 2026

  • Amatike y’umunsi wa kabiri w’igitaramo cyo kwizihiza imyaka 20 King James amaze akroa umuziki yamaze kujya hanze   |   01 Jun 2026

  • Ben Rutabana yongeye kuvugisha amangambure Jean Paul Turayishimye na Serge Ndayizeye   |   01 Jun 2026

  • Uwigize General mu nterahamwe Mutayomba yakomerekeye bikomeye mu mirwano na M23   |   01 Jun 2026

  • Madamu Jeannette Kagame yasabye urubyiruko kwirinda kuyobywa na ba mpemuke ndamuke   |   31 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Byinshi utari uzi k’Umukuru w’Igihugu cya Benin, Patrice Talon, uri mu ruzinduko mu Rwanda

Byinshi utari uzi k’Umukuru w’Igihugu cya Benin, Patrice Talon, uri mu ruzinduko mu Rwanda

Ubwanditsi 30 Aug 2016 ITOHOZA

Umukuru w’igihugu cya Benin, Patrice Talon, yatangiye uruzinduko rw’akazi rw’iminsi itatu hano mu Rwanda rukaba ruri mu ngendo ze za mbere akoreye hanze y’igihugu nk’uko ataramara igihe kinini ayobora icyo gihugu kiri mu burengerazuba bwa Afurika.

Perezida Patrice Talon wenda kungana na Perezida Paul Kagame mu myaka (1957) uzwi nk’umwami w’ipamba mu gihugu cye kimwe no mu bindi bihugu byo mu burengerazuba bwa Afurika, yabaye Perezida wa Benin muri Mata uyu mwaka nyuma yo gutsinda amatora yari ateye amatsiko cyane !

Talon ni umuntu w’umukire cyane kandi ubwo bukire bukaba ahanini bukomoka ku gihingwa cy’ipapamba ari nayo ruti rw’umugongo rw’ubukungu bwa Benin.

Amakampuni ya Patrice Talon niyo afite imirima mini y’ipamba mu gihugu no mu bihugu bituranye kimwe n’inganda zikora imyenda n’ibindi bikomoka ku ipamba. Ayo makampuni ye ashimwa cyane kuba afata neza abakozi bayo birimo no kubahemba imishahara myiza ugereranyije n’ahandi. Kuba ariwe wiganje mu ipamba n’ibiyikomokaho ikaba ariyo mpamvu yitwa umwami w’ipamba.

Talon yagiye ku butegetsi asimbuye Perezida Thomas Boni Yayi wari urangije manda ye ya kabiri ari nayo yari iya nyuma. Ni ikinti cyizwi na buri wese muri Benin yuko Patrice Talon yari incuti magara na Boni Yayi akaba yaratanze amafaranga menshi muri kampanye zafashije uwo Thomas Boni Yayi gutsinda amatora ya Perezida muri 2006 na 2011.

-3887.jpg

Aha Patrice Talon yari mu matora

-3888.jpg

Nyuma ariko haje kubaho urwikekwe rw’uko hari abantu bashatse kwica Perezida Boni Yayi hakoreshejwe amalozi, Talon ashyirwa mu majwi yuko ariwe wari gushyira uwo mugambi mu bikorwa ahungira mu Bufaransa muri 2012. Muri 2014 Perezida Yayi aza gutanga imbabazi kuri abo bantu bavugwagaho umugambi wo kumwivugana, Talon agaruka mu gihugu, afite umugambi wo kuziyamamariza umwanya wa Perezida wa Repubulika muri 2016.

Muri ayo matora ariko yabaye Werurwe uyu mwaka Perezida Boni Yayi yari ashyigikiye uwari Minisitiri w’intebe we, Lionel Zinsou, w’ishyaka Cowry Forces for Emerging Benin. Talon we yiyamamaje nk’umukandida wigenga aza akurikiye Zinsou mu majwi. Amatora asubiwemo, Talon atsinda n’amajwi 66 % naho Zinsou abona amajwi 35 % gusa.

Nyuma y’amatora Talon yavuze yuko icya mbere agiye guharanira n’uko itegeko nshinga ryahindurwa, Perezida utowe ntarenze manda imwe, y’imyaka itanu, ku butegetsi.

-3882.jpg

Perezida Talon yunamiwe inzirakarengane za Jenoside yakorewe Abatsi

-3881.jpg

Patrice Talon yarahiriye kuba Perezida wa Repubulika wa Benin tariki 6 Mata 2016, akuraho umwanya wa Minisitiri w’intebe. Muri guverinoma ye yashyizemo babiri mubo bahataniraga umwanya wa Perezida wa Repubulika ariko bakaba baramushyigikiye ubwo yahatanaga mu cyiciro cya kabiri. Abo ni Pascal Koupaki wagizwe umunyamabanga mukuru muri Prezidansi, na Abdoulaye Bio-Tchane wagizwe Umunyamabanga wa Leta ushinzwe igenamigambi n’iterambere.

-3885.jpg

-3886.jpg

-3884.jpg

-3883.jpg

Aha hose Perezida Patrice Talon yari mu gihugu cye

Umugore wa Patrice Talon yitwa Claudine ukomoka Porto Novo, bakaba bafitanye abana babiri. Talon akomoka mu bwoko bw’ba Fona, bumwe mu bwoko bunini cyane muri Benin. Bamwe bakavuga yuko nabyo byaba byaramufashije mu butunzi no muri politike. Ibyo ariko ntabwo ari bose babiha agaciro kuko Atari bose muri ubwo bwoko batunganiwe nkawe !

Kayumba Casmiry

2016-08-30
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ese ni nde mu nzego z’igisirikare n’umutekano bya Uganda ushyigikiye RNC na FDLR mu guhungabanya URwanda?

Ese ni nde mu nzego z’igisirikare n’umutekano bya Uganda ushyigikiye RNC na FDLR mu guhungabanya URwanda?

Ubwanditsi 03 Apr 2019
Uruhererekane rw’ingengabitekerezo ya Jenoside abana bakura ku babyeyi, urugero rwa Peter Mutabaruka na Se umubyara Celestin Mutabaruka

Uruhererekane rw’ingengabitekerezo ya Jenoside abana bakura ku babyeyi, urugero rwa Peter Mutabaruka na Se umubyara Celestin Mutabaruka

Ubwanditsi 17 Mar 2020
Koreya y’Amajyaruguru yamuritse intwaro za kirimbuzi, zishobora kurasa muri Amerika

Koreya y’Amajyaruguru yamuritse intwaro za kirimbuzi, zishobora kurasa muri Amerika

Ubwanditsi 17 Apr 2017
Super Cup: Hemejwe ko umukino wasubitswe kubera ibura ry’umuriro uzakomereza aho wari ugeze

Super Cup: Hemejwe ko umukino wasubitswe kubera ibura ry’umuriro uzakomereza aho wari ugeze

Ubwanditsi 25 Sep 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

IMITWE IRAGWIRA : Umugabo yapfiriye mu isanduku y’abapfu ashutswe na pasiteri
Mu Rwanda

IMITWE IRAGWIRA : Umugabo yapfiriye mu isanduku y’abapfu ashutswe na pasiteri

Ubwanditsi 09 Apr 2017
Twitter yashyizeho uburyo bukumira amagambo abiba urwango rushingiye ku myemerere
IKORANABUHANGA

Twitter yashyizeho uburyo bukumira amagambo abiba urwango rushingiye ku myemerere

Ubwanditsi 12 Jul 2019
‘Umupolisi warashe Me Toy bikanamuviramo urupfu nta yandi mahitamo yari afite’- CP George Rumanzi
Mu Mahanga

‘Umupolisi warashe Me Toy bikanamuviramo urupfu nta yandi mahitamo yari afite’- CP George Rumanzi

Ubwanditsi 02 Jan 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru