• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Abafana ba Nikuze wo muri “City Maid” bahura na we bagaturika bakarira

Abafana ba Nikuze wo muri “City Maid” bahura na we bagaturika bakarira

Ubwanditsi 21 Jul 2017 Mu Rwanda

Laura Musanase, ukina yitwa Nikuze muri filime Nyarwanda yitwa “City Maid”, avuga ko asigaye ahura na bamwe mu bakunzi b’iyo filime bakarira kubera ibyo akina muri iyo filime.

City Maid ni filime y’uruhererekane yerekanwa kuri Tereviziyo y’igihugu. Ikinirwa mu mujyi igaragaza ubuzima bwa buri munsi bw’aho haba mu ngo ndetse no mu rubyiruko.

Laura ayikinamo yitwa Nikuze. Aba ari umukobwa waturutse mu cyaro, ukora akazi ko mu rugo muri uwo mujyi. Ako kazi akora ahuriramo n’ibibazo birimo no guhohoterwa mu buryo butandukanye.

Abakunzi b’iyo filime bakunda uburyo Laura akina muri iyo filime. Laura w’imyaka 24 y’amavuko, yatangarije Kigali Today dukesha iyi nkuru ko mu buzima busanzwe abantu batandukanye baba bashaka kumubona bibaza ku buzima bwe.

Agira ati “Kuriya ngaragara kuri televiziyo,abenshi iyo bambonye baba bamfitiye amatsiko, hari bamwe baba bababaye iyo bambonye. Hari n’abo duhura bakarira kubera ibyo mba nkina! Iriya ni filime mba nkina.”

Akomeza abwira abakunzi be ko ibyo akina muri “City Maid” ntaho bihuriye n’ubuzima bwe busanzwe. Ahamya ko abana n’umuryango we kandi akaba afite ababyeyi be bombi.

Laura avuga kandi ko hari bamwe bamutinya nyamara ngo bitari bikwiye. Ati “Abambona, ntabwo ntinyitse, n’uwambona akamvugisha nta kibazo.

Nkunda abafana banjye, nkunda abantu banyishimira, nibo mbaraga zanjye kandi bajye bakomeza kumba hafi, bangire inama, bankosore, muri make ntabwo ndi umuntu utinyitse cyane.”

-7328.jpg

Laura Musanase aracyari ingaragu, abana n’umuryango we

Laura Musanase yavukiye muri Tanzania ariko akurira mu Rwanda. Amashuri abanza yayigiye mu kigo cya “Bright Academy Primary School” mu Karere ka Nyagatare.

Amashuri yisumbuye yo yayatangiriye muri “Lycee de Kigali” ayasoreza muri “FAWE Girls’ School”.

Nta kindi kintu akora uretse gukina filime. Yatangarije Kigali Today ko yabaye ahagaritse amashuri. Yari ageze mu mwaka wa kabiri wa Kaminuza mu ishami ry’Ubukungu (Economics) muri University of Kigali.

Ibyo gukina filime ngo yabigiyemo kubera inshuti ze zirimo nyinshi zikina filime. Ubusanzwe ngo akiri mu umwana inzozi ze zari izo kuzacuruza imodoka kuko yazikundaga.

City Maid ni yo filime ya mbere akinnyemo kandi ngo ntaho yigeze yiga ibyo gukina filime

Source : KT

2017-07-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Rwamagana: Polisi yakanguriye urubyiruko w’Abayisilamu kugira uruhare mu kurwanya ibiyobyabwenge

Rwamagana: Polisi yakanguriye urubyiruko w’Abayisilamu kugira uruhare mu kurwanya ibiyobyabwenge

Ubwanditsi 24 Oct 2017
Urukiko rw’ikirenga rwemeje yuko ibyo Mbabazi arega Museveni bifite ishingiro

Urukiko rw’ikirenga rwemeje yuko ibyo Mbabazi arega Museveni bifite ishingiro

Ubwanditsi 09 Mar 2016
Iya 21 Mata 1994: Abanyeshuri n’abarimu ba Kaminuza Nkuru y’u Rwanda bishwe urubozo

Iya 21 Mata 1994: Abanyeshuri n’abarimu ba Kaminuza Nkuru y’u Rwanda bishwe urubozo

Ubwanditsi 21 Apr 2018
Clarisse Karasira yamuritse indirimbo yahimbye akomoye ku gutandukana kwa hato na hato kw’abakundana

Clarisse Karasira yamuritse indirimbo yahimbye akomoye ku gutandukana kwa hato na hato kw’abakundana

Ubwanditsi 01 Oct 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Capitaine Théophile Twagiramungu yafatiwe muri Kivu y’amajyepfo
ITOHOZA

Capitaine Théophile Twagiramungu yafatiwe muri Kivu y’amajyepfo

Ubwanditsi 02 Nov 2016
Col (Rtd) Augustin Nshimiyimana yagarutse ku bufatanye bwa Leta ya Kongo na FDLR ayikurira inzira ku murima gufata u Rwanda
Amakuru

Col (Rtd) Augustin Nshimiyimana yagarutse ku bufatanye bwa Leta ya Kongo na FDLR ayikurira inzira ku murima gufata u Rwanda

Ubwanditsi 21 Sep 2023
RDC: Perezida Kabila yirukanye abacamanza barenga 250
POLITIKI

RDC: Perezida Kabila yirukanye abacamanza barenga 250

Ubwanditsi 17 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru