• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»APR FC yanyagiye Gicumbi FC iyisiga mu mazi abira

APR FC yanyagiye Gicumbi FC iyisiga mu mazi abira

Ubwanditsi 29 Mar 2018 IMIKINO

APR FC ibifashijwemo na Bizimana Djihad, Bigirimana Issa na Mugiraneza Jean Baptiste “Migi”, yanyagiye Gicumbi FC ibitego bine ku busa mu mukino wa nyuma w’ikirarane usoza icyiciro kibanza cya shampiyona.

Uyu mukino wabereye i Gicumbi kuri uyu wa Gatatu, warangiye APR FC itsinze ibitego 4-0, bishyira Gicumbi FC mu mazi abira isoza igice cya mbere cya shampiyona ari iya nyuma.

APR FC y’umutoza Ljubomir Petrović washakaga amanota atatu yo kumufasha kugabanya ikinyuranyo n’amakipe ari imbere, yatangiye ishaka igitego ikibona ku munota wa 26 gitsinzwe na Bizimana Djihad ku mupira yaherejwe na Nshimiyimana Amran.

Iyi kipe y’Ingabo z’Igihugu yakomeje kotsa igitutu izamu rya Gicumbi FC bituma abakinnyi bayo batangira gukora amakosa menshi ndetse ku munota wa 37, Nshimiyimana Aboubakar ahabwa ikarita y’umutuku nyuma yo kwerekwa abiri y’imihondo.

Byahise biba urugamba rukomeye kuri iyi kipe itarahiriwe n’igice cya mbere cya Shampiyona kuko yatsinzemo imikino itatu ikanganya ibiri, igatsindwa icyenda, ariko yihagazeho iminota 45 ya mbere irangira nta kindi gitego yinjijwe.

Mu gice cya kabiri APR FC yaje isya yanzitse, irusha cyane abakinnyi 10 ba Gicumbi FC ibatsinda igitego cya kabiri ku munota wa 61 cya kapiteni Migi ku mupira wari uturutse muri koroneri yatewe na Bizimana Djihad.

Bidatinze iyi kipe yabonye igitego cya gatatu ku munota wa 67 cyatsinzwe na Issa Bigirimana wari umaze iminota itanu mu kibuga asimbuye Nshuti Innocent, ku mupira yari ahawe na Bizimana Djihad wigaragaje cyane muri uyu mukino.

Djihad uri mu bakinnyi bitwaye neza cyane mu mikino y’igice cya mbere cya shampiyona uyu mwaka ni nawe wasoje akazi yari yatangiye, ku munota 81 atsinda igitego cya kane.

Gutsinda uyu mukino byafashije APR FC kuzamuka mu manota, igira 28 inganya na Kiyovu Sports ya gatatu, AS Kigali isoza imikino 15 iri ku mwanya wa kabiri n’amanota 29 naho Rayon Sports yicaye ku ntebe y’icyubahiro n’amanota 30 mu gihe Gicumbi FC yiyongereye ibyago byo kumanuka kuko ari iya nyuma n’amanota 11 ibanzirizwa na Miroplast FC ifite 12.

2018-03-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Rayon Sports, APR FC na Police FC mu makipe yitwaye neza mu mikino ibanza ya 1/4 y’igikombe cy’Amahoro

Rayon Sports, APR FC na Police FC mu makipe yitwaye neza mu mikino ibanza ya 1/4 y’igikombe cy’Amahoro

Ubwanditsi 28 Apr 2022
Muri CAF Confederations cup, ikipe ya AS Kigali yatsinze Olympique de Missiri Sima yo mu birwa bya Comores ibitego 2-1

Muri CAF Confederations cup, ikipe ya AS Kigali yatsinze Olympique de Missiri Sima yo mu birwa bya Comores ibitego 2-1

Ubwanditsi 11 Sep 2021
Ikipe y’u Rwanda y’umukino wa Volleyball mu bagabo yageze i Kigali itahanye umwanya wa 6

Ikipe y’u Rwanda y’umukino wa Volleyball mu bagabo yageze i Kigali itahanye umwanya wa 6

Ubwanditsi 16 Sep 2023
Umutoza w`Amavubi aratangaza ko bazakora ibishoboka byose  bagatsinda umukino wa mbere

Umutoza w`Amavubi aratangaza ko bazakora ibishoboka byose bagatsinda umukino wa mbere

Ubwanditsi 14 Jan 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amafoto – Minisitiri Aurore Mimosa na Ambasaderi Abdoul Harelimana basuye ikipe ya REG BBC yitegura BAL 2023
Amakuru

Amafoto – Minisitiri Aurore Mimosa na Ambasaderi Abdoul Harelimana basuye ikipe ya REG BBC yitegura BAL 2023

Ubwanditsi 12 May 2023
Zari ari kwicuza kuba yari yaratandukanye n’umugabo we wa mbere, ashobora kujyana Diamond mu nkiko
Mu Rwanda

Zari ari kwicuza kuba yari yaratandukanye n’umugabo we wa mbere, ashobora kujyana Diamond mu nkiko

Ubwanditsi 20 Sep 2017
Ikipe y’igihugu y’u Bufaransa yegukanye igikombe cya UEFA Nations League itsinze Esipanye ibitego 2-1
Amakuru

Ikipe y’igihugu y’u Bufaransa yegukanye igikombe cya UEFA Nations League itsinze Esipanye ibitego 2-1

Ubwanditsi 11 Oct 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru