• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»UKO INTUMWA 12 ZA YESU ZAPFUYE URUPFU RUBI

UKO INTUMWA 12 ZA YESU ZAPFUYE URUPFU RUBI

Ubwanditsi 16 Jun 2016 ITOHOZA

Bibiliya iravuga ngo Ijambo ry’umusaraba ku barimbuka ni ubupfu, ariko kuri twebwe abakizwa ni imbaraga z’Imana, kuko byanditswe ngo“Nzarimbura ubwenge bw’abanyabwenge, N’ubuhanga bw’abahanga nzabuhindura ubusa.”
Mbese none umunyabwenge ari he? Umwanditsi ari he? Umunyampaka wo muri iki gihe ari he? Ubwenge bw’iyi si Imana ntiyabuhinduye ubupfu?

Kuko ubwo ubwenge bw’Imana bwategetse ko ab’isi badaheshwa kumenya Imana n’ubwenge bw’isi, Imana yishimiye gukirisha abayizera ubupfu bw’ibibwirizwa. 1 Abakorinto 1:18-21.

Intumwa z’Imana z’ukuri zirarenganywa, zigatotezwa ndetse zikanicwa kuko ibyo bigisha abatazi ijambo ry’Imana babifata nk’ubupfu nyamara bikiza benshi. Gusa si igitangaza kuko Yesu yasize avuze Ko umugaragu ataruta shebuja kandi anababwira Ko niba baramutoteje nabo bazatotezwa.

Kimwe mu biherekeza umuhamagaro w’intumwa nyakuri habamo imibabaro no gutotezwa.

Izi nizo ntumwa za mbere zabayeho kandi akarusho zo zifite kurusha izindi ntumwa ni uko zo zibaniye na Yesu imbonankubone, akazigisha bari kumwe mu mubiri ndetse zikanamwibonera akora ibitangaza kugeza apfuye ndetse akazuka akaziha intego yo kugenda amahanga zihindura abantu abigishwa ba Kristo. Asubiye mu ijuru ntiyazijyanye ahubwo yazisabiye kurindirwa mu isi nubwo nazo zitahatinze kuko itotezwa ritazoroheye kugeza nazo bazishe zikajya Mu ijuru gusanga uwazitumye ariko zari zimaze gukora imirimo ikomeye mu isi.

Amakuru y’uko basoje urugendo rwabo hano ku Isi yagiye avugwa n’abantu mu buryo butari ubw’inyandiko (oral way) ugasanga rero hari igihe abayatangaga rimwe na rimwe barabivugaga mu buryo butandukanye ariko turagerageza kubagezaho ibyagiye byandikwa n’abandi bashakashatsi n’abanyamateka. Muri izi ntumwa ntituri buvugemo Yuda Isikariyoti kuko we yapfuye yiyahuye nyuma yo kugambanira Yesu nkuko tubisanga muri Matayo 27:5.

-2994.jpg

Dore rero uko intumwa za Yesu uko ari 12 zarangije urugendo:


1. SIMONI Petero: Yari uw’i Betisida h’i Galileya yabambwe ku musaraba acuritswe kuko yanze kubambwa nk’Umwami we Yesu abasaba ko bamubamba bamucuritse , yaguye i Roma ho mu Butaliyani mu kwezi kwa 6 hagati ya 67 na 68 hagati y’imyaka 34 na 35 Yesu asubiye mu ijuru. Abanyamateka bavuga ko ashobora kuba yarapfiriye igihe kimwe na Pawulo kuko ari nabo bashinze itorero I Roma kandi bose biciwe I Roma.

2. ANDREA: Yiciwe mu Bugereki nawe bamubambye ku giti, yahambwe n’uwitwa Maximilien.Ariko igihe bamwiciye nticyamenyekanye neza.

3. YAKOBO (mukuru): Yishwe na Herode i Agripa amuciye igihanga, hari muri 44 imyaka 11 Yesu asubiye mu ijuru.Ibyakozwe n’Intumwa 12:1-2

4. FILIPO: Yabambwe ku giti ahitwa i Hierapolis muri Turukiya ahambwa na Barutoromayo. Nawe igihe yapfiriye nticyamenyekanye neza kuko bitanditswe.

5. BARUTOROMAYO: Bivugwa Ko Bamushishuyeho uruhu ari muzima ubwo bari basanze avuga ubutumwa
bwiza, bamaze kumuvanaho uruhu amara iminsi itatu abona gupfa.

6. MATAYO: Niwe bitaga Lewi ;uyu we yasogoswe nk’ihene yicishwa ibyuma, amakuru avuga ko yapfiriye muri Afrika muri Etiyopiya.

7. THOMAS: Yatewe amacumu ku manywa y’ihangu avuye kuvuga ubutumwa mu buhinde no mu bu Peresi (Iran y’ubu), bivugwa ko yabanje gushyingurwa Edessa muri Turukiya ariko na bugingo n’ubu mu buhinde umusozi bamwiciyeho barawumwitiriye (witwa St-Thomas). Ndetse hari n’abakristo bamwitiriwe mu buhinde ndetse yakunze kwitwa intumwa y’Ubuhinde kuko ari mu ba mbere bahajyanye ubutumwa Bwiza bwa Yesu Kristo. Yibukwa n’Itorero ry’aba Latino taliki ya 21/12, naho Abagiriki bakamwibuka 06/10 naho abanyamerica ba kavukire (Native Americans) bakamwibuka taliki ya 01/7.

8. THADEO (undi Yuda): Baramurashe bamutsinda ahitwa i Zefenisia avuye kuvuga ubutumwa i Buyuda n’ i Mesopotamia.

9. YAKOBO (mutoya): Bamuhanuye ku gasongero ku rusengero yikubita hasi atangiye gusamba bamuhurizaho amahiri arapfa . Ibyo byabereye i Yerusaremu.

10. SIMONI ZEROTE: Yiciwe muri Africa bamukereje urukerezo mu wa 96
nyuma ya Yesu.

11.MATHIAS(wasimbuye Yuda): Bamuteye amabuye amaze kunogoka bamuca igihanga.

12.YOHANA(umuhishuzi):
Bamucaniriye mu ngunguru y’amavuta aho gushya avamo yabaye umusore kandi bamutetse ari umusaza. Babonye adapfuye ,bajya kumuta ku kirwa cya Patimosi, Uwiteka nabwo amurindirayo akajya agaburirwa n’inyoni . Niho
yahishuriwe byishi nkuko tubisanga mu gitabo cy’ibyahishuwe nkuko yabihishuriwe yibereye muri uwo mwiherero kugeza ubwo yagaruwe muri Efeso aho yandikiye inzandiko 3 za Yohana.Niwe wenyine wapfuye ashaje azize urw’ikirago (umwami
Domitian niwe wari warategetse ko bamuteka mu mavuta).

Ibi bitwigisha ko uwamenye Kristo
Yesu aba ari kurugamba nkuko
Yobu yabivuze ngo iyo umuntu ari
mu Isi n’umubiri aba afashe igihe
mu ntambara. Bityo rero mukomere kandi mukomezanye kuko urugamba rurakomeje.

Ni koko iyi nzira irafunganye ariko tugomba
kuyinyuramo nkuko twabyiyemeje.

Muri iyi si ntawuzahatura nk’umusozi uretse ko nayo igihe kimwe izakurwaho niyo mpamvu rero ibyo tuhakorera bikwiriye kutadutera kwicira urubanza cyangwa ngo tuzatsindwe n’urubanza. Ikibabaje si uko izi ntumwa zatashye, ikibabaje ni uko ababa barazishe baba batarihannye.

-2993.jpg

Duharanire guha ubuzima bwacu Imana no kuyikorera kugira ngo umunsi yaduhamagaye tutazakorwa n’isoni.

Source: – www.amazingbibletimeline.com

www.christianity.com

Article by Claude Ndayishimiye

Shalom

2016-06-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ese ibyo  DONALD TRUMP yavuze yiyamamaza azabikora

Ese ibyo DONALD TRUMP yavuze yiyamamaza azabikora

Ubwanditsi 22 Dec 2016
‘ Jenoside ‘Jeneral Bosco Ntaganda  yabonye mu Rwanda ngo niyo  yatumye ajya gutabara muri Congo

‘ Jenoside ‘Jeneral Bosco Ntaganda yabonye mu Rwanda ngo niyo yatumye ajya gutabara muri Congo

Ubwanditsi 15 Jun 2017
Inyota y’Ubutegetsi itumye abari INKOTANYI  bahinduka  POWER

Inyota y’Ubutegetsi itumye abari INKOTANYI bahinduka POWER

Ubwanditsi 17 Aug 2016
Umubano hagati ya Adeline Rwigara, Col Sagatwa, Col. Rwagafirita n’umucuruzi Nzabarinda Xavier

Umubano hagati ya Adeline Rwigara, Col Sagatwa, Col. Rwagafirita n’umucuruzi Nzabarinda Xavier

Ubwanditsi 14 Oct 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

APR FC irashyikirizwa igikombe cya shampiyona ya 2019-2020 ku mukino wa mbere wo gusubukura shampiyona ya 2020-2021.
Amakuru

APR FC irashyikirizwa igikombe cya shampiyona ya 2019-2020 ku mukino wa mbere wo gusubukura shampiyona ya 2020-2021.

Ubwanditsi 01 May 2021
Kigali : Minisitiri w’Intebe Anastase Murekezi  yatashye ‘ DOVE HOTEL ‘ Inyubako y’akataraboneka y’ Itorero rya ADEPR ( AMAFOTO – VIDEO )
Mu Mahanga

Kigali : Minisitiri w’Intebe Anastase Murekezi yatashye ‘ DOVE HOTEL ‘ Inyubako y’akataraboneka y’ Itorero rya ADEPR ( AMAFOTO – VIDEO )

Ubwanditsi 14 Feb 2017
Kigali: Yishe umusore babanaga, umurambo we awujugunya mu bwiherero
Mu Rwanda

Kigali: Yishe umusore babanaga, umurambo we awujugunya mu bwiherero

Ubwanditsi 24 Jul 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru