• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Rayon Sports itsinze Sunrise FC ibitego 3-2 mu mukino w’ikirarane

Rayon Sports itsinze Sunrise FC ibitego 3-2 mu mukino w’ikirarane

Ubwanditsi 27 Mar 2018 IMIKINO

Rayon Sports itsinze Sunrise FC ibitego 3-2 mu mukino w’ikirarane cy’umunsi wa 14 wa Azam Rwanda Premier League, umukino wari witezweho gusobanura niba iyi kipe yambara ubururu n’umweru ari yo isoza imikino ibanza iri ku mwanya wa mbere cyangwa niba AS Kigali iwugumana.

Ibitego bibiri bya Bimenyimana Bonfils Caleb mu gice cya mbere cy’umukino n’ikindi cyatsinzwe na Usengimana Faustin ubwo Sunrise FC yari imaze kwishyurirwa na Ortomal Alex na Iyabivuze Osee, bihesheje Rayon Sports gusoza imikino ibanza iyoboye shampiyona n’amanota 30.

Ikipe ya Sunrise FC yakiriye Rayon Sports kuri uyu wa Mbere tariki ya 26 Werurwe 2018, mu mukino w’ikirarane cy’umunsi wa 14 wa ‘Azam Rwanda Premier League’.

Abafana ba Rayon Sports bayiherekeje, bashimangiye badashidikanya gutahana intsinzi, aganira na Bwiza.com, umwe mu bafana yagize ati “uyu mukino ufite ibyo usobanura byinshi kuko Rayon irashaka kurangiza ari iya mbere naho Sunrise irashaka kudatsindirwa iwabo, ikindi ni uko Rayon yakoze ku bafana bayo bibumbiye mu ma Fan Club atandukanye kuko umufana abarwa nk’ umukinnyi wa 12 mu kibuga.

Arakomeza avuga ko n’umwaka ushize Rayon Sports yivanye neza imbere ya Sunrine, ati “muri shampiyona y’umwaka ushize nabwo Rayon yatsinze Sunrise  igitego cya Kwizera Pierrot, ubu nabwo urebye uburyo ikipe yagiye na morali, ibintu bishobora kuza kuba bikaze ku mpande zombie”.

Uko abakinnyi babanje mu kibuga ku mpanze zombi:

Sunrise FC: Habarurema Gahungu (30), Serumogo Ally (2), Niyonshuti Gad (3), Mushimiyimana Regis (26), Niyonshuti Modeste (28), Uwambazimana Leon (20), Iyabivuze Osee (22), Mutabazi Hakim (12), Orotomal Alex (9), Ally Moussa Sova (10) na Niyibizi Vedaste (14).

Rayon Sports: Ndayishimiye Eric ‘Bakame’ (1), Mutsinzi Ange Jimmy (5), Usengimana Faustin (15), Mugabo Gabriel (2), Nyandwi Saddam (16), Rutanga Eric (3), Kwizera Pierrot (23), Mugisha Francois (25), Bimenyimana Bonfils Caleb (7), Mbondi Christ (9) a Ismailla Diarra (20).

Ikipe ya Rayon Sports yari yasuye, yabashije kubona igitego cya mbere ku munota wa 16 kinjijwe na Bimenyimaa Bonfils Caleb, ku munota wa 41 nabwo Caleb yatsinze icya kabiri.Ku munota wa 47 Sunrise Fc yishyuye kimwe gitsinzwe na Orotomal Alex (Rayon Sports 2-1 Sunrise FC).

Ku munota wa 50 Sunrise yatsinze igitego cyayo cya kabiri, amakipe yombi asigara anganya 2-2, ku munota wa 71 nibwo Rayon Sports yabonye icya gatatu gitsinzwe na Usengimana Faustin, umukino urangira ari Rayon Sports 3-2 Sunrise.

Rayon Sports ikaba isoje imikino ibanza iri ku mwanya wa mbere n’amanota 30.

2018-03-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

APR FC na Mukura VS zigiye kumenya amakipe bizahangana mu marushanwa ya CAF

APR FC na Mukura VS zigiye kumenya amakipe bizahangana mu marushanwa ya CAF

Ubwanditsi 01 Nov 2018
Rayon Sports yishyuwe igitego mu minota ya nyuma ikura inota rimwe muri Algeria

Rayon Sports yishyuwe igitego mu minota ya nyuma ikura inota rimwe muri Algeria

Ubwanditsi 30 Jul 2018
CHAN 2016: Nigeria yanyagiye Niger

CHAN 2016: Nigeria yanyagiye Niger

Ubwanditsi 19 Jan 2016
Habura amasaha make ngo hatangazwe abakandida ndakuka mu matora ya FERWAFA, Gacinya yangiwe kwiyamamaza

Habura amasaha make ngo hatangazwe abakandida ndakuka mu matora ya FERWAFA, Gacinya yangiwe kwiyamamaza

Ubwanditsi 14 Jun 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

UBurundi burarega Martin Ngoga, mugihe buvugwaho kunyereza asaga amadolari ibihumbi  ($200,000)  bukoresheje Mfumukeko [Umunyamabanga Mukuru Wa EAC]
INKURU NYAMUKURU

UBurundi burarega Martin Ngoga, mugihe buvugwaho kunyereza asaga amadolari ibihumbi  ($200,000)  bukoresheje Mfumukeko [Umunyamabanga Mukuru Wa EAC]

Ubwanditsi 07 Mar 2018
Muhumure nta Ebola iri mu Rwanda: Ministiri Diane Gashumba
HIRYA NO HINO

Muhumure nta Ebola iri mu Rwanda: Ministiri Diane Gashumba

Ubwanditsi 19 Jul 2019
Dianne Rutabana yifurije umugabo we isabukuru y’amavuko akoresheje igisigo kizimije
INKURU NYAMUKURU

Dianne Rutabana yifurije umugabo we isabukuru y’amavuko akoresheje igisigo kizimije

Ubwanditsi 20 Jan 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru