• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abakinnyi 19 muri 28 bahamagawe n’umutoza Stephen Constantine witegura gukina na Liberia na Cap-Vert, bakina hanze y’u Rwanda   |   09 Sep 2026

  • Irabu: Ibigarahamwe mwitege iyi nkota ya menge ivuye muri Oman nimukoronge ariko nimurenga wa murongo izabarya   |   09 Sep 2026

  • Cricket: U Rwanda rwitwaye neza mu mukino ufungura irushanwa rya ILT20 Continent Cup 2026   |   08 Sep 2026

  • Byatsi Baker yongeye kwikirigita araseka, mu mugambi we wa mpemuke ndamuke akomeje wo kwambara urubwa rwo gusebya u Rwanda rwabyaye Nyina   |   08 Sep 2026

  • Cassa Mbungo yahamagaye ikipe y’igihugu y’u Rwanda U20, banatangira imyitozo yitegura imikino ya CECAFA izabera muri Tanzania   |   08 Sep 2026

  • Patrice Evra wakiniye Manchester United n’ikipe y’igihugu y’u Bufaransa, uri mu Rwanda yashimye intambwe y’u Rwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi   |   03 Sep 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Biratangaje, biranababaje kubona hari abahisemo kugereka ibibazo bya Kongo ku Rwanda, nyamara ntibagire icyo bavuga ku mutwe w’iterabwoba wa FDLR uhungabanya umutekano w’u Rwanda” -Perezida Kagame

Biratangaje, biranababaje kubona hari abahisemo kugereka ibibazo bya Kongo ku Rwanda, nyamara ntibagire icyo bavuga ku mutwe w’iterabwoba wa FDLR uhungabanya umutekano w’u Rwanda” -Perezida Kagame

Ubwanditsi 09 Jul 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda

Mu kiganiro yagiranye na Televiziyo y’Abafaransa, France 24, kuwa gatanu tariki 08 Nyakanga 2022, Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yanenze abiha ububasha bwo kugereka ku Rwanda ibibazo by’ingutu Kongo imaze imyaka n’imyaniko yigaraguramo, nyamara bagaragarizwa impunge z’umutekano w’u Rwanda uhunganywa n’imitwe irimo uw’abajenosideri wa FDLR, bakaruca bakarumira.

Perezida Kagame atangazwa n’uburyo bamwe bashyira u Rwanda mu majwi nta n’ibimenyetso na mba bafite, ahubwo bakirengagiza ibigaragarira buri wese. Yibukije ibisasu byarashwe ku butaka bw’u Rwanda muri Werurwe na Kamena uyu mwaka, bivuye muri Kongo, bikanakomeretsa abaturage. Yagarutse kandi ku gitero FDLR n’ibibwana byayo bagabye mu Kinigi muw’2019, abantu bakahagwa, abandi bagameretswa, imitungo yabo ikangirika, nyamara kuva icyo gihe abahora batoteza u Rwanda, nta kintu na kimwe bavuze ngo nibura bamagane ubwo bugizi bwa nabi n’ubushotoranyi.

Muri icyo Kiganiro Perezida Kagame yashimangiye ko u Rwanda nta nyungu rufite mu ntambara ya Kongo, ari nayo mpamvu yagiye mu nama yabereye i Luanda muri Angola kuwa gatatu ushize, yari igamije gusuzuma no kubonera igisubizo ikibazo cy’ umutekano muke aho muri Kongo.

Mu kiganiro Ministiri w’ Ububanyi n’Amahanga wa Kongo, Lutundula yagiranye n’abanyamakuru asobanura imyanzuro y’ iyo nama yabereye i Luanda, yatunguye abantu ubwo yavugaga ko ngo ari ubwa mbere uRwanda rwemeye ko inyeshyamba za FDLR zitaha!

Ni ubuswa n’ubugome kwirengagiza ko isi yose izi neza hashize imyaka itabarika uRwanda rushyizeho gahunda yo gucyura no kwakira impunzi, zirimo n’abarwanyi ba FDLR, ndetse ubu ababarirwa mu bihumbi bakaba baratashye.

Abasesengura ibya politiki yo muri akaka karere basanga kuba hari abahitamo kwikoma uRwanda ku maherere, aho kwamagana imitwe nka FDLR yica abantu ikanabasahura, biri mu nyungu z’abasarurira mu nduru zihoza muri Kongo.

Abo basesenguzi kandi basanga ibinyoma by’abategetsi ba Kongo bigaragaza ubushobozi buke bwo kwikemurira ibibazo, bagashaka undi babyegekaho.

Kuba abo bategetsi bihanukira bakavuga ko u Rwanda rwari rwaranze ko abo muri FDLR bataha, ni ukunanirwa gusobanura uburyo abo bajenosideri bamaze imyaka isaga 25 bidegembya muri Kongo, ubu ndetse bakaba bari kumwe n’igisirikari cya Kongo mu ntamba kirwana na M23.

Nubwo abenshi birengagiza ukuri nkana ariko, hari n’abashyira mu gaciro, bakagaragaza umuzi nyawo w’ ibibazo. Umwe muri abo ni Karidinali Fridolin Ambongo, Arikiyepiskopi wa Kinshasa udasiba kuvuga ko ibibazo bya Kongo bishingiye ku butegetsi bwaboze. Mu kiganiro na Televiziyo KTO y’idini Gatolika, Karidinari Frigolin Ambongo yagize ati:” Umuzi w’ bibazo bya Kongo ni abategetsi batagira umutima, bashyira imbere inyungu zabo bwite, aho kwita ku cyagirira rubanda akamaro”.

Aya magambo yuzuye ukuri ya Karidinali Ambongo, aje yunganira ibiherutse kuvugwa n’ishyaka rya Joseph Kabila Kabange wigeze kuba Perezida wa Kongo, riherutse gusohora itangazo rivuga ko ibibazo bya Kongo ari ingaruka z’ibyemezo bya gihubutsi, bifatwa n’ubutegetsi bwa Félix Tshisekedi.

2022-07-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Burundi: Bamwe mu bakekwaho kuzasimbura Perezida Nkurunziza, barigamba ubwicanyi  [ VIDEO ]

Burundi: Bamwe mu bakekwaho kuzasimbura Perezida Nkurunziza, barigamba ubwicanyi [ VIDEO ]

Ubwanditsi 10 Oct 2019
Sayinzoga Jean wari Umuyobozi wa Komisiyo ya ‘Demobilisation’ yitabye Imana

Sayinzoga Jean wari Umuyobozi wa Komisiyo ya ‘Demobilisation’ yitabye Imana

Ubwanditsi 17 Apr 2017
Ubutegetsi bwa Uganda mu ikinamico yo gutega ibisasu I Kampala n’ahandi bikitirirwa imitwe y’iterabwoba, kandi ari ugushaka urwitwazo rwo kwinjira muri Kongo no kwikiza abatavuga rumwe nabwo

Ubutegetsi bwa Uganda mu ikinamico yo gutega ibisasu I Kampala n’ahandi bikitirirwa imitwe y’iterabwoba, kandi ari ugushaka urwitwazo rwo kwinjira muri Kongo no kwikiza abatavuga rumwe nabwo

Ubwanditsi 16 Nov 2021
Abajenosideri isi ikomeje kubabana ntoya, Urukiko rw’Ikirenga muri Suwede rwategetse ko ruharwa Jean Paul Micomyiza yoherezwa mu Rwanda

Abajenosideri isi ikomeje kubabana ntoya, Urukiko rw’Ikirenga muri Suwede rwategetse ko ruharwa Jean Paul Micomyiza yoherezwa mu Rwanda

Ubwanditsi 22 Dec 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

RPF- Inkotanyi :  Perezida Kagame yiyamye  Abayobozi  basinda kwirirwa baratwa bakagera aho biyitiranya n’igihugu
POLITIKI

RPF- Inkotanyi : Perezida Kagame yiyamye Abayobozi basinda kwirirwa baratwa bakagera aho biyitiranya n’igihugu

Ubwanditsi 14 Dec 2016
Rayon Sports yakiranywe urugwiro n’abanyarwanda benshi batuye i Maputo-Amafoto
IMIKINO

Rayon Sports yakiranywe urugwiro n’abanyarwanda benshi batuye i Maputo-Amafoto

Ubwanditsi 16 Apr 2018
Ababyeyi n’abayobozi b’Ibigo by’amashuri barasabwa gukurikirana umutekano w’abana mu modoka zibajyana ku ishuri zikanabacyura
Mu Mahanga

Ababyeyi n’abayobozi b’Ibigo by’amashuri barasabwa gukurikirana umutekano w’abana mu modoka zibajyana ku ishuri zikanabacyura

Ubwanditsi 28 Jan 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

31 Aug 2026
Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru