• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Minisitiri w’Intebe mushya, Dr Ngirente yahererekanyije ububasha na Murekezi

Minisitiri w’Intebe mushya, Dr Ngirente yahererekanyije ububasha na Murekezi

Ubwanditsi 01 Sep 2017 Mu Rwanda

Minisitiri w’Intebe mushya, Dr Ngirente Edouard, yahererekanyije ububasha na Murekezi Anastase yasimbuye.

Mu ihererekanyabubasha ryabaye ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane, Murekezi wagizwe Umuvunyi Mukuru yavuze ko yizeye ko ubunariribonye n’ubushobozi bwa Dr Ngirente bwanamugejeje muri Banki y’Isi, buzanamufasha gusohoza neza inshingano yahawe.

Dr Ngirente yakomeje avuga ko azihatira gukorana n’abandi baba abo asanze mu biro bya Minisitiri w’Intebe ndetse n’abandi bakora mu zindi nzego.

Yagize ati “Ibyo waba uzi byose hatari ubufatanye ntacyo wageraho. Icyo nzubakiraho cyane ni ubufatanye haba hano no mu zindi nzego.”

“Ndashimira Umukuru w’igihugu wangiriye icyizere kandi nk’uko nabimusezeranyije imbaraga zose mfite nzazikoresha nkorera igihugu cyambyaye.”

Minisitiri w’Intebe ucyuye igihe Anastase Murekezi yavuze ko ari ishema kuba asimbuwe na Dr Ngirente yise ‘umuhanga kandi w’umukozi, ufite imbaraga’

Murekezi yavuze ko afitiye icyizere Dr Ngirente w’imyaka 44, ati “Ni ishema kuba u Rwanda rugenda rubona abana barwo b’abanyabwenge kandi biteguye kurukorera. Ni ishema kuba abantu bagenda bakabona abandi babasimbura…dufite amahirwe yo kugira Minisitiri w’Intebe ufite imyaka 44, ni umwanya wo gukora.”

Murekezi yakomeje agira ati “Muzi ko nkunda kwiyoroshya no kumva abandi ariko nasanze indangagciro nshyira imbere na we arizo ashyira imbere akongeraho n’ibindi byihariye.”

Dr Ngirente Edouard yavukiye ahitwa Mbirima na Matovu mu Kagari ka Mbilima mu Murenge wa Coko ho mu Karere ka Gakenke.Yari Umujyanama w’Umuyobozi Nshingwabikorwa wa Banki y’isi i Washington muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Uretse Minisitiri w’Intebe, hanehererekanyijwe ububasha hagati ya Stella Ford Mugabo wari ushinzwe imirimo y’inama y’abaminisitiri na Kayisire Marie Solange wamusimbuye. Uwari umuyobozi Mukuru mu biro bya Minisitiri w’Intebe Kampeta Sayinzoga yahaye ububasha Uwamariya Odette wamusimbuye.

Kayisire yavuze ko imirimo yahawe ari mishya ariko ko yijejwe ubufatanye n’abakozi asanze. Ati “Kuri njye byose ni bishya ariko uwo nsimbuye yambwiye ko ngiye gukorana n’abantu beza, iyo ukorana n’abantu beza na we uri mwiza nta kibananira.”

Uwamariya Odette yavuze ko umwanya yahawe ari kubw’icyizere yakomeje kugirirwa inshuro nyinshi kandi ari n’igihango afitanye na Perezida Kagame, ngo ntabwo ateze gutatira icyo gihango.

Yavuze ko ari ubwa mbere agiye gukora mu biro bya Minisitiri w’Intebe ariko ko azemera abo asanze bakamuhugura mubyo adasobanukiwe.

Kampeta Sayinzoga yahawe kuba Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’ubushakashatsi n’iterambere ry’inganda (NIRDA), naho Stella Ford Mugabo nta wundi mwanya yahawe.

-7824.jpg

Dr Ngirente afite umugore n’abana babiri.

-7826.jpg

-7825.jpg

Minisitiri w’Intebe mushya, Dr Ngirente Edouard, yahererekanyije ububasha na Murekezi Anastase yasimbuye

2017-09-01
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umujenosideri utabyicuza ahubwo ugikwiza ingengabitekerezo ya Jenoside, kumwita umwanda uhumanya bikwiye kuba urubanza?

Umujenosideri utabyicuza ahubwo ugikwiza ingengabitekerezo ya Jenoside, kumwita umwanda uhumanya bikwiye kuba urubanza?

Ubwanditsi 09 Jan 2022
Ngoma: Abaturage bahaye Polisi amakuru y’ahahishe imifuka itandatu y’urumogi

Ngoma: Abaturage bahaye Polisi amakuru y’ahahishe imifuka itandatu y’urumogi

Ubwanditsi 07 Aug 2017
Abaturage ba Kinyinya batangiye igikorwa cyo kwiyubakira sitasiyo ya Polisi

Abaturage ba Kinyinya batangiye igikorwa cyo kwiyubakira sitasiyo ya Polisi

Ubwanditsi 28 Feb 2017
Nsanzimfura Keddy ukinira ikipe ya APR FC ashobora kwerekeza mu gihugu cya Pologne, uyu mukinnyi ashobora gutangwaho arenga miliyoni 200 z’amafaranga y’u Rwanda

Nsanzimfura Keddy ukinira ikipe ya APR FC ashobora kwerekeza mu gihugu cya Pologne, uyu mukinnyi ashobora gutangwaho arenga miliyoni 200 z’amafaranga y’u Rwanda

Ubwanditsi 25 Mar 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

“Ribara uwariraye”: Icengezamatwara rishya mu guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi
Amakuru

“Ribara uwariraye”: Icengezamatwara rishya mu guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 07 Dec 2022
Ndimbati ukurikiranyweho ibyaha birimo kunywesha umwana inzoga ndetse no ku musambanya yasabiwe n’ubushinjacyaha gufungwa imyaka 25
Amakuru

Ndimbati ukurikiranyweho ibyaha birimo kunywesha umwana inzoga ndetse no ku musambanya yasabiwe n’ubushinjacyaha gufungwa imyaka 25

Ubwanditsi 13 Sep 2022
‘Nymphomanie’, indwara ituma umuntu adahaga imibonano mpuzabitsina
HIRYA NO HINO

‘Nymphomanie’, indwara ituma umuntu adahaga imibonano mpuzabitsina

Ubwanditsi 23 Feb 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru