• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rayon Sports, Gor Mahia, Jamus na Al Hilal zageze muri ½ cy’Imikino ya CECAFA Kagame Cup 2026   |   02 Aug 2026

  • Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana   |   01 Aug 2026

  • APR FC, Rayon Sports, Police FC na Kiyovu SC zizakina FERWAFA Super Cup 2026 yari isanzwe ikinwa n’amakipe abiri   |   01 Aug 2026

  • Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC   |   31 Jul 2026

  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Uruzinduko Kagame agiye gukorera muri Tanzania rusobanuye byinshi

Uruzinduko Kagame agiye gukorera muri Tanzania rusobanuye byinshi

Ubwanditsi 23 Jun 2016 Mu Rwanda

Perezida John Pombe Magufuli aritegura kwakira Paul Kagame uzaba ari mu ruzinduko muri Tanzania guhera tariki ya mbere y’ukwezi gutaha kwa Nyakanga.

Nk’uko bitangazwa n’ikinyamakuru cya leta muri Tanzania, Daily News, ngo Kagame azaba ari muri Tanzania ku butumire bw’umwihariko bwa Perezida Magufuli wagiye ku butegetsi mu mpera z’umwaka ushize asimbuye Jakaya Kwikwete utumvikanaga na Perezida w’u Rwanda.

Icyo kinyamakuru kikavuga yuko muri urwo ruzinduko, Perezida Kagame ahanini azaba atwawe no gufungura inama y’ubucuruzi ya 40 izabera mu mujyi wa Dar es Salaam.

Ibitangazamakuru bitandukanye kuvuga yuko ubutegetsi mu Rwanda na Tanzania ubu ari magara ntunsige ntabwo bibihera gusa kuri urwo ruzinduko Kagame ateganya kuzakorera muri Tanzania mu ntangiriro z’ukwezi gutaha ahubwo bibihera ku ngero nyinshi zifatika.

Ukuntu Tanzania n’u Rwanda byari bibanye nabi mu gihe cy’ubutegetsi bwa Kikwete nta muntu watekerezaga yuko noneho uwo mubano waba mwiza cyane mu gihe kitageze no ku mezi atandatu kandi bigaragarira buri wese.

Magufuli yafashe ubutegetsi asanga igihugu cyaramunzwe na ruswa n’indi micungire mibi y’umutungo w’igihugu. Ingama ya mbere yafashe yari iyo kugabanya ingendo z’abayobozi hanze y’igihugu kandi yihereyeho.

-3050.jpg

Jakaya Mrisho Kikwete wahoze ari Perezida wa Tanzania, ubu ni Umuyobozi wa Kaminuza ya Dar es Salaam, umwanya aherutse gushyirwaho na Perezida wamusimbuye Dr John Joseph Pombe Magufuli .

Jakaya Kikwete akaba ari mu bahanganiye gusimbura Nkosazana Zuma ku buyobozi bwa AU

Urugendo rwa mbere Magufuli yakoreye hanze y’igihugu hari muri Mata uyu mwaka kandi arukorera hano mu Rwanda kwifatanya n’abanyarwanda kwibuka jenoside yakorewe abatutsi mu 1994. Yanaboneyeho kwifatanya na Perezida Kagame gufungura ikiraro cya Rusumo n’ibiro bya duwane na imigrasiyo bihuriwemo n’u Rwanda na Tanzania.

Kagame nawe gutumirwa gufungura iyo nama y’ubucuruzi muri Tanzania nabyo hari icyo bishobora gusobanura kuko hari kuba haranatumiwe n’undi. Kandi kuba Kagame agiye Dar es Salaam mu gihe u Rwanda rwitegura kwakira inama y’abakuru b’ibihugu bya Afurika nabyo hari icyo bishobora kuba bisobanuye.

-3048.jpg

Perezida Kagame na Magufuli baganiriye ku mubano w’ibihugu byombi wari warajemo agatotsi

Kayumba Casmiry

2016-06-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Trump yahagaritse abamugiraga inama mu by’ubucuruzi

Perezida Trump yahagaritse abamugiraga inama mu by’ubucuruzi

Ubwanditsi 17 Aug 2017
INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA  GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Ubwanditsi 05 Jan 2023
Imikino ya Afrobasket irakomeza hakinwa iyo gushaka itike yo kujya muri 1/4, kuri uyu wa mbere u Rwanda rurakina na Guinea

Imikino ya Afrobasket irakomeza hakinwa iyo gushaka itike yo kujya muri 1/4, kuri uyu wa mbere u Rwanda rurakina na Guinea

Ubwanditsi 30 Aug 2021
u Burundi  bwanze kwitabira  imikino ya gisirikari – EAC

u Burundi bwanze kwitabira imikino ya gisirikari – EAC

Ubwanditsi 08 Aug 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali
Amakuru

Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali

RUSHYASHYA 03 May 2026
Emery Bayisenge yasinye amasezerano y’imyaka ibiri mu ikipe ya Saif Sporting Club yo muri Bangladesh yigeze gukinira muri 2019
Amakuru

Emery Bayisenge yasinye amasezerano y’imyaka ibiri mu ikipe ya Saif Sporting Club yo muri Bangladesh yigeze gukinira muri 2019

Ubwanditsi 09 Nov 2021
U Rwanda rukomeje kuba isangano ry’isi, binyuze mu marushanwa mpuzamahanga
Amakuru

U Rwanda rukomeje kuba isangano ry’isi, binyuze mu marushanwa mpuzamahanga

Ubwanditsi 10 May 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru