• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rurageretse hagati y’ibigarasha Noble Marara na Jean Paul Turayishimye   |   24 Aug 2026

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yashyikirije ibendera ikipe y’u Rwanda y’Abagore yerekeje i Nairobi mu Gikombe cya Afurika   |   23 Aug 2026

  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»UKO INTUMWA 12 ZA YESU ZAPFUYE URUPFU RUBI

UKO INTUMWA 12 ZA YESU ZAPFUYE URUPFU RUBI

Ubwanditsi 16 Jun 2016 ITOHOZA

Bibiliya iravuga ngo Ijambo ry’umusaraba ku barimbuka ni ubupfu, ariko kuri twebwe abakizwa ni imbaraga z’Imana, kuko byanditswe ngo“Nzarimbura ubwenge bw’abanyabwenge, N’ubuhanga bw’abahanga nzabuhindura ubusa.”
Mbese none umunyabwenge ari he? Umwanditsi ari he? Umunyampaka wo muri iki gihe ari he? Ubwenge bw’iyi si Imana ntiyabuhinduye ubupfu?

Kuko ubwo ubwenge bw’Imana bwategetse ko ab’isi badaheshwa kumenya Imana n’ubwenge bw’isi, Imana yishimiye gukirisha abayizera ubupfu bw’ibibwirizwa. 1 Abakorinto 1:18-21.

Intumwa z’Imana z’ukuri zirarenganywa, zigatotezwa ndetse zikanicwa kuko ibyo bigisha abatazi ijambo ry’Imana babifata nk’ubupfu nyamara bikiza benshi. Gusa si igitangaza kuko Yesu yasize avuze Ko umugaragu ataruta shebuja kandi anababwira Ko niba baramutoteje nabo bazatotezwa.

Kimwe mu biherekeza umuhamagaro w’intumwa nyakuri habamo imibabaro no gutotezwa.

Izi nizo ntumwa za mbere zabayeho kandi akarusho zo zifite kurusha izindi ntumwa ni uko zo zibaniye na Yesu imbonankubone, akazigisha bari kumwe mu mubiri ndetse zikanamwibonera akora ibitangaza kugeza apfuye ndetse akazuka akaziha intego yo kugenda amahanga zihindura abantu abigishwa ba Kristo. Asubiye mu ijuru ntiyazijyanye ahubwo yazisabiye kurindirwa mu isi nubwo nazo zitahatinze kuko itotezwa ritazoroheye kugeza nazo bazishe zikajya Mu ijuru gusanga uwazitumye ariko zari zimaze gukora imirimo ikomeye mu isi.

Amakuru y’uko basoje urugendo rwabo hano ku Isi yagiye avugwa n’abantu mu buryo butari ubw’inyandiko (oral way) ugasanga rero hari igihe abayatangaga rimwe na rimwe barabivugaga mu buryo butandukanye ariko turagerageza kubagezaho ibyagiye byandikwa n’abandi bashakashatsi n’abanyamateka. Muri izi ntumwa ntituri buvugemo Yuda Isikariyoti kuko we yapfuye yiyahuye nyuma yo kugambanira Yesu nkuko tubisanga muri Matayo 27:5.

-2994.jpg

Dore rero uko intumwa za Yesu uko ari 12 zarangije urugendo:


1. SIMONI Petero: Yari uw’i Betisida h’i Galileya yabambwe ku musaraba acuritswe kuko yanze kubambwa nk’Umwami we Yesu abasaba ko bamubamba bamucuritse , yaguye i Roma ho mu Butaliyani mu kwezi kwa 6 hagati ya 67 na 68 hagati y’imyaka 34 na 35 Yesu asubiye mu ijuru. Abanyamateka bavuga ko ashobora kuba yarapfiriye igihe kimwe na Pawulo kuko ari nabo bashinze itorero I Roma kandi bose biciwe I Roma.

2. ANDREA: Yiciwe mu Bugereki nawe bamubambye ku giti, yahambwe n’uwitwa Maximilien.Ariko igihe bamwiciye nticyamenyekanye neza.

3. YAKOBO (mukuru): Yishwe na Herode i Agripa amuciye igihanga, hari muri 44 imyaka 11 Yesu asubiye mu ijuru.Ibyakozwe n’Intumwa 12:1-2

4. FILIPO: Yabambwe ku giti ahitwa i Hierapolis muri Turukiya ahambwa na Barutoromayo. Nawe igihe yapfiriye nticyamenyekanye neza kuko bitanditswe.

5. BARUTOROMAYO: Bivugwa Ko Bamushishuyeho uruhu ari muzima ubwo bari basanze avuga ubutumwa
bwiza, bamaze kumuvanaho uruhu amara iminsi itatu abona gupfa.

6. MATAYO: Niwe bitaga Lewi ;uyu we yasogoswe nk’ihene yicishwa ibyuma, amakuru avuga ko yapfiriye muri Afrika muri Etiyopiya.

7. THOMAS: Yatewe amacumu ku manywa y’ihangu avuye kuvuga ubutumwa mu buhinde no mu bu Peresi (Iran y’ubu), bivugwa ko yabanje gushyingurwa Edessa muri Turukiya ariko na bugingo n’ubu mu buhinde umusozi bamwiciyeho barawumwitiriye (witwa St-Thomas). Ndetse hari n’abakristo bamwitiriwe mu buhinde ndetse yakunze kwitwa intumwa y’Ubuhinde kuko ari mu ba mbere bahajyanye ubutumwa Bwiza bwa Yesu Kristo. Yibukwa n’Itorero ry’aba Latino taliki ya 21/12, naho Abagiriki bakamwibuka 06/10 naho abanyamerica ba kavukire (Native Americans) bakamwibuka taliki ya 01/7.

8. THADEO (undi Yuda): Baramurashe bamutsinda ahitwa i Zefenisia avuye kuvuga ubutumwa i Buyuda n’ i Mesopotamia.

9. YAKOBO (mutoya): Bamuhanuye ku gasongero ku rusengero yikubita hasi atangiye gusamba bamuhurizaho amahiri arapfa . Ibyo byabereye i Yerusaremu.

10. SIMONI ZEROTE: Yiciwe muri Africa bamukereje urukerezo mu wa 96
nyuma ya Yesu.

11.MATHIAS(wasimbuye Yuda): Bamuteye amabuye amaze kunogoka bamuca igihanga.

12.YOHANA(umuhishuzi):
Bamucaniriye mu ngunguru y’amavuta aho gushya avamo yabaye umusore kandi bamutetse ari umusaza. Babonye adapfuye ,bajya kumuta ku kirwa cya Patimosi, Uwiteka nabwo amurindirayo akajya agaburirwa n’inyoni . Niho
yahishuriwe byishi nkuko tubisanga mu gitabo cy’ibyahishuwe nkuko yabihishuriwe yibereye muri uwo mwiherero kugeza ubwo yagaruwe muri Efeso aho yandikiye inzandiko 3 za Yohana.Niwe wenyine wapfuye ashaje azize urw’ikirago (umwami
Domitian niwe wari warategetse ko bamuteka mu mavuta).

Ibi bitwigisha ko uwamenye Kristo
Yesu aba ari kurugamba nkuko
Yobu yabivuze ngo iyo umuntu ari
mu Isi n’umubiri aba afashe igihe
mu ntambara. Bityo rero mukomere kandi mukomezanye kuko urugamba rurakomeje.

Ni koko iyi nzira irafunganye ariko tugomba
kuyinyuramo nkuko twabyiyemeje.

Muri iyi si ntawuzahatura nk’umusozi uretse ko nayo igihe kimwe izakurwaho niyo mpamvu rero ibyo tuhakorera bikwiriye kutadutera kwicira urubanza cyangwa ngo tuzatsindwe n’urubanza. Ikibabaje si uko izi ntumwa zatashye, ikibabaje ni uko ababa barazishe baba batarihannye.

-2993.jpg

Duharanire guha ubuzima bwacu Imana no kuyikorera kugira ngo umunsi yaduhamagaye tutazakorwa n’isoni.

Source: – www.amazingbibletimeline.com

www.christianity.com

Article by Claude Ndayishimiye

Shalom

2016-06-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uwari wungirije Kabonero m ‘Umuseso yarasiwe muri Amerika

Uwari wungirije Kabonero m ‘Umuseso yarasiwe muri Amerika

Ubwanditsi 19 Sep 2016
Polisi y’u Rwanda yemeje ko abateye i Nyaruguru baturutse i Burundi

Polisi y’u Rwanda yemeje ko abateye i Nyaruguru baturutse i Burundi

Ubwanditsi 02 Jul 2018
Uganda: Haribazwa ikihishe inyuma y’itotezwa ry’ Abanyarwanda Babaye Mu Gisirikare Cyangwa Mu Gipolisi cy’u Rwanda

Uganda: Haribazwa ikihishe inyuma y’itotezwa ry’ Abanyarwanda Babaye Mu Gisirikare Cyangwa Mu Gipolisi cy’u Rwanda

Ubwanditsi 01 Aug 2018
BBC iranze ibaye gatanyamiryango!

BBC iranze ibaye gatanyamiryango!

Ubwanditsi 29 Dec 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abakekwaho kugira uruhare mu rupfu rwa Rtd. CSP Gashagaza, batawe muri yombi
INKURU NYAMUKURU

Abakekwaho kugira uruhare mu rupfu rwa Rtd. CSP Gashagaza, batawe muri yombi

Ubwanditsi 21 Sep 2018
Umuhanzi Kizito Mihigo na Ingabire Victoire bamaze gusohoka muri Gereza ya Mageragere
INKURU NYAMUKURU

Umuhanzi Kizito Mihigo na Ingabire Victoire bamaze gusohoka muri Gereza ya Mageragere

Ubwanditsi 15 Sep 2018
Urunturuntu mu ishyaka rya Depite Frank Habineza uri mu nzira zo kwivuguruza kumagambo asabira ibiganiro imitwe y’iterabwoba
Amakuru

Urunturuntu mu ishyaka rya Depite Frank Habineza uri mu nzira zo kwivuguruza kumagambo asabira ibiganiro imitwe y’iterabwoba

Ubwanditsi 07 Sep 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru