• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

  • AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon   |   13 Jun 2026

  • AMAFOTO – Ikipe y’igihugu ya Mexique yakiriye igikombe cy’Isi 2026 na Koreya y’Epfo zatangiye zitsinda imikino yayo   |   12 Jun 2026

  • Nyuma y’imyaka 12 y’ubufatanye, Amasezerano ya Rayon Sports na SKOL yageze ku musozo   |   09 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Perezida Zuma yishyuye amafaranga yaregwaga ko yibye igihugu

Perezida Zuma yishyuye amafaranga yaregwaga ko yibye igihugu

Ubwanditsi 13 Sep 2016 Mu Rwanda

Perezida wa Afurika y’Epfo, Jacob Zuma, muri iki cyumweru yishyuye amafaranga yaregwaga yuko yibye igihugu ariko abatavuga rumwe nawe bakavuga yuko ibyo bitamuhanaguraho icyaha !

Muri 2014 nibwo umuvunyi mukuru muri Afurika y’Epfo, madamu Thuli Madonsela, yasohoye raporo igaragaza ukuntu Perezida Zuma yanyuruje umutungo w’igihugu mu kuvugurura inyubako ye bwite iri Nkandla muri Kwazulu Natali.

Iyo raporo y’umuvunyi mukuru yavugaga yuko inyubako ya Perezida Zuma yakoreshejweho amafaranga y’igihugu kandi bitakabaye ngombwa, igasaba Zuma yuko yashyira mu gaciro akagaruza ayo mafaranga.

Ayo mafaranga Zuma yashinjwagwa kuba yaranyuruje yari yerekeranye n’iyo nyubako guverinoma yasanishije amadolari ya Amerika angana na miliyoni 24, bivugwa yuko iryo sanwa ryakozwe ku mpamvu z’umutekano wa Perezida.

Umuvunyi mukuru akavuga yuko nta kibazo kuvugurura ibintu bijyanye n’umutekano wa Perezida ariko akabaza niba iyubakwa ry’ibiraro by’inka kimwe n’iburugu by’inkoko nabyo byari bijyanye n’umutekano wa Perezida w’igihugu. Ibindi Madonsela yahamyaga yuko byakozwe kuri iyo nyubako kandi ntaho byari bihuriye n’umutekano byari uyubakwa ry’ahakorerwa siporo yo koga (swimming pool) kimwe n’aho bakirira abashyitsi.

Ibyo birego Zuma yashatse kubifata ku buryo bworoheje ariko aza gusanga ibintu bikomeye. Perezida Zuma yabanje gushyiraho komisiyo ebyiri za leta ngo zibikoreho iperereza, zombi zimugira umwere harimo n’iya shekeje abantu cyane bigatuma barushaho gusakuriza icyo kibazo.

Iyo komisiyo yari iya Minisiteri ifite Polisi mu nshingano zayo. Raporo yayo yavugaga yuko iby’uko hari amafaranga yakoreshejwe kubaka swimming pool byo nta kibazo ngo kuko iyo swimming pool ari igikoresho kizimya umuliro !

Ibintu byakomeje gusakuzwa ikibazo gitwarwa mu rukiko rw’itegeko nshinga narwo rutegeka Zuma kuzishyura amafaranga yose yakoreshejwe ku bintu bitanjyanye n’umutekano, birimo iyo swimming pool, inyubako z’amatungo n’aho bidagadurira. Rwategetse Minisiteri y’imari kuzakora ibarura ikagena ayo mafaranga.

-4056.jpg

Perezida Jacob Zuma

Iyo Minisiteri yaje gutanga raporo yuko ayo Zuma agomba kwishyura angana n’amadolari ya Amerka ibihumbi 542, Banki nkuru y’icyo gihugu ikavuga yuko koko Zuma yayishyuye mu ntangiriro z’iki cyumweru ariko abatavuga rumwe nawe bakavuga yuko ayo yishyuye ari make cyane ngo kandi kwishyura kudakuraho umuntu icyaha !

Kayumba Casmiry

2016-09-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ko hari ibimenyetso simusiga byerekana itegurwa rya Jenoside yakorewe Abatutsi , Ingabire Victoire na bagenzi be ko batazana ibya “jenoside yakorewe Abahutu” baririmba?

Ko hari ibimenyetso simusiga byerekana itegurwa rya Jenoside yakorewe Abatutsi , Ingabire Victoire na bagenzi be ko batazana ibya “jenoside yakorewe Abahutu” baririmba?

Ubwanditsi 09 Sep 2024
“Ndaburira abemera gushukwa n’ibisambo nka Kayumba Nyamwasa, bakajya mu mitwe y’iterabwoba itazagira icyo ibagezaho”.-Umucuruzi Ndagijimana Benjamin

“Ndaburira abemera gushukwa n’ibisambo nka Kayumba Nyamwasa, bakajya mu mitwe y’iterabwoba itazagira icyo ibagezaho”.-Umucuruzi Ndagijimana Benjamin

Ubwanditsi 11 Jan 2022
Amafoto – Mahoro Yvan na Murangwa Nelson bakiniraga ikipe ya UVC Volleyball Club berekeje muri REG VC

Amafoto – Mahoro Yvan na Murangwa Nelson bakiniraga ikipe ya UVC Volleyball Club berekeje muri REG VC

Ubwanditsi 09 Dec 2021
30 Mata 1994, RTLM yatangaje ko Abatutsi bose bazaba bishwe mbere y’uko Perezida Habyarimana ashyingurwa

30 Mata 1994, RTLM yatangaje ko Abatutsi bose bazaba bishwe mbere y’uko Perezida Habyarimana ashyingurwa

Ubwanditsi 30 Apr 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kivu y’Amajyepfo: Abantu batanu baguye mu bitero 2 bitandukanye by’abantu bitwaje intwaro
Mu Mahanga

Kivu y’Amajyepfo: Abantu batanu baguye mu bitero 2 bitandukanye by’abantu bitwaje intwaro

Ubwanditsi 27 Feb 2018
Amashirakinyoma : Abadipolomate bakorera mu Rwanda bigereye muri Pariki ya Nyungwe
UBUKERARUGENDO

Amashirakinyoma : Abadipolomate bakorera mu Rwanda bigereye muri Pariki ya Nyungwe

Ubwanditsi 18 May 2019
Iya 15 Gicurasi 1994: Papa Yohani Pawulo II yemeje ko mu Rwanda hari Jenoside
Mu Rwanda

Iya 15 Gicurasi 1994: Papa Yohani Pawulo II yemeje ko mu Rwanda hari Jenoside

Ubwanditsi 15 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru