• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abakinnyi 19 muri 28 bahamagawe n’umutoza Stephen Constantine witegura gukina na Liberia na Cap-Vert, bakina hanze y’u Rwanda   |   09 Sep 2026

  • Irabu: Ibigarahamwe mwitege iyi nkota ya menge ivuye muri Oman nimukoronge ariko nimurenga wa murongo izabarya   |   09 Sep 2026

  • Cricket: U Rwanda rwitwaye neza mu mukino ufungura irushanwa rya ILT20 Continent Cup 2026   |   08 Sep 2026

  • Byatsi Baker yongeye kwikirigita araseka, mu mugambi we wa mpemuke ndamuke akomeje wo kwambara urubwa rwo gusebya u Rwanda rwabyaye Nyina   |   08 Sep 2026

  • Cassa Mbungo yahamagaye ikipe y’igihugu y’u Rwanda U20, banatangira imyitozo yitegura imikino ya CECAFA izabera muri Tanzania   |   08 Sep 2026

  • Patrice Evra wakiniye Manchester United n’ikipe y’igihugu y’u Bufaransa, uri mu Rwanda yashimye intambwe y’u Rwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi   |   03 Sep 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Rayon Sports itsinze Sunrise FC ibitego 3-2 mu mukino w’ikirarane

Rayon Sports itsinze Sunrise FC ibitego 3-2 mu mukino w’ikirarane

Ubwanditsi 27 Mar 2018 IMIKINO

Rayon Sports itsinze Sunrise FC ibitego 3-2 mu mukino w’ikirarane cy’umunsi wa 14 wa Azam Rwanda Premier League, umukino wari witezweho gusobanura niba iyi kipe yambara ubururu n’umweru ari yo isoza imikino ibanza iri ku mwanya wa mbere cyangwa niba AS Kigali iwugumana.

Ibitego bibiri bya Bimenyimana Bonfils Caleb mu gice cya mbere cy’umukino n’ikindi cyatsinzwe na Usengimana Faustin ubwo Sunrise FC yari imaze kwishyurirwa na Ortomal Alex na Iyabivuze Osee, bihesheje Rayon Sports gusoza imikino ibanza iyoboye shampiyona n’amanota 30.

Ikipe ya Sunrise FC yakiriye Rayon Sports kuri uyu wa Mbere tariki ya 26 Werurwe 2018, mu mukino w’ikirarane cy’umunsi wa 14 wa ‘Azam Rwanda Premier League’.

Abafana ba Rayon Sports bayiherekeje, bashimangiye badashidikanya gutahana intsinzi, aganira na Bwiza.com, umwe mu bafana yagize ati “uyu mukino ufite ibyo usobanura byinshi kuko Rayon irashaka kurangiza ari iya mbere naho Sunrise irashaka kudatsindirwa iwabo, ikindi ni uko Rayon yakoze ku bafana bayo bibumbiye mu ma Fan Club atandukanye kuko umufana abarwa nk’ umukinnyi wa 12 mu kibuga.

Arakomeza avuga ko n’umwaka ushize Rayon Sports yivanye neza imbere ya Sunrine, ati “muri shampiyona y’umwaka ushize nabwo Rayon yatsinze Sunrise  igitego cya Kwizera Pierrot, ubu nabwo urebye uburyo ikipe yagiye na morali, ibintu bishobora kuza kuba bikaze ku mpande zombie”.

Uko abakinnyi babanje mu kibuga ku mpanze zombi:

Sunrise FC: Habarurema Gahungu (30), Serumogo Ally (2), Niyonshuti Gad (3), Mushimiyimana Regis (26), Niyonshuti Modeste (28), Uwambazimana Leon (20), Iyabivuze Osee (22), Mutabazi Hakim (12), Orotomal Alex (9), Ally Moussa Sova (10) na Niyibizi Vedaste (14).

Rayon Sports: Ndayishimiye Eric ‘Bakame’ (1), Mutsinzi Ange Jimmy (5), Usengimana Faustin (15), Mugabo Gabriel (2), Nyandwi Saddam (16), Rutanga Eric (3), Kwizera Pierrot (23), Mugisha Francois (25), Bimenyimana Bonfils Caleb (7), Mbondi Christ (9) a Ismailla Diarra (20).

Ikipe ya Rayon Sports yari yasuye, yabashije kubona igitego cya mbere ku munota wa 16 kinjijwe na Bimenyimaa Bonfils Caleb, ku munota wa 41 nabwo Caleb yatsinze icya kabiri.Ku munota wa 47 Sunrise Fc yishyuye kimwe gitsinzwe na Orotomal Alex (Rayon Sports 2-1 Sunrise FC).

Ku munota wa 50 Sunrise yatsinze igitego cyayo cya kabiri, amakipe yombi asigara anganya 2-2, ku munota wa 71 nibwo Rayon Sports yabonye icya gatatu gitsinzwe na Usengimana Faustin, umukino urangira ari Rayon Sports 3-2 Sunrise.

Rayon Sports ikaba isoje imikino ibanza iri ku mwanya wa mbere n’amanota 30.

2018-03-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Madamu Jeannette Kagame yitabiriye siporo rusange ya Car Free Day (Amafoto)

Madamu Jeannette Kagame yitabiriye siporo rusange ya Car Free Day (Amafoto)

Ubwanditsi 16 Dec 2018
Tour du Rwanda: Umunya-Colombia atwaye agace ka 6

Tour du Rwanda: Umunya-Colombia atwaye agace ka 6

Ubwanditsi 28 Feb 2020
Inama yahuje abanyamuryango ba FERWAFA bemeje uko amakipe azahura ubwo shampiyona y’u Rwanda 2020-2021 izaba isubukuwe muri Gicurasi 2021, ndetse hamejwe uko amakipe azakina

Inama yahuje abanyamuryango ba FERWAFA bemeje uko amakipe azahura ubwo shampiyona y’u Rwanda 2020-2021 izaba isubukuwe muri Gicurasi 2021, ndetse hamejwe uko amakipe azakina

Ubwanditsi 06 Apr 2021
FIFA yahannye uwari perezida w’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Afurika y’Epfo ushinjwa kurya ruswa

FIFA yahannye uwari perezida w’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Afurika y’Epfo ushinjwa kurya ruswa

Ubwanditsi 10 Dec 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kubera igitutu cy’Inama izabera I Kigali kuri uyu wa mbere, Uganda yarekuye Abanyarwanda   bari bamaze iminsi bakorerwa iyicarubozo
INKURU NYAMUKURU

Kubera igitutu cy’Inama izabera I Kigali kuri uyu wa mbere, Uganda yarekuye Abanyarwanda   bari bamaze iminsi bakorerwa iyicarubozo

Ubwanditsi 13 Sep 2019
Amaso ahanzwe amatora y’u Burusiya byitezwe ko azagumisha Putin ku buyobozi
POLITIKI

Amaso ahanzwe amatora y’u Burusiya byitezwe ko azagumisha Putin ku buyobozi

Ubwanditsi 15 Mar 2018
Akumiro : Umucamanza Theodor Meron ushinjwa kurekura abahamijwe ibyaha bya Jenoside yasabye kongererwa manda
INKURU NYAMUKURU

Akumiro : Umucamanza Theodor Meron ushinjwa kurekura abahamijwe ibyaha bya Jenoside yasabye kongererwa manda

Ubwanditsi 30 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

31 Aug 2026
Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru