• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Indanini yishe ukuze : Inzara n’ubukene bitumye Kayumba Nyamwasa apfundikanya ubuhamya kwihanurwa ry’indege ya Habyarimana

Indanini yishe ukuze : Inzara n’ubukene bitumye Kayumba Nyamwasa apfundikanya ubuhamya kwihanurwa ry’indege ya Habyarimana

Ubwanditsi 24 Oct 2016 ITOHOZA

Muri iyi minsi mu ishyaka RNC ya Kayumba Nyamwasa ndetse na RNC-Nshya ya Rudasingwa, Musonera na Ngarambe haravugwa ubukene bukomeye bwatewe n’icikamo ibice ryaturutse kugupfa imyanya n’imisanzu itangwa n’abarwanya leta y’u Rwanda bakorera mu buhungiro.

Aya makimbirane yatumye umuterankunga mukuru wa RNC, Ayabatwa Rujugiro Tribert, ahagarika inkunga yateraga RNC, ibi byatumye buri wese mu bayobozi ba RNC, ashakisha uburyo yabaho akoresheje ibinyoma bishoboka byose.

Nguko uko Rudasingwa Theogene yatangiye gahunda yo kwibuka Abahutu ngo bishwe na FPR-Inkotanyi yari abereye umuyoboke mukuru.

Kurundi ruhande Kayumba Nyamwasa nawe atangira kwibutsa abafaransa ko atabajijwe kuby’ihanurwa ry’indege ya Habyarimana no kubizeza ko afite amakuru akomeye yabaha nabo bakibwiriza.

Ikinyamakuru « Jeune Afrique » cyifashishije inyandiko y’ubuhamya cyabonye mu gihe yagejejwe imbere ya noteri ngo abashe kuyemeza muri Pretoria ku wa 23 Kamena kugira ngo ayitware ku mucamanza w’umufaransa kandi iyo nyandiko ikaba yari igamije ko habaho gusubukura iperereza.

Kayumba Nyamwasa ahamya ko atigeze agira uruhare mu itegurwa ry’uwo mugambi aho agira ati ‘‘Ntabwo nigeze ngira uruhare mu itegurwa ry’ubwo bugome, ntabwo nigeze ngira uruhare mu itsinda ry’uwo mugambi kuko ntari mu mwanya wampesha kubitegura’’.

Nkuko Jeune Afrique ikomeza ibyandika ngo gusa nyuma y’urupfu rw’uwari perezida w’u Rwanda yaba yaratahuye ko hari uruhare rw’Ingambo za APR (Armée Patriotique Rwandaise) nubwo kandi icyo gihe yari ayoboye ishami ry’Iperereza mu Ingabo anafite inshingano zo gutanga amabwiriza na gahunda.

Ku wa 06 Mata 1994 ahagana saa inne z’ijoro yagize ati ‘‘Banyoherereje ubutumwa bw’itumanaho bumpamagara tuvugana, buturutse kuri Lieutenant Colonel James Kabarebe, ubwo butumwa bwihutirwa bwategetse ko nsabwe kugera ku rusisiro rukuru rw’ubutegetsi bukuru bwa komandema ya gisirikari i Mulindi, nkihagera bahise banjyana kwa Paul Kagame.

Uwo yari ahari na Colonel Ndugute wari umu ofisiye wa chef wa operasiyo na James Kabarebe. Bumvaga Radiyo Rwanda binyuze kuri radiyo y’isakazamajwi igendanwa.

Muri ayo makuru bavugaga ibijyanye n’umugambi wagezweho w’indenge ya perezida n’andi makuru arambuye. Ayo makuru yavugwaga ko umugambi wagezweho ry’ihanurwa ry’indege ya perezida n’andi makuru arambuye yaryo.

Mu gihe hafi y’iminota nk’itanu dukurikirana twumva ayo makuru nibwo Paul Kagame yakuruye urushinge rwa radiyo ararugabanya ijwi riragabanuka nibwo twahise tuvuga ko indege ya perezida Habyarimana yarashwe n’ingabo zacu bwite.

Yasobanuye ko kugira ngo hirindwe ko amakuru ajya hanze yabigize ibanga mu itsinda ry’abantu ba bugufi munsi y’ubutegetsi bwe. Yabwiye James Kabarebe wari wagize uruhare mu itegurwa n’ikurikirana ry’urwo rugamba ngo adushyire ku murongo’’.

Ibyo Kayumba yita « Ibanga » n’ibyavuzwe naba LT. Ruzibiza Abdul naba Ruyenzi

Muri iyo nkuru ya Jeune Afrique bandika kubyo Kayumba avuga bati : James Kabarebe yongeye kandi kohereza amakuru arambuye kuri Kayumba agira ati ‘‘Bemeranyijwe gutambutsa za misile muri kamiyo ziturutse mu butegetsi bukuru bwa gisirikari i Mulindi zigahishwa munsi y’inkwi zo gucana’’.

Umugambi washyizwe mu bikorwa n’abantu 2 b’abarashi ari bo Frank Nziza na Eric Hakizimana nkuko byavuzwe na Kayumba Nyamwasa, gusa aba ofisiye 3 nibo bari muri uwo mugambi ari bo :Kagame, Kabarebe na Charles Kayonga, uwo akaba yari komanda wa batayo ya 3 yari muri CND (Conseil National pour le Developpement) naho mu Mujyi wa Kigali rwagati nkuko we abivuga, abo bagabo uko ari batatu bari bashyizeho itumanaho bavugana ku nyakiramajwi ry’abantu bavugana n’undi agasubiza babiziranyeho bonyine.

-4438.jpg


Perezida Paul Kagame ari kumwe na Kayumba nyamwasa akiri mungabo z’u Rwanda

Ariko Kayumba Nyamwasa ntabwo asobanura impamvu, amaze guhezwa mu itegurwa ry’uwo mushinga, yashyizwe inyuma mu akato mu ibanga. Yari kandi mu mwanya utisanzuye : Jenoside Yakorewe Abatutsi yatangiye nyuma y’amasaha make y’ihanurwa ry’indege ya perezida. Binyuze ku kinyamakuru Jeune Afrique, umuvugizi wacyo Veronique Truong ngo ntabwo yashatse kwisobanura.

.Dosiye yatekerezwaga ko yarangiye

Jeune Afrique igira iti : Muri Nyakanga 2014, Nathalie Poux na Marc Trevidic bakuwe ku rutonde rw’abacamanza bashinzwe kurwanya iterabwoba, bavuze ko intego yabo yari kuzuza no gusoza amabwiriza, bari baratangije mu 1998.

Hamwe n’ibyabaciye intege ku ruhande rw’abasivile, mu isuzuma dosiye, nta amakuru babonye yemeza no gutunga agatoki bweruye no guhamya abateguye bakanayobora igikorwa cy’umugambi w’ihanurwa ry’indege.

Kuva kera bari agati gakubiranyije n’uruhande rutavuga rumwe na FPR n’umucamanza Bruguière wigaragaje mu 2006, aho abanyarwanda 8 bari bugufi n’ubuyobozi harimo Kayumba Nyamwasa, amakuru y’ubucamanza ntabwo yabashije gukemura ibyo bibazo.

Mu kwakira 2014, hashyizweho irindi tsinda ryo kugaragaza ibitarabonetse hashyirwaho uwitwa Laurent Curt, umucamanza w’umupfakazi w’umu pilote wa Falcon yo muri perezidanse, yakoze isesengura ry’ubutagondwa ku inyandiko zo muri Minisiteri y’ububanyi n’amahanga yo mu Bufaransa, iyo dosiye ikaba yaramaze amezi idasubirwamo, nta gisubizo gifatika, irangizwa ry’iyo dosiye, yarangiye yongeye gusubukurwa muri Mutarama 2016.

Umwanditsi wacu

2016-10-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Urukiko rwemeje ko Protais Zigiranyirazo akomeza kwimwa viza yo gutura mu Bufaransa

Urukiko rwemeje ko Protais Zigiranyirazo akomeza kwimwa viza yo gutura mu Bufaransa

Ubwanditsi 19 Jul 2017
Gitifu w’Akarere ka Nyagatare  yatawe muri yombi

Gitifu w’Akarere ka Nyagatare yatawe muri yombi

Ubwanditsi 07 Sep 2017
RNC: Murumuna wa Jonathan Musonera  aramwihakana

RNC: Murumuna wa Jonathan Musonera aramwihakana

Ubwanditsi 01 Aug 2016
Himbara yaba yarabaye Intumwa ya Sekibi

Himbara yaba yarabaye Intumwa ya Sekibi

Ubwanditsi 14 Nov 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Rwanda rukomeje kwemeza ko ntacyo rwahindura ku cyemezo cy’urukiko rwakatiye Ingabire Victoire
INKURU NYAMUKURU

U Rwanda rukomeje kwemeza ko ntacyo rwahindura ku cyemezo cy’urukiko rwakatiye Ingabire Victoire

Ubwanditsi 31 May 2018
Super Cup: Hemejwe ko umukino wasubitswe kubera ibura ry’umuriro uzakomereza aho wari ugeze
ITOHOZA

Super Cup: Hemejwe ko umukino wasubitswe kubera ibura ry’umuriro uzakomereza aho wari ugeze

Ubwanditsi 25 Sep 2017
U Rwanda ku mwanya wa kabiri ku Isi mu kugira abasirikare benshi mu butumwa bw’amahoro
POLITIKI

U Rwanda ku mwanya wa kabiri ku Isi mu kugira abasirikare benshi mu butumwa bw’amahoro

Ubwanditsi 28 Sep 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru