• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Perezida Kagame yagize icyo avuga kuri Demokarasi muri Afrika

Perezida Kagame yagize icyo avuga kuri Demokarasi muri Afrika

Ubwanditsi 28 Aug 2016 Mu Rwanda

Perezida Paul Kagame yongeye kuvuga ko abantu bibeshya kuri demokarasi n’ibindi, bakumva ko uko bikoreshwa mu bindi bihugu ari na ko byakoreshwa ku mugabane wa Afurika.

Umukuru w’Igihugu yemeza ko ubusanzwe politike nyakuri itangirira imbere mu gihugu, kandi kugira iterambere bitavuze kuzana imico y’ahandi.

Ibi Perezida Kagame yabivugiye i Nairobi muri Kenya aho yitabiriye inama mpuzamahanga ya 6 ihuza u Buyapani n’ibihugu bya Afurika yiga ku iterambere ry’uyu mugabane izwi nka ‘Tokyo International Conference on African Development (TICAD)’.

Mu kiganiro Perezida Kagame yatanze ari kumwe na Perezida wa Liberia Ellen Johnson Sirleaf, uwahoze ari Perezida wa Nigeria Olusegun Obasanjo, umuyobozi wa Banki Nyafurika Itsura Amajyambere, Akinwumi Adesina, yavuze ko abantu bakunze kwibeshya kuri demokarasi.

Umukuru w’igihugu yagize ati “Usanga habaho kwibeshya ko muri demokarasi, uko yanditswe mu bindi bihugu, ari na ko igomba gukoreshwa muri Afurika, burya politike nziza itangirira mu rugo, kugira iterambere kandi ntibivuze ko uzana imico yose y’ahandi, ahubwo biraza bikunganira ibyo usanganwe.”

Perezida Kagame avuga ku Rwanda, yagize ati “Twe twatangiriye ku byacu noneho tubihuza n’ibyo twize ahandi bijyanye n’ibyo twe dufite kandi bijyanye n’uko tubayeho.”

Muri iyi nama kandi u Buyapani bwavuze ko umugabane wa Afurika ugomba kugira umwanya uhoraho mu muryango w’Abibumbye.

Ibihugu bya Afurika byakunze kuvuga ko uyu mugabane wahejejwe inyuma, kuba utagira igihugu kiwuhagarariye mu kugira umwanya uhoraho muri Loni.

Minisitiri w’intebe w’u Buyapani shinzo abe ari imbere ya Perezida Paul Kagame w’u Rwanda n’abandi bakuru b’ibihugu bari muri iyi nama barenga 30, yagize ati “Afurika ntifite umwanya uhoraho muri Loni, igomba kuba iwufite bitarenze umwaka wa 2023.”

Minisitiri Abe kandi yavuze ko u Buyapani bugiye gutanga inkunga ingana na miliyari 30 z’amadorali ku mugabane wa Afurika, azakoreshwa mu gihe cy’imyaka 3 iri imbere, akazifashishwa mu kongera amashanyarazi n’ingendo.

Iyi nama yatangiye ku wa gatandatu, ikaba irangira kuri iki cyumweru, ni ubwa mbere iyi nama kandi ibereye muri Afurika kuva yatangira mu 1993 ikaba ibaye ku nshuro ya gatandatu kandi ikaba idasanzwe kuko iyo mu 2013 yafashe umwanzuro ko yajya iba buri myaka itatu kandi ntibere mu gihugu kimwe.

-3863.jpg

-3862.jpg

-3861.jpg

Perezida Kagame avuga ku Rwanda, yagize ati “Twe twatangiriye ku byacu noneho tubihuza n’ibyo twize ahandi bijyanye n’ibyo twe dufite kandi bijyanye n’uko tubayeho.”

2016-08-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ingabo za Congo zataye muri yombi abarwanyi 12 ba FDLR

Ingabo za Congo zataye muri yombi abarwanyi 12 ba FDLR

Ubwanditsi 30 Aug 2016
Umunsi wa gatanu wa shampiyona usize Marines FC , APR FC na AS Kigali mu makipe asohotse mu matsinda, AS Muhanga, Etincelles na Mukura zigomba guhatanira kutamanuka.

Umunsi wa gatanu wa shampiyona usize Marines FC , APR FC na AS Kigali mu makipe asohotse mu matsinda, AS Muhanga, Etincelles na Mukura zigomba guhatanira kutamanuka.

Ubwanditsi 15 May 2021
Iyi foto ya Bihozagara bivugwa ko yafashwe isaha 1 n’igice mbere y’uko apfa!

Iyi foto ya Bihozagara bivugwa ko yafashwe isaha 1 n’igice mbere y’uko apfa!

Ubwanditsi 07 Apr 2016
Rtd. CSP Gashagaza Hubert yitabye Imana

Rtd. CSP Gashagaza Hubert yitabye Imana

Ubwanditsi 18 Sep 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Iyi foto ya Bihozagara bivugwa ko yafashwe isaha 1 n’igice mbere y’uko apfa!
Mu Rwanda

Iyi foto ya Bihozagara bivugwa ko yafashwe isaha 1 n’igice mbere y’uko apfa!

Ubwanditsi 07 Apr 2016
Uwamahoro yatorewe kuba Meya wa Nyamagabe asimbuye Mugisha wahagaritswe
Mu Rwanda

Uwamahoro yatorewe kuba Meya wa Nyamagabe asimbuye Mugisha wahagaritswe

Ubwanditsi 09 Feb 2018
Hon Rucibigango yashinje Abafaransa babiri guhanura indege ya Habyarimana
POLITIKI

Hon Rucibigango yashinje Abafaransa babiri guhanura indege ya Habyarimana

Ubwanditsi 06 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru