• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Itorero Agape ryo mu Karere ka Mbarara : Rishakirwamo abantu bo kwinjiza mu mutwe wa gisirikare wa RNC ari nako hakorerwa za poropaganda.

Itorero Agape ryo mu Karere ka Mbarara : Rishakirwamo abantu bo kwinjiza mu mutwe wa gisirikare wa RNC ari nako hakorerwa za poropaganda.

Ubwanditsi 10 Jan 2018 INKURU NYAMUKURU

Amakuru urubuga Virungapost rufite avuga ko Itorero Agape rya Pasiteri Deo Nyirigira ryahindutse ikigo cy’ibikorwa by’ibanga bya RNC mu burengerazuba bwa Uganda, aho iyobokamana rikoreshwa mu guhishira ibikorwa by’ubukangurambaga byo gushaka abayoboke b’iri shyaka rirwanya ubutegetsi bw’u Rwanda rikuriwe na Kayumba Nyamwasa wahoze mu ngabo z’u Rwanda.

Iri torero ngo akaba ari rimwe mu duserire (cells) twa RNC dukorera mu mwidegembyo muri Uganda rigakoreshwa mu gushaka abayoboke b’iri shyaka u Rwanda rufata nk’umutwe w’iterabwoba rihagarikiwe n’umukuru w’urwego rw’ubutasi mu gisirikare cya Uganda, Brig. Gen. Abel Kandiho.

Amakuru yizewe agera kuri uru rubuga dukesha iyi nkuru avuga ko iri torero rya Pasiteri Deo Nyiligira ridakoreshwa mu gushaka abayoboke ba RNC gusa ahubwo ari naryo ripangirwamo ibikorwa by’ibanga byose bya RNC mu burengerazuba bwa Uganda.

Abatangabuhamya bavuganye n’uru rubuga bakaba bemeza ko abayoboke ba RNC bahunze mu Rwanda bahurira muri iri torero bitwaje amasengesho bagategura amalisiti y’urubyiruko rw’Abanyarwanda binjizwa mu bikorwa bya kinyeshyamba ariko hakanagaragazwa urutonde rw’Abanyarwanda babangamiye gahunda ya RNC.

Nk’uko umwe mu bayoboke b’iri torero yabitangaje, ngo abo Banyarwanda bafatwa nk’ababangamiye gahunda za RNC bakunze kwitwa intasi za Guverinoma y’u Rwanda bikabaviramo gukurikiranwa n’urwego rw’ubutasi mu gisirikare cya Uganda (CMI) bagatabwa muri yombi bagakorerwa iyicarubozo.

Umwe mu banyarwanda baherutse gutabwa muri yombi kubera izi mpamvu ni Emmanuel Cyemayire, umucuruzi muri Mbarara washimuswe kuwa 04 Mutarama n’abakozi ba CMI. Kugeza ubu ntihazwi aho aherereye.

Aka gatsiko ka RNC muri iri torero kandi ngo ntigashaka abayoboke cyangwa ngo gategure ishimuta gusa, ahubwo kanafatanya na CMI mu kujyana abemeye mu nkambi z’imyitozo ya gisirikare nk’uko byagaragaye ubwo abagera kuri 43 bafatwaga bajyanywe I Minembwe muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo bashaka kunyura I Burundi.

Iyi nkuru ikaba yibutsa ko muri iri torero rya Agape ari naho Dr Ruvuma, uzwiho kuba umukangurambaga wa RNC muri Mbarara, yafatiwe nyuma akarekurwa ku gitutu cya CMi. Kuva icyo gihe yarekurwa uyu Dr Ruvuma ngo akaba akomeje gukorera mu bwisanzure RNC.

Abandi bayoboke ba RNC bivugwa ko bakunze kuba bari muri iri torero barimo uwitwa Charles Sande (alias Robert Mugisha) na Mwizerwa Felix (umuhungu wa Past. Nyirigira). Mwizerwa na Dr Ruvuma bakaba ari bamwe mu bari baherekeje Abanyarwanda 43 bafatiwe ku mupaka wa Kikagati ariko bakaba barahise bacika bakibona igipolisi cya Uganda kije guta muri yombi iri tsinda.

Mu mezi abiri ashize, ngo Itorero Agape ryakunze kwigaragaza mu bikorwa byo kubeshyera Abanyarwanda b’inzirakarengane bigatuma batabwa muri yombi.

Bivugwa ko uyu Pasiteri Deo Nyirigira yahunze ubutabera mu Rwanda mu 2000 nyuma y’aho abayoboke b’Itorero Agape I Kigali bamuregeye bamushinja kubambura amafaranga ndetse no kuba yarakoreshaga itorero mu nyungu ze atitaye ku nyungu z’abayoboke baryo. Ndetse ngo no muri Mbarara abayoboke b’iri torero bamureze ibirego nk’ibi ariko kubera ukuntu akorana bya hafi na CMI ntiyakurikiranwa.

Biravugwa kandi ko umuhuzabikorwa wa RNC muri Uganda ari uwitwa Rugema Kayumba, mubyara wa Kayumba Nyamwasa, akaba afatanya na Cpl Mulindwa bakunda kwita Mukombozi ukorera CMI bombi bakaba bakorana bya hafi n’umukuru wa CMI, Brig. Abel Kandiho.

Ibikorwa byo kujujubya Abanyarwanda no kubakorera iyicarubozo ngo bikaba binagirwamo uruhare na minisitiri w’umutekano wa Uganda, Lt. Gen. Henry Tumukunde bivugwa ko akoreshwa no kurwanya u Rwanda.

 

2018-01-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umwiryane n’amakimbirane muri CNRD- Ubwiyunge

Umwiryane n’amakimbirane muri CNRD- Ubwiyunge

Ubwanditsi 29 Jan 2020
SADC yahururiye gusahura muri Kongo, none ibirindiro byayo muri Mozambique byigaruriwe n’ibyihebe

SADC yahururiye gusahura muri Kongo, none ibirindiro byayo muri Mozambique byigaruriwe n’ibyihebe

Ubwanditsi 01 Mar 2024
Leah Karegeya afite agahinda ko gufungwa kwa Tumukunde no gusiragizwa na Kayumba Nyamwasa wamucucuye ibyo umugabo we yasize nareke kwitwaza Rushyashya itangaza ibiriho  

Leah Karegeya afite agahinda ko gufungwa kwa Tumukunde no gusiragizwa na Kayumba Nyamwasa wamucucuye ibyo umugabo we yasize nareke kwitwaza Rushyashya itangaza ibiriho  

Ubwanditsi 30 Mar 2020
“Ubu koko n’ikibazo cy’ubwiherero na cyo tugombe kugitegerezaho abaterankunga? – Perezida Kagame

“Ubu koko n’ikibazo cy’ubwiherero na cyo tugombe kugitegerezaho abaterankunga? – Perezida Kagame

Ubwanditsi 26 Feb 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Depite Habineza Frank yaba yaratorewe kuba umuvugizi w’imitwe y’iterabwoba irwanya Leta y’u Rwanda? 
Amakuru

Depite Habineza Frank yaba yaratorewe kuba umuvugizi w’imitwe y’iterabwoba irwanya Leta y’u Rwanda? 

Ubwanditsi 19 Aug 2022
Kamonyi: Abantu bose bifashe impungenge nyuma yo kumva icyo Tuyishimire Alexis yahoye umubyeyi we
ITOHOZA

Kamonyi: Abantu bose bifashe impungenge nyuma yo kumva icyo Tuyishimire Alexis yahoye umubyeyi we

Ubwanditsi 27 Jun 2017
Huye: Urubyiruko rw’abakorerabushake mu kwicungira umutekano rwasabwe kuzirikana inshingano zarwo
Amakuru

Huye: Urubyiruko rw’abakorerabushake mu kwicungira umutekano rwasabwe kuzirikana inshingano zarwo

Ubwanditsi 08 Feb 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru