• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

  • Igikombe kirajya mu bindi twibitseho, ubutumwa bwa Gen. MK Mubarakh yageneye abafana ba APR FC yitegura gukina CECAFA Kagame Cup 2026   |   22 Jul 2026

  • Police FC yatangaje umunya-Maroc, Jaafar Rkyek nk’umutoza mukuru wayo asimbuye Ben Moussa watandukanye n’iyi kipe   |   21 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza wa Mukura VS, Tomáš Trucha, yageze mu Rwanda aho aje gutangira akazi   |   20 Jul 2026

  • AMAFOTO – Rayon Spotrs yasinyanye amasezerayo y’ubufatanye na Bank of Kigali y’igihe cy’imyaka 5, ikazabona arenga Miliyari 1 ku mwaka   |   18 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Minisitiri w’Intebe mushya, Dr Ngirente yahererekanyije ububasha na Murekezi

Minisitiri w’Intebe mushya, Dr Ngirente yahererekanyije ububasha na Murekezi

Ubwanditsi 01 Sep 2017 Mu Rwanda

Minisitiri w’Intebe mushya, Dr Ngirente Edouard, yahererekanyije ububasha na Murekezi Anastase yasimbuye.

Mu ihererekanyabubasha ryabaye ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane, Murekezi wagizwe Umuvunyi Mukuru yavuze ko yizeye ko ubunariribonye n’ubushobozi bwa Dr Ngirente bwanamugejeje muri Banki y’Isi, buzanamufasha gusohoza neza inshingano yahawe.

Dr Ngirente yakomeje avuga ko azihatira gukorana n’abandi baba abo asanze mu biro bya Minisitiri w’Intebe ndetse n’abandi bakora mu zindi nzego.

Yagize ati “Ibyo waba uzi byose hatari ubufatanye ntacyo wageraho. Icyo nzubakiraho cyane ni ubufatanye haba hano no mu zindi nzego.”

“Ndashimira Umukuru w’igihugu wangiriye icyizere kandi nk’uko nabimusezeranyije imbaraga zose mfite nzazikoresha nkorera igihugu cyambyaye.”

Minisitiri w’Intebe ucyuye igihe Anastase Murekezi yavuze ko ari ishema kuba asimbuwe na Dr Ngirente yise ‘umuhanga kandi w’umukozi, ufite imbaraga’

Murekezi yavuze ko afitiye icyizere Dr Ngirente w’imyaka 44, ati “Ni ishema kuba u Rwanda rugenda rubona abana barwo b’abanyabwenge kandi biteguye kurukorera. Ni ishema kuba abantu bagenda bakabona abandi babasimbura…dufite amahirwe yo kugira Minisitiri w’Intebe ufite imyaka 44, ni umwanya wo gukora.”

Murekezi yakomeje agira ati “Muzi ko nkunda kwiyoroshya no kumva abandi ariko nasanze indangagciro nshyira imbere na we arizo ashyira imbere akongeraho n’ibindi byihariye.”

Dr Ngirente Edouard yavukiye ahitwa Mbirima na Matovu mu Kagari ka Mbilima mu Murenge wa Coko ho mu Karere ka Gakenke.Yari Umujyanama w’Umuyobozi Nshingwabikorwa wa Banki y’isi i Washington muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Uretse Minisitiri w’Intebe, hanehererekanyijwe ububasha hagati ya Stella Ford Mugabo wari ushinzwe imirimo y’inama y’abaminisitiri na Kayisire Marie Solange wamusimbuye. Uwari umuyobozi Mukuru mu biro bya Minisitiri w’Intebe Kampeta Sayinzoga yahaye ububasha Uwamariya Odette wamusimbuye.

Kayisire yavuze ko imirimo yahawe ari mishya ariko ko yijejwe ubufatanye n’abakozi asanze. Ati “Kuri njye byose ni bishya ariko uwo nsimbuye yambwiye ko ngiye gukorana n’abantu beza, iyo ukorana n’abantu beza na we uri mwiza nta kibananira.”

Uwamariya Odette yavuze ko umwanya yahawe ari kubw’icyizere yakomeje kugirirwa inshuro nyinshi kandi ari n’igihango afitanye na Perezida Kagame, ngo ntabwo ateze gutatira icyo gihango.

Yavuze ko ari ubwa mbere agiye gukora mu biro bya Minisitiri w’Intebe ariko ko azemera abo asanze bakamuhugura mubyo adasobanukiwe.

Kampeta Sayinzoga yahawe kuba Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’ubushakashatsi n’iterambere ry’inganda (NIRDA), naho Stella Ford Mugabo nta wundi mwanya yahawe.

-7824.jpg

Dr Ngirente afite umugore n’abana babiri.

-7826.jpg

-7825.jpg

Minisitiri w’Intebe mushya, Dr Ngirente Edouard, yahererekanyije ububasha na Murekezi Anastase yasimbuye

2017-09-01
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nsengimana Jean Bosco na Mugisha Samuel mu bakinnyi bayoboye ikipe y’igihugu yo gusiganwa ku magare yitegura Tour du Rwanda ya 2021.

Nsengimana Jean Bosco na Mugisha Samuel mu bakinnyi bayoboye ikipe y’igihugu yo gusiganwa ku magare yitegura Tour du Rwanda ya 2021.

Ubwanditsi 29 Apr 2021
Zari akomeje kwibasirwa bikomeye n’umuryango wa Ivan nyuma y’urupfu rwe

Zari akomeje kwibasirwa bikomeye n’umuryango wa Ivan nyuma y’urupfu rwe

Ubwanditsi 08 Jun 2017
Iyicwa rya Hafsa Mossi rikomeje gushyira Leta y’u Burundi mu bibazo kubera uruhare barugizemo

Iyicwa rya Hafsa Mossi rikomeje gushyira Leta y’u Burundi mu bibazo kubera uruhare barugizemo

Ubwanditsi 18 Jul 2016
Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi

Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi

RUSHYASHYA 07 Jul 2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Rwanda rwungutse sitasiyo ebyiri zizakemura ikibazo cy’amashanyarazi muri Kigali na Bugesera
IKORANABUHANGA

U Rwanda rwungutse sitasiyo ebyiri zizakemura ikibazo cy’amashanyarazi muri Kigali na Bugesera

Ubwanditsi 30 Mar 2019
Davos: Perezida Kagame azagirana ikiganiro na Perezida Donald Trump
INKURU NYAMUKURU

Davos: Perezida Kagame azagirana ikiganiro na Perezida Donald Trump

Ubwanditsi 24 Jan 2018
Louise Mushikiwabo witegura kwiyamariza kuyobora OIF ni muntu ki?
POLITIKI

Louise Mushikiwabo witegura kwiyamariza kuyobora OIF ni muntu ki?

Ubwanditsi 07 Jun 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru