• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR yohereje abarwanyi bayo i Kinshasa kujya kwiga ikoreshwa rya drone bisabwe na Leta ya Congo   |   13 Nov 2025

  • Rayon Sports yatandukanye n’umutoza wayo Afahmia Lotfi wari umaze ukwezi ahagaritswe   |   13 Nov 2025

  • Kwizera Olivier ari mu bakinnyi bahamagawe mu mwiherero w’iminsi ine uzahuza abakinnyi bakina muri Shampiyona y’u Rwanda   |   11 Nov 2025

  • Amaherezo ashaririye ya bamwe mubasize bahekuye u Rwanda   |   11 Nov 2025

  • Amafoto – Al Hilal SC yitegura imikino y’Amatsinda ya CAF Championa League yatsinze AS Kigali ibitego 2-0   |   11 Nov 2025

  • Intwararumuri: Igihungabanya u Rwanda ntitwacyihanganira niyo wagira ute – Perezida Kagame Paul   |   08 Nov 2025

 
You are at :Home»IMIKINO»2017-2018: Manchester City yakoze ibyasaga n’inzozi mu Bwongereza, Arsene Wenger asezerwaho nk’intwari

2017-2018: Manchester City yakoze ibyasaga n’inzozi mu Bwongereza, Arsene Wenger asezerwaho nk’intwari

Editorial 14 May 2018 IMIKINO

Ku mwaka wa kabiri muri Shampiyona y’u Bwongereza, Pep Guardiola yafashije Manchester City kwandika amateka benshi bumvaga ko atazigera akorwa n’ikipe iyo ariyo yose naho Umutoza Wenger wari umaze imyaka 22 muri Arsenal asezerwaho bwa nyuma nk’intwari.

Shampiyona ya 2017/2018 mu Bwongereza yasojwe ku mugaragaro kuri iki Cyumweru tariki 13 Gicurasi, abafana bamwe bababaye ko amakipe bihebeye yabatengushye uyu mwaka wose abandi bari mu bicu, bishimira umusaruro babonye muri rusange.

By’umwihariko abakunzi ba Manchester City yegukanye igikombe cya shampiyona, bageze ku munsi wa nyuma bitera ibirere bishimira igitego cya Gabriel Jesus cyatumye iba ikipe ya mbere ibonye amanota 100 mu mwaka umwe kuva Premier League yabaho.

Uretse aka gahigo, Manchester City yanditse andi mateka atandukanye arimo kuba ariyo kipe ya mbere yatsinze imikino myinshi mu mwaka umwe (32), kuba ariyo kipe yatsinze ibitego byinshi mu mwaka (106), agahigo ko gutsinda imikino myinshi ikurikirana (18), kuba ari ubwa mbere ikipe itwaye igikombe irusha iya kabiri amanota 19 n’utundi.

Mu bafana basazwe n’agahinda uyu mwaka harimo aba Chelsea yegukanye igikombe cy’umwaka wabanje ubu bakaba batarabashije no kurangiza mu makipe ane azakina UEFA Champions League bakaba banasoje umwaka ku mukino wa nyuma banyagirwa na Newcastle United ibitego 3-0.

Amakipe nka Manchester United ya kabiri, Tottenham Hotspur na Liverpool zizaserukana na Manchester City mu irushanwa ry’amakipe yabaye aya mbere ku mugabane w’u Burayi naho Chelsea, Arsenal na Burnley yatunguranye cyane ikarangiza ari iya karindwi zikazakina Europa League benshi bakunze kwita irushanwa ryo ku wa “Kane nyuma y’Urunana”.

Uyu mwaka usize amakipe atatu amanutse mu cyiciro cya kabiri ari Swansea City yari yazamutse mu 2011, Stoke City yari imazemo imyaka 10 ndetse na West Bromwich Albion F.C yari imazemo imyaka umunani.

2018 wabaye umwaka w’amateka kuri rutahizamu w’Umunyamisiri Mohamed Salah watsinze igitego cya 32 ku munsi wa nyuma gituma aca agahigo ka byinshi byari byaratsinzwe n’umukinnyi umwe mu mwaka kari gasangiwe na Alan Shearer, Cristiano Ronaldo na Luis Suarez batsinze 31 mu bihe bitandukanye.

Wabaye n’umwaka wa nyuma ku mutoza Arsene Wenger wari umaze imyaka 22 muri Arsenal, aho yatwaye ibikombe bitatu bya shampiyona, birindwi bya FA Cup, birindwi bya FA Community Shield akaba yaratowe nk’umutoza w’umwaka mu Bwongereza inshuro eshatu, anaba umutoza mwiza ku Isi rimwe ahabwa n’ibindi bihembo byinshi.

Nubwo mu myaka yashize bamwe mu bafana ba Arsenal bagiye bagaragaza kutamwishimira kubera umusaruro muke, ku mukino we wa nyuma ku kibuga Emirates mu Cyumweru gishize yasezeweho gitwari ndetse no ku mukino usoza shampiyona, abafana ba Huddersfield Town bari bitwaje ibyapa biha icyubahiro uyu mufaransa.

Leroy Sane wa Manchester City niwe wegukanye igihembo cy’umukinnyi mwiza w’umwaka ukiri muto

Manchester City niyo yegukanye igikombe uyu mwaka

Mohamed Salah ashimira Imana nyuma yo kwandika amateka mashya muri Shampiyona y’u Bwongereza

Mohamed Salah niwe wegukanye igihembo cy’umukinnyi watsinze ibitego byinshi n’icy’umukinnyi mwiza muri Shampiyona y’u Bwongereza

N’abafana ba Huddersfield Town bahagurutse baha icyubahiro Wenger

Umutoza Pep Guardiola wanyuze mu makipe arimo FC Barcelone na Bayern Munich, ni ubwa mbere ikipe ye igize amanota 100 mu mwaka

Umukinnyi wa Southampton, Dusan Tadic, nyuma yo gutsindwa na Manchester City yazengurutse ikibuga yambaye ubusa yishimira ko ikipe ye itamanutse mu cyiciro cya kabiri

2018-05-14
Editorial

IZINDI NKURU

Patriots BBC yatsinze umukino wayo wa kabiri w’irushanwa rya Basketball Africa League BAL yakinaga na GNBC yo muri Madagascal amanota 78 kuri 72.

Patriots BBC yatsinze umukino wayo wa kabiri w’irushanwa rya Basketball Africa League BAL yakinaga na GNBC yo muri Madagascal amanota 78 kuri 72.

Editorial 19 May 2021
Mbere yo kwerekeza mu birwa bya Comoros kwa AS Kigali, iyi kipe yabanje kwerekana Niyonzima Olivier Sefu nk’umukinnyi wayo mushya mu myaka ibiri iri imbere

Mbere yo kwerekeza mu birwa bya Comoros kwa AS Kigali, iyi kipe yabanje kwerekana Niyonzima Olivier Sefu nk’umukinnyi wayo mushya mu myaka ibiri iri imbere

Editorial 07 Sep 2021
Perezida Kagame yitabiriye ‘Car Free Day’ agaragaza ubuhanga bwo ku nyonga igare

Perezida Kagame yitabiriye ‘Car Free Day’ agaragaza ubuhanga bwo ku nyonga igare

Editorial 21 Oct 2018
Police FC yatangaje ubuyobozi bwayo bushya buyobowe na CP Yahaya na Ben Mussa nk’umutoza mukuru

Police FC yatangaje ubuyobozi bwayo bushya buyobowe na CP Yahaya na Ben Mussa nk’umutoza mukuru

Editorial 03 Jul 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Minisiteri y’umutekano ikwiye gusobanura ukuntu Abacitse ku icumu   bagicibwa imitwe
Mu Mahanga

Minisiteri y’umutekano ikwiye gusobanura ukuntu Abacitse ku icumu bagicibwa imitwe

Editorial 18 Jun 2016
UNILAK irakora ubushakashatsi ku buryo bwo kurengera ibidukikije no kurushaho kwirinda ibiza.
Mu Rwanda

UNILAK irakora ubushakashatsi ku buryo bwo kurengera ibidukikije no kurushaho kwirinda ibiza.

Editorial 04 Sep 2017
Inyungu ya BK Group Plc yageze kuri miliyari 27.4 Frw mu 2018
UBUKUNGU

Inyungu ya BK Group Plc yageze kuri miliyari 27.4 Frw mu 2018

Editorial 28 Mar 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru