• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yashyikirije ibendera ikipe y’u Rwanda y’Abagore yerekeje i Nairobi mu Gikombe cya Afurika   |   23 Aug 2026

  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»2017-2018: Manchester City yakoze ibyasaga n’inzozi mu Bwongereza, Arsene Wenger asezerwaho nk’intwari

2017-2018: Manchester City yakoze ibyasaga n’inzozi mu Bwongereza, Arsene Wenger asezerwaho nk’intwari

Ubwanditsi 14 May 2018 IMIKINO

Ku mwaka wa kabiri muri Shampiyona y’u Bwongereza, Pep Guardiola yafashije Manchester City kwandika amateka benshi bumvaga ko atazigera akorwa n’ikipe iyo ariyo yose naho Umutoza Wenger wari umaze imyaka 22 muri Arsenal asezerwaho bwa nyuma nk’intwari.

Shampiyona ya 2017/2018 mu Bwongereza yasojwe ku mugaragaro kuri iki Cyumweru tariki 13 Gicurasi, abafana bamwe bababaye ko amakipe bihebeye yabatengushye uyu mwaka wose abandi bari mu bicu, bishimira umusaruro babonye muri rusange.

By’umwihariko abakunzi ba Manchester City yegukanye igikombe cya shampiyona, bageze ku munsi wa nyuma bitera ibirere bishimira igitego cya Gabriel Jesus cyatumye iba ikipe ya mbere ibonye amanota 100 mu mwaka umwe kuva Premier League yabaho.

Uretse aka gahigo, Manchester City yanditse andi mateka atandukanye arimo kuba ariyo kipe ya mbere yatsinze imikino myinshi mu mwaka umwe (32), kuba ariyo kipe yatsinze ibitego byinshi mu mwaka (106), agahigo ko gutsinda imikino myinshi ikurikirana (18), kuba ari ubwa mbere ikipe itwaye igikombe irusha iya kabiri amanota 19 n’utundi.

Mu bafana basazwe n’agahinda uyu mwaka harimo aba Chelsea yegukanye igikombe cy’umwaka wabanje ubu bakaba batarabashije no kurangiza mu makipe ane azakina UEFA Champions League bakaba banasoje umwaka ku mukino wa nyuma banyagirwa na Newcastle United ibitego 3-0.

Amakipe nka Manchester United ya kabiri, Tottenham Hotspur na Liverpool zizaserukana na Manchester City mu irushanwa ry’amakipe yabaye aya mbere ku mugabane w’u Burayi naho Chelsea, Arsenal na Burnley yatunguranye cyane ikarangiza ari iya karindwi zikazakina Europa League benshi bakunze kwita irushanwa ryo ku wa “Kane nyuma y’Urunana”.

Uyu mwaka usize amakipe atatu amanutse mu cyiciro cya kabiri ari Swansea City yari yazamutse mu 2011, Stoke City yari imazemo imyaka 10 ndetse na West Bromwich Albion F.C yari imazemo imyaka umunani.

2018 wabaye umwaka w’amateka kuri rutahizamu w’Umunyamisiri Mohamed Salah watsinze igitego cya 32 ku munsi wa nyuma gituma aca agahigo ka byinshi byari byaratsinzwe n’umukinnyi umwe mu mwaka kari gasangiwe na Alan Shearer, Cristiano Ronaldo na Luis Suarez batsinze 31 mu bihe bitandukanye.

Wabaye n’umwaka wa nyuma ku mutoza Arsene Wenger wari umaze imyaka 22 muri Arsenal, aho yatwaye ibikombe bitatu bya shampiyona, birindwi bya FA Cup, birindwi bya FA Community Shield akaba yaratowe nk’umutoza w’umwaka mu Bwongereza inshuro eshatu, anaba umutoza mwiza ku Isi rimwe ahabwa n’ibindi bihembo byinshi.

Nubwo mu myaka yashize bamwe mu bafana ba Arsenal bagiye bagaragaza kutamwishimira kubera umusaruro muke, ku mukino we wa nyuma ku kibuga Emirates mu Cyumweru gishize yasezeweho gitwari ndetse no ku mukino usoza shampiyona, abafana ba Huddersfield Town bari bitwaje ibyapa biha icyubahiro uyu mufaransa.

Leroy Sane wa Manchester City niwe wegukanye igihembo cy’umukinnyi mwiza w’umwaka ukiri muto

Manchester City niyo yegukanye igikombe uyu mwaka

Mohamed Salah ashimira Imana nyuma yo kwandika amateka mashya muri Shampiyona y’u Bwongereza

Mohamed Salah niwe wegukanye igihembo cy’umukinnyi watsinze ibitego byinshi n’icy’umukinnyi mwiza muri Shampiyona y’u Bwongereza

N’abafana ba Huddersfield Town bahagurutse baha icyubahiro Wenger

Umutoza Pep Guardiola wanyuze mu makipe arimo FC Barcelone na Bayern Munich, ni ubwa mbere ikipe ye igize amanota 100 mu mwaka

Umukinnyi wa Southampton, Dusan Tadic, nyuma yo gutsindwa na Manchester City yazengurutse ikibuga yambaye ubusa yishimira ko ikipe ye itamanutse mu cyiciro cya kabiri

2018-05-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Hatangajwe inzira ya Tour du Rwanda 2024 izatangira kuya 18 isozwe 25 Gashyantare 2024

Hatangajwe inzira ya Tour du Rwanda 2024 izatangira kuya 18 isozwe 25 Gashyantare 2024

Ubwanditsi 25 Nov 2023
Kalimba Alice na Umubyeyi Zakia bakiniraga Scandinavia WFC berekeje mu ikipe ya Tigers Sports Academy yo muri Tanzania

Kalimba Alice na Umubyeyi Zakia bakiniraga Scandinavia WFC berekeje mu ikipe ya Tigers Sports Academy yo muri Tanzania

Ubwanditsi 01 Sep 2021
Byasabye iminota y’inyongera ngo Senegal itsinde Amavubi, Umunsi wa 29 na 30 wa shampiyona y’u Rwanda yegejwe inyuma ho umunsi umwe

Byasabye iminota y’inyongera ngo Senegal itsinde Amavubi, Umunsi wa 29 na 30 wa shampiyona y’u Rwanda yegejwe inyuma ho umunsi umwe

Ubwanditsi 08 Jun 2022
The Ben mu manza n ‘uwamukoreye amashusho y’indirimbo  ye ‘ Habibi’

The Ben mu manza n ‘uwamukoreye amashusho y’indirimbo ye ‘ Habibi’

Ubwanditsi 08 Dec 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Burya umusazi ngo arasara akagwa ku ijambo, Serge Ndayizeye, umuzindaro w’ibigarasha, ati:”Uwaturoze ntiyakarabye’’.
Amakuru

Burya umusazi ngo arasara akagwa ku ijambo, Serge Ndayizeye, umuzindaro w’ibigarasha, ati:”Uwaturoze ntiyakarabye’’.

Ubwanditsi 28 Mar 2022
Abantu 15 barimo Umunyamerika, bamaze kugwa mu gitero cya Al-Shabaab muri Kenya
ITOHOZA

Abantu 15 barimo Umunyamerika, bamaze kugwa mu gitero cya Al-Shabaab muri Kenya

Ubwanditsi 16 Jan 2019
Abdallah Akishuri na Tomas Nahimana mu bikorwa by’ubutekamutwe
ITOHOZA

Abdallah Akishuri na Tomas Nahimana mu bikorwa by’ubutekamutwe

Ubwanditsi 03 Aug 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru