• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»CAN 2019: RDC yasezerewe kuri penaliti, Algérie igera muri ¼ itsinze Guinée

CAN 2019: RDC yasezerewe kuri penaliti, Algérie igera muri ¼ itsinze Guinée

Ubwanditsi 08 Jul 2019 IMIKINO

Madagascar iri gukina Igikombe cya Afurika ku nshuro ya mbere, yaraye igeze muri ¼ isezereye Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, iyitsinze kuri penaliti 4-2 ubwo amakipe yombi yari amaze kunganya ibitego 2-2 mu mukino wa 1/8 wabaye kuri iki Cyumweru. Algérie na yo yakomeje imaze gutsinda Guinée ibitego 3-0.

Marcel Tisserand na Yannick Bolasie bahushije penaliti ebyiri ku ruhande rwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, izindi zinjizwa na Cédric Bakambu na Paul José Mpoku mu gihe Madagascar yatsindiwe na Ibrahim Samuel Amada, Romain Metanire, Thomas Fontaine na Jérôme Mombris.

Amakipe yombi yagiye muri za penaliti nyuma y’uko kapiteni wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Chancel Mbemba yishyuye igitego cya kabiri igihugu cye cyari cyatsinzwe, ku mupira yateresheje umutwe habura umunota umwe ngo umukino urangire, maze hongerwaho indi minota 30 itagize icyo itanga.

Madagascar irimo abakinnyi nka Anicet Andrianantenaina, yatangiye umukino isatira ndetse ifite icyizere nyuma yo kuzamuka iyoboye itsinda B ryarimo amakipe nka Nigeria n’u Burundi mu gihe Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yazamutse iri mu makipe ane yabaye aya gatatu yitwaye neza.

Ku munota wa munani gusa, Madagascar yahise ifungura amazamu ku gitego cyatsinzwe na Ibrahim Amada ku mupira yahawe na Lalaina Nomenjanahary ndetse iyi kipe yari imaze kubona ubundi buryo bw’igitego ku mupira w’umuterekano watewe na Carolus Andriamahitsinoro, ukurwamo n’umunyezamu Ley Matampi.

Nyuma y’iminota 12, RDC yungukiye ku gutakaza imipira kw’abakinnyi ba Madagascar, Ngonda Muzinga azamukira mu ruhande rw’ibumoso, ageze imbere ahindura umupira wasanze Cédric Bakambu maze yishyurira Les Léopards.

RDC yashoboraga kuyobora umukino ahagana ku munota wa 30, ariko uburyo bwabonywe na Chancel Mbemba wari uherejwe na Jacques Magoma, ntibwagira icyo butanga.

Madagascar yatsinze igitego cya kabiri ku munota wa 77 biturutse kuri Faneva Andriatsima wahawe umupira na Romain Metanire, ariko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yishyura mu minota y’inyongera ku mupira watewe na Meschack Elia, ushyirwaho umutwe na Chancel Mbemba ku munota wa nyuma w’inyongera, maze hitabazwa indi minota 30 itagize icyo itanga, haterwa penaliti.

Ubwo yari amaze gusezererwa, umutoza wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Florent Ibenge, yashimiye Madagascar, avuga ko abakinnyi be bakinnye neza, ariko bitari bihagije.

Ati” Ndashimira Madagascar ikomeje. Ni ikipe nziza kandi yarabigaragaje muri iri rushanwa. Uyu munsi twakoze iyo bwabaga ariko ntabwo byagenze neza. Dutsinzwe n’ikipe nziza kandi bose ndabifuriza amahirwe.”

Undi mukino wabaye, Algérie yatsinze Guinée ibitego 3-0, ikomeza muri ¼. Igice cya mbere cyarangiye Algérie ifite igitego kimwe cyatsinzwe na Mohamed Youcef Belaili. Riyad Mahrez yatsinze icya kabiri ku munota wa 57 naho Adam Ounas atsinda icy’agashinguracumu ku munota wa 82.

Kuri uyu wa Mbere hateganyijwe imikino ibiri isoza 1/8, aho Côte d’Ivoire yisobanura na Mali guhera saa 18:00 mu gihe undi mukino uza guhuza Ghana na Tunisie guhera saa 21:00.

Jacques Magoma wa RDC atakaza umupira kuri Ibrahim Amada wa Madagascar

Umutoza wa RDC Florent Ibenge asuhuzanya na Nicolas Dupuis wa Madagascar mbere y’umukino

Perezida wa CAF, Ahmad Ahmad, Perezida wa Madagascar Andry Rajoelina na Minisitiri wa Siporo mu Misiri, Ashraf Sobhy barebye uyu mukino

Rayan Raveloson ahanganiye umupira na Youssouf Mulumbu wa RDC

Abakinnyi ba Madagascar bishimira igitego cya Ibrahim Amada.
Source IGIHE

2019-07-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe

Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe

Ubwanditsi 26 Dec 2025
Abarimo Kagere Medie bari ku rutonde Adel Amrouche yatangaje bazakina na Algérie mu mukino wa gicuti utegura imikino y’igikombe cy’isi 2026

Abarimo Kagere Medie bari ku rutonde Adel Amrouche yatangaje bazakina na Algérie mu mukino wa gicuti utegura imikino y’igikombe cy’isi 2026

Ubwanditsi 28 May 2025
Uban Boys ikoze amateka yo kuba itsinda ryambere ryegukanye Guma Guma kunshuro yayo ya 6 ibera hano mu Rwanda

Uban Boys ikoze amateka yo kuba itsinda ryambere ryegukanye Guma Guma kunshuro yayo ya 6 ibera hano mu Rwanda

Ubwanditsi 13 Aug 2016
Hatangajwe amatsinda y’uko amakipe azahura mu mikino y’irushanwa ritegura shampiyona y’u Rwanda y’umukino w’intoki wa Basket ball

Hatangajwe amatsinda y’uko amakipe azahura mu mikino y’irushanwa ritegura shampiyona y’u Rwanda y’umukino w’intoki wa Basket ball

Ubwanditsi 18 Apr 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Gukorera hamwe kw’Abanyarwanda byahesheje Perezida Kagame igihembo cy’indashyikirwa
Mu Rwanda

Gukorera hamwe kw’Abanyarwanda byahesheje Perezida Kagame igihembo cy’indashyikirwa

Ubwanditsi 19 Oct 2017
Rayon Sports yageze muri 1/4 cy’imikino y’igikombe cy’Amahoro isezereye Musanze FC ku giteranyo cy’ibitego 3-1
Amakuru

Rayon Sports yageze muri 1/4 cy’imikino y’igikombe cy’Amahoro isezereye Musanze FC ku giteranyo cy’ibitego 3-1

Ubwanditsi 21 Apr 2022
Rulindo:Amashyaka 9 yashyigikiye abaturage ihindurwa ry’ingingo ya 101
Mu Rwanda

Rulindo:Amashyaka 9 yashyigikiye abaturage ihindurwa ry’ingingo ya 101

Ubwanditsi 21 Jul 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru