• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»UKO INTUMWA 12 ZA YESU ZAPFUYE URUPFU RUBI

UKO INTUMWA 12 ZA YESU ZAPFUYE URUPFU RUBI

Ubwanditsi 16 Jun 2016 ITOHOZA

Bibiliya iravuga ngo Ijambo ry’umusaraba ku barimbuka ni ubupfu, ariko kuri twebwe abakizwa ni imbaraga z’Imana, kuko byanditswe ngo“Nzarimbura ubwenge bw’abanyabwenge, N’ubuhanga bw’abahanga nzabuhindura ubusa.”
Mbese none umunyabwenge ari he? Umwanditsi ari he? Umunyampaka wo muri iki gihe ari he? Ubwenge bw’iyi si Imana ntiyabuhinduye ubupfu?

Kuko ubwo ubwenge bw’Imana bwategetse ko ab’isi badaheshwa kumenya Imana n’ubwenge bw’isi, Imana yishimiye gukirisha abayizera ubupfu bw’ibibwirizwa. 1 Abakorinto 1:18-21.

Intumwa z’Imana z’ukuri zirarenganywa, zigatotezwa ndetse zikanicwa kuko ibyo bigisha abatazi ijambo ry’Imana babifata nk’ubupfu nyamara bikiza benshi. Gusa si igitangaza kuko Yesu yasize avuze Ko umugaragu ataruta shebuja kandi anababwira Ko niba baramutoteje nabo bazatotezwa.

Kimwe mu biherekeza umuhamagaro w’intumwa nyakuri habamo imibabaro no gutotezwa.

Izi nizo ntumwa za mbere zabayeho kandi akarusho zo zifite kurusha izindi ntumwa ni uko zo zibaniye na Yesu imbonankubone, akazigisha bari kumwe mu mubiri ndetse zikanamwibonera akora ibitangaza kugeza apfuye ndetse akazuka akaziha intego yo kugenda amahanga zihindura abantu abigishwa ba Kristo. Asubiye mu ijuru ntiyazijyanye ahubwo yazisabiye kurindirwa mu isi nubwo nazo zitahatinze kuko itotezwa ritazoroheye kugeza nazo bazishe zikajya Mu ijuru gusanga uwazitumye ariko zari zimaze gukora imirimo ikomeye mu isi.

Amakuru y’uko basoje urugendo rwabo hano ku Isi yagiye avugwa n’abantu mu buryo butari ubw’inyandiko (oral way) ugasanga rero hari igihe abayatangaga rimwe na rimwe barabivugaga mu buryo butandukanye ariko turagerageza kubagezaho ibyagiye byandikwa n’abandi bashakashatsi n’abanyamateka. Muri izi ntumwa ntituri buvugemo Yuda Isikariyoti kuko we yapfuye yiyahuye nyuma yo kugambanira Yesu nkuko tubisanga muri Matayo 27:5.

-2994.jpg

Dore rero uko intumwa za Yesu uko ari 12 zarangije urugendo:


1. SIMONI Petero: Yari uw’i Betisida h’i Galileya yabambwe ku musaraba acuritswe kuko yanze kubambwa nk’Umwami we Yesu abasaba ko bamubamba bamucuritse , yaguye i Roma ho mu Butaliyani mu kwezi kwa 6 hagati ya 67 na 68 hagati y’imyaka 34 na 35 Yesu asubiye mu ijuru. Abanyamateka bavuga ko ashobora kuba yarapfiriye igihe kimwe na Pawulo kuko ari nabo bashinze itorero I Roma kandi bose biciwe I Roma.

2. ANDREA: Yiciwe mu Bugereki nawe bamubambye ku giti, yahambwe n’uwitwa Maximilien.Ariko igihe bamwiciye nticyamenyekanye neza.

3. YAKOBO (mukuru): Yishwe na Herode i Agripa amuciye igihanga, hari muri 44 imyaka 11 Yesu asubiye mu ijuru.Ibyakozwe n’Intumwa 12:1-2

4. FILIPO: Yabambwe ku giti ahitwa i Hierapolis muri Turukiya ahambwa na Barutoromayo. Nawe igihe yapfiriye nticyamenyekanye neza kuko bitanditswe.

5. BARUTOROMAYO: Bivugwa Ko Bamushishuyeho uruhu ari muzima ubwo bari basanze avuga ubutumwa
bwiza, bamaze kumuvanaho uruhu amara iminsi itatu abona gupfa.

6. MATAYO: Niwe bitaga Lewi ;uyu we yasogoswe nk’ihene yicishwa ibyuma, amakuru avuga ko yapfiriye muri Afrika muri Etiyopiya.

7. THOMAS: Yatewe amacumu ku manywa y’ihangu avuye kuvuga ubutumwa mu buhinde no mu bu Peresi (Iran y’ubu), bivugwa ko yabanje gushyingurwa Edessa muri Turukiya ariko na bugingo n’ubu mu buhinde umusozi bamwiciyeho barawumwitiriye (witwa St-Thomas). Ndetse hari n’abakristo bamwitiriwe mu buhinde ndetse yakunze kwitwa intumwa y’Ubuhinde kuko ari mu ba mbere bahajyanye ubutumwa Bwiza bwa Yesu Kristo. Yibukwa n’Itorero ry’aba Latino taliki ya 21/12, naho Abagiriki bakamwibuka 06/10 naho abanyamerica ba kavukire (Native Americans) bakamwibuka taliki ya 01/7.

8. THADEO (undi Yuda): Baramurashe bamutsinda ahitwa i Zefenisia avuye kuvuga ubutumwa i Buyuda n’ i Mesopotamia.

9. YAKOBO (mutoya): Bamuhanuye ku gasongero ku rusengero yikubita hasi atangiye gusamba bamuhurizaho amahiri arapfa . Ibyo byabereye i Yerusaremu.

10. SIMONI ZEROTE: Yiciwe muri Africa bamukereje urukerezo mu wa 96
nyuma ya Yesu.

11.MATHIAS(wasimbuye Yuda): Bamuteye amabuye amaze kunogoka bamuca igihanga.

12.YOHANA(umuhishuzi):
Bamucaniriye mu ngunguru y’amavuta aho gushya avamo yabaye umusore kandi bamutetse ari umusaza. Babonye adapfuye ,bajya kumuta ku kirwa cya Patimosi, Uwiteka nabwo amurindirayo akajya agaburirwa n’inyoni . Niho
yahishuriwe byishi nkuko tubisanga mu gitabo cy’ibyahishuwe nkuko yabihishuriwe yibereye muri uwo mwiherero kugeza ubwo yagaruwe muri Efeso aho yandikiye inzandiko 3 za Yohana.Niwe wenyine wapfuye ashaje azize urw’ikirago (umwami
Domitian niwe wari warategetse ko bamuteka mu mavuta).

Ibi bitwigisha ko uwamenye Kristo
Yesu aba ari kurugamba nkuko
Yobu yabivuze ngo iyo umuntu ari
mu Isi n’umubiri aba afashe igihe
mu ntambara. Bityo rero mukomere kandi mukomezanye kuko urugamba rurakomeje.

Ni koko iyi nzira irafunganye ariko tugomba
kuyinyuramo nkuko twabyiyemeje.

Muri iyi si ntawuzahatura nk’umusozi uretse ko nayo igihe kimwe izakurwaho niyo mpamvu rero ibyo tuhakorera bikwiriye kutadutera kwicira urubanza cyangwa ngo tuzatsindwe n’urubanza. Ikibabaje si uko izi ntumwa zatashye, ikibabaje ni uko ababa barazishe baba batarihannye.

-2993.jpg

Duharanire guha ubuzima bwacu Imana no kuyikorera kugira ngo umunsi yaduhamagaye tutazakorwa n’isoni.

Source: – www.amazingbibletimeline.com

www.christianity.com

Article by Claude Ndayishimiye

Shalom

2016-06-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uwari Gitifu w’Akarere ka Gisagara yasezeye ku kazi

Uwari Gitifu w’Akarere ka Gisagara yasezeye ku kazi

Ubwanditsi 29 Sep 2017
Placide Kayumba umwe mu nkingi ya mwamba za Jambo Asbl izwiho gupfobya Jenoside  ni muntu ki?

Placide Kayumba umwe mu nkingi ya mwamba za Jambo Asbl izwiho gupfobya Jenoside ni muntu ki?

Ubwanditsi 14 Sep 2018
Vanessa Mdee yatawe muri yombi

Vanessa Mdee yatawe muri yombi

Ubwanditsi 13 Mar 2017
Guterana amagambo hagati ya Donald Trump n’Inzego z’Ubutasi bizagarukira he ?

Guterana amagambo hagati ya Donald Trump n’Inzego z’Ubutasi bizagarukira he ?

Ubwanditsi 18 Jan 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ikipe y’u Rwanda y’umukino wa Volleyball mu bagabo yageze i Kigali itahanye umwanya wa 6
Amakuru

Ikipe y’u Rwanda y’umukino wa Volleyball mu bagabo yageze i Kigali itahanye umwanya wa 6

Ubwanditsi 16 Sep 2023
Hashyizwe hanze video aho Rusesabagina Paul asobanura amavu n’amavuko ya MRCD/FLN mu kiganiro yagiranaga n’abagize uwo mutwe w’iterabwoba
Amakuru

Hashyizwe hanze video aho Rusesabagina Paul asobanura amavu n’amavuko ya MRCD/FLN mu kiganiro yagiranaga n’abagize uwo mutwe w’iterabwoba

Ubwanditsi 19 Oct 2021
Peter Kamasa watoje REG VC na Rwanda Revenue Authority VC yagizwe umutoza wa Kirehe VC.
Amakuru

Peter Kamasa watoje REG VC na Rwanda Revenue Authority VC yagizwe umutoza wa Kirehe VC.

Ubwanditsi 12 Jun 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru