• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Nyuma y’umunsi wa kabiri wa shampiyona , AS Kigali yatsinze Police FC, Seninga arokora imirimo ye, Etincelles yo ikomeje kugana habi.

Nyuma y’umunsi wa kabiri wa shampiyona , AS Kigali yatsinze Police FC, Seninga arokora imirimo ye, Etincelles yo ikomeje kugana habi.

Ubwanditsi 05 May 2021 Amakuru, IMIKINO, Mu Rwanda

Shampiyona y’u Rwanda y’umupira w’amaguru mu cyiciro cya mbere Primus National League yakomezaga hakinwa umunsi wayo wa kabiri wo mu matsinda, mu mikino yaraye ibaye kuri uyu wa kabiri ikipe ya AS Kigali yitwaye neza imbere ya Police FC, Marines , Musanze na Espoir zatsinze imikino yayo.

Ku mukino wabereye kuri Sitade Amahoro i Remera ikipe y’amanyamujyi b’i Kigali bari bakiriye ikipe ya Police FC ni umukino warangiye AS Kigali ibifashijwemo na Hussein Shabalala na Biramahire Abeddy Christophe batahukanye amanota atatu.

Igice cya mbere cy’uyu mukino cyarangiye amakipe yombi anganya ubusa ku busa dore ko abatoza b’amakipe yombi bari bagerageje gufunga hagati kugeza ubwo iminota 45 irangira ntakipe ifunguye amazamu y’indi, gusa bavuye ku ruhuka ikipe ya Police FC yakoze impinduka cyane cyane mu kibuga hagati ariko ntacyo byayifashije.

Ikipe itozwa na Eric Nshimiyimana wizihizaga isabukuru y’imyaka 49 y’amavuko niyo yitwaye neza, ubwo hari ku munota wa 65 nibwo Shabalala yatsinze igitego ku mupira yari aherejwe na Rurangwa Mossi ukina yugarira.

Iyi kipe yabonye ikindi gitego cy’itsinzi ku munota wa 78 gitsinzwe na Biramahire Abeddy watsindaga ikipe ya Police FC yahoze n’ubundi akinira, gutsinda uyu mukino bikaba byatumye iyi kipe yuzuza imikino ibiri idatsinzwe dore ko no mu mukino ubanza iyi kipe yari yatsinze Musanze FC ibitego 2-0.

Muri iri tsinda kandi ikipe ya Musanze FC yari yasuye ikipe ya Etincelles, ni umukino warangiye ikipe ya Etincelles yari iri murugo itsinzwe ibitego bitatu kuri kimwe, ibitego bya Musanze FC byatsinzwe na Niyonsenga Ibrahim, Uzayisenga Maurice ndetse na Twizerimana Onesme.

Gutsinda uyu mukino ku ikipe ya Musanze FC byarokoye imirimo ya Seninga Innocent utoza iyi kipe yo mu ntara y’amajyaruguru kuko hari amakuru avuga ko uyu mutoza yari yahawe uyu mukino ko agomba kuwutsinda atawutsinda agahita asezererwa, aya makuru yavugaga ko umutoza Jimmy Mulisa ariwe wari bufate iyi kipe.

I Nyagatare ho ikipe ya Sunrise FC yo yahatsindiwe na Marines FC yo mu Karere ka Rubavu igitego kimwe ku busa, ni igitego cyatsinzwe na Ishimwe Fiston ku munota wa gatanu w’umukino.

I Rusizi ho ikipe ya Espoir yahatsindiraga ikipe ya Mukura Victory Sports et Loisirs, ni umukino warangiye ikipe yari mu rugo itsinze ibitego bitatu kuri kimwe.

Shampiyona irakomeza kuri uyu wa gatatu aho AS Muhanga yakira APR FC, Gasogi United vs Rutsiro FC, Gorilla FC vs Bugesera FC naho Kiyovu SC yakire ikipe ya Rayon Sports kuri sitade Amahoro.

2021-05-05
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Migambi Nyawe uri kubarizwa muri Ukraine yatanze ihumure ku ntama  za Yesu Kristo.

Migambi Nyawe uri kubarizwa muri Ukraine yatanze ihumure ku ntama za Yesu Kristo.

Ubwanditsi 26 May 2021
Kugwa byahato nahano,kudasoza irushanwa imwe mu iturufu abanyarwanda bitwaje mu mikino Olempike

Kugwa byahato nahano,kudasoza irushanwa imwe mu iturufu abanyarwanda bitwaje mu mikino Olempike

Ubwanditsi 23 Aug 2016
Barafinda ari mugahinda  nyuma y’uko ngo  hari abantu bakomeje kumutwara  ‘Udukoryo’

Barafinda ari mugahinda nyuma y’uko ngo hari abantu bakomeje kumutwara ‘Udukoryo’

Ubwanditsi 04 Sep 2017
Byasabye imikino 9 ya shampiyona kugirango ikipe ya Gorilla FC ibone amanota 3 imbumbe imaze gutsinda Gasogi United

Byasabye imikino 9 ya shampiyona kugirango ikipe ya Gorilla FC ibone amanota 3 imbumbe imaze gutsinda Gasogi United

Ubwanditsi 18 Dec 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Maj (Rtd) Habib Mudathiru aracyatakambira ubutabera asaba imbabazi agasobanura uko yashutswe na Kayumba Nyamwasa amwizeza ibitangaza
INKURU NYAMUKURU

Maj (Rtd) Habib Mudathiru aracyatakambira ubutabera asaba imbabazi agasobanura uko yashutswe na Kayumba Nyamwasa amwizeza ibitangaza

Ubwanditsi 23 Jul 2020
CAN 2019: Nigeria yatsinze u Burundi bwakinnye umukino w’amateka, Guinée iratungurwa
IMIKINO

CAN 2019: Nigeria yatsinze u Burundi bwakinnye umukino w’amateka, Guinée iratungurwa

Ubwanditsi 23 Jun 2019
Afurika yepfo: Minisitiri  Lindiwe Sisulu  yahinduriwe imirimo
HIRYA NO HINO

Afurika yepfo: Minisitiri Lindiwe Sisulu yahinduriwe imirimo

Ubwanditsi 30 May 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru