• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bombori bombori muri RNC: Serge Ndayizeye nawe yeretswe umuryango   |   08 Jun 2026

  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

  • Mozambique izatanga amafaranga yo gufasha Ingabo z’u Rwanda mu butumwa bw’i Cabo Delgado   |   02 Jun 2026

  • Urwibutso rwa Paris ruzarinda ukuri kwa Jenoside kwibagirana no kubungabunga amateka, kurinda ukuri kutazimira uko imyaka izagenda ishira   |   02 Jun 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Umusore uheruka kurongora Irene Uwoya yazinutswe gukunda ibyamamare

Umusore uheruka kurongora Irene Uwoya yazinutswe gukunda ibyamamare

Ubwanditsi 16 May 2019 HIRYA NO HINO, SHOWBIZ

Umuraperi ukomeye muri Tanzania, Abdulaziz Chende ‘Dogo Janja’ yemeje ko yazinutswe gukundana n’abakobwa b’ibyamamare nyuma y’isomo yakuye kuri Irene Uwoya Oprah.

Yabwiye ikiganiro Bongo 255 gica kuri Global Radio ko adateze na rimwe kuzongera gukundana n’umukobwa w’icyamamare uko yaba ameze kose kuko ngo yakinishije ubusore bwe mu buryo buhagije bityo ngo igihe kirageze ngo ‘aruhuke’.

Uwoya na Dogo Janja ntibagicana uwaka.

Yari yarushinganye na Irene Uwoya mu mpera z’umwaka wa 2017, bamaranye igihe gito bitangira kuvugwa mu itangazamakuru ko mu rugo rwabo hahora imirwano bapfa ibyo gucana inyuma.

Dogo Janja wari wabanje guhishahisha ko yatandukanye na Irene Uwoya, yagize ati “ Ntabwo nshaka kongera gukundana n’umugore uzwi. Impamvu ni uko nakinishije ubuto bwanjye neza n’ubusore bwanjye. Biraryoha kubona umwana akina n’umuntu mukuru ariko birababaje kubona umuntu mukuru akinisha umwana.”

Yongeyeho ati “Ikindi kandi, murabizi ko hari abantu batigeze bakinisha ubuto bwabo ubu bakaba babona ari ngombwa ko binjira mu mukino.”

Nyuma yo gutandukana na Irene Uwoya, Janja yavuzweho kuba mu rukundo n’umuhanzi witwa Nandy ariko yavuze ko nta kidasanzwe kiri hagati yabo uretse ubushuti busanzwe.

Irene Uwoya na we amaze iminsi avugwaho kuba mu rukundo rushya n’umuhanzi ukiri muto witwa Kayumba Juma w’imyaka 22. Uyu yamamaye cyane mu 2015 ubwo yegukanaga irushanwa rya BSS[Bongo Star Search] agahembwa miliyoni 50 z’amashilingi.

Urugo rwa Irene Uwoya na Janja rwasenyutse mu buryo bwa burundu rumaze hafi umwaka umwe gusa, bari bahanye isezerano mu buryo bw’ibanga tariki ya 28 Ukwakira 2017. Ibyabo byatangiye kuzamo ibibazo bakimara kubana gusa noneho byageze ku ndunduro.

Irene Uwoya yabanje kurushingana na Ndikumana Katauti mu 2009 baza gutandukana nyuma yagiye akundana n’abandi bagabo barimo Jaguar wo muri Kenya. Mu 2017 yarongowe na Dogo Janja urukundo ruranga, ubu yongeye kuba inkumi.

Umuraperi Janja ngo yazinutswe urukundo n’ibyamamare

Irene Uwoya n’umwana witwa Krish yabyaranye na Katauti

Irene Uwoya nyuma yo gutandukana na Dogo Janja yasubiye kubaho mu buzima bwa wenyine
Src : www.isimbi.rw

2019-05-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Urusaku rw’abafana ba Mwiseneza Josiane rwajegeje ahaberaga Miss Rwanda 2019 (Video)

Urusaku rw’abafana ba Mwiseneza Josiane rwajegeje ahaberaga Miss Rwanda 2019 (Video)

Ubwanditsi 06 Jan 2019
Umunyarwanda warekuwe na Uganda yatanze ubuhamya bw’ubucakara yakoreshejwe n’uko hari abishwe n’uburozi

Umunyarwanda warekuwe na Uganda yatanze ubuhamya bw’ubucakara yakoreshejwe n’uko hari abishwe n’uburozi

Ubwanditsi 16 Sep 2019
Jasmine Kibatenga ni we wegukanye irushanwa rya The Next Pop icyiciro cya mbere ahita yegukana sheki ya miliyoni 10 z’Amafaranga y’u Rwanda

Jasmine Kibatenga ni we wegukanye irushanwa rya The Next Pop icyiciro cya mbere ahita yegukana sheki ya miliyoni 10 z’Amafaranga y’u Rwanda

Ubwanditsi 18 Mar 2021
Ku munota wa nyuma, Mafikizolo yasimbujwe Nameless mu gitaramo cy’abitabiriye inama ya Transform Africa Summit 2019

Ku munota wa nyuma, Mafikizolo yasimbujwe Nameless mu gitaramo cy’abitabiriye inama ya Transform Africa Summit 2019

Ubwanditsi 16 May 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Didier Drogba agiye kuza i Kigali
Mu Rwanda

Didier Drogba agiye kuza i Kigali

Ubwanditsi 12 Nov 2018
Ishyirahamwe, Jambo asbl  rikomeje gutagatifuza umutwe w’abajenosideri wa FDLR
Amakuru

Ishyirahamwe, Jambo asbl  rikomeje gutagatifuza umutwe w’abajenosideri wa FDLR

Ubwanditsi 08 Jan 2025
Twibutse Abantu Ubusambo n’Ubugwari bwa Kayumba Nyamwasa, Uwo ari we aho kubeshya abatamuzi
Amakuru

Twibutse Abantu Ubusambo n’Ubugwari bwa Kayumba Nyamwasa, Uwo ari we aho kubeshya abatamuzi

Ubwanditsi 10 Aug 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru