• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Abakinnyi 4 ba banyarwanda berekeje gukina muri Slovakia

Abakinnyi 4 ba banyarwanda berekeje gukina muri Slovakia

Ubwanditsi 07 Jul 2016 IMIKINO

Abakinnyi bane bakinaga mu cyiciro cya mbere mu Rwanda , babiri b’APR FC, umwe wa Police n’undi wa Kiyovu Sports bamaze kunvikana n’ikipe yo mu gihugu cya Slovakia.

-3223.jpg
Iranzi ,Rwatubyaye ,Kalisa Rachid,Ombalenga Fitina

Iranzi Jean Cluade, Rwatubyaye Abdul bakiniraga APR FC, Kalisa Rachid wakiniraga ikipe ya Police FC na Ombalenga Fitina wakiniraga ikipe ya Kiyovu Sports, bamaze bose kugurwa n’ikipe ya MFK TOPVAR TOPOLCANY yo mu gihugu cya Slovakia ku mugabane w’iburayi.

Umunyamabanga mukuru w’ikipe ya APR FC Kalisa Adolphe yemeje aya makuru atangaza ko ku ruhande rwabo bamaze kurekura aba basore b’abanyarwanda bitwara neza muri shampiyona. Yagize ati :” Ni byo koko aba bakinnyi twamaze kubaha uburenganzira bwo kwerekeza muri iyi kipe.Abayobozi bayo baje kutureba, tugirana ibiganiro, bigenda neza. baciye mu nzira nziza, biza kurangira i by’ingenzi tubyunvikanyeho.”

Umuyobozi w’iyi kipe witwa Abdelaziz Benaoudia usanzwe anakorera ubucurizi mu gihugu cya Kenya , amaze iminsi ari mu Rwanda aho yaragiranye ibiganiro n’abayobozi b’amakipe yari afite aba bakinnyi, biza kurangira bose ababonye.Aba basore kuri uyu wa kabiri nibwo bashyize umukono ku masezerano, aho buri umwe yasinye gukinira iyi kipe mu gihe cy’amezi 18.

Ku mugoroba wo kuri uyu wa kabiri Ombalenga Fitina, Iranzi Jean Claude, Rwatubyaye Abdul na Rachid Kalisa berekeje mu gihugu cya Kenya gusaba visa, bakaba bagaruka mu Rwanda kuri uyu wa kane.

Aba bakinnyi uko ari bane bakaba bagomba kujya muri iyi kipe yo mu cyiciro cya gatatu muri Slovakia mu mpera z’uku kwezi, bamaze kurangiza imikino ya shampiyona y’icyiciro cya mbere hano mu Rwanda.

Umuyobozi w’iyi kipe Abdelaziz Benaoudia afite icyizere ko aba basore mu gihe gito cyane araza kuba yababoneye ikipe mu cyiciro cya mbere muri Slovakia, cyangwa akabajyana mu gihugu cy’Ububiligi.

Aba bakinnyi nta mafaranga iyi kipe irabatangaho mu kugenda,ariko mu masezerano amakipe azagirana n’iyi kipe, harimo kuzabona ibigera kuri 30 ku ijana y’amafaranga bazagurishwa.Aba bakinnyi baratangirira ku mushahara uri hejuru ya miliyoni 2 n’igice z’amafaranga y’u Rwanda.

2016-07-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Jimmy Mulisa yagizwe umutoza mukuru wa AS Kigali by’agateganyo, Mwambali Serge agirwa ushinzwe kongerera imbaraga abakinnyi bayo

Jimmy Mulisa yagizwe umutoza mukuru wa AS Kigali by’agateganyo, Mwambali Serge agirwa ushinzwe kongerera imbaraga abakinnyi bayo

Ubwanditsi 20 Dec 2021
Amavubi yitegura gukina na Mali ndetse na Kenya mu rugendo rwo gushaka itike y’igikombe cy’isi 2022, akomeje imyitozo atarimo Faustin Usengimana wari wagiye mu mwiherero

Amavubi yitegura gukina na Mali ndetse na Kenya mu rugendo rwo gushaka itike y’igikombe cy’isi 2022, akomeje imyitozo atarimo Faustin Usengimana wari wagiye mu mwiherero

Ubwanditsi 16 Aug 2021
Umukino w’aba Legends b’Amavubi n’aba Uganda ntugikiniwe kuri Stade Amahoro

Umukino w’aba Legends b’Amavubi n’aba Uganda ntugikiniwe kuri Stade Amahoro

Ubwanditsi 30 Jun 2016
Areruya Joseph na bagenzi be bakiriwe i Kigali nka Yezu i Galileya – AMAFOTO

Areruya Joseph na bagenzi be bakiriwe i Kigali nka Yezu i Galileya – AMAFOTO

Ubwanditsi 24 Jan 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Impamvu Abarundi bari guhungira mu Rwanda
Video Clips

Impamvu Abarundi bari guhungira mu Rwanda

Ubwanditsi 10 Aug 2016
Ku bwumvikane bw’impande zombi, Ndayiragije Etienne watozaga Bugesera FC yatandukanye n’iyo kipe
Amakuru

Ku bwumvikane bw’impande zombi, Ndayiragije Etienne watozaga Bugesera FC yatandukanye n’iyo kipe

Ubwanditsi 10 Jan 2023
Perezida Kagame yizeye impinduka zifatika mu ivugurura ry’Afurika yunze Ubumwe
POLITIKI

Perezida Kagame yizeye impinduka zifatika mu ivugurura ry’Afurika yunze Ubumwe

Ubwanditsi 24 Apr 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru