• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Uburengerazuba: Abibumbiye mu makoperative beretswe inyungu iri mu kwizigamira muri ‘‘Ejo Heza’’

Uburengerazuba: Abibumbiye mu makoperative beretswe inyungu iri mu kwizigamira muri ‘‘Ejo Heza’’

Ubwanditsi 17 Dec 2019 UBUKUNGU

Abayobozi b’amakoperative mu Ntara y’Uburengerazuba basobanuriwe imikorere y’ubwizigame bw’igihe kirekire bwiswe ’Ejo Heza’ buri mu cyerekezo cy’igihugu cyo kwihutisha iterambere, banerekwa inyungu babufitemo.

Ubu bukangurambaga bugamije gukangurira abaturage kumenya, kwiyandikisha no kwizigamira no guteganyiriza izabukuru muri Ejo Heza, bo ubwabo n’imiryango yabo.

Ejo Heza ni ubwizigame bw’igihe kirekire buteganyiriza pansiyo bwashyizweho na Leta y’u Rwanda kugira ngo buri Munyarwanda n’umunyamahanga utuye mu gihugu yizigamire ateganyiriza izabukuru kugira ngo azasaze afata pansiyo nkuko bigenda ku banyamushahara bategurirwa amasaziro meza.

Mu kumenyekanisha gahunda ya Ejo Heza abayobozi b’amakoperative mu Ntara y’Uburengerazuba ku wa 12 Ukuboza 2019 bahawe amahugurwa yo kubasobanurira imikorere yayo.

Muri rusange amakoperative abarizwamo abanyamuryango basaga miliyoni eshanu bakaba bagize igice kinini cy’Abanyarwanda bangana na 92% bari basanzwe badafite amahirwe yo kugira aho bizigamira hagamijwe guteganyiriza izabukuru.

Kugeza ubu Abanyarwanda bafite ubwiteganyirize bw’izabukuru ni 8% gusa, iri janisha rikaba ryihariwe n’abakorera umushahara.

Abitabiriye inama bakomoka mu makoperative atandukanye yiganjemo ay’ubuhinzi, ubworozi, uburobyi na serivisi n’ayandi. Basoje inama biyemeje kwihutisha ubukangurambaga mu bo bahagarariye kugira ngo babafashe n’igihugu gukemura ikibazo cy’imibereho mibi mu zabukuru no gufatanya n’akarere kuko Ejo Heza yashyizwe mu mihigo y’uturere mu 2019-2020.

Umuyobozi wa Koperative y’Abahinzi b’icyayi COTHEGIM yo muri Karongi, Nsabimana Théophile, yavuze ko bashishikarije abanyamuryango kwiyandikisha no kwizigamira muri Ejo Heza.

Ati ‘‘Ubu byabereye urugero n’abatarizigamira ndetse bakaba biteguye kubikora no kubikorera imiryango yabo.’’

COTHEGIM imaze gutangira umusanzu abanyamuryango 1200 b’iyo koperative muri Ejo Heza.

Abandi bakuriye amakoperative bari bitabiriye inama bavuga ko bagiye gukangurira abanyamuryango kwizigamira.

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Amakoperative, RCA, gisanga abantu bakorera hamwe bose cyane cyane muri koperative bakwiye gukoresha umusaruro babona bakizigamira muri Ejo Heza.

Umuyobozi mu Kigo gishinzwe Amakoperative mu Ntara y’Uburengerazuba, Hamisi Jean Damascène, yavuze ‘‘Gahunda ya Ejo Heza yuzuzanya na Politiki nshya y’amakoperative kuko byose bigamije iterambere ry’umuturage wiyemeje gukora yiteza imbere muri koperative arimo.’’

Umuyobozi ushinzwe guhuza ibikorwa by’ubukangurambaga bya Ejo Heza mu Ntara y’Uburengerazuba, Mugiraneza Emmanuel, yavuze ko abibumbiye mu makoperative aribo EjoHeza yashyiriweho by’umwuhariko.

Yakomeje ati ‘‘Nta yandi mahirwe bari bafite yo kwizigamira no guteganyiriza izabukuru ku buryo basaza bafata pansiyo nkuko bigenda ku banyamushahara.’’

Itegeko ryashyizeho Ejo Heza riteganya ko buri muntu yizigamira akurikije ubushobozi bwe. Umunyarwanda uri mu cyiciro cya mbere n’icya kabiri by’ubudehe asabwa kwizigamira nibura 15 000 Frw ku mwaka, leta ikamwongereraho 18 000 Frw ni ukuvuga 100%. Uwo mu cyiciro cya gatatu asabwa kwizigamira nibura 18 000 Frw ku mwaka, leta ikamwongereraho 9 000 Frw ni ukuvuga 50%. Uwo mu cyiciro cya kane asabwa kwizigamira nibura 72 000 Frw ku mwaka, akaba ntacyo bongererwaho mu buryo bw’uruhare rwa Leta. Uru ruhare ntirurenga 18,000 Frw.

Ayo mafaranga y’ubwizigame ashobora gutangwa buri kwezi, buri gihembwe, buri mezi atandatu cyangwa agatangirwa icya rimwe. Umuntu witeganyirije muri Ejo Heza atangira guhabwa pansiyo yujuje imyaka 55, akayifata mu gihe cy’imyaka 20.

Uzizigamira amafaranga menshi azajya aba afite amahirwe yo kuba ayo mafaranga yaba ingwate akajya kwaka inguzanyo yo kubaka inzu cyangwa kuyigura, kwishyurira abana amashuri n’ibindi.

Umunyamuryango wa Ejo Heza uzagira ibyago yarujuje ibisabwa akagira ibyago akitaba Imana, umuryango we Leta iwufashisha 1 250 000 Frw, agizwe na miliyoni yo kuwufasha na 250 000 Frw yo gushyingura.

Kwinjira muri gahunda y’ubwizigame bw’igihe kirekire ya Ejo Heza ni ugukoresha telefoni igendanwa ukanda *506# ugakurikiza amabwiriza kugeza uhawe ubutumwa bugufi bwemeza ko wamaze kwiyandikisha.

Gahunda ya Ejo Heza ubu ibarizwa mu Kigo cy’Ubwiteganyirize mu Rwanda, RSSB, ikaba ari nayo ishinzwe ishyirwa mu bikorwa ryayo buri munsi.

Guverinoma y’u Rwanda yihaye intego yo kuzamura urwego rw’ubwizigame bukava ku gipimo cya 10.6% bukagera kuri 23 % mu 2024, Ejo Heza ikaba yariyongereye ku bundi buryo bwo kwizigamira no kwiteganyiriza busanzweho.

Abayobozi batandukanye bagarutse ku nyungu ziri mu kwizigamira muri ‘‘Ejo Heza’’

Abayobozi b’amakoperative mu Ntara y’Uburengerazuba basobanuriwe imikorere y’ubwizigame bw’igihe kirekire bwiswe ’Ejo Heza’

2019-12-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Banki y’Isi yahaye u Rwanda miliyoni 23$ z’inyongera mu kurwanya imirire mibi mu bana

Banki y’Isi yahaye u Rwanda miliyoni 23$ z’inyongera mu kurwanya imirire mibi mu bana

Ubwanditsi 19 Apr 2018
Abanyafurika bakeneye kwihutisha ibyo bakora ngo hagerwe ku byo batashoboye kugeraho- Kagame

Abanyafurika bakeneye kwihutisha ibyo bakora ngo hagerwe ku byo batashoboye kugeraho- Kagame

Ubwanditsi 23 Jan 2017
Berlin G20: Perezida Kagame yeretse ibihugu bikize aho bikwiye gushora imari muri Afurika

Berlin G20: Perezida Kagame yeretse ibihugu bikize aho bikwiye gushora imari muri Afurika

Ubwanditsi 13 Jun 2017
Guteza imbere imibereho y’abaturage bizatwara igice kinini cy’ingengo y’imari 2019/2020

Guteza imbere imibereho y’abaturage bizatwara igice kinini cy’ingengo y’imari 2019/2020

Ubwanditsi 12 Jul 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yakiriye Ellen DeGeneres wamamaye mu biganiro bya televiziyo muri Amerika
POLITIKI

Perezida Kagame yakiriye Ellen DeGeneres wamamaye mu biganiro bya televiziyo muri Amerika

Ubwanditsi 29 May 2018
Perezida  Museveni yahaye amabwiriza Brigadier Abel Kandiho yo kunga Kayumba Nyamwasa wa  RNC na Sankara wa  FLN
INKURU NYAMUKURU

Perezida  Museveni yahaye amabwiriza Brigadier Abel Kandiho yo kunga Kayumba Nyamwasa wa  RNC na Sankara wa  FLN

Ubwanditsi 02 Apr 2019
Kanimba, Tugireyezu na Stella Ford ntibagaragara mu ikipe nshya ya Kagame
Mu Rwanda

Kanimba, Tugireyezu na Stella Ford ntibagaragara mu ikipe nshya ya Kagame

Ubwanditsi 31 Aug 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru