• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Itorero Agape ryo mu Karere ka Mbarara : Rishakirwamo abantu bo kwinjiza mu mutwe wa gisirikare wa RNC ari nako hakorerwa za poropaganda.

Itorero Agape ryo mu Karere ka Mbarara : Rishakirwamo abantu bo kwinjiza mu mutwe wa gisirikare wa RNC ari nako hakorerwa za poropaganda.

Ubwanditsi 10 Jan 2018 INKURU NYAMUKURU

Amakuru urubuga Virungapost rufite avuga ko Itorero Agape rya Pasiteri Deo Nyirigira ryahindutse ikigo cy’ibikorwa by’ibanga bya RNC mu burengerazuba bwa Uganda, aho iyobokamana rikoreshwa mu guhishira ibikorwa by’ubukangurambaga byo gushaka abayoboke b’iri shyaka rirwanya ubutegetsi bw’u Rwanda rikuriwe na Kayumba Nyamwasa wahoze mu ngabo z’u Rwanda.

Iri torero ngo akaba ari rimwe mu duserire (cells) twa RNC dukorera mu mwidegembyo muri Uganda rigakoreshwa mu gushaka abayoboke b’iri shyaka u Rwanda rufata nk’umutwe w’iterabwoba rihagarikiwe n’umukuru w’urwego rw’ubutasi mu gisirikare cya Uganda, Brig. Gen. Abel Kandiho.

Amakuru yizewe agera kuri uru rubuga dukesha iyi nkuru avuga ko iri torero rya Pasiteri Deo Nyiligira ridakoreshwa mu gushaka abayoboke ba RNC gusa ahubwo ari naryo ripangirwamo ibikorwa by’ibanga byose bya RNC mu burengerazuba bwa Uganda.

Abatangabuhamya bavuganye n’uru rubuga bakaba bemeza ko abayoboke ba RNC bahunze mu Rwanda bahurira muri iri torero bitwaje amasengesho bagategura amalisiti y’urubyiruko rw’Abanyarwanda binjizwa mu bikorwa bya kinyeshyamba ariko hakanagaragazwa urutonde rw’Abanyarwanda babangamiye gahunda ya RNC.

Nk’uko umwe mu bayoboke b’iri torero yabitangaje, ngo abo Banyarwanda bafatwa nk’ababangamiye gahunda za RNC bakunze kwitwa intasi za Guverinoma y’u Rwanda bikabaviramo gukurikiranwa n’urwego rw’ubutasi mu gisirikare cya Uganda (CMI) bagatabwa muri yombi bagakorerwa iyicarubozo.

Umwe mu banyarwanda baherutse gutabwa muri yombi kubera izi mpamvu ni Emmanuel Cyemayire, umucuruzi muri Mbarara washimuswe kuwa 04 Mutarama n’abakozi ba CMI. Kugeza ubu ntihazwi aho aherereye.

Aka gatsiko ka RNC muri iri torero kandi ngo ntigashaka abayoboke cyangwa ngo gategure ishimuta gusa, ahubwo kanafatanya na CMI mu kujyana abemeye mu nkambi z’imyitozo ya gisirikare nk’uko byagaragaye ubwo abagera kuri 43 bafatwaga bajyanywe I Minembwe muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo bashaka kunyura I Burundi.

Iyi nkuru ikaba yibutsa ko muri iri torero rya Agape ari naho Dr Ruvuma, uzwiho kuba umukangurambaga wa RNC muri Mbarara, yafatiwe nyuma akarekurwa ku gitutu cya CMi. Kuva icyo gihe yarekurwa uyu Dr Ruvuma ngo akaba akomeje gukorera mu bwisanzure RNC.

Abandi bayoboke ba RNC bivugwa ko bakunze kuba bari muri iri torero barimo uwitwa Charles Sande (alias Robert Mugisha) na Mwizerwa Felix (umuhungu wa Past. Nyirigira). Mwizerwa na Dr Ruvuma bakaba ari bamwe mu bari baherekeje Abanyarwanda 43 bafatiwe ku mupaka wa Kikagati ariko bakaba barahise bacika bakibona igipolisi cya Uganda kije guta muri yombi iri tsinda.

Mu mezi abiri ashize, ngo Itorero Agape ryakunze kwigaragaza mu bikorwa byo kubeshyera Abanyarwanda b’inzirakarengane bigatuma batabwa muri yombi.

Bivugwa ko uyu Pasiteri Deo Nyirigira yahunze ubutabera mu Rwanda mu 2000 nyuma y’aho abayoboke b’Itorero Agape I Kigali bamuregeye bamushinja kubambura amafaranga ndetse no kuba yarakoreshaga itorero mu nyungu ze atitaye ku nyungu z’abayoboke baryo. Ndetse ngo no muri Mbarara abayoboke b’iri torero bamureze ibirego nk’ibi ariko kubera ukuntu akorana bya hafi na CMI ntiyakurikiranwa.

Biravugwa kandi ko umuhuzabikorwa wa RNC muri Uganda ari uwitwa Rugema Kayumba, mubyara wa Kayumba Nyamwasa, akaba afatanya na Cpl Mulindwa bakunda kwita Mukombozi ukorera CMI bombi bakaba bakorana bya hafi n’umukuru wa CMI, Brig. Abel Kandiho.

Ibikorwa byo kujujubya Abanyarwanda no kubakorera iyicarubozo ngo bikaba binagirwamo uruhare na minisitiri w’umutekano wa Uganda, Lt. Gen. Henry Tumukunde bivugwa ko akoreshwa no kurwanya u Rwanda.

 

2018-01-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yashyizeho abayobozi bazayobora Urwego rw’Igihugu rushinzwe ubugenzacyaha ‘Rwanda Investigation Bureau’ (RIB)

Perezida Kagame yashyizeho abayobozi bazayobora Urwego rw’Igihugu rushinzwe ubugenzacyaha ‘Rwanda Investigation Bureau’ (RIB)

Ubwanditsi 10 Apr 2018
Umugore wa Muhoozi Kainerugaba na murumuna we, bakaba n’abakobwa ba Sam Kuteesa banyereje asaga miliyari 6,4 z’amashilingi ya Uganda

Umugore wa Muhoozi Kainerugaba na murumuna we, bakaba n’abakobwa ba Sam Kuteesa banyereje asaga miliyari 6,4 z’amashilingi ya Uganda

Ubwanditsi 07 Dec 2020
Tshisekedi na Kamerhe bishyize hamwe mu rugamba rwo guhatanira gusimbura Perezida Kabila

Tshisekedi na Kamerhe bishyize hamwe mu rugamba rwo guhatanira gusimbura Perezida Kabila

Ubwanditsi 26 Nov 2018
Intwararumuri: Igihungabanya u Rwanda ntitwacyihanganira niyo wagira ute – Perezida Kagame Paul

Intwararumuri: Igihungabanya u Rwanda ntitwacyihanganira niyo wagira ute – Perezida Kagame Paul

RUSHYASHYA 08 Nov 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kiyovu SC na Gasogi United mu makipe yatangiye gutandukana nabakinnyi babo bitegura 2023-2024
Amakuru

Kiyovu SC na Gasogi United mu makipe yatangiye gutandukana nabakinnyi babo bitegura 2023-2024

Ubwanditsi 08 Jun 2023
Intara y’Uburasirazuba mu ngamba nshya zo kurwanya ibiyobyabwenge
Mu Mahanga

Intara y’Uburasirazuba mu ngamba nshya zo kurwanya ibiyobyabwenge

Ubwanditsi 11 Mar 2016
Umupolisi w’Umurundi yafatiwe mu Rwanda yinjiye mu buryo bunyuranyije n’amategeko
ITOHOZA

Umupolisi w’Umurundi yafatiwe mu Rwanda yinjiye mu buryo bunyuranyije n’amategeko

Ubwanditsi 14 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru