• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Biratangaje, biranababaje kubona hari abahisemo kugereka ibibazo bya Kongo ku Rwanda, nyamara ntibagire icyo bavuga ku mutwe w’iterabwoba wa FDLR uhungabanya umutekano w’u Rwanda” -Perezida Kagame

Biratangaje, biranababaje kubona hari abahisemo kugereka ibibazo bya Kongo ku Rwanda, nyamara ntibagire icyo bavuga ku mutwe w’iterabwoba wa FDLR uhungabanya umutekano w’u Rwanda” -Perezida Kagame

Ubwanditsi 09 Jul 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda

Mu kiganiro yagiranye na Televiziyo y’Abafaransa, France 24, kuwa gatanu tariki 08 Nyakanga 2022, Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yanenze abiha ububasha bwo kugereka ku Rwanda ibibazo by’ingutu Kongo imaze imyaka n’imyaniko yigaraguramo, nyamara bagaragarizwa impunge z’umutekano w’u Rwanda uhunganywa n’imitwe irimo uw’abajenosideri wa FDLR, bakaruca bakarumira.

Perezida Kagame atangazwa n’uburyo bamwe bashyira u Rwanda mu majwi nta n’ibimenyetso na mba bafite, ahubwo bakirengagiza ibigaragarira buri wese. Yibukije ibisasu byarashwe ku butaka bw’u Rwanda muri Werurwe na Kamena uyu mwaka, bivuye muri Kongo, bikanakomeretsa abaturage. Yagarutse kandi ku gitero FDLR n’ibibwana byayo bagabye mu Kinigi muw’2019, abantu bakahagwa, abandi bagameretswa, imitungo yabo ikangirika, nyamara kuva icyo gihe abahora batoteza u Rwanda, nta kintu na kimwe bavuze ngo nibura bamagane ubwo bugizi bwa nabi n’ubushotoranyi.

Muri icyo Kiganiro Perezida Kagame yashimangiye ko u Rwanda nta nyungu rufite mu ntambara ya Kongo, ari nayo mpamvu yagiye mu nama yabereye i Luanda muri Angola kuwa gatatu ushize, yari igamije gusuzuma no kubonera igisubizo ikibazo cy’ umutekano muke aho muri Kongo.

Mu kiganiro Ministiri w’ Ububanyi n’Amahanga wa Kongo, Lutundula yagiranye n’abanyamakuru asobanura imyanzuro y’ iyo nama yabereye i Luanda, yatunguye abantu ubwo yavugaga ko ngo ari ubwa mbere uRwanda rwemeye ko inyeshyamba za FDLR zitaha!

Ni ubuswa n’ubugome kwirengagiza ko isi yose izi neza hashize imyaka itabarika uRwanda rushyizeho gahunda yo gucyura no kwakira impunzi, zirimo n’abarwanyi ba FDLR, ndetse ubu ababarirwa mu bihumbi bakaba baratashye.

Abasesengura ibya politiki yo muri akaka karere basanga kuba hari abahitamo kwikoma uRwanda ku maherere, aho kwamagana imitwe nka FDLR yica abantu ikanabasahura, biri mu nyungu z’abasarurira mu nduru zihoza muri Kongo.

Abo basesenguzi kandi basanga ibinyoma by’abategetsi ba Kongo bigaragaza ubushobozi buke bwo kwikemurira ibibazo, bagashaka undi babyegekaho.

Kuba abo bategetsi bihanukira bakavuga ko u Rwanda rwari rwaranze ko abo muri FDLR bataha, ni ukunanirwa gusobanura uburyo abo bajenosideri bamaze imyaka isaga 25 bidegembya muri Kongo, ubu ndetse bakaba bari kumwe n’igisirikari cya Kongo mu ntamba kirwana na M23.

Nubwo abenshi birengagiza ukuri nkana ariko, hari n’abashyira mu gaciro, bakagaragaza umuzi nyawo w’ ibibazo. Umwe muri abo ni Karidinali Fridolin Ambongo, Arikiyepiskopi wa Kinshasa udasiba kuvuga ko ibibazo bya Kongo bishingiye ku butegetsi bwaboze. Mu kiganiro na Televiziyo KTO y’idini Gatolika, Karidinari Frigolin Ambongo yagize ati:” Umuzi w’ bibazo bya Kongo ni abategetsi batagira umutima, bashyira imbere inyungu zabo bwite, aho kwita ku cyagirira rubanda akamaro”.

Aya magambo yuzuye ukuri ya Karidinali Ambongo, aje yunganira ibiherutse kuvugwa n’ishyaka rya Joseph Kabila Kabange wigeze kuba Perezida wa Kongo, riherutse gusohora itangazo rivuga ko ibibazo bya Kongo ari ingaruka z’ibyemezo bya gihubutsi, bifatwa n’ubutegetsi bwa Félix Tshisekedi.

2022-07-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Rayon Sports yageze muri 1/4 cy’imikino y’igikombe cy’Amahoro isezereye Musanze FC ku giteranyo cy’ibitego 3-1

Rayon Sports yageze muri 1/4 cy’imikino y’igikombe cy’Amahoro isezereye Musanze FC ku giteranyo cy’ibitego 3-1

Ubwanditsi 21 Apr 2022
Kayumba Nyamwasa yirwaje Coronavirus ngo adakomeza kubazwa izimira rya Ben Rutabana

Kayumba Nyamwasa yirwaje Coronavirus ngo adakomeza kubazwa izimira rya Ben Rutabana

Ubwanditsi 03 Apr 2020
Nyarugenge: Abaturage basabwe gufatanya na Polisi y’u Rwanda kurwanya ibiyobyabwenge

Nyarugenge: Abaturage basabwe gufatanya na Polisi y’u Rwanda kurwanya ibiyobyabwenge

Ubwanditsi 26 Mar 2017
Inama yahuje u Rwanda na Uganda yemeje ko gushyamirana byabereye ku butaka bw’u Rwanda

Inama yahuje u Rwanda na Uganda yemeje ko gushyamirana byabereye ku butaka bw’u Rwanda

Ubwanditsi 27 May 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Cassa Mbungo André yatandukanye n’ikipe ya AS Kigali yari abereye umutoza mukuru
Amakuru

Cassa Mbungo André yatandukanye n’ikipe ya AS Kigali yari abereye umutoza mukuru

Ubwanditsi 30 Nov 2023
Abarokotse Jenoside Yakorewe abatutsi baributsa “Idamange Yvonne” ko Leta yabarokoye ikabakura ku mwobo w’urupfu, ahubwo ariwe ukoresha iturufu ya Jenoside ngo abone VISA na Go fund me, Ubutabera buramutegereje
Amakuru

Abarokotse Jenoside Yakorewe abatutsi baributsa “Idamange Yvonne” ko Leta yabarokoye ikabakura ku mwobo w’urupfu, ahubwo ariwe ukoresha iturufu ya Jenoside ngo abone VISA na Go fund me, Ubutabera buramutegereje

Ubwanditsi 05 Feb 2021
Isesengura : Urutegereje Eugene Gasana, wafatiye umugore ku ngufu muri The Millennium Hilton New York
ITOHOZA

Isesengura : Urutegereje Eugene Gasana, wafatiye umugore ku ngufu muri The Millennium Hilton New York

Ubwanditsi 19 Jun 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru