• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Madamu Jeannette Kagame arahumuriza abatinya gushinga ingo

Madamu Jeannette Kagame arahumuriza abatinya gushinga ingo

Ubwanditsi 12 Jan 2020 INKURU NYAMUKURU

Madamu Jeannette Kagame avuga ko ibibazo bisigaye biba mu ngo z’Abanyarwanda bituma hari abato bica intege bagatinya gushinga ingo bitahozeho, bityo ko bishobora no kurangira umuntu akajya gushinga urugo yumva ko agiye aho azakundwa nk’uko byahoze kera.

Ibyo Madamu Jeannette Kagame yabivugiye mu kiganiro cyahuje abayobozi bakiri bato (Young Leaders Fellowship) cyabaye kuri uyu wa 11 Mutarama 2020, aho na we yaganirije abacyitabiriye, akaba yabigarutseho ubwo yari abajijwe ku bibazo ingo zirimo guhura na byo muri iki gihe.

Mu gusubiza icyo kibazo, Madamu Jeannette Kagame, yavuze ko hari ibibazo binyuranye byugarije imiryango, gusa ngo ntibyahozeho, kuko bimwe biva mu mico y’ahandi bityo ko bitagomba gutera ubwoba abato bifuza gushaka.

Yagize ati “Hari kunanirwa guhuza inshingano zo kuba umubyeyi, ikibazo cy’ingo zisenyuka mu buryo bukabije, abashakanye bapyinagaza bagenzi babo ku buryo bitera impungenge abato bifuza kubaka imiryango yabo. Ariko narema agatima abato bari hano, kuko ibi byo kubana nabi ntabwo ari umuco nyarwanda”.

Ati “Usubiye mu mateka, iyo kera basezeraga umugeni bamwizezaga ko aho agiye ari heza cyane, ibidutera ubwoba rero by’aho tugiye, ngo umugabo ni ‘umwana w’undi’ ni imico y’ahandi. Ubundi kwari ukugenda bavuga ngo uzamuteteshe, uzamukumbure muri kumwe, umuntu akumva yabijyamo”.

Akomeza avuga ko ibyo ari byo byagombye kugaruka kuko zari indangagaciro nziza zatumaga abantu babana neza.

Ati “Ndumva dukwiye gusubira mu mateka yacu tukajya kuvoma muri za ndangagaciro z’ubupfura, z’ubunyangamugayo, ibintu byose byatumaga abantu bakomera kuko byari igisebo kuba umuntu yahohotera uwo babana. Kuba rero twarabihaye intebe ubu, wenda turazira amateka kuba twarabikuye mu mahanga, tukabyitirirwa, mureke dushakishe umuco wacu”.

Madamu Jeannette Kagame kandi yasabye ababyeyi kugira intego yo guhorana imyitwarire myiza kuko ngo ari igisebo kumva umwana atinya kuvuga ko runaka ari umubyeyi we kubera ibyo yamubonyeho byamusebeje, bityo umwana niyitwara nabi atazavuga ko ari urugero yahawe n’umubyeyi we.

Yunzemo ko icyo abashakana muri iki gihe bagomba kumenya ari uko iyo umuntu ashatse hari byinshi bigomba guhinduka byanze bikunze, nko kumenya amasaha yo gutaha bitandukanye no mu gihe umuntu yabaga wenyine, hakabaho kwiyubaha no kubaha uwo mwashakaye.

Icyo kiganiro cyitabiriwe n’abantu bagera kuri 300, ahanini bakaba bagiye baza nk’abakuriye umuryango, ni ukuvuga umugabo n’umugore.

Andi mafoto:


2020-01-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yavuze ku hazaza h’imishinga u Rwanda ruhuriyeho n’ibindi bihugu

Perezida Kagame yavuze ku hazaza h’imishinga u Rwanda ruhuriyeho n’ibindi bihugu

Ubwanditsi 26 Jun 2018
Impungenge ni zose ku basesenguzi, basanga  amatora y’ Umukuru w’Igihugu muri Uganda ateganyijwe kuri iyi tariki  ya 14 Mutarama 2021, ashobora gusiga amaraso n’imiborogo!

Impungenge ni zose ku basesenguzi, basanga  amatora y’ Umukuru w’Igihugu muri Uganda ateganyijwe kuri iyi tariki  ya 14 Mutarama 2021, ashobora gusiga amaraso n’imiborogo!

Ubwanditsi 14 Jan 2021
Umubano hagati ya Kampala na Kigali ururushaho kujya I rudubi- Andre Mwenda

Umubano hagati ya Kampala na Kigali ururushaho kujya I rudubi- Andre Mwenda

Ubwanditsi 05 Sep 2018
Burundi: Utazi umwanzi acirira FDLR.

Burundi: Utazi umwanzi acirira FDLR.

Ubwanditsi 28 Sep 2024

Igitekerezo kimwe

  1. nkotanyi
    January 13, 20207:39 am -

    mwaramutse umubyeyiwacu ndamukunda cyane ndamushimiri kunama nziza yaduhaye Imana ikomeze kumuduhera umugisha inakomeze kumuturindira numuryongo we wose ariko nkubu nabuze amafaranga ngoshake ndenda kugira 40 kandi nfite umukobwa dukundana Madamu Jeannette Kagame bishoboka mwanfasha murakoze

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Dr. Kabera Callixte na Ngarambe Raphael bayoboye abakandida bifuza kuyobora ishyirahamwe ry’umukino w’intoki wa Volleyball mu Rwanda FRVB.
Amakuru

Dr. Kabera Callixte na Ngarambe Raphael bayoboye abakandida bifuza kuyobora ishyirahamwe ry’umukino w’intoki wa Volleyball mu Rwanda FRVB.

Ubwanditsi 19 May 2021
Natanyahu ati “hari abashyize igitutu ku Rwanda rureka kwakira abimukira”
HIRYA NO HINO

Natanyahu ati “hari abashyize igitutu ku Rwanda rureka kwakira abimukira”

Ubwanditsi 04 Apr 2018
Umunyarwenya Anne Kansiime ari mu byishimo byinshi byo kwitegura kwibaruka imfura ye.
Amakuru

Umunyarwenya Anne Kansiime ari mu byishimo byinshi byo kwitegura kwibaruka imfura ye.

Ubwanditsi 16 Apr 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru