• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bombori bombori hagati ya Kayumba Placide na Pierre Celestin Rwalinda wamusimbuye ku buyobozi bwa FDU Inkingi   |   15 May 2026

  • APR FC na Rayon Sports zageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2026, zizahatanira miliyoni 12 z’Amafaranga y’u Rwanda   |   14 May 2026

  • Habura iminsi 3 ngo shampiyona irangire, Al Hilal yegukanye igikombe cy’icyubahiro cya BK Pro League 2025-2026   |   13 May 2026

  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Umuherwe Howard Buffet, Sean Penn na Lupita Nyong’o mu bamaze kwemeza ko bazitabira Kwita Izina

Umuherwe Howard Buffet, Sean Penn na Lupita Nyong’o mu bamaze kwemeza ko bazitabira Kwita Izina

Ubwanditsi 30 Aug 2017 ITOHOZA

Hasigaye iminsi ibarirwa ku mitwe y’intoki ngo umunsi wo kwita izina ingagi 19 ugere, ukazitabirwa n’abantu bakomeye bo mu bice bitandukanye by’Isi.

Umunsi wo kwita Izina uteganyijwe kuwa 1 Nzeri 2017 mu Karere ka Musanze, ubwo Abanyarwanda n’abanyamahanga bazaba bahura ku nshuro ya 13 ngo hatangwe amazina ku bana 14 b’ingagi, ingagi enye zaturutse mu mashyamba n’izindi zirindwi ziyomoye ku miryango yazo.

Muri uyu muhango uzitabirwa n’abantu bakomeye bazaturuka mu bihugu bitandukanye, amakuru aravuga ko mu bategerejwe muri uyu mwaka harimo Howard Buffett, Lupita Nyong’o, Sean Penn n’abandi.

Howard Graham Buffett w’imyaka 62 ni Umunyamerika w’umushoramari uzwi cyane mu bikorwa by’ubugiraneza, akaba umuhungu wa Warren Edward Buffett ufatwa nk’umukire wa kabiri muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’uwa kane ku Isi, aho nibura muri uku kwezi afite umutungo ugera kuri miliyari $76.9.

Howard G. Buffett aheruka gushora miliyoni 500 z’amadolari mu mishinga y’ubuhinzi mu Rwanda, aho afite ibikorwa bikomeye byo kuhira igishanga cya Cyambwe kuri hegitari 1,206 mu karere ka Kirehe.

Buffet afite imishinga itabarika irebana n’ubuhinzi no kurengera ibidukikije, umuryango yatangije ukanamwitiriewa, Howard G. Buffett Foundation, ukaba ariwo wateye inkunga ibikorwa byo kugarura Inkura mu Rwanda, byabaye muri Gicurasi.

Undi uzitabira uyu muhango ni Lupita Nyong’o ukomoka muri Kenya, umaze kuba ikimenyabose muri filime zitandukanye zirimo iyiswe 12 Years a Slave (2013) yamuhesheje Academy Award, aba Umunyakenya wa mbere wegukanye igihembo nk’icyo.

Mu 2016 Lupita yagaragaye mu yitwa Queen of Katwe, hakaba n’indi filimi ikomeye izasohoka kuwa 15 Ukuboza uyu mwaka ya Star Wars: The Last Jedi azagaragararamo yitwa Maz Kanata n’indi ya Black Panther izasohoka muri Gashyantare 2018.

Yegukanye ibihembo bikomeye bigera kuri 40 birimo Academy Awards 2013 (Best Supporting Actress); BET Awards 2014 (Best Actress); Drama League Awards 2016 (Distinguished Performance Award); Hollywood Film Awards 2013 (New Hollywood Award); MTV Africa Music Awards 2014 (Personality of the Year) n’ibindi.

Mu bategerejwe mu Rwanda kandi harimo nka Sean Penn, Umunyamerika nawe umenyerewe muri filimi nawe wegukanye ibihembo bitandukanye birimo bibiri bya Academy Awards kubera filimi yagaragayemo zirimo Mystic River (2003) na Milk (2008).

Penn arazwi cyane kuko mu muri Gashyantare 1985 yaje guhura n’umuhanzi ukomeye Madonna bagashyingiranwa muri Kanama ku munsi uwo mugore yizihizaho isabukuru y’amavuko ariko batandukana mu 1989.

Umuhango wo Kwita izina wakunze gususurutswa n’ibyamamare kimwe n’abahanzi babaab’imbere mu gihugu, mu bandi bitabiriye uyu muhango bakaba barimo umuhanzi n’umunyamideli wo mu Buholandi, Lieke van Lexmond na mugenzi we ukina amafilime, Mark van Eeuwin.

Harimo kandi nka Ramsey Tokunbo Nouah Jr, Umunyanijeriya akaba n’umukinnyi ukomeye w’amafilime wegukanye igihembo gikomeye, Africa Movie Academy Award nk’umukinnyi w’imena, mu 2010.

Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere (RDB) kivuga ko kuva umuhango wo Kwita Izina watangira mu 2005, ingagi 238 zimaze guhabwa amazina. U Rwanda rukomeje kuzamura umubare w’ingagi rufite, kuko nko mu 2010 rwari ufite imiryango 9 y’ingagi, ubu igeze kuri 20.

-7752.jpg

Umuherwe Howard Buffet, Sean Penn umenyerewe muri filime, Umunyamideli n’umukinnyi wa filime, Lupita Nyongo’o

Source : IGIHE

2017-08-30
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ikinyoma : Abanzi b’u Rwanda babiri ANJAN  na NATHALIE banditse Igitabo : INKURU MBI; ABANYAMAKURU BANYUMA MU GIHUGU CY’IGITUGU

Ikinyoma : Abanzi b’u Rwanda babiri ANJAN na NATHALIE banditse Igitabo : INKURU MBI; ABANYAMAKURU BANYUMA MU GIHUGU CY’IGITUGU

Ubwanditsi 05 Jan 2016
Abasirikari b’u Burundi mu bikorwa by’ubucengezi bugamije kwica abaturage mu bice bigenzurwa na M23.

Abasirikari b’u Burundi mu bikorwa by’ubucengezi bugamije kwica abaturage mu bice bigenzurwa na M23.

Ubwanditsi 11 May 2024
Minisitiri w’Intebe Narendra Modi yahuye n’Abahinde, anasura Urwibutso rwa Jenoside ku Gisozi

Minisitiri w’Intebe Narendra Modi yahuye n’Abahinde, anasura Urwibutso rwa Jenoside ku Gisozi

Ubwanditsi 24 Jul 2018
Perezida Kagame yatanze isomo ku   ishingiro ry’ubukungu n’ubwiyunge by’Abanyarwanda

Perezida Kagame yatanze isomo ku ishingiro ry’ubukungu n’ubwiyunge by’Abanyarwanda

Ubwanditsi 28 Oct 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Miss Honorine “Igisabo” yagaye umubyimba w’ikibuno cya Oda Paccy
Mu Rwanda

Miss Honorine “Igisabo” yagaye umubyimba w’ikibuno cya Oda Paccy

Ubwanditsi 05 Oct 2017
REG VC na APR WVC begukanye igikombe cy’irushanwa ry’ubutwari 2023 mu mukino wa Volleyball
Amakuru

REG VC na APR WVC begukanye igikombe cy’irushanwa ry’ubutwari 2023 mu mukino wa Volleyball

Ubwanditsi 30 Jan 2023
Umujenosideri Fulgence Kayishema afashwe amaze guhindura amazina inshuro 4!
Amakuru

Umujenosideri Fulgence Kayishema afashwe amaze guhindura amazina inshuro 4!

Ubwanditsi 26 May 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru