• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Urusha nyina w’umwana imbabazi aba ashaka kumurya: “Inzobere za Loni zirashinja ingabo z’u Rwanda kuvogera ubutaka bwa Kongo, uboshye iki gihugu ubwacyo kitabasha kumenya abakivogereye.

Urusha nyina w’umwana imbabazi aba ashaka kumurya: “Inzobere za Loni zirashinja ingabo z’u Rwanda kuvogera ubutaka bwa Kongo, uboshye iki gihugu ubwacyo kitabasha kumenya abakivogereye.

Ubwanditsi 05 Jan 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Si ubwa mbere abiyita”inzobere” za Loni basohora ibyegeranyo bifafaritse, bigambiriye gusa guharabika isura y’uRwanda, ariko inshuro zose babigerageje ayo mateshwa yafashe ubusa.  Nyamara ntibajya bacika intege, kuko bahora bashakisha icyatuma ibihugu byo mu karere bishyamirana, kugirango abo ba Rusaruriramunduru bitwikire intambara maze bisahurire nk’uko bamaze imyaka n’imyaniko babikora.

Ubu noneho ikigezweho ni raporo y’izo “nzobere” za Loni  ishinja  ingabo z’uRwanda,RDF, kuba ziri mu bikorwa bya gisirikari muri Kivu y’Amajyarugu. Ibikubiye muri iyo raporo ngo ni ibyo babwiwe n’inyeshyamba za FDLR, wa mutwe w’iterabwoba ugizwe ahanini n’abagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi. Namwe nimwiyumvire abatangabuhamya “inzobere” za Loni zikesha amakuru yizewe! Abandi ngo izo nzobere zabajije ni abantu batavugwa amazina, nibura ngo uwashaka kumenya ukuri kw’ibiri mu cyegeranyo abe yababaza.

Nta gihe uRwanda rutabwiye isi yose ko nta musirikari warwo n’umwe uri muri Kongo, ariko ingumba z’amatwi zirashyashyana mu binyoma bidafite ishingiro. Ubwo ibihuha nk’ibi byakwirakwizwaga muri Mata umwaka ushize, Umukuru w’Igihugu, Paul Kagame, yasobanuriye isi yose ko nta ngabo uRwanda rwohereje muri Kongo, ko ibikorwa byo guhashya imitwe yitwara gisirikari muri icyo gihugu bikorwa n’ingabo za Kongo ubwazo.  Kuva Perezida  Félix  Tshisekedi yatorerwa kuyobora Kongo , ashimangira ko Leta ye yahagurukiye kurwanya imitwe y’inyeshyamba zagize icyo gihugu indiri yazo.

Nta na rimwe aratunga agatoki ingabo z’uRwanda, ngo avuge ko zaba ziri ku butaka bw’igihugu cye. Abasesenguzi rero basanga ibyo “inzobere’ za Loni zirimo ari nka wa wundi urusha nyina w’umwana imbabazi, ashaka kumurya.Ngabo ba Rusaruriramundunru tuvuga! Hari n’abasanga ariko ikigamijwe ari uguca intege ingabo za Kongo no kuzisuzugura, bagerageza kwerekana ko  zitakwifasha ibikorwa by’indashyikirwa zimaze kugeraho, byo guhashya imitwe y’iterabwoba nka FDLR, FLN, CNRD, RNC n’indi izo ngabo za Kongo zirirwa zicucumira mu mashyamba ya Kivu zombi.

Mu gihe cyashize Ingabo z’uRwanda zagiye muri Kongo  ku bwumvikane n’iz’ icyo gihugu, mu cyiswe”Umoja Wetu, ibikorwa by’ubufatanye birangiye zitaha ku manywa y’ihangu, isi yose ibireba. Kuki rero ubu bwo byakorwa rwihishwa? Mu minsi ishize hari abiyita abanyapolitiki bakwije impuha zigamije guteranya uRwanda na Kongo, bavuga ko uRwanda kwigarurira tumwe mu turere tw’icyo gihugu.

Ibyo bipapirano bise”balkanization” babonye bidafashe, ubu bazanye ibindi nabyo bigamije guhembera umutekano mucye muri aka karere k’ibiyaga bigari. Ibuye ryagaragaye ntiriba rikishe isuka, ayo mateshwa mashya nayo azafata ubusa nk’ayayabanjirije. Birazwi ko hari abatishimiye umubano mwiza uri hagati y’u Rwanda na Kongo-Kinshasa, kuko abazabihomberamo ba mbere  ari abashaka guhungabanya umutekano w’uRwanda n’ababashyigikiye. Abo badashaka ikijya mbere, bamenye ko nta gihe ineza itazatsinda inabi.

2021-01-05
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Burundi: Abanyamakuru bigenga n’abatavuga rumwe n’ubutegetsi barashinja LONI ubugambanyi kubera inkunga “FNUAP” yateye igitangazamakuru cy’umugore wa perezida nkurunziza

Burundi: Abanyamakuru bigenga n’abatavuga rumwe n’ubutegetsi barashinja LONI ubugambanyi kubera inkunga “FNUAP” yateye igitangazamakuru cy’umugore wa perezida nkurunziza

Ubwanditsi 09 Feb 2018
Ubutegetsi muri Uganda burashaka kwigizayo umukuru wa Polisi bwitwaje u Rwanda

Ubutegetsi muri Uganda burashaka kwigizayo umukuru wa Polisi bwitwaje u Rwanda

Ubwanditsi 12 Dec 2017
Amavubi y’abagore ntakitabiriye amajonjora yo gushaka itike y’igikombe cy’Afurika

Amavubi y’abagore ntakitabiriye amajonjora yo gushaka itike y’igikombe cy’Afurika

Ubwanditsi 13 Oct 2021
Burundi: HRW ngo ibya referendum bimaze kugwamo 15

Burundi: HRW ngo ibya referendum bimaze kugwamo 15

Ubwanditsi 19 May 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uko Museveni, Kayumba na Rudasingwa bakina umukino w’ubucabiranya bigira nyoni nyinshi
INKURU NYAMUKURU

Uko Museveni, Kayumba na Rudasingwa bakina umukino w’ubucabiranya bigira nyoni nyinshi

Ubwanditsi 12 Jul 2019
Ikipe ya Rayon Sports yaguye miswi na Lydia Ludic 1-1
IMIKINO

Ikipe ya Rayon Sports yaguye miswi na Lydia Ludic 1-1

Ubwanditsi 12 Feb 2018
Uko umukungugu mu muhanda wa Ndera uteye ubwoba cyane
Mu Mahanga

Uko umukungugu mu muhanda wa Ndera uteye ubwoba cyane

Ubwanditsi 01 Jun 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru