• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Nyuma y’umunsi wa kabiri wa shampiyona , AS Kigali yatsinze Police FC, Seninga arokora imirimo ye, Etincelles yo ikomeje kugana habi.

Nyuma y’umunsi wa kabiri wa shampiyona , AS Kigali yatsinze Police FC, Seninga arokora imirimo ye, Etincelles yo ikomeje kugana habi.

Ubwanditsi 05 May 2021 Amakuru, IMIKINO, Mu Rwanda

Shampiyona y’u Rwanda y’umupira w’amaguru mu cyiciro cya mbere Primus National League yakomezaga hakinwa umunsi wayo wa kabiri wo mu matsinda, mu mikino yaraye ibaye kuri uyu wa kabiri ikipe ya AS Kigali yitwaye neza imbere ya Police FC, Marines , Musanze na Espoir zatsinze imikino yayo.

Ku mukino wabereye kuri Sitade Amahoro i Remera ikipe y’amanyamujyi b’i Kigali bari bakiriye ikipe ya Police FC ni umukino warangiye AS Kigali ibifashijwemo na Hussein Shabalala na Biramahire Abeddy Christophe batahukanye amanota atatu.

Igice cya mbere cy’uyu mukino cyarangiye amakipe yombi anganya ubusa ku busa dore ko abatoza b’amakipe yombi bari bagerageje gufunga hagati kugeza ubwo iminota 45 irangira ntakipe ifunguye amazamu y’indi, gusa bavuye ku ruhuka ikipe ya Police FC yakoze impinduka cyane cyane mu kibuga hagati ariko ntacyo byayifashije.

Ikipe itozwa na Eric Nshimiyimana wizihizaga isabukuru y’imyaka 49 y’amavuko niyo yitwaye neza, ubwo hari ku munota wa 65 nibwo Shabalala yatsinze igitego ku mupira yari aherejwe na Rurangwa Mossi ukina yugarira.

Iyi kipe yabonye ikindi gitego cy’itsinzi ku munota wa 78 gitsinzwe na Biramahire Abeddy watsindaga ikipe ya Police FC yahoze n’ubundi akinira, gutsinda uyu mukino bikaba byatumye iyi kipe yuzuza imikino ibiri idatsinzwe dore ko no mu mukino ubanza iyi kipe yari yatsinze Musanze FC ibitego 2-0.

Muri iri tsinda kandi ikipe ya Musanze FC yari yasuye ikipe ya Etincelles, ni umukino warangiye ikipe ya Etincelles yari iri murugo itsinzwe ibitego bitatu kuri kimwe, ibitego bya Musanze FC byatsinzwe na Niyonsenga Ibrahim, Uzayisenga Maurice ndetse na Twizerimana Onesme.

Gutsinda uyu mukino ku ikipe ya Musanze FC byarokoye imirimo ya Seninga Innocent utoza iyi kipe yo mu ntara y’amajyaruguru kuko hari amakuru avuga ko uyu mutoza yari yahawe uyu mukino ko agomba kuwutsinda atawutsinda agahita asezererwa, aya makuru yavugaga ko umutoza Jimmy Mulisa ariwe wari bufate iyi kipe.

I Nyagatare ho ikipe ya Sunrise FC yo yahatsindiwe na Marines FC yo mu Karere ka Rubavu igitego kimwe ku busa, ni igitego cyatsinzwe na Ishimwe Fiston ku munota wa gatanu w’umukino.

I Rusizi ho ikipe ya Espoir yahatsindiraga ikipe ya Mukura Victory Sports et Loisirs, ni umukino warangiye ikipe yari mu rugo itsinze ibitego bitatu kuri kimwe.

Shampiyona irakomeza kuri uyu wa gatatu aho AS Muhanga yakira APR FC, Gasogi United vs Rutsiro FC, Gorilla FC vs Bugesera FC naho Kiyovu SC yakire ikipe ya Rayon Sports kuri sitade Amahoro.

2021-05-05
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Cristiano Ronaldo yesheje agahigo ko kuba ariwe rutahizamu umaze gutsinda ibitego byinshi mu mikino y’ikipe y’igihugu

Cristiano Ronaldo yesheje agahigo ko kuba ariwe rutahizamu umaze gutsinda ibitego byinshi mu mikino y’ikipe y’igihugu

Ubwanditsi 03 Sep 2021
Mukura VS yasinyishije Zapata Rodolfo Antonio nk’umutoza mukuru akazungirizwa na Mateso Jean De Dieu watwaye igikombe cy’Amahoro ari kumwe na AS Kigali

Mukura VS yasinyishije Zapata Rodolfo Antonio nk’umutoza mukuru akazungirizwa na Mateso Jean De Dieu watwaye igikombe cy’Amahoro ari kumwe na AS Kigali

Ubwanditsi 26 Mar 2021
Perezida wa Gasogi United KNC yahanishijwe guhagarikwa imikino 6 n’ihazabu y’ibihumbi 150 000 frw

Perezida wa Gasogi United KNC yahanishijwe guhagarikwa imikino 6 n’ihazabu y’ibihumbi 150 000 frw

Ubwanditsi 25 Jan 2022
Amavubi akomeje imyitozo yo kuzakina na Ethiopia

Amavubi akomeje imyitozo yo kuzakina na Ethiopia

Ubwanditsi 09 Nov 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

IBurundi, Niba baganisha kuri Politike nziza y’ubuhahirane n’umubano mwiza ntituzabagora kuko birakwiye – Perezida Kagame
INKURU NYAMUKURU

IBurundi, Niba baganisha kuri Politike nziza y’ubuhahirane n’umubano mwiza ntituzabagora kuko birakwiye – Perezida Kagame

Ubwanditsi 10 Jul 2020
Interahamwe ruharwa “Capt” Innocent Sagahutu ngo irashaka impinduka mu Rwanda
Amakuru

Interahamwe ruharwa “Capt” Innocent Sagahutu ngo irashaka impinduka mu Rwanda

Ubwanditsi 04 Jan 2022
New- RNC yashyize hanze itangazo ripfobya rikanahakana Jenoside yakorewe Abatutsi
ITOHOZA

New- RNC yashyize hanze itangazo ripfobya rikanahakana Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 19 Sep 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru