• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Abakinnyi 4 ba banyarwanda berekeje gukina muri Slovakia

Abakinnyi 4 ba banyarwanda berekeje gukina muri Slovakia

Ubwanditsi 07 Jul 2016 IMIKINO

Abakinnyi bane bakinaga mu cyiciro cya mbere mu Rwanda , babiri b’APR FC, umwe wa Police n’undi wa Kiyovu Sports bamaze kunvikana n’ikipe yo mu gihugu cya Slovakia.

-3223.jpg
Iranzi ,Rwatubyaye ,Kalisa Rachid,Ombalenga Fitina

Iranzi Jean Cluade, Rwatubyaye Abdul bakiniraga APR FC, Kalisa Rachid wakiniraga ikipe ya Police FC na Ombalenga Fitina wakiniraga ikipe ya Kiyovu Sports, bamaze bose kugurwa n’ikipe ya MFK TOPVAR TOPOLCANY yo mu gihugu cya Slovakia ku mugabane w’iburayi.

Umunyamabanga mukuru w’ikipe ya APR FC Kalisa Adolphe yemeje aya makuru atangaza ko ku ruhande rwabo bamaze kurekura aba basore b’abanyarwanda bitwara neza muri shampiyona. Yagize ati :” Ni byo koko aba bakinnyi twamaze kubaha uburenganzira bwo kwerekeza muri iyi kipe.Abayobozi bayo baje kutureba, tugirana ibiganiro, bigenda neza. baciye mu nzira nziza, biza kurangira i by’ingenzi tubyunvikanyeho.”

Umuyobozi w’iyi kipe witwa Abdelaziz Benaoudia usanzwe anakorera ubucurizi mu gihugu cya Kenya , amaze iminsi ari mu Rwanda aho yaragiranye ibiganiro n’abayobozi b’amakipe yari afite aba bakinnyi, biza kurangira bose ababonye.Aba basore kuri uyu wa kabiri nibwo bashyize umukono ku masezerano, aho buri umwe yasinye gukinira iyi kipe mu gihe cy’amezi 18.

Ku mugoroba wo kuri uyu wa kabiri Ombalenga Fitina, Iranzi Jean Claude, Rwatubyaye Abdul na Rachid Kalisa berekeje mu gihugu cya Kenya gusaba visa, bakaba bagaruka mu Rwanda kuri uyu wa kane.

Aba bakinnyi uko ari bane bakaba bagomba kujya muri iyi kipe yo mu cyiciro cya gatatu muri Slovakia mu mpera z’uku kwezi, bamaze kurangiza imikino ya shampiyona y’icyiciro cya mbere hano mu Rwanda.

Umuyobozi w’iyi kipe Abdelaziz Benaoudia afite icyizere ko aba basore mu gihe gito cyane araza kuba yababoneye ikipe mu cyiciro cya mbere muri Slovakia, cyangwa akabajyana mu gihugu cy’Ububiligi.

Aba bakinnyi nta mafaranga iyi kipe irabatangaho mu kugenda,ariko mu masezerano amakipe azagirana n’iyi kipe, harimo kuzabona ibigera kuri 30 ku ijana y’amafaranga bazagurishwa.Aba bakinnyi baratangirira ku mushahara uri hejuru ya miliyoni 2 n’igice z’amafaranga y’u Rwanda.

2016-07-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Paul Kagame yakiriye Sylvan Adams washinze Israel Premier Tech, ikipe yitabiye Tour du Rwanda 2023

Perezida Paul Kagame yakiriye Sylvan Adams washinze Israel Premier Tech, ikipe yitabiye Tour du Rwanda 2023

Ubwanditsi 23 Feb 2023
Nyuma y’umwaka umwe ayivuyemo, Guy Bukasa yongeye kugirwa umutoza mukuru w’ikipe ya Gasogi United ahabwa inshingano yo gutwara igikombe

Nyuma y’umwaka umwe ayivuyemo, Guy Bukasa yongeye kugirwa umutoza mukuru w’ikipe ya Gasogi United ahabwa inshingano yo gutwara igikombe

Ubwanditsi 19 Aug 2021
Mu mukino witabiriwe n’Abayobozi bakuru b’Ingabo, APR FC yatsinze Vision 2-0 ifata umwanya wa 13

Mu mukino witabiriwe n’Abayobozi bakuru b’Ingabo, APR FC yatsinze Vision 2-0 ifata umwanya wa 13

Ubwanditsi 08 Nov 2024
umuhanzi konshens yashimye uburyo abanyarwanda ba mwakiriye

umuhanzi konshens yashimye uburyo abanyarwanda ba mwakiriye

Ubwanditsi 02 Jan 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umunyarwanda ushinjwa ibyaha bya Jenoside yafatiwe muri Cameroun
INKURU NYAMUKURU

Umunyarwanda ushinjwa ibyaha bya Jenoside yafatiwe muri Cameroun

Ubwanditsi 06 Apr 2018
Amafoto – Minisitiri Aurore Mimosa na Ambasaderi Abdoul Harelimana basuye ikipe ya REG BBC yitegura BAL 2023
Amakuru

Amafoto – Minisitiri Aurore Mimosa na Ambasaderi Abdoul Harelimana basuye ikipe ya REG BBC yitegura BAL 2023

Ubwanditsi 12 May 2023
‘Police state’ na ‘Banana Republic’ hitabajwe inkoranyamagambo mu kuyasobanura mu rubanza rwa  Rusagara na bagenzi be
Mu Mahanga

‘Police state’ na ‘Banana Republic’ hitabajwe inkoranyamagambo mu kuyasobanura mu rubanza rwa Rusagara na bagenzi be

Ubwanditsi 23 Jan 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru