• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Urukiko rukuru rwateye utwatsi ubusabe bw’ukekwaho kwica Pastor Maggie

Urukiko rukuru rwateye utwatsi ubusabe bw’ukekwaho kwica Pastor Maggie

Ubwanditsi 03 Nov 2017 Mu Rwanda

Kuri uyu wa Gatanu tariki 3 Ugushyingo 2017 kuva saa tanu z’amanywa hasomwe imyanzuro y’urubanza Mugisha Drake ukekwaho kwica Pastor Mutesi Maggie yajuririyemo urukiko dore ko atemeranya n’ibyo ashinjwa, we akavuga ko ari akagambane.

Tariki 30 Ukwakira 2017 ni bwo Mugisha Drake ukekwaho kwica Pastor Mutesi Maggie yaburanye ubujurire yashyikirije urukiko. Drake Mugisha ni umugabo wa nyakwigendera Pastor Mutesi Maggie. Mugisha Drake yari yarakatiwe n’urukiko gufungwa iminsi 30 y’agateganyo nyuma agaragaza ko atemeranywa n’imyanzuro y’urukiko arajurira.

Kuri uyu wa Gatanu tariki 3 Ugushyingo 2017 hasomwe imyanzuro y’urubanza rwabaye tariki 30 Ukwakira 2017, uyu muhango ukaba wabereye ku cyicaro cy’Urukiko Rukuru ku Kimihurura. Mugisha Drake wari wakatiwe gufungwa iminsi 30 y’agateganyo akajurira aho yasabaga kurekurwa kuko ngo arengana ukongeraho no kuba abana be bandagaye hanze bakaba batiga, urukiko rukuru rwasanze ubusabe bwe nta shingiro bufite, hemezwa ko akomeza gufungwa akajya aburana afunzwe.

Mugisha Drake n’umwunganira mu mategeko, bajuriye iminsi 30 y’agateganyo bari bakatiwe yo gufungwa, biregura aho bavuga ko abatangabuhamya n’abaganga bagaragaje amarangamutima yabo kandi ko bimwe mu bimenyetso bitagaragajwe. Abatangabuhamya bavuze ibyo Drake yise amazimwe kandi atari ukuri na mba, ko byateshwa agaciro byose.

-8558.jpg

Pastor Mutesi Maggie na musaza we

Bagendeye ku makuru yatanzwe na MTN, Drake ahakana ko atitabye terefone kuko we na Maggie bari barumvikanye ko nta wuzajya yitaba telefone y’undi na rimwe. Mu rubanza yajuririyemo, Mugisha Drake yavuze ko umuganga watanze raporo yita mpimbano ivuga ko Pastor Maggie yishwe anizwe, ngo uwo muganga ni we ukwiriye gukurikiranwa n’inkiko kuko we arengana.

Mu gusoma imyanzuro y’urubanza, uhagarariye ubushinjacyaha yasubiye kuri ubu bujurire bwa Drake Mugisha, ingingo ku ngingo, avuga ko ibizamini bya Muganga byari byemewe 100%, kubw’iyo mpamvu, ibyo Drake avuga ngo nta gaciro bifite ndetse Muganga nta kosa yakoze kuko yakoze ibimureba n’ibyo yabwiye n’abari hafi ya Maggie. Yagize ati: “Muganga nta marangamutima yagaragaje kuko yavuze ibyo yabonye kubera ibimenyetso byari kuri Maggie akitaba Imana. Ibi birahura n’iby’abatangabuhamya. Ahubwo Drake ari kuvuguruza ukuri nyakuri kuko hari abo bavuganye nka Kantengwa Sarah, umwe mu batangabuhamya.”

Ntabwo ubushinjacyaha bwemera ubusabe bwa Drake bwo gutesha agaciro ubuhamya bwatanzwe kuko ari bwo bukubiyemo ukuri. Ku makuru yatanzwe na Sosiyete y’itumanaho ya MTN Rwanda yo yemeza ko Drake yitabye amatelefone yose n’ubwo abihakana. Hagendewe ku miterere y’icyaha n’impamvu zikomeye zituma Drake akekwa, cyane ko bari bafitanye ibibazo mu mubanire, hakarebwa uko bivugwa mu mibanire n’abavandimwe ba Maggie n’inshuti ndetse n’abaturanyi babo bemeza ko bari babanye nabi n’ubwo we abihakana.

Hagendewe ku bizamini n’ibimenyetso bigaragaza ko yanizwe, nta wundi Maggie yari kumwe nawe mu cyumba uretse Drake. Ku bijyanye no kuba avuga ko abana batiga, urukiko rwavuze ko abana biga nta kibazo. Ibyo asaba byo kurekurwa byashoboka ariko ku byaha bitari iby’ubugome nk’ibyo ashinjwa. Hemejwe ko Mugisha Drake afungwa akazakomeza kuburana afunze.

-8557.jpg

Pastor Mutesi Maggie yavutse mu 1980, yitaba Imana tariki 10 Nzeri 2017, ashyingurwa kuwa Kane tariki 14 Nzeli 2017. Pastor Mutesi Maggie yari umuyobozi muruku w’umuryango Gates of Heaven Ministries (Amarembo y’Ijuru). Yajyaga ategura amasengesho ngarukakwezi yaberaga muri Kigali Serena Hotel akitabirwa n’abayobozi b’amatorero atandukanye akorera hano mu Rwanda mu rwego rwo gusengera ububyutse mu Rwanda. Aya masengesho y’abayobozi b’amatorero ariko yari amaze igihe atagikorwa buri kwezi ahubwo akaba yakorwaga rimwe mu gihembwe nkuko Inyarwanda yabitangarijwe n’umwe mu bakozi ba Serena Hotel.

2017-11-03
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

‘Gutekereza ko ubutegetsi bwa Nkurunziza butemewe ni uguta umutwe’ -Mkapa

‘Gutekereza ko ubutegetsi bwa Nkurunziza butemewe ni uguta umutwe’ -Mkapa

Ubwanditsi 10 Dec 2016
Abayobozi b’amadini n’amatorero basabwe ubufasha mu gukemura burundu ikibazo cy’ihohoterwa rikorerwa mu muryango, by’umwihariko iryibasira abagore n’abana, i Musanze

Abayobozi b’amadini n’amatorero basabwe ubufasha mu gukemura burundu ikibazo cy’ihohoterwa rikorerwa mu muryango, by’umwihariko iryibasira abagore n’abana, i Musanze

Ubwanditsi 02 May 2021
Igisirikare cy’u Rwanda n’icya Tanzania mu nzira zo gukaza ubufatanye mu by’ubwirinzi

Igisirikare cy’u Rwanda n’icya Tanzania mu nzira zo gukaza ubufatanye mu by’ubwirinzi

Ubwanditsi 19 Apr 2018
FERWAFA na Rwanda Premier League basinye amabwiriza mashya agenga shampiyona y’u Rwanda 2025/26

FERWAFA na Rwanda Premier League basinye amabwiriza mashya agenga shampiyona y’u Rwanda 2025/26

Ubwanditsi 11 Sep 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Min. Ndimubanzi yatunguwe no kumva ikibazo cy’ibiryo bihabwa abarwayi bo muri Faisal
Mu Rwanda

Min. Ndimubanzi yatunguwe no kumva ikibazo cy’ibiryo bihabwa abarwayi bo muri Faisal

Ubwanditsi 20 Jun 2017
Icyo igisirikare n’igipolisi bya Uganda bivuga ku Banyarwanda bamaze iminsi batabwa muri yombi
ITOHOZA

Icyo igisirikare n’igipolisi bya Uganda bivuga ku Banyarwanda bamaze iminsi batabwa muri yombi

Ubwanditsi 29 Dec 2017
Hon Theobard Mporanyi  ntaho ahuriye n’ibyamwanditsweho kuri dosiye ya Dr. Gahutu Pascal uyobora Kaminuza ya Rusizi  watawe muri yombi na Polisi ( YAVUGURUWE )
Mu Mahanga

Hon Theobard Mporanyi ntaho ahuriye n’ibyamwanditsweho kuri dosiye ya Dr. Gahutu Pascal uyobora Kaminuza ya Rusizi watawe muri yombi na Polisi ( YAVUGURUWE )

Ubwanditsi 10 Feb 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru