• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rayon Sports, Gor Mahia, Jamus na Al Hilal zageze muri ½ cy’Imikino ya CECAFA Kagame Cup 2026   |   02 Aug 2026

  • Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana   |   01 Aug 2026

  • APR FC, Rayon Sports, Police FC na Kiyovu SC zizakina FERWAFA Super Cup 2026 yari isanzwe ikinwa n’amakipe abiri   |   01 Aug 2026

  • Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC   |   31 Jul 2026

  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Uburengerazuba: Abibumbiye mu makoperative beretswe inyungu iri mu kwizigamira muri ‘‘Ejo Heza’’

Uburengerazuba: Abibumbiye mu makoperative beretswe inyungu iri mu kwizigamira muri ‘‘Ejo Heza’’

Ubwanditsi 17 Dec 2019 UBUKUNGU

Abayobozi b’amakoperative mu Ntara y’Uburengerazuba basobanuriwe imikorere y’ubwizigame bw’igihe kirekire bwiswe ’Ejo Heza’ buri mu cyerekezo cy’igihugu cyo kwihutisha iterambere, banerekwa inyungu babufitemo.

Ubu bukangurambaga bugamije gukangurira abaturage kumenya, kwiyandikisha no kwizigamira no guteganyiriza izabukuru muri Ejo Heza, bo ubwabo n’imiryango yabo.

Ejo Heza ni ubwizigame bw’igihe kirekire buteganyiriza pansiyo bwashyizweho na Leta y’u Rwanda kugira ngo buri Munyarwanda n’umunyamahanga utuye mu gihugu yizigamire ateganyiriza izabukuru kugira ngo azasaze afata pansiyo nkuko bigenda ku banyamushahara bategurirwa amasaziro meza.

Mu kumenyekanisha gahunda ya Ejo Heza abayobozi b’amakoperative mu Ntara y’Uburengerazuba ku wa 12 Ukuboza 2019 bahawe amahugurwa yo kubasobanurira imikorere yayo.

Muri rusange amakoperative abarizwamo abanyamuryango basaga miliyoni eshanu bakaba bagize igice kinini cy’Abanyarwanda bangana na 92% bari basanzwe badafite amahirwe yo kugira aho bizigamira hagamijwe guteganyiriza izabukuru.

Kugeza ubu Abanyarwanda bafite ubwiteganyirize bw’izabukuru ni 8% gusa, iri janisha rikaba ryihariwe n’abakorera umushahara.

Abitabiriye inama bakomoka mu makoperative atandukanye yiganjemo ay’ubuhinzi, ubworozi, uburobyi na serivisi n’ayandi. Basoje inama biyemeje kwihutisha ubukangurambaga mu bo bahagarariye kugira ngo babafashe n’igihugu gukemura ikibazo cy’imibereho mibi mu zabukuru no gufatanya n’akarere kuko Ejo Heza yashyizwe mu mihigo y’uturere mu 2019-2020.

Umuyobozi wa Koperative y’Abahinzi b’icyayi COTHEGIM yo muri Karongi, Nsabimana Théophile, yavuze ko bashishikarije abanyamuryango kwiyandikisha no kwizigamira muri Ejo Heza.

Ati ‘‘Ubu byabereye urugero n’abatarizigamira ndetse bakaba biteguye kubikora no kubikorera imiryango yabo.’’

COTHEGIM imaze gutangira umusanzu abanyamuryango 1200 b’iyo koperative muri Ejo Heza.

Abandi bakuriye amakoperative bari bitabiriye inama bavuga ko bagiye gukangurira abanyamuryango kwizigamira.

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Amakoperative, RCA, gisanga abantu bakorera hamwe bose cyane cyane muri koperative bakwiye gukoresha umusaruro babona bakizigamira muri Ejo Heza.

Umuyobozi mu Kigo gishinzwe Amakoperative mu Ntara y’Uburengerazuba, Hamisi Jean Damascène, yavuze ‘‘Gahunda ya Ejo Heza yuzuzanya na Politiki nshya y’amakoperative kuko byose bigamije iterambere ry’umuturage wiyemeje gukora yiteza imbere muri koperative arimo.’’

Umuyobozi ushinzwe guhuza ibikorwa by’ubukangurambaga bya Ejo Heza mu Ntara y’Uburengerazuba, Mugiraneza Emmanuel, yavuze ko abibumbiye mu makoperative aribo EjoHeza yashyiriweho by’umwuhariko.

Yakomeje ati ‘‘Nta yandi mahirwe bari bafite yo kwizigamira no guteganyiriza izabukuru ku buryo basaza bafata pansiyo nkuko bigenda ku banyamushahara.’’

Itegeko ryashyizeho Ejo Heza riteganya ko buri muntu yizigamira akurikije ubushobozi bwe. Umunyarwanda uri mu cyiciro cya mbere n’icya kabiri by’ubudehe asabwa kwizigamira nibura 15 000 Frw ku mwaka, leta ikamwongereraho 18 000 Frw ni ukuvuga 100%. Uwo mu cyiciro cya gatatu asabwa kwizigamira nibura 18 000 Frw ku mwaka, leta ikamwongereraho 9 000 Frw ni ukuvuga 50%. Uwo mu cyiciro cya kane asabwa kwizigamira nibura 72 000 Frw ku mwaka, akaba ntacyo bongererwaho mu buryo bw’uruhare rwa Leta. Uru ruhare ntirurenga 18,000 Frw.

Ayo mafaranga y’ubwizigame ashobora gutangwa buri kwezi, buri gihembwe, buri mezi atandatu cyangwa agatangirwa icya rimwe. Umuntu witeganyirije muri Ejo Heza atangira guhabwa pansiyo yujuje imyaka 55, akayifata mu gihe cy’imyaka 20.

Uzizigamira amafaranga menshi azajya aba afite amahirwe yo kuba ayo mafaranga yaba ingwate akajya kwaka inguzanyo yo kubaka inzu cyangwa kuyigura, kwishyurira abana amashuri n’ibindi.

Umunyamuryango wa Ejo Heza uzagira ibyago yarujuje ibisabwa akagira ibyago akitaba Imana, umuryango we Leta iwufashisha 1 250 000 Frw, agizwe na miliyoni yo kuwufasha na 250 000 Frw yo gushyingura.

Kwinjira muri gahunda y’ubwizigame bw’igihe kirekire ya Ejo Heza ni ugukoresha telefoni igendanwa ukanda *506# ugakurikiza amabwiriza kugeza uhawe ubutumwa bugufi bwemeza ko wamaze kwiyandikisha.

Gahunda ya Ejo Heza ubu ibarizwa mu Kigo cy’Ubwiteganyirize mu Rwanda, RSSB, ikaba ari nayo ishinzwe ishyirwa mu bikorwa ryayo buri munsi.

Guverinoma y’u Rwanda yihaye intego yo kuzamura urwego rw’ubwizigame bukava ku gipimo cya 10.6% bukagera kuri 23 % mu 2024, Ejo Heza ikaba yariyongereye ku bundi buryo bwo kwizigamira no kwiteganyiriza busanzweho.

Abayobozi batandukanye bagarutse ku nyungu ziri mu kwizigamira muri ‘‘Ejo Heza’’

Abayobozi b’amakoperative mu Ntara y’Uburengerazuba basobanuriwe imikorere y’ubwizigame bw’igihe kirekire bwiswe ’Ejo Heza’

2019-12-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yakomoje ku masomo icyorezo cya Coronavirus kizasiga

Perezida Kagame yakomoje ku masomo icyorezo cya Coronavirus kizasiga

Ubwanditsi 15 Apr 2020
Amashanyarazi y’imirasire y’izuba yagejejwe mu mudugudu wa Buhara ho mu Bugesera

Amashanyarazi y’imirasire y’izuba yagejejwe mu mudugudu wa Buhara ho mu Bugesera

Ubwanditsi 25 May 2017
Minisitiri w’Intebe yagaragaje inyungu zo guha amahirwe angana umugabo n’umugore

Minisitiri w’Intebe yagaragaje inyungu zo guha amahirwe angana umugabo n’umugore

Ubwanditsi 30 Mar 2019
2019/2020: Ingengo y’Imari y’igihugu yiyongereyeho miliyari 291.7 Frw

2019/2020: Ingengo y’Imari y’igihugu yiyongereyeho miliyari 291.7 Frw

Ubwanditsi 01 May 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

IMITWE IRAGWIRA : Umugabo yapfiriye mu isanduku y’abapfu ashutswe na pasiteri
Mu Rwanda

IMITWE IRAGWIRA : Umugabo yapfiriye mu isanduku y’abapfu ashutswe na pasiteri

Ubwanditsi 09 Apr 2017
Umujyi wa Kigali urasabwa asaga miliyoni 800 z’Amafaranga y’u Rwanda ngo ikipe ya AS Kigali ikomeze ibeho, bitaba ibyo igasenyuka
Amakuru

Umujyi wa Kigali urasabwa asaga miliyoni 800 z’Amafaranga y’u Rwanda ngo ikipe ya AS Kigali ikomeze ibeho, bitaba ibyo igasenyuka

Ubwanditsi 05 Jun 2024
Rusizi:FARDC yashyikirije RDF abarwanyi bo mu mutwe wa CNRD bagera hafi kuri 300
HIRYA NO HINO

Rusizi:FARDC yashyikirije RDF abarwanyi bo mu mutwe wa CNRD bagera hafi kuri 300

Ubwanditsi 16 Dec 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru