• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rurageretse hagati y’ibigarasha Noble Marara na Jean Paul Turayishimye   |   24 Aug 2026

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yashyikirije ibendera ikipe y’u Rwanda y’Abagore yerekeje i Nairobi mu Gikombe cya Afurika   |   23 Aug 2026

  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»CHAN: Ibihugu 3 muri ¼, 2 byarasezerewe, amakarita 2 atukura,… Ibimaze kuranga imikino 16 imaze gukinwa

CHAN: Ibihugu 3 muri ¼, 2 byarasezerewe, amakarita 2 atukura,… Ibimaze kuranga imikino 16 imaze gukinwa

Ubwanditsi 24 Jan 2016 IMIKINO

Mu gihe kuri icyi Cyumweru tariki ya 24 Mutarama 2016, hatangira imikino y’umunsi wa 3 ari na wo wa nyuma mu matsinda agize CHAN iri kuba ku nshuro ya kane hano mu Rwanda, ibihugu bitatu muri 16 byitabiriye iri rushanwa byamaze kubona tike ya ¼ mu gihe ibindi bibiri byamaze gusezererwa muri iyi CHAN.

-1905.jpg

Guinea ikomeje kugaragaza imbaraga zidasanzwe mu kwishyura iturutse inyuma, ubugira kabiri

Ni irushanwa ryatangiye tariki ya 16 Mutarama, mu mijyi itatu ya hano mu Rwanda, Kigali, Huye na Rubavu.

-1906.jpg

CHAN yaritabiriwe………..

Kuri uyu wa Gatandatu, nibwo imikino y’umunsi wa kabiri mu matsinda y’iri rushanwa wasojwe mu gihe imikino isoza iy’amatsinda itangira kuri iki Cyumweru.
Ibitego 37

Mu mikino 16 imaze gukinwa muri CHAN y’uyu mwaka, hamaze kubonekamo ibitego 37.

Ni ukuvuga ko impuzandengo kuri buri mukino, nibura habonekamo ibitego 2.3.
Umukino Nigeria yatsinzemo Niger ibitego 4-1 ni wo wabonetsemo ibitego byinshi mu gihe kunganya ubusa ku busa bimaze kuba inshuro 2.
-1907.jpg
Ahmed Akaichi wa Tunisia, umaze gutsinda ibitego 3

Kunganya gukomeye kumaze kugaragara ni 2-2, ku ruhande rwa Guinea yishyura iturutse inyuma!

munya Nigeria, Chisom Chikatara Elvis, umwe rukumbi watsinze ibitego bitatu mu mukino umwe mu iri rushwanwa ubwo batsinda Niger ibitego 4-1, ni we umaze kubona incundura inshuro nyinshi n’ibitego 4 mu gihe umunya Tunisia, Ahmed Akaichi we amaze gutsinda ibitego bitatu muri rushanwa.

Umukongomani Joel Kimwaki, kapiteni wa Congo Kinshasa, ni we mukinnyi rukumbi, umaze kwitsinda igitego muri iri rushanwa, hari mu mukino batsinzemo Angola ibitego 4-2.
-1908.jpg
RD Congo yabonye tike ya 1/4 itsinze Ethiopia na Angola

Ibihugu 3 muri ¼

Mbere yuko imikino isoza iyo mu matsinda itangira uyu munsi, amakipe y’ibihugu by’u Rwanda, RD Congo na Zambia, yamaze kwizera gukomeza muri ¼ .
Muri ibi bihugu ariko, ikipe y’u Rwanda Amavubi ni yo yonyine yamaze kwizera kuzamuka ari iya mbere mu gihe izindi zizategereza imikino isoza amatsinda.

Ibihugu 2 byarasezerewe!
-1909.jpg
Zimbabwe (bambaye umunhondo) baraye basezerewe

Kugeza ubu, Angola yo mu itsinda B na Zimbabwe yo mu itsinda D ni yo makipe yamaze kumenya ko adashobora gukomeza muri ¼ nyuma yo gutsindwa imikino yombi ibanza mu matsinda mu gihe andi makipe agihanyanyaza, amenshi arwana n’imibare isa n’idashoboka.


M.Fils

2016-01-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

APR FC na Rayon Sports zizacakirana ku munsi wa Gatanu wa shampiyona ya PNL – Uko tombola yose yagenze

APR FC na Rayon Sports zizacakirana ku munsi wa Gatanu wa shampiyona ya PNL – Uko tombola yose yagenze

Ubwanditsi 20 May 2021
Etoile de l’Est yatsinze Police FC 2-1 yiyongerera amahirwe yo kuguma mu kiciro cya mbere 2024-2025 isiga mu murongo utukura Bugesera FC na Sunrise FC

Etoile de l’Est yatsinze Police FC 2-1 yiyongerera amahirwe yo kuguma mu kiciro cya mbere 2024-2025 isiga mu murongo utukura Bugesera FC na Sunrise FC

Ubwanditsi 04 May 2024
APR FC yashoje amatsinda ari iya mbere ihita ibona itike ya 1/2 cy’imikino ya CECAFA Kagame Cup 2025

APR FC yashoje amatsinda ari iya mbere ihita ibona itike ya 1/2 cy’imikino ya CECAFA Kagame Cup 2025

Ubwanditsi 08 Sep 2025
Amavubi yabonye intsinzi imbere ya Zimbabwe, afata umwanya wa 3 mu gushaka itike y’igikombe cy’Isi 20206

Amavubi yabonye intsinzi imbere ya Zimbabwe, afata umwanya wa 3 mu gushaka itike y’igikombe cy’Isi 20206

Ubwanditsi 09 Sep 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Leah Karegeya yifatiye ku gahanga Kayumba Nyamwasa aramwandagaza kubera gushaka kuburizamo umuhango wo kwibuka Patrick Karegeya, byose byagiye hanze
INKURU NYAMUKURU

Leah Karegeya yifatiye ku gahanga Kayumba Nyamwasa aramwandagaza kubera gushaka kuburizamo umuhango wo kwibuka Patrick Karegeya, byose byagiye hanze

Ubwanditsi 22 Mar 2020
Mageragere: Abaturage bahaye FPR icyifuzo cyo kubegereza amazi meza
POLITIKI

Mageragere: Abaturage bahaye FPR icyifuzo cyo kubegereza amazi meza

Ubwanditsi 26 Aug 2018
Koffi Olomide atagerejwe  i Kigali
IMIKINO

Koffi Olomide atagerejwe i Kigali

Ubwanditsi 10 Nov 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru