• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rayon Sports, Gor Mahia, Jamus na Al Hilal zageze muri ½ cy’Imikino ya CECAFA Kagame Cup 2026   |   02 Aug 2026

  • Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana   |   01 Aug 2026

  • APR FC, Rayon Sports, Police FC na Kiyovu SC zizakina FERWAFA Super Cup 2026 yari isanzwe ikinwa n’amakipe abiri   |   01 Aug 2026

  • Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC   |   31 Jul 2026

  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

 
You are at :Home»IKORANABUHANGA»U Rwanda rwungutse sitasiyo ebyiri zizakemura ikibazo cy’amashanyarazi muri Kigali na Bugesera

U Rwanda rwungutse sitasiyo ebyiri zizakemura ikibazo cy’amashanyarazi muri Kigali na Bugesera

Ubwanditsi 30 Mar 2019 IKORANABUHANGA

U Rwanda rwungutse sitasiyo nto ebyiri z’amashanyarazi, zitezweho kugaburira no gukemura ikibazo cy’umuriro mu Mujyi wa Kigali, mu Karere ka Bugesera no mu tundi duce tuhakikije.

Izi sitasiyo zirimo iya Nzove yubatse mu Karere ka Nyarugenge, ifite ubushobozi bwo gutanga Megawatt 16 n’iya Gahanga mu Karere ka Kicukiro ifite ubwo gutanga Megawatt 19.

Zombi zubatswe mu mushinga watewe inkunga n’Umuryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’u Burayi (EU), ukubiye mu masezerano y’amayero miliyoni 23 wasinyanye n’u Rwanda mu 2015, yo gukemura cyane cyane ikibazo cy’amashanyarazi atakara.

Aya mafaranga yakoreshejwe mu kubaka umuyoboro mugari ureshya na kilometero 27 uhuza Jabana, Mont Kigali na Gahanga no gusana sitasiyo za Mont Kigali, Jabana na Birembo.

Hari kandi kubaka izindi nshya zirimo iya Nzove na Gahanga no gukwirakwiza mubazi 8000 zifite ikoranabuhanga rimenya ingano y’amashanyarazi atakara kuri buri gice, na buri muyoboro ushyirwaho utumashini dufasha kuwugabanya.

Izi ebyiri zatashywe kuri uyu 28 Werurwe 2018, imwe imwe yatwaye miliyoni hafi eshatu z’amayero utabariyeho ayubakishijwe umuyoboro uzigezaho amashanyarazi. Ubu mu gihugu hose hari sitasiyo nto 27.

Iya Nzove igaburira ibice bya Nyabugogo n’uduce tuyikikije turimo uruganda rwa Skol, urw’amazi rwa Nzove n’abatuye Shyorongi, mu gihe iya Gahanga igaburira Kicukiro, Bugesera n’ibindi bice.

Minisitiri w’Ibikorwa remezo, Amb. Gatete Claver, yavuze ko izo sitasiyo zizafasha mu guhaza abaturage amashanyarazi no kugabanya ingano y’atakara mu bice bitandukanye birimo iby’Umujyi wa Kigali, Akarere ka Bugesera, Muhanga na Kamonyi.

Ati “Iya Nzove, izajya itanga umuriro hariya muri Nzove n’ahandi ariko cyane cyane hariya, twari tuhafite uruganda rw’amazi rwa Nzove rwari rufite angana na metero kibe ibihumbi 80 ariko yose ntashobore kugera ku bantu kuko atagiraga umuriro uhagije wayazamura.”

Yakomeje agira ati “Shyorongi n’ibindi bice bagiye kubona umuriro uhagije, ubundi wabaga ari mucye kuko waturukaga kure ukahagera nta mbaraga nyinshi ufite. Iyi [Sitasiyo] ya Gahanga naho twari dufite ikibazo kinini, inganda nka Master Steel n’izindi zikeneye umuriro mwinshi ntiziwubone ariko ubu zatangiye kuwubona.”

Sosiyete y’u Rwanda ishinzwe ingufu (REG) igaragaza ko ingano y’amashanyarazi atakara atageze ku baturage yagabanutse ava kuri 21.1% mu mwaka w’ingengo y’imari wa 2016/17 agera kuri 19.1% mu wa 2017/18 ndetse intego ni ukugabanya 1% buri mwaka.

Umuyobozi uhagarariye EU mu Rwanda, Amb. Nicola Bellomo, yavuze ko bishimira intambwe u Rwanda rutera mu gukwirakwiza amashanyarazi, by’umwihariko mu kugabanya atakara kuko ari nayo ntego y’iyo nkunga.

Ati “Intego z’iyo mishinga zirasobanutse, ni ukunoza ubuziranenge bw’amashanyarazi ahabwa abanya-Kigali no gufasha inganda zihari gutera imbere. Kigali ikeneye amashanyazi menshi, aboneka neza kandi ahendutse kandi ni bimwe uyu mushinga uzakemura.”

Guverinoma y’u Rwanda ifite intego ko buri munyarwanda azaba afite amashanyarazi bitarenze 2024.

Impuzandengo y’abayafite iheruka gutangazwa muri Gashyantare 2019 igaragaza ari 51% barimo 37% bafatira ku muyoboro mugari. Icyo gihe u Rwanda rwari rufite ubushobozi bwo gutanga amashanyarazi angana na Megawatt 221.1

Minisitiri Gatete na Ambasaderi Bellomo bafungura sitasiyo y’amashanyarazi

Sitasiyo ya Gahanga izagaburira Kicukiro, Bugesera n’utundi duce

Sitasiyo ya Nzove izagaburira Nyabugogo n’ibindi bice bihegereye

Src : Igihe

2019-03-30
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Iran yagabye kuri Amerika ibitero 2700 by’ikoranabuhanga ishaka kwinjirira amatora ya Perezida

Iran yagabye kuri Amerika ibitero 2700 by’ikoranabuhanga ishaka kwinjirira amatora ya Perezida

Ubwanditsi 07 Oct 2019
Facebook igiye guhindura izina rya Instagram na WhatsApp

Facebook igiye guhindura izina rya Instagram na WhatsApp

Ubwanditsi 03 Aug 2019
Ikigo gikomeye cyo mu Bwongereza, Inmarsat, cyatangiye inzira iganisha u Rwanda ku ikoranabuhanga rihambaye

Ikigo gikomeye cyo mu Bwongereza, Inmarsat, cyatangiye inzira iganisha u Rwanda ku ikoranabuhanga rihambaye

Ubwanditsi 09 Feb 2018
Kagame na Macron beretswe ibikorwa by’ikoranabuhanga rigezweho birimo n’iby’abanyarwanda

Kagame na Macron beretswe ibikorwa by’ikoranabuhanga rigezweho birimo n’iby’abanyarwanda

Ubwanditsi 24 May 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame  yagize icyo avuga kuri Demokarasi muri Afrika
Mu Rwanda

Perezida Kagame yagize icyo avuga kuri Demokarasi muri Afrika

Ubwanditsi 28 Aug 2016
Col Byabagamba yakatiwe gufungwa imyaka 21 anamburwa impeta za gisirikare
Mu Mahanga

Col Byabagamba yakatiwe gufungwa imyaka 21 anamburwa impeta za gisirikare

Ubwanditsi 04 Apr 2016
Jean Paul Turayishimye yabuze byose nk’ingata imenye, menya ibyo yategetswe na Kayumba Nyamwasa ngo asubire muri RNC
INKURU NYAMUKURU

Jean Paul Turayishimye yabuze byose nk’ingata imenye, menya ibyo yategetswe na Kayumba Nyamwasa ngo asubire muri RNC

Ubwanditsi 13 May 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru