• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Biratangaje, biranababaje kubona hari abahisemo kugereka ibibazo bya Kongo ku Rwanda, nyamara ntibagire icyo bavuga ku mutwe w’iterabwoba wa FDLR uhungabanya umutekano w’u Rwanda” -Perezida Kagame

Biratangaje, biranababaje kubona hari abahisemo kugereka ibibazo bya Kongo ku Rwanda, nyamara ntibagire icyo bavuga ku mutwe w’iterabwoba wa FDLR uhungabanya umutekano w’u Rwanda” -Perezida Kagame

Ubwanditsi 09 Jul 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda

Mu kiganiro yagiranye na Televiziyo y’Abafaransa, France 24, kuwa gatanu tariki 08 Nyakanga 2022, Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yanenze abiha ububasha bwo kugereka ku Rwanda ibibazo by’ingutu Kongo imaze imyaka n’imyaniko yigaraguramo, nyamara bagaragarizwa impunge z’umutekano w’u Rwanda uhunganywa n’imitwe irimo uw’abajenosideri wa FDLR, bakaruca bakarumira.

Perezida Kagame atangazwa n’uburyo bamwe bashyira u Rwanda mu majwi nta n’ibimenyetso na mba bafite, ahubwo bakirengagiza ibigaragarira buri wese. Yibukije ibisasu byarashwe ku butaka bw’u Rwanda muri Werurwe na Kamena uyu mwaka, bivuye muri Kongo, bikanakomeretsa abaturage. Yagarutse kandi ku gitero FDLR n’ibibwana byayo bagabye mu Kinigi muw’2019, abantu bakahagwa, abandi bagameretswa, imitungo yabo ikangirika, nyamara kuva icyo gihe abahora batoteza u Rwanda, nta kintu na kimwe bavuze ngo nibura bamagane ubwo bugizi bwa nabi n’ubushotoranyi.

Muri icyo Kiganiro Perezida Kagame yashimangiye ko u Rwanda nta nyungu rufite mu ntambara ya Kongo, ari nayo mpamvu yagiye mu nama yabereye i Luanda muri Angola kuwa gatatu ushize, yari igamije gusuzuma no kubonera igisubizo ikibazo cy’ umutekano muke aho muri Kongo.

Mu kiganiro Ministiri w’ Ububanyi n’Amahanga wa Kongo, Lutundula yagiranye n’abanyamakuru asobanura imyanzuro y’ iyo nama yabereye i Luanda, yatunguye abantu ubwo yavugaga ko ngo ari ubwa mbere uRwanda rwemeye ko inyeshyamba za FDLR zitaha!

Ni ubuswa n’ubugome kwirengagiza ko isi yose izi neza hashize imyaka itabarika uRwanda rushyizeho gahunda yo gucyura no kwakira impunzi, zirimo n’abarwanyi ba FDLR, ndetse ubu ababarirwa mu bihumbi bakaba baratashye.

Abasesengura ibya politiki yo muri akaka karere basanga kuba hari abahitamo kwikoma uRwanda ku maherere, aho kwamagana imitwe nka FDLR yica abantu ikanabasahura, biri mu nyungu z’abasarurira mu nduru zihoza muri Kongo.

Abo basesenguzi kandi basanga ibinyoma by’abategetsi ba Kongo bigaragaza ubushobozi buke bwo kwikemurira ibibazo, bagashaka undi babyegekaho.

Kuba abo bategetsi bihanukira bakavuga ko u Rwanda rwari rwaranze ko abo muri FDLR bataha, ni ukunanirwa gusobanura uburyo abo bajenosideri bamaze imyaka isaga 25 bidegembya muri Kongo, ubu ndetse bakaba bari kumwe n’igisirikari cya Kongo mu ntamba kirwana na M23.

Nubwo abenshi birengagiza ukuri nkana ariko, hari n’abashyira mu gaciro, bakagaragaza umuzi nyawo w’ ibibazo. Umwe muri abo ni Karidinali Fridolin Ambongo, Arikiyepiskopi wa Kinshasa udasiba kuvuga ko ibibazo bya Kongo bishingiye ku butegetsi bwaboze. Mu kiganiro na Televiziyo KTO y’idini Gatolika, Karidinari Frigolin Ambongo yagize ati:” Umuzi w’ bibazo bya Kongo ni abategetsi batagira umutima, bashyira imbere inyungu zabo bwite, aho kwita ku cyagirira rubanda akamaro”.

Aya magambo yuzuye ukuri ya Karidinali Ambongo, aje yunganira ibiherutse kuvugwa n’ishyaka rya Joseph Kabila Kabange wigeze kuba Perezida wa Kongo, riherutse gusohora itangazo rivuga ko ibibazo bya Kongo ari ingaruka z’ibyemezo bya gihubutsi, bifatwa n’ubutegetsi bwa Félix Tshisekedi.

2022-07-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Gutsindwa kwa RNC bishobora kongera iyicarubozo ry’inzirakarengane z’Abanyarwanda muri Uganda, bikaba n’ umuvuno kuri Dianne Rwigara

Gutsindwa kwa RNC bishobora kongera iyicarubozo ry’inzirakarengane z’Abanyarwanda muri Uganda, bikaba n’ umuvuno kuri Dianne Rwigara

Ubwanditsi 18 Jul 2019
Perezida Kagame asanga 2020 izaba nziza kurusha 2019

Perezida Kagame asanga 2020 izaba nziza kurusha 2019

Ubwanditsi 20 Dec 2019
Nyamagabe: Umuturage akurikiranweho Tract  iriho urutonde rw’abacitse ku icumu ibatera ubwoba

Nyamagabe: Umuturage akurikiranweho Tract iriho urutonde rw’abacitse ku icumu ibatera ubwoba

Ubwanditsi 16 Apr 2017
Imvo N’Imvano Y’Ibibazo By’Umutekano wa ntawo Byabaye Karande Mu Burasirazuba Bwa Repubulika Iharanira Demukarasi Ya Congo

Imvo N’Imvano Y’Ibibazo By’Umutekano wa ntawo Byabaye Karande Mu Burasirazuba Bwa Repubulika Iharanira Demukarasi Ya Congo

Ubwanditsi 30 Jul 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda ikomeje kuba akarima na gatobero ka Kayumba Nyamwasa
INKURU NYAMUKURU

Uganda ikomeje kuba akarima na gatobero ka Kayumba Nyamwasa

Ubwanditsi 26 Mar 2020
Umusaruro wo gusura ingagi wiyongereyeho hafi miliyoni 853 Frw mu mezi ane ashize
UBUKERARUGENDO

Umusaruro wo gusura ingagi wiyongereyeho hafi miliyoni 853 Frw mu mezi ane ashize

Ubwanditsi 29 Sep 2018
UGANDA: Besigye yanenze bikomeye Museveni kumwanzuro yafashe wo kugurira ibifaru abadepite mugukaza umutekano wabo.
INKURU NYAMUKURU

UGANDA: Besigye yanenze bikomeye Museveni kumwanzuro yafashe wo kugurira ibifaru abadepite mugukaza umutekano wabo.

Ubwanditsi 15 Jul 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru