• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Dr Sila Cehreli, impuguke mu by’amateka  akaba n’umushakashatsi muri Kamunuza ya Marmara, muri Turikiya, aragaragaza ko abiyita abahanga nka Judi  Rever, amateka azabagayira ubuswa n’ubugome mu guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi

Dr Sila Cehreli, impuguke mu by’amateka  akaba n’umushakashatsi muri Kamunuza ya Marmara, muri Turikiya, aragaragaza ko abiyita abahanga nka Judi  Rever, amateka azabagayira ubuswa n’ubugome mu guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 28 Dec 2020 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Uyu mugore ukomoka muri Turkiya , umuhanga cyane mu mateka , akaba n’umushakashatsi  mu bjyanye na politiki mpuzamahanga, amaze gusohora imbanzirizamushinga y’igitabo yitegura gushyira ahagaragara muri Mutarama 2021, kivuguruza, mu buryo bucukumbuye cyane,ubugome buvanze n’ubuswa umunyakanadakazi, Judi Rever , yandikanye igitabo”L’éloge du sang”,gihakana kikanapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi ku buryo bugaragarira buri wese. Muri iyo  mpanzirizamushinga twashoboye kubonera kopi, Sila Cehreli, aravuga ko icyo agamije ari ukwereka isi yose uburyo Judi Rever yokamwe n’urwango, kugeza n’aho yitiranya  nkana abagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, abayikorewe n’abayihagaritse isi yose irebera. Agendeye ku buhamya bwatanzwe n’abantu bafitiwe icyizere ku rwego mpuzamahanga, ku nyandiko n’ubushakashatsi isi yose yahaye agaciro, Sila Cehreli, aravuga ko azasenya yivuye inyuma ibinyoma bya Judi Reva, we washingiye ibitakaragasi bye ku batangabuhamya batabaho, ku magambo y’abicanyi  bagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, n’ ay’ abahoze muri RPF-Inkotanyi bakaza kuyivamo kubera ubuhemu bunyuranye.

Umuhanga Sila Cehreli ngo ntiyumva uburyo umuntu wiyita umunyamakuru w’igitangaza nka Judi Rever,  yasohora igitabo kizasomwa n’isi yose, ibigikubiyemo ari ibipapirano, bishingiyue gusa ku marangamutima n’urwago afitiye uRwanda , abayobozi barwo bakuru, n’abarokotse Jinoside yakorewe Abatutsi . Mu gitabo we yise “L’éloge de la Haine”,  uyu mushakashatsi  akaba n’umwarimu  muri Kaminuza Mpuzamahanga ya Marmara muri Turkiya, ngo yiteguye kwerekana ,urupapuro ku rundi, ko Judi  Rever nta kindi agendereye uretse gutagatifuza abicanyi, dore ko ngo ibyo yanditse yabibwiwe ahanini n’abo ba rukarabankaba, nka Théoneste Bagosora, Colonel Anatole Nsengiyumva, Eriezel Niyitegeka n’abandi bahamijwe icyaha cya Jenoside n’ibindi byaha ndengakamere byibasiye inyokomuntu, ndetse Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda rukabibahanira.

Madamu Dr  Cehreli ati:”Namwe nimunyumvire abantu Judi Reva akesha ibyo yanditse mu ngirwagitabo ye, mumbwire agaciro bikwiye guhabwa”. Mu mahomvu menshi Judi Reva adahwema gukwirakwiza, agerageza kwerekana ko ubwicanyi  bwakorewe Abatutsi mu bice bitandukanye , bwakozwe n’ingabo za RPF-Inkotanyi, yewe no mu bice byagenzurwaga n’ingabo za Leta y’icyo gihe. Urugero ni nk’aho avuga ko Abatutsi baguye mu Bisesero(Kibuye), bishwe na FPR inkotanyi, yirengagije ko bishwe ako karere k ‘uburengerazuba kose kakigenzurwa na EX-FAR ndetse n’abasirikari b’uBufaransa bari  mu cyiswe “Zone Turquoise”.

Dr Sila Cehreli asobanura ko ikindi kimenyetso cy’ umugambi mubisha wa Judi Rever wo gushaka gusiga icyasha ingabo zahagaritse Jenoside yakorewe Abatutsi, ari uko hari amafoto yita ay’ “Abahutu bishwe na FPR-Inkotanyi “, kandi abashakashatsi n’abatangabuhamya badafite aho babogamiye, baragaragagaje ko ahubwo ayo mafoto ari ay’ Abatutsi bizwi neza ko bishwe n’Interahamwe n’abasirikari ba Leta.Ikindi, ngo hari abo yita Abahutu bishwe na FPR-Inkotanyi, bikaza kugaragara ko bakiriho, abandi bakaba barishwe n’urw’ikirango mu myaka ya za 95-96.

Ntabwo ari Dr Seli Cehreli  unenga cyane ibivugwa na Judi Rever, kuko  ubu ahanganye  n’Umufaransa Guillaume Ancel wari umusirikari muri “Opération Turquoise”,   abadepite mu nteko zishinga amategeko mu bihugu binyuranye, imiryango mpuzamahanga irwanya Jenoside n’irondabwoko,  iharanira uburenganzira bw’Abahohotewe muri Jenoside yakorewe Abatutsi, abashakashatsi, abanyamateka, n’abandi benshi bashyira mu gaciriro, batumva ukuntu umuntu yakwikora akagorera amateka abantu bose bafiteho ukuri.  Igitabo cya Seli Cehreli cyatangiye kuvugisha amangambure abahakana bakanapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, kitaranasohoka. Akagabo gahimba akandi kataraza, Judi Rever n’abo basangiye ikinyoma bahame hamwe bajye ku Karubanda!

2020-12-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uganda: Hari byinshi leta ya Museveni igomba gusobanurira abaturage bayo kurusha gukwirakwiza ibihuha ku buzima bw’abayobozi mu Rwanda

Uganda: Hari byinshi leta ya Museveni igomba gusobanurira abaturage bayo kurusha gukwirakwiza ibihuha ku buzima bw’abayobozi mu Rwanda

Ubwanditsi 13 Aug 2019
As Kigali ifashe umwanya wa kane, Marines FC yiyongerera amahirwe yo kuguma mu kiciro cya mbere

As Kigali ifashe umwanya wa kane, Marines FC yiyongerera amahirwe yo kuguma mu kiciro cya mbere

Ubwanditsi 06 May 2023
Uko Ishimwe yashimutiwe muri Uganda : Yasohotse agiye kuvugisha nyina yisanga mu maboko ya CMI

Uko Ishimwe yashimutiwe muri Uganda : Yasohotse agiye kuvugisha nyina yisanga mu maboko ya CMI

Ubwanditsi 10 Jun 2019
1986 : Museveni kuzamura mu ntera abari impunzi muri Uganda Fred Gisa Rwigema na Paul Kagame si urukundo ni amaburakindi [ VIDEO ]

1986 : Museveni kuzamura mu ntera abari impunzi muri Uganda Fred Gisa Rwigema na Paul Kagame si urukundo ni amaburakindi [ VIDEO ]

Ubwanditsi 24 Jun 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umunyabigwi wa Arsenal, Sol Campbell yarebanye n’abanyarwanda umukino batsinzemo Manchester United ibitego 3-1
Amakuru

Umunyabigwi wa Arsenal, Sol Campbell yarebanye n’abanyarwanda umukino batsinzemo Manchester United ibitego 3-1

Ubwanditsi 04 Sep 2023
Leta ya Nkurunziza ntiyorohera Umurundi wifuza kujya mu Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Leta ya Nkurunziza ntiyorohera Umurundi wifuza kujya mu Rwanda

Ubwanditsi 08 Nov 2017
Ubuhamya bw’Umunyarwandakazi wafungiwe umwaka muri Uganda akoreshwa imirimo y’uburetwa
INKURU NYAMUKURU

Ubuhamya bw’Umunyarwandakazi wafungiwe umwaka muri Uganda akoreshwa imirimo y’uburetwa

Ubwanditsi 10 Jun 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru